• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Museveni aremeza ko igipolisi cye kimaze gucengerwamo n’abanyabyaha benshi

Museveni aremeza ko igipolisi cye kimaze gucengerwamo n’abanyabyaha benshi

Ubwanditsi 21 Mar 2017 ITOHOZA

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yategetse umukuru w’igipolisi kugicishamo umweyo kuko ngo iki gipolisi kimaze gucengerwamo n’abagizi ba nabi benshi.

Ibi yabitangarije mu mpera z’icyumweru gishize mu kiriyo cy’uwari umuvugizi w’igipolisi cy’igihugu, AIGP Andrew Felix Kaweesi ahitwa Kulambiro, aho yavuze ko inshuro nyinshi abanyabyaha bafatanya n’abapolisi kandi bikarangira bidakozweho iperereza neza.

Museveni yagize ati: “Maze iminsi nkurikirana ibi bibazo by’umwihariko mu iyicwa rya Joan Kagezi . ibimenyetso byaragaragaraga neza ariko byarangiriye aho”.

Yakomeje avuga ko hari n’ibindi bibazo byinshi byo gutera ubwoba abatangabuhamya ndetse no kubica. “Igipolisi cyacengewemo n’abanyabyaha kandi Kale (Kayihura) agomba gusukura igipolisi”, uwo ni Museveni ukomeza avuga.

Museveni yanagarutse ku kibazo cy’umukinnyi w’amasiganwa mu mamodoka, Ponsiano Lwakataka yavuze ko igipolisi cyari gifite ibimenyetso bigaragaza neza ko yishe abantu 9 ariko ntiyatabwa muri yombi. Yongeyeho ko abari abatangabuhamya bose muri iki kibazo batewe ubwoba n’abapolisi muri Rakai maze kubera gutinya kugirirwa nabi bakava mu byo gutanga ubuhamya.

“Muri icyo kibazo cya Lwakataka, abantu batangaga amakuru bahigwaga n’abapolisi. Aho guta muri yombi umunyabyaha, bafashe uwatanze amakuru.”, ibi akaba ari ibyo perezida Museveni yakomeje avugira mu kiriyo cya Kaweesi.

Perezida Museveni ntiyanahishe ko hari abantu benshi bamusanga bakamubwira ko ari we bashaka kwihera amakuru kuko ngo baba batizeye abapolisi nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ikomeza ivuga.

Umukuru w’igihugu cya Uganda yakomeje avuga ko ibyaha byose bikorwa biba bifitiwe ibimenyetso ariko kubera ko igipolisi ngo cyacengewemo n’abagizi ba nabi, ibyo bimenyetso birangizwa n’ikirego kikarangirira aho.

Yavuze ko ibi bibazo byose byabyikurikiraniye ubwe, ariko yongera gushimangira ko umukuru w’igipolisi, Gen. Kale kayihura afite inshingano zo gusukura igipolisi. Museveni kandi yanenze inzego zitandukanye zishinzwe ubutasi ku nzego zitandukanye mu gihugu azishinja ko zitabasha kubona ibyaha bitarakorwa ngo zibikumire.

Perezida Museveni yakomeje agira ati: “Aba banyabyaha baradutunguye kubera ko iki gihugu cyari mu mahoro badukubita igihe twari twaregeje. Tuzabashaka kandi tubice”.

Tubibutse ko Uwari umuvugizi w’igipolisi cya Uganda, AIGP Andrew Felix Kaweesi , yishwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu ushize arashwe n’abantu bataramenyekana ubwo yari aturutse iwe mu rugo muri Kulambiro. Yicanywe n’abari bashinzwe kumurinda babiri.

Ku rundi ruhande, urubuga Xrated rwo muri Uganda rwatangaje ko imbunda yakorewe muri Amerika yitwa M4 yakoreshejwe mu kwica AIGP Kaweesi, ubusanzwe ikoreshwa muri Uganda na Special Forces, CTU (Umutwe ushinzwe kurwanya iterabwoba) ndetse n’urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare.

-6146.jpg

Uru rubuga rukavuga ko nk’uko umunyamakuru wa NTV wakuye amakuru mu gipolisi yabwiwe ko nyakwigendera Kaweesi nawe yabashije kurasa amasasu 12 akoresheje pistol ye yirwanaho mbere yo kwicwa n’abicanyi bari bitwaje imbunda zo mu bwoko bwa M4.

Ngo nubwo ibi bidasobanuye ko Kaweesi yaba yarishwe n’abantu baturutse muri iyo mitwe, ngo urebye ukuntu bari bazi ibyo bakora n’ukuntu bahise babura nyuma yo gukora ubwicanyi bigaragaza ko bwakozwe n’abantu bitoje neza

2017-03-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kirehe: Mu bikorwa byo kurwanya itundwa ry’ibiyobyabwenge, Polish yafashe ibiro 115 by’urumogi

Kirehe: Mu bikorwa byo kurwanya itundwa ry’ibiyobyabwenge, Polish yafashe ibiro 115 by’urumogi

Ubwanditsi 26 May 2017
Papa Francis yakuriye inzira ku murima abashakaga ko abagore baba abapadiri muri Kiliziya gatolika

Papa Francis yakuriye inzira ku murima abashakaga ko abagore baba abapadiri muri Kiliziya gatolika

Ubwanditsi 02 Nov 2016
U Rwanda n’u Butaliyani mu bufatanye bw’ingabo zirwanira mu kirere

U Rwanda n’u Butaliyani mu bufatanye bw’ingabo zirwanira mu kirere

Ubwanditsi 24 Jun 2018
Uko Perezida Museveni yahuye na Charlotte Mukankusi, umwe mu bayobozi  bakuru ba RNC

Uko Perezida Museveni yahuye na Charlotte Mukankusi, umwe mu bayobozi bakuru ba RNC

Ubwanditsi 15 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwanda Cycling Cup 2018 iratangira hibukwa Byemayire Lambert [ Ingengabihe ]
IMIKINO

Rwanda Cycling Cup 2018 iratangira hibukwa Byemayire Lambert [ Ingengabihe ]

Ubwanditsi 24 Mar 2018
Uko Museveni, Kayumba na Rudasingwa bakina umukino w’ubucabiranya bigira nyoni nyinshi
INKURU NYAMUKURU

Uko Museveni, Kayumba na Rudasingwa bakina umukino w’ubucabiranya bigira nyoni nyinshi

Ubwanditsi 12 Jul 2019
Uko Uganda n’UBurundi bacuze  umugambi wo gutera URwanda mu mpera za 2019 .
INKURU NYAMUKURU

Uko Uganda n’UBurundi bacuze  umugambi wo gutera URwanda mu mpera za 2019 .

Ubwanditsi 23 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru