• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umwe mu bari bagiye gutorokesha Kizito Mihigo yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu n’igice

Umwe mu bari bagiye gutorokesha Kizito Mihigo yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu n’igice

Ubwanditsi 22 Oct 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatanu tariki 22 Ukwakira 2021 nibwo Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwahamije ibyaha uwitwa Jean Bosco Nkundimana wahoze ari umukozi wo mu rugo kwa Nyakwigendera Kizito Mihigo, baza gufatanwa ubwo bari mu mugambi wo gusohoka mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko.

Jean Bosco Nkundimana yanahamwe kandi n’icyaha cyo gutanga ruswa, maze ahanishwa igifungo cy’imyaka itanu n’igice.

Kizito Mihigo we yahise yiyahura, apfa atagejejwe imbere y’ubutabera.

Undi wahanwe ni Joel Ngayabahiga wagombaga kwereka Kizito Mihigo na Jean Bosco Nkundimana inzira bari gukoresha binjira mu Burundi. Uyu Ngayabahiga we yahanishijwe igifungo cy’amezi atatu, ariko kuko bamaze igihe kinini muri gereza ugereranyije n’igihano yahawe, Joel Ngayabahiga akaba agomba guhita arekurwa.

Hari kandi Innocent Harerimana wari utwaye imodoka aba bagabo bafatiwemo, icyakora urukiko rukaba rwamugize umwere ngo kuko yabatwaye atazi imigambi yabo.

Tariki 12 uku kwezi, Ubushinjacyaha bwari bwasabiye Jean Bosco Nkundimana na Joel Ngayabahiga igifungo cy’imyaka 7 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda miliyoni ebyiri n’igice. Ari abaregwa, ari n’Ubushinjacyaha, ntawe uratangaza niba yiteguye kujurira.

Ku gicamunsi cyo ku itariki 12 Gashyantare 2020 nibwo Kizito Mihigo n’abo bari kumwe bafatiwe mu Karere ka Nyaruguru, mu Ntara y’amajyepfo, bagerageza kwambuka umupaka w’u Rwanda n’u Burundi.

Bahise bajyanwa muri kasho y’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB, ariko tariki 17 z’uko kwezi Kizito Mihigo yitaba Imana yiyahuye, aho yari afungiye i Remera mu Mujyi wa Kigali.

Ubwo Kizito yafatwaga, RIB yatangaje ko akekwaho kuba yari agiye mu mitwe y’iterabwoba igambiriye guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Mu w’2015 umuhanzi Kizito Mihigo yahamwe n’ibyaha birimo kugambirira kugirira nabi Umukuru w’igihugu, ndetse akatirwa gufungwa imyaka 10.

Nyuma y’imyaka 4 n’igice yaje gufungurwa ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika, ariko bikavugwa ko atigeze areka imigambi yo kwifatanya n’abagizi ba nabi.

2021-10-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Ubwanditsi 05 May 2021
Perezida Trump yahagaritse abamugiraga inama mu by’ubucuruzi

Perezida Trump yahagaritse abamugiraga inama mu by’ubucuruzi

Ubwanditsi 17 Aug 2017
FDLR iracyari ihurizo rikomeye ku mutekano w’u Rwanda

FDLR iracyari ihurizo rikomeye ku mutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 17 Jun 2025
Burundi : Imyigaragambyo yo kwamagana u Rwanda

Burundi : Imyigaragambyo yo kwamagana u Rwanda

Ubwanditsi 16 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi iragira inama abantu kureka gucururiza ibikomoka kuri peteroli ahatabugenewe
Mu Rwanda

Polisi iragira inama abantu kureka gucururiza ibikomoka kuri peteroli ahatabugenewe

Ubwanditsi 02 May 2017
Rulindo : Ishyaka PSD ryasobanuye impamvu ryamamaje  Paul Kagame Umukandida wa FPR-Inkotanyi
Mu Rwanda

Rulindo : Ishyaka PSD ryasobanuye impamvu ryamamaje Paul Kagame Umukandida wa FPR-Inkotanyi

Ubwanditsi 20 Jul 2017
Ntucikwe muri Monaco Cafe, haribwerekanirwe imikino yose ya UEFA Champions League
IKORANABUHANGA

Ntucikwe muri Monaco Cafe, haribwerekanirwe imikino yose ya UEFA Champions League

Ubwanditsi 15 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru