• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Nta gihamya yuko Uburaya buterwa n’ubukene

Nta gihamya yuko Uburaya buterwa n’ubukene

Ubwanditsi 14 Jan 2017 ITOHOZA

Umuryango w’abanyamakuru biyemeje kurwanya SIDA no guharanira ubuzima buzira umuze (ABASIRWA), umaze iminsi wohereza abanyamakuru hirya no hino mu gihugu kureba uko icyo cyorezo gihagaze n’ingamba zaba zafatwa mu kugihashya ariko bigaragara yuko inzira ikiri ndende.

Intego nini ya ABASIRWA yari iyo kureba uko byifashe ku bulaya bwambukiranya imipaka. Mu mpera z’umwaka ushize twashoboye kujya ku mupaka wa Cyanika, uhuza u Rwanda na Uganda cyimwe na Rusizi ku mipaka ihuza u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), mu ntangiriro z’uyu wamwaka tujya Rubavu ku mipaka ihuza u Rwanda n’intara ya Goma nayo yo muri DRC.

Muri icyo gikorwa abo banyamakuru ba ABASIRWA bashoboye kuganira n’abantu batandukanye barimo abakora umwuga w’ubulaya, abigeze kuwukora bakawuvamo, abatigeze gukora uwo mwuga w’ubulaya ariko bakaba bakurikiranira hafi abawukora cyimwe n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’uzuturere.

ABASIRWA yahisemo iyo mipaka kuko ariyo ifite urujya n’uruza rw’abantu benshi kurusha iyindi mipaka u Rwanda ruhana imbibe n’ibihugu bituranye. Nubwo buri mupaka twasuye ushobora kugira umwihariko wawo ariko byinshi nta tandukanyirizo bifite. Ubulaya burahari kandi ababukora barabwishimiye, batitaye cyane ku ngaruka mbi zabwo !

Buri ndaya uganiriye nayo ikubwira yuko ikora uwo mwuga atari uko iwukunze, ahubwo ngo biterwa n’uko nta yandi mahitamo ! Bose bakubwira yuko bashomereye, nta kindi kintu batwara ku isoko uretse imibiri yabo ! Ibi bisobanuye yuko bagiye mu bulaya kubera ubukene, bavuye muri ubwo bukene bava no mu bulaya.

-5394.jpg

-5392.jpg

-5393.jpg

Ibi by’ubukene bishobora kuba birimo ukuri ariko kutuzuye. Ntabwo buri mukene wese ajya mu bulaya nk’uko hari n’ababujyamo bidaturutse ku bukene ! Ikitagirwaho impaka gusa ni uko ubulaya buhari kandi bukaba butuma ababujyamo benshi bandura SIDA. Benshi muri izo ndaya kandi bakubwira yuko abagabo bazigana batifuza gukoresha agakingirizo, ku mupaka wa Cyanika ho batubwiye yuko n’utwo dukingirizo tutaboneka !

Muri Rusizi ho ngo turaboneka ariko abakiriya babo benshi bakaba abanyekongo ariko ngo ntibadukozwa. Ngo nuwemeye gukoresha agakingirizo agatanga udufaranga tw’intica nt’ikize, naho indaya yemeye gusambanywa nta kapote igahabwa ifaranga ritubutse.

No muri Rubavu bavuga yuko impamvu zatumye bishora mu bulaya ari ubukene, bakanongeraho yuko ahanini bandura SIDA kubera ubumenyi buke bw’uburyo bwo kwirinda icyo cyorezo kitarabonerwa umuti n’urukingo.

-5391.jpg

Umukwabo w’indaya mu mujyi wa Kigali wataye muri yombi Indaya nyinshi ariko zarekurwa zikagasubiramo

Uko imibare ibigaragaza ariko n’uko abanyarwanda benshi bakangukiwe n’uburyo bwo kwirinda SIDA kuko kuva mu ntangiriro muri 2005 usanga w’abandura SIDA utazamuka, uguma kuri 3 %. Umubare munini w’abafite SIDA ni hagati y’imyaka 15 na 49 kandi abenshi ukabasanga mu mijyi. Abenshi nabo muri abo bafite SIDA bakaba abagore, biganjemo izo ndaya.

Ubushakashatsi kandi bwemewe n’ishami rya LONI rishinzwe ubuzima (WHO) bugaragaza yuko SIDA mu Rwanda igaragara cyane mu mijyi (6%) kurusha mu byaro (2%). Kigali iza ku isonga kuko abafite ubwandu bwa SIDA bangana na 6% naho mu ntara bakaba 2-3%. Benshi mu bagore bafite SIDA ni abapfakazi (15%) cyangwa abatandukanye n’abagabo (8%).

Kuko ahanini SIDA ituruka mu busambanyi budakoresheje agakingirizo, igihugu kigomba gushakira umuti impamvu zatuma umubare w’abandura SIDA ugabanuka cyane nk’uko cyagerageje kugabanya umubare w’abapfa bazize SIDA kubera ya miti itangirwa Ubuntu.

Abo bahoze mu bulaya bakaba babitangira ubuhamya usanga bibumbiye mu mashyirahamwe, bafite imishinga bashakiwe bakora. Ubuyobozi bwa buri karere rero bugomba kumenya indaya akarere kabwo gafite bukazifasha kwihangira imishinga yatuma bava mu bulaya.

Nubwo imibare igaragaza yuko benshi mu bajya mu mwuga w’ubulaya ari abapfakazi cyangwa abatandukanye n’abagabo ariko hari undi mubare ushobora kuba munini w’abakobwa bakora ubulaya mu buryo bushobora kugora ubushakashatsi. Hari abana b’abakobwa, biganjemo abanyeshuli ba za Kaminuza, buri mpera z’icyumweru bajya gukora ubulaya mu mijyi y’ibihugu bituranye n’u Rwanda cyane za Kampala. Amakuru ABASIRWA ifite n’uko bamwe basindishwa bagasambanywa nk’abapfuye, abandi bagafatwa ku ngufu. Aba nabo hakwiye kubaho uburyo bwo kubagira inama yuko ibyo barimo atari byo !


Casmiry Kayumba

2017-01-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Teteri Agnes Umugore wa Eugene Gasana aravugwa mu bikorwa bya Politiki

Teteri Agnes Umugore wa Eugene Gasana aravugwa mu bikorwa bya Politiki

Ubwanditsi 30 May 2017
Abajenosideri ruharwa Sikubwabo Charles na Ryandikayo bashakishwaga kubera uruhare rwabo muri Jenoside baguye ishyanga

Abajenosideri ruharwa Sikubwabo Charles na Ryandikayo bashakishwaga kubera uruhare rwabo muri Jenoside baguye ishyanga

Ubwanditsi 15 May 2024
Ibya Kayumba Nyamwasa simbizi, tuzaba tugiye gutsura umubano- Minisitiri Sezibera

Ibya Kayumba Nyamwasa simbizi, tuzaba tugiye gutsura umubano- Minisitiri Sezibera

Ubwanditsi 21 Nov 2018
Aho umwanzi yaba aturutse hose, yaba ari uw’indani yaba ari uwo hanze ikibazo cye kizakemuka – RDF

Aho umwanzi yaba aturutse hose, yaba ari uw’indani yaba ari uwo hanze ikibazo cye kizakemuka – RDF

Ubwanditsi 21 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishusho y’ubucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga mu gihembwe cya kabiri cya 2019
UBUKUNGU

Ishusho y’ubucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Ubwanditsi 30 Sep 2019
Ingabo z’u Rwanda zimaze kwivugana intagondwa zirenga 70 zari zarajengereje amajyaruguru ya Mozambike
Amakuru

Ingabo z’u Rwanda zimaze kwivugana intagondwa zirenga 70 zari zarajengereje amajyaruguru ya Mozambike

Ubwanditsi 06 Aug 2021
Claude Muhayimana yafunguwe mu ibanga mu Kuboza 2022, amaze umwaka umwe gusa muri gereza.
Amakuru

Claude Muhayimana yafunguwe mu ibanga mu Kuboza 2022, amaze umwaka umwe gusa muri gereza.

Ubwanditsi 07 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru