• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Museveni aremeza ko igipolisi cye kimaze gucengerwamo n’abanyabyaha benshi

Museveni aremeza ko igipolisi cye kimaze gucengerwamo n’abanyabyaha benshi

Ubwanditsi 21 Mar 2017 ITOHOZA

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yategetse umukuru w’igipolisi kugicishamo umweyo kuko ngo iki gipolisi kimaze gucengerwamo n’abagizi ba nabi benshi.

Ibi yabitangarije mu mpera z’icyumweru gishize mu kiriyo cy’uwari umuvugizi w’igipolisi cy’igihugu, AIGP Andrew Felix Kaweesi ahitwa Kulambiro, aho yavuze ko inshuro nyinshi abanyabyaha bafatanya n’abapolisi kandi bikarangira bidakozweho iperereza neza.

Museveni yagize ati: “Maze iminsi nkurikirana ibi bibazo by’umwihariko mu iyicwa rya Joan Kagezi . ibimenyetso byaragaragaraga neza ariko byarangiriye aho”.

Yakomeje avuga ko hari n’ibindi bibazo byinshi byo gutera ubwoba abatangabuhamya ndetse no kubica. “Igipolisi cyacengewemo n’abanyabyaha kandi Kale (Kayihura) agomba gusukura igipolisi”, uwo ni Museveni ukomeza avuga.

Museveni yanagarutse ku kibazo cy’umukinnyi w’amasiganwa mu mamodoka, Ponsiano Lwakataka yavuze ko igipolisi cyari gifite ibimenyetso bigaragaza neza ko yishe abantu 9 ariko ntiyatabwa muri yombi. Yongeyeho ko abari abatangabuhamya bose muri iki kibazo batewe ubwoba n’abapolisi muri Rakai maze kubera gutinya kugirirwa nabi bakava mu byo gutanga ubuhamya.

“Muri icyo kibazo cya Lwakataka, abantu batangaga amakuru bahigwaga n’abapolisi. Aho guta muri yombi umunyabyaha, bafashe uwatanze amakuru.”, ibi akaba ari ibyo perezida Museveni yakomeje avugira mu kiriyo cya Kaweesi.

Perezida Museveni ntiyanahishe ko hari abantu benshi bamusanga bakamubwira ko ari we bashaka kwihera amakuru kuko ngo baba batizeye abapolisi nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ikomeza ivuga.

Umukuru w’igihugu cya Uganda yakomeje avuga ko ibyaha byose bikorwa biba bifitiwe ibimenyetso ariko kubera ko igipolisi ngo cyacengewemo n’abagizi ba nabi, ibyo bimenyetso birangizwa n’ikirego kikarangirira aho.

Yavuze ko ibi bibazo byose byabyikurikiraniye ubwe, ariko yongera gushimangira ko umukuru w’igipolisi, Gen. Kale kayihura afite inshingano zo gusukura igipolisi. Museveni kandi yanenze inzego zitandukanye zishinzwe ubutasi ku nzego zitandukanye mu gihugu azishinja ko zitabasha kubona ibyaha bitarakorwa ngo zibikumire.

Perezida Museveni yakomeje agira ati: “Aba banyabyaha baradutunguye kubera ko iki gihugu cyari mu mahoro badukubita igihe twari twaregeje. Tuzabashaka kandi tubice”.

Tubibutse ko Uwari umuvugizi w’igipolisi cya Uganda, AIGP Andrew Felix Kaweesi , yishwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu ushize arashwe n’abantu bataramenyekana ubwo yari aturutse iwe mu rugo muri Kulambiro. Yicanywe n’abari bashinzwe kumurinda babiri.

Ku rundi ruhande, urubuga Xrated rwo muri Uganda rwatangaje ko imbunda yakorewe muri Amerika yitwa M4 yakoreshejwe mu kwica AIGP Kaweesi, ubusanzwe ikoreshwa muri Uganda na Special Forces, CTU (Umutwe ushinzwe kurwanya iterabwoba) ndetse n’urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare.

-6146.jpg

Uru rubuga rukavuga ko nk’uko umunyamakuru wa NTV wakuye amakuru mu gipolisi yabwiwe ko nyakwigendera Kaweesi nawe yabashije kurasa amasasu 12 akoresheje pistol ye yirwanaho mbere yo kwicwa n’abicanyi bari bitwaje imbunda zo mu bwoko bwa M4.

Ngo nubwo ibi bidasobanuye ko Kaweesi yaba yarishwe n’abantu baturutse muri iyo mitwe, ngo urebye ukuntu bari bazi ibyo bakora n’ukuntu bahise babura nyuma yo gukora ubwicanyi bigaragaza ko bwakozwe n’abantu bitoje neza

2017-03-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kamonyi: Njyanama yahishuye ko Udahemuka yari Meya urangwa n’imyitwarire idahwitse

Kamonyi: Njyanama yahishuye ko Udahemuka yari Meya urangwa n’imyitwarire idahwitse

Ubwanditsi 21 Jun 2017
Dore Urutonde rw’ abanyamakurukazi Mu Rwanda bakunzwe Kubera Amajwi yabo Meza aryohera benshi “AMAFOTO”

Dore Urutonde rw’ abanyamakurukazi Mu Rwanda bakunzwe Kubera Amajwi yabo Meza aryohera benshi “AMAFOTO”

Ubwanditsi 05 Oct 2017
Ingabire Victoire si umunyapolitiki, icyo akwiye kwitwa ni umugore ukunda ubugome

Ingabire Victoire si umunyapolitiki, icyo akwiye kwitwa ni umugore ukunda ubugome

Ubwanditsi 04 Dec 2018
Perezida Kagame yatanze isomo ku   ishingiro ry’ubukungu n’ubwiyunge by’Abanyarwanda

Perezida Kagame yatanze isomo ku ishingiro ry’ubukungu n’ubwiyunge by’Abanyarwanda

Ubwanditsi 28 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amagambo atangaje ya Twagiramungu  ati ’Nta wambuza kuvuga kereka andashe mu kanwa ‘
Mu Rwanda

Amagambo atangaje ya Twagiramungu ati ’Nta wambuza kuvuga kereka andashe mu kanwa ‘

Ubwanditsi 13 Aug 2017
Kagame kwizeza Abanyarwanda yuko ntawabatera byari bikenewe
INKURU NYAMUKURU

Kagame kwizeza Abanyarwanda yuko ntawabatera byari bikenewe

Ubwanditsi 15 Dec 2017
Imikino yo kwishyura igiye gukinwa muri Shampiyona y’u Rwanda – Uko amakipe yiyubatse muri Mutarama 2025
Amakuru

Imikino yo kwishyura igiye gukinwa muri Shampiyona y’u Rwanda – Uko amakipe yiyubatse muri Mutarama 2025

Ubwanditsi 05 Feb 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru