• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umwe mu bari bagiye gutorokesha Kizito Mihigo yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu n’igice

Umwe mu bari bagiye gutorokesha Kizito Mihigo yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu n’igice

Ubwanditsi 22 Oct 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatanu tariki 22 Ukwakira 2021 nibwo Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwahamije ibyaha uwitwa Jean Bosco Nkundimana wahoze ari umukozi wo mu rugo kwa Nyakwigendera Kizito Mihigo, baza gufatanwa ubwo bari mu mugambi wo gusohoka mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko.

Jean Bosco Nkundimana yanahamwe kandi n’icyaha cyo gutanga ruswa, maze ahanishwa igifungo cy’imyaka itanu n’igice.

Kizito Mihigo we yahise yiyahura, apfa atagejejwe imbere y’ubutabera.

Undi wahanwe ni Joel Ngayabahiga wagombaga kwereka Kizito Mihigo na Jean Bosco Nkundimana inzira bari gukoresha binjira mu Burundi. Uyu Ngayabahiga we yahanishijwe igifungo cy’amezi atatu, ariko kuko bamaze igihe kinini muri gereza ugereranyije n’igihano yahawe, Joel Ngayabahiga akaba agomba guhita arekurwa.

Hari kandi Innocent Harerimana wari utwaye imodoka aba bagabo bafatiwemo, icyakora urukiko rukaba rwamugize umwere ngo kuko yabatwaye atazi imigambi yabo.

Tariki 12 uku kwezi, Ubushinjacyaha bwari bwasabiye Jean Bosco Nkundimana na Joel Ngayabahiga igifungo cy’imyaka 7 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda miliyoni ebyiri n’igice. Ari abaregwa, ari n’Ubushinjacyaha, ntawe uratangaza niba yiteguye kujurira.

Ku gicamunsi cyo ku itariki 12 Gashyantare 2020 nibwo Kizito Mihigo n’abo bari kumwe bafatiwe mu Karere ka Nyaruguru, mu Ntara y’amajyepfo, bagerageza kwambuka umupaka w’u Rwanda n’u Burundi.

Bahise bajyanwa muri kasho y’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB, ariko tariki 17 z’uko kwezi Kizito Mihigo yitaba Imana yiyahuye, aho yari afungiye i Remera mu Mujyi wa Kigali.

Ubwo Kizito yafatwaga, RIB yatangaje ko akekwaho kuba yari agiye mu mitwe y’iterabwoba igambiriye guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Mu w’2015 umuhanzi Kizito Mihigo yahamwe n’ibyaha birimo kugambirira kugirira nabi Umukuru w’igihugu, ndetse akatirwa gufungwa imyaka 10.

Nyuma y’imyaka 4 n’igice yaje gufungurwa ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika, ariko bikavugwa ko atigeze areka imigambi yo kwifatanya n’abagizi ba nabi.

2021-10-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyamakuru Muramira Regis wari umaze iminsi mu maboko ya Polisi, yarekuwe

Umunyamakuru Muramira Regis wari umaze iminsi mu maboko ya Polisi, yarekuwe

Ubwanditsi 29 Mar 2018
Zari ari kwicuza kuba yari yaratandukanye n’umugabo we wa mbere, ashobora kujyana Diamond mu nkiko

Zari ari kwicuza kuba yari yaratandukanye n’umugabo we wa mbere, ashobora kujyana Diamond mu nkiko

Ubwanditsi 20 Sep 2017
Loni yasabye ko amasezerano y’amahoro mu Burundi yasinywa mbere ya 2020

Loni yasabye ko amasezerano y’amahoro mu Burundi yasinywa mbere ya 2020

Ubwanditsi 23 Aug 2018
Sitade Mpuzamahanga ya Huye yafunzwe by’agateganyo kubera imirimo yo kuyitunganya igiye gutangira

Sitade Mpuzamahanga ya Huye yafunzwe by’agateganyo kubera imirimo yo kuyitunganya igiye gutangira

Ubwanditsi 23 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nta gihamya yuko Uburaya buterwa n’ubukene
ITOHOZA

Nta gihamya yuko Uburaya buterwa n’ubukene

Ubwanditsi 14 Jan 2017
Byinshi utamenye ku mibanire y’u Rwanda na Congo nkuko byahishuwe na Gen (Rtd) James Kabarebe
Amakuru

Byinshi utamenye ku mibanire y’u Rwanda na Congo nkuko byahishuwe na Gen (Rtd) James Kabarebe

Ubwanditsi 02 Nov 2024
Nyuma y’imikino ine Rayon Sports yaboye intsinzi, Police itsinda Marines FC
Amakuru

Nyuma y’imikino ine Rayon Sports yaboye intsinzi, Police itsinda Marines FC

Ubwanditsi 28 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru