• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Museveni aremeza ko igipolisi cye kimaze gucengerwamo n’abanyabyaha benshi

Museveni aremeza ko igipolisi cye kimaze gucengerwamo n’abanyabyaha benshi

Ubwanditsi 21 Mar 2017 ITOHOZA

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yategetse umukuru w’igipolisi kugicishamo umweyo kuko ngo iki gipolisi kimaze gucengerwamo n’abagizi ba nabi benshi.

Ibi yabitangarije mu mpera z’icyumweru gishize mu kiriyo cy’uwari umuvugizi w’igipolisi cy’igihugu, AIGP Andrew Felix Kaweesi ahitwa Kulambiro, aho yavuze ko inshuro nyinshi abanyabyaha bafatanya n’abapolisi kandi bikarangira bidakozweho iperereza neza.

Museveni yagize ati: “Maze iminsi nkurikirana ibi bibazo by’umwihariko mu iyicwa rya Joan Kagezi . ibimenyetso byaragaragaraga neza ariko byarangiriye aho”.

Yakomeje avuga ko hari n’ibindi bibazo byinshi byo gutera ubwoba abatangabuhamya ndetse no kubica. “Igipolisi cyacengewemo n’abanyabyaha kandi Kale (Kayihura) agomba gusukura igipolisi”, uwo ni Museveni ukomeza avuga.

Museveni yanagarutse ku kibazo cy’umukinnyi w’amasiganwa mu mamodoka, Ponsiano Lwakataka yavuze ko igipolisi cyari gifite ibimenyetso bigaragaza neza ko yishe abantu 9 ariko ntiyatabwa muri yombi. Yongeyeho ko abari abatangabuhamya bose muri iki kibazo batewe ubwoba n’abapolisi muri Rakai maze kubera gutinya kugirirwa nabi bakava mu byo gutanga ubuhamya.

“Muri icyo kibazo cya Lwakataka, abantu batangaga amakuru bahigwaga n’abapolisi. Aho guta muri yombi umunyabyaha, bafashe uwatanze amakuru.”, ibi akaba ari ibyo perezida Museveni yakomeje avugira mu kiriyo cya Kaweesi.

Perezida Museveni ntiyanahishe ko hari abantu benshi bamusanga bakamubwira ko ari we bashaka kwihera amakuru kuko ngo baba batizeye abapolisi nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ikomeza ivuga.

Umukuru w’igihugu cya Uganda yakomeje avuga ko ibyaha byose bikorwa biba bifitiwe ibimenyetso ariko kubera ko igipolisi ngo cyacengewemo n’abagizi ba nabi, ibyo bimenyetso birangizwa n’ikirego kikarangirira aho.

Yavuze ko ibi bibazo byose byabyikurikiraniye ubwe, ariko yongera gushimangira ko umukuru w’igipolisi, Gen. Kale kayihura afite inshingano zo gusukura igipolisi. Museveni kandi yanenze inzego zitandukanye zishinzwe ubutasi ku nzego zitandukanye mu gihugu azishinja ko zitabasha kubona ibyaha bitarakorwa ngo zibikumire.

Perezida Museveni yakomeje agira ati: “Aba banyabyaha baradutunguye kubera ko iki gihugu cyari mu mahoro badukubita igihe twari twaregeje. Tuzabashaka kandi tubice”.

Tubibutse ko Uwari umuvugizi w’igipolisi cya Uganda, AIGP Andrew Felix Kaweesi , yishwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu ushize arashwe n’abantu bataramenyekana ubwo yari aturutse iwe mu rugo muri Kulambiro. Yicanywe n’abari bashinzwe kumurinda babiri.

Ku rundi ruhande, urubuga Xrated rwo muri Uganda rwatangaje ko imbunda yakorewe muri Amerika yitwa M4 yakoreshejwe mu kwica AIGP Kaweesi, ubusanzwe ikoreshwa muri Uganda na Special Forces, CTU (Umutwe ushinzwe kurwanya iterabwoba) ndetse n’urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare.

-6146.jpg

Uru rubuga rukavuga ko nk’uko umunyamakuru wa NTV wakuye amakuru mu gipolisi yabwiwe ko nyakwigendera Kaweesi nawe yabashije kurasa amasasu 12 akoresheje pistol ye yirwanaho mbere yo kwicwa n’abicanyi bari bitwaje imbunda zo mu bwoko bwa M4.

Ngo nubwo ibi bidasobanuye ko Kaweesi yaba yarishwe n’abantu baturutse muri iyo mitwe, ngo urebye ukuntu bari bazi ibyo bakora n’ukuntu bahise babura nyuma yo gukora ubwicanyi bigaragaza ko bwakozwe n’abantu bitoje neza

2017-03-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyarwanda Camir Nkurunziza wari umwe mubayoboke ba RNC  yarasiwe muri Afrika y’Epfo atwaye amabandi arapfa.

Umunyarwanda Camir Nkurunziza wari umwe mubayoboke ba RNC  yarasiwe muri Afrika y’Epfo atwaye amabandi arapfa.

Ubwanditsi 31 May 2019
Babiri bafite Uburwayi bwo mu mutwe babana nk’umugore n’umugabo kandi bibateye ishema dore ko  n’umugore atwite

Babiri bafite Uburwayi bwo mu mutwe babana nk’umugore n’umugabo kandi bibateye ishema dore ko n’umugore atwite

Ubwanditsi 04 Oct 2016
Canada umunyarwanda yarohamye mu mazi arapfa

Canada umunyarwanda yarohamye mu mazi arapfa

Ubwanditsi 22 Aug 2016
Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo kwirukana J.P Turayishimye , Ben Rutabana na Micombero muri RNC, ugeze kure

Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo kwirukana J.P Turayishimye , Ben Rutabana na Micombero muri RNC, ugeze kure

Ubwanditsi 23 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Pansiyo yatangwaga yiyongereyeho asaga miliyoni 400Frw mu kwezi kumwe
UBUKUNGU

Pansiyo yatangwaga yiyongereyeho asaga miliyoni 400Frw mu kwezi kumwe

Ubwanditsi 18 May 2018
U Rwanda rwamaganye  raporo ya Human Rights Watch igamije  Kwibasira u Rwanda ku mpamvu za Politiki
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rwamaganye raporo ya Human Rights Watch igamije Kwibasira u Rwanda ku mpamvu za Politiki

Ubwanditsi 28 Jan 2020
Nabonye igihugu kiri ku murongo – Perezida w’u Bushinwa avuga uko yasanze u Rwanda
POLITIKI

Nabonye igihugu kiri ku murongo – Perezida w’u Bushinwa avuga uko yasanze u Rwanda

Ubwanditsi 23 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru