• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Nta gihamya yuko Uburaya buterwa n’ubukene

Nta gihamya yuko Uburaya buterwa n’ubukene

Ubwanditsi 14 Jan 2017 ITOHOZA

Umuryango w’abanyamakuru biyemeje kurwanya SIDA no guharanira ubuzima buzira umuze (ABASIRWA), umaze iminsi wohereza abanyamakuru hirya no hino mu gihugu kureba uko icyo cyorezo gihagaze n’ingamba zaba zafatwa mu kugihashya ariko bigaragara yuko inzira ikiri ndende.

Intego nini ya ABASIRWA yari iyo kureba uko byifashe ku bulaya bwambukiranya imipaka. Mu mpera z’umwaka ushize twashoboye kujya ku mupaka wa Cyanika, uhuza u Rwanda na Uganda cyimwe na Rusizi ku mipaka ihuza u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), mu ntangiriro z’uyu wamwaka tujya Rubavu ku mipaka ihuza u Rwanda n’intara ya Goma nayo yo muri DRC.

Muri icyo gikorwa abo banyamakuru ba ABASIRWA bashoboye kuganira n’abantu batandukanye barimo abakora umwuga w’ubulaya, abigeze kuwukora bakawuvamo, abatigeze gukora uwo mwuga w’ubulaya ariko bakaba bakurikiranira hafi abawukora cyimwe n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’uzuturere.

ABASIRWA yahisemo iyo mipaka kuko ariyo ifite urujya n’uruza rw’abantu benshi kurusha iyindi mipaka u Rwanda ruhana imbibe n’ibihugu bituranye. Nubwo buri mupaka twasuye ushobora kugira umwihariko wawo ariko byinshi nta tandukanyirizo bifite. Ubulaya burahari kandi ababukora barabwishimiye, batitaye cyane ku ngaruka mbi zabwo !

Buri ndaya uganiriye nayo ikubwira yuko ikora uwo mwuga atari uko iwukunze, ahubwo ngo biterwa n’uko nta yandi mahitamo ! Bose bakubwira yuko bashomereye, nta kindi kintu batwara ku isoko uretse imibiri yabo ! Ibi bisobanuye yuko bagiye mu bulaya kubera ubukene, bavuye muri ubwo bukene bava no mu bulaya.

-5394.jpg

-5392.jpg

-5393.jpg

Ibi by’ubukene bishobora kuba birimo ukuri ariko kutuzuye. Ntabwo buri mukene wese ajya mu bulaya nk’uko hari n’ababujyamo bidaturutse ku bukene ! Ikitagirwaho impaka gusa ni uko ubulaya buhari kandi bukaba butuma ababujyamo benshi bandura SIDA. Benshi muri izo ndaya kandi bakubwira yuko abagabo bazigana batifuza gukoresha agakingirizo, ku mupaka wa Cyanika ho batubwiye yuko n’utwo dukingirizo tutaboneka !

Muri Rusizi ho ngo turaboneka ariko abakiriya babo benshi bakaba abanyekongo ariko ngo ntibadukozwa. Ngo nuwemeye gukoresha agakingirizo agatanga udufaranga tw’intica nt’ikize, naho indaya yemeye gusambanywa nta kapote igahabwa ifaranga ritubutse.

No muri Rubavu bavuga yuko impamvu zatumye bishora mu bulaya ari ubukene, bakanongeraho yuko ahanini bandura SIDA kubera ubumenyi buke bw’uburyo bwo kwirinda icyo cyorezo kitarabonerwa umuti n’urukingo.

-5391.jpg

Umukwabo w’indaya mu mujyi wa Kigali wataye muri yombi Indaya nyinshi ariko zarekurwa zikagasubiramo

Uko imibare ibigaragaza ariko n’uko abanyarwanda benshi bakangukiwe n’uburyo bwo kwirinda SIDA kuko kuva mu ntangiriro muri 2005 usanga w’abandura SIDA utazamuka, uguma kuri 3 %. Umubare munini w’abafite SIDA ni hagati y’imyaka 15 na 49 kandi abenshi ukabasanga mu mijyi. Abenshi nabo muri abo bafite SIDA bakaba abagore, biganjemo izo ndaya.

Ubushakashatsi kandi bwemewe n’ishami rya LONI rishinzwe ubuzima (WHO) bugaragaza yuko SIDA mu Rwanda igaragara cyane mu mijyi (6%) kurusha mu byaro (2%). Kigali iza ku isonga kuko abafite ubwandu bwa SIDA bangana na 6% naho mu ntara bakaba 2-3%. Benshi mu bagore bafite SIDA ni abapfakazi (15%) cyangwa abatandukanye n’abagabo (8%).

Kuko ahanini SIDA ituruka mu busambanyi budakoresheje agakingirizo, igihugu kigomba gushakira umuti impamvu zatuma umubare w’abandura SIDA ugabanuka cyane nk’uko cyagerageje kugabanya umubare w’abapfa bazize SIDA kubera ya miti itangirwa Ubuntu.

Abo bahoze mu bulaya bakaba babitangira ubuhamya usanga bibumbiye mu mashyirahamwe, bafite imishinga bashakiwe bakora. Ubuyobozi bwa buri karere rero bugomba kumenya indaya akarere kabwo gafite bukazifasha kwihangira imishinga yatuma bava mu bulaya.

Nubwo imibare igaragaza yuko benshi mu bajya mu mwuga w’ubulaya ari abapfakazi cyangwa abatandukanye n’abagabo ariko hari undi mubare ushobora kuba munini w’abakobwa bakora ubulaya mu buryo bushobora kugora ubushakashatsi. Hari abana b’abakobwa, biganjemo abanyeshuli ba za Kaminuza, buri mpera z’icyumweru bajya gukora ubulaya mu mijyi y’ibihugu bituranye n’u Rwanda cyane za Kampala. Amakuru ABASIRWA ifite n’uko bamwe basindishwa bagasambanywa nk’abapfuye, abandi bagafatwa ku ngufu. Aba nabo hakwiye kubaho uburyo bwo kubagira inama yuko ibyo barimo atari byo !


Casmiry Kayumba

2017-01-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urutonde rw’abatanze umusanzu wo gutera u Rwanda

Urutonde rw’abatanze umusanzu wo gutera u Rwanda

Ubwanditsi 08 Jul 2016
Ibintu bitandatu [ 6 ] bigaragaza isenyuka rya RNC na P5.

Ibintu bitandatu [ 6 ] bigaragaza isenyuka rya RNC na P5.

Ubwanditsi 30 Sep 2019
Amerika yizeye ubufasha bw’u Burusiya n’u Bushinwa mu kurangiza ikibazo cya Koreya ya Ruguru

Amerika yizeye ubufasha bw’u Burusiya n’u Bushinwa mu kurangiza ikibazo cya Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Icyimenyetso  ko Rujugiro afasha ibikorwa bihungabanya umutekano mu Rwanda

Icyimenyetso ko Rujugiro afasha ibikorwa bihungabanya umutekano mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sergeant Robert yasanze Tindifa muri Uganda Daily monitor yabyutse imukuramo Amangambure Abana yarabataye yijyanira n’Umugore
Amakuru

Sergeant Robert yasanze Tindifa muri Uganda Daily monitor yabyutse imukuramo Amangambure Abana yarabataye yijyanira n’Umugore

Ubwanditsi 25 Nov 2020
Amavubi yaguye miswi na Benin ku mukino wa kane wo mu itsinda L wogushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023
Amakuru

Amavubi yaguye miswi na Benin ku mukino wa kane wo mu itsinda L wogushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023

Ubwanditsi 29 Mar 2023
Tour du Rwanda: Merhawi Kudus wa ASTANA yegukanye agace Kigali-Huye
IMIKINO

Tour du Rwanda: Merhawi Kudus wa ASTANA yegukanye agace Kigali-Huye

Ubwanditsi 25 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru