• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye   |   14 Sep 2026

  • Police VC yinjije abakinnyi batatu bashya, barimo Rosaly Chioma uvuye muri Macedonia y’Amajyaruguru   |   14 Sep 2026

  • AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy’Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza   |   13 Sep 2026

  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Nta gihamya yuko Uburaya buterwa n’ubukene

Nta gihamya yuko Uburaya buterwa n’ubukene

Ubwanditsi 14 Jan 2017 ITOHOZA

Umuryango w’abanyamakuru biyemeje kurwanya SIDA no guharanira ubuzima buzira umuze (ABASIRWA), umaze iminsi wohereza abanyamakuru hirya no hino mu gihugu kureba uko icyo cyorezo gihagaze n’ingamba zaba zafatwa mu kugihashya ariko bigaragara yuko inzira ikiri ndende.

Intego nini ya ABASIRWA yari iyo kureba uko byifashe ku bulaya bwambukiranya imipaka. Mu mpera z’umwaka ushize twashoboye kujya ku mupaka wa Cyanika, uhuza u Rwanda na Uganda cyimwe na Rusizi ku mipaka ihuza u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), mu ntangiriro z’uyu wamwaka tujya Rubavu ku mipaka ihuza u Rwanda n’intara ya Goma nayo yo muri DRC.

Muri icyo gikorwa abo banyamakuru ba ABASIRWA bashoboye kuganira n’abantu batandukanye barimo abakora umwuga w’ubulaya, abigeze kuwukora bakawuvamo, abatigeze gukora uwo mwuga w’ubulaya ariko bakaba bakurikiranira hafi abawukora cyimwe n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’uzuturere.

ABASIRWA yahisemo iyo mipaka kuko ariyo ifite urujya n’uruza rw’abantu benshi kurusha iyindi mipaka u Rwanda ruhana imbibe n’ibihugu bituranye. Nubwo buri mupaka twasuye ushobora kugira umwihariko wawo ariko byinshi nta tandukanyirizo bifite. Ubulaya burahari kandi ababukora barabwishimiye, batitaye cyane ku ngaruka mbi zabwo !

Buri ndaya uganiriye nayo ikubwira yuko ikora uwo mwuga atari uko iwukunze, ahubwo ngo biterwa n’uko nta yandi mahitamo ! Bose bakubwira yuko bashomereye, nta kindi kintu batwara ku isoko uretse imibiri yabo ! Ibi bisobanuye yuko bagiye mu bulaya kubera ubukene, bavuye muri ubwo bukene bava no mu bulaya.

-5394.jpg

-5392.jpg

-5393.jpg

Ibi by’ubukene bishobora kuba birimo ukuri ariko kutuzuye. Ntabwo buri mukene wese ajya mu bulaya nk’uko hari n’ababujyamo bidaturutse ku bukene ! Ikitagirwaho impaka gusa ni uko ubulaya buhari kandi bukaba butuma ababujyamo benshi bandura SIDA. Benshi muri izo ndaya kandi bakubwira yuko abagabo bazigana batifuza gukoresha agakingirizo, ku mupaka wa Cyanika ho batubwiye yuko n’utwo dukingirizo tutaboneka !

Muri Rusizi ho ngo turaboneka ariko abakiriya babo benshi bakaba abanyekongo ariko ngo ntibadukozwa. Ngo nuwemeye gukoresha agakingirizo agatanga udufaranga tw’intica nt’ikize, naho indaya yemeye gusambanywa nta kapote igahabwa ifaranga ritubutse.

No muri Rubavu bavuga yuko impamvu zatumye bishora mu bulaya ari ubukene, bakanongeraho yuko ahanini bandura SIDA kubera ubumenyi buke bw’uburyo bwo kwirinda icyo cyorezo kitarabonerwa umuti n’urukingo.

-5391.jpg

Umukwabo w’indaya mu mujyi wa Kigali wataye muri yombi Indaya nyinshi ariko zarekurwa zikagasubiramo

Uko imibare ibigaragaza ariko n’uko abanyarwanda benshi bakangukiwe n’uburyo bwo kwirinda SIDA kuko kuva mu ntangiriro muri 2005 usanga w’abandura SIDA utazamuka, uguma kuri 3 %. Umubare munini w’abafite SIDA ni hagati y’imyaka 15 na 49 kandi abenshi ukabasanga mu mijyi. Abenshi nabo muri abo bafite SIDA bakaba abagore, biganjemo izo ndaya.

Ubushakashatsi kandi bwemewe n’ishami rya LONI rishinzwe ubuzima (WHO) bugaragaza yuko SIDA mu Rwanda igaragara cyane mu mijyi (6%) kurusha mu byaro (2%). Kigali iza ku isonga kuko abafite ubwandu bwa SIDA bangana na 6% naho mu ntara bakaba 2-3%. Benshi mu bagore bafite SIDA ni abapfakazi (15%) cyangwa abatandukanye n’abagabo (8%).

Kuko ahanini SIDA ituruka mu busambanyi budakoresheje agakingirizo, igihugu kigomba gushakira umuti impamvu zatuma umubare w’abandura SIDA ugabanuka cyane nk’uko cyagerageje kugabanya umubare w’abapfa bazize SIDA kubera ya miti itangirwa Ubuntu.

Abo bahoze mu bulaya bakaba babitangira ubuhamya usanga bibumbiye mu mashyirahamwe, bafite imishinga bashakiwe bakora. Ubuyobozi bwa buri karere rero bugomba kumenya indaya akarere kabwo gafite bukazifasha kwihangira imishinga yatuma bava mu bulaya.

Nubwo imibare igaragaza yuko benshi mu bajya mu mwuga w’ubulaya ari abapfakazi cyangwa abatandukanye n’abagabo ariko hari undi mubare ushobora kuba munini w’abakobwa bakora ubulaya mu buryo bushobora kugora ubushakashatsi. Hari abana b’abakobwa, biganjemo abanyeshuli ba za Kaminuza, buri mpera z’icyumweru bajya gukora ubulaya mu mijyi y’ibihugu bituranye n’u Rwanda cyane za Kampala. Amakuru ABASIRWA ifite n’uko bamwe basindishwa bagasambanywa nk’abapfuye, abandi bagafatwa ku ngufu. Aba nabo hakwiye kubaho uburyo bwo kubagira inama yuko ibyo barimo atari byo !


Casmiry Kayumba

2017-01-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rugema Kayumba na Kale Kayihura  ninde ukwiye kuregwa mu Rukiko mpuzamahanga [ ICC ]

Rugema Kayumba na Kale Kayihura  ninde ukwiye kuregwa mu Rukiko mpuzamahanga [ ICC ]

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Ijwi ry’amaraso ya Padiri Nambaje yamenetse rikomeje kubuza amahwemo Thomas Nahimana  wamwicishije

Ijwi ry’amaraso ya Padiri Nambaje yamenetse rikomeje kubuza amahwemo Thomas Nahimana wamwicishije

Ubwanditsi 10 Feb 2017
Isi Himbara David asigaye yiberamo yabaye amayobera!

Isi Himbara David asigaye yiberamo yabaye amayobera!

Ubwanditsi 29 Apr 2018
Ndayishimiye mu mayira abiri ku ngabo ze ziri muri Congo nyuma yuko Rubaya ifashwe

Ndayishimiye mu mayira abiri ku ngabo ze ziri muri Congo nyuma yuko Rubaya ifashwe

Ubwanditsi 24 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amerika : DONALD TRUMP ashobora kugambanirwa n’Inzego z’Iperereza
ITOHOZA

Amerika : DONALD TRUMP ashobora kugambanirwa n’Inzego z’Iperereza

Ubwanditsi 17 Jan 2017
Hatangajwe amatsinda y’uko amakipe azahura mu mikino y’irushanwa ritegura shampiyona y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket ball
Amakuru

Hatangajwe amatsinda y’uko amakipe azahura mu mikino y’irushanwa ritegura shampiyona y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket ball

Ubwanditsi 18 Apr 2021
Siporo uyu munsi tugerageza gukora, mu byo igeza ku bantu havemo n’amikoro – Perezida Paul Kagame
Amakuru

Siporo uyu munsi tugerageza gukora, mu byo igeza ku bantu havemo n’amikoro – Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 23 Dec 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye

Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye

14 Sep 2026
Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru