• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Zari ari kwicuza kuba yari yaratandukanye n’umugabo we wa mbere, ashobora kujyana Diamond mu nkiko

Zari ari kwicuza kuba yari yaratandukanye n’umugabo we wa mbere, ashobora kujyana Diamond mu nkiko

Ubwanditsi 20 Sep 2017 Mu Rwanda

Zari uri mu gahinda gakomeye ko guhemukirwa na Diamond Platnumz yavuze amagambo agaragaza kwicuza gukomeye ndetse anahamya ko Ivan Semwanga wahoze ari umugabo we akaza kwitaba Imana ari we muntu wamukundaga by’ukuri.

-8014.jpg

Kugeza ubu iby’urukundo rwa Zari na Diamond Platnumz byajemo kidobya nyuma y’uko Diamond yemeye ko yamuciye inyuma akabyarana na Hamisa Mobetto wagaragaye mu mashusho y’indirimbo ye Salome. Ukurikije ibintu byinshi cyane Zari yagiye asangiza abamukurikira kuri facebook, aya makuru byamugoye cyane kuyakira, buri kanya arashyiraho ibintu bigaragaza amakuru atandukanye yanditswe kuri Diamond n’uyu mwana we.

-239.png

Diamond Platnumz yemeye umwana wa Mobetto biteza impagarara

Zari yanagaragaje kwicuza kuba yaratandukanye n’umugabo we wa mbere Ivan Ssemwanga uherutse kwitaba Imana avuga ko ari we wamukundaga by’ukuri ndetse ngo yari yaramuhanuriye ko Diamond ashobora kuzamubabaza. Yagize ati “Umugabo wanjye twatandukanye witabye Imana ni we mugabo wankunze by’ukuri n’ubwo atari abuze amakosa ariko urukundo rwo rwari urw’ukuri. Yari yarambwiye ko azantegereza, ndatekereza ko nafashe igihe cyose gihagije kugeza ubwo yitabye Imana. Nyuma y’ibi byose ndi kwibuka amagambo yambwiye kuri Diamond. Nyagasani!”

-240.png

-8015.jpg

Zari ashobora kuba yari yaraburiwe na Ivan ko Diamond azamubabaza

Diamond Platnumz yatangaje ko atigeze agambirira kwihakana umwana yabyaranye na Hamisa Mobetto ahubwo ko yashakaga ko ibintu biguma ari ibanga kugira ngo bitababaza Zari. Yanatangaje ko yamuhaye imodoka nshya yo mu bwoko bwa Rav 4, yamugeneraga ibihumbi 70 by’amashilingi ya Tanzania buri munsi, yarishyuye ubwishingizi butuma yivuza n’umwana ndetse n’ibindi byinshi ariko ashaka ko biguma mu ibanga. Yanatangaje ko ibi byose Zari yari abizi gusa uyu mugore yabyamaganiye kure avuga ko nta kintu yari abiziho.

-8016.jpg

Hamisa Mobetto yagaragaye mu mashusho ya ‘Salome’

Zari ashobora kujyana Diamond mu nkiko

Uti amurega iki? Igihe Diamond yavugaga ko Zari yari azi iby’uko yamuciye inyuma na Hamisa Mobetto ndetse akamutera inda, Zari yakoresheje Snapchat ye arabihakana. Yagize ati “Hahha rekera aho kwikinisha.. ibyo binyoma uri kuvuga ngo nari nzi iby’iyo ndaya yawe.. gerageza ukemure ibibazo witeye urekere kubeshya. Kuba nceceka si uko ndi igicucu. Itondere cyane ibyo uvuga.”

-8018.jpg

Zari yaburiye Diamond ko ashobora kumujyana mu nkiko.

Yakomeje agira ati “Kuba ndi nyina w’abana bawe nibyo bituma nceceka nkakubaha. Ushobora gukenera kureba muri google ibyerekeranye n’ibirego by’iteshagaciro rishingiye ku myitwarire. Ntungerageze.”

Huddah Monroe ati “Abagabo ni abacu twese ni ugusaranganya!”

Uyu mukobwa w’umunyakenya ni umwe mu bazwi cyane ndetse yanahoze ari incuti ya Zari ariko baza gushwana ku mpamvu zitamenyekanye. Byigeze kuvugwa kandi ko uyu nawe Diamond yaba yaramuterese mbere yo gushakana na Zari. Akoresheje Instagram yagize ati “Umugabo aba ari uwawe igihe muri kumwe. Igihe asohotse, aba ari uwacu twese, ni ugusaranganya!”

-8020.jpg

-8019.jpg

Huddah Monroe yahoze ari incuti ya Zari

Ese umunsi Diamond yahanuye mu ndirimbo ye ‘Utanipenda’ waba wegereje?

Mu ndirimbo ye ‘Utanipenda’, Diamond yibazaga niba aramutse amafaranga amushizeho akaba umukene cyangwa ubuzima buhindutse Zari yakomeza akamukunda cyangwa nawe yamureka abanzi bakamubona. Aba avuga ko ibyo aririmba ari ibintu bishoboka kuko ntawe umenya ejo hazaza uretse Imana yonyine kandi iba yarabigize ibanga ryayo.

Muri iyi ndirimbo aba anibaza atandukanye na Zari uburyo abakobwa yateretaga cyera bamuha urwamenyo. N’ubwo nta kibazo cy’amafaranga Diamond yari yagira, ibibazo by’abagore n’abakobwa biri muri bimwe mu bintu byasubije abahanzi n’abanyamafaranga benshi ku isuka.

-8021.jpg

Zari yaguye mu kantu Diamond yemeye umwana yari amaze igihe kinini ahakana ko atabyaye.

Mu gihe umuriro watse kwa Diamond na Zari, Hamisa we ibyishimo ni byose, cyane cyane ko ari we wakunze gutangaza ibye na Diamond mu itangazamakuru, ubu yahise afata konti ya Instagram yakoreye uwo mwana we ashyiraho ifoto ya Diamond Platnumz, ahindura amazina y’umwana amwita @abduldangote ahita yandika mu mwanya w’umwana kuri iyo foto ya Diamond ati “Data”.

Zari yashimiye abantu batandukanye bamwihanganishije ku mbuga nkoranyambaga ndetse avuga ko we acyeye ku mutima ukwiye kugira impagarara ari Diamond kuko ari we uri mu makosa. Si ubwa mbere Diamond avuzweho kubyara umwana mu buryo budasobanutse kuko na Hawa baririmbanye indirimbo ‘Nitarejea’ nawe yatangaje ko Diamond yamutanye umwana. Muri iyi minsi kandi biri kuvugwa ko Diamond yaba afite undi mukobwa bahararanye wo muri Namibia witwa Dillish Matthews watsindiye Big Brother Africa muri 2013.

-8022.jpg

Dillish Matthews binugwanugwa ko ahararanye na Diamond Platnumz

Source : Inyarwanda

2017-09-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Patriots BBC yatsinze umukino wayo wa mbere w’irushanwa rya Basketball Africa League aho yahuraga na Rivers Hoopers yo muri Nigeria.

Amafoto – Patriots BBC yatsinze umukino wayo wa mbere w’irushanwa rya Basketball Africa League aho yahuraga na Rivers Hoopers yo muri Nigeria.

Ubwanditsi 16 May 2021
Ubushake bukomeye burahari, ubu maze gufata Passport ya Africa ariko ndumva wagira ngo ni njye munyafrica wa mbere- Perezida Idriss Déby

Ubushake bukomeye burahari, ubu maze gufata Passport ya Africa ariko ndumva wagira ngo ni njye munyafrica wa mbere- Perezida Idriss Déby

Ubwanditsi 18 Jul 2016
Amagare yahinduye ubuzima bwa benshi muri Afurika” – Perezida Kagame

Amagare yahinduye ubuzima bwa benshi muri Afurika” – Perezida Kagame

Ubwanditsi 25 Sep 2025
Ibaruwa ifunze E. Tshisekedi yasize yandikiye Perezida Kabila ishobora guteza ibibazo

Ibaruwa ifunze E. Tshisekedi yasize yandikiye Perezida Kabila ishobora guteza ibibazo

Ubwanditsi 27 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imigambi ya Museveni yo gushaka kuyobora u Rwanda, ikibazo ku mudendezo w’akarere
INKURU NYAMUKURU

Imigambi ya Museveni yo gushaka kuyobora u Rwanda, ikibazo ku mudendezo w’akarere

Ubwanditsi 17 Jun 2019
Serge Ndayizeye afite imiziro yo kudakora muri Amerika kubera guhamwa n’ubujura, menya kandi impamvu asingiza Kayumba Nyamwasa kuri Radiyo akamutuka hanze yayo
INKURU NYAMUKURU

Serge Ndayizeye afite imiziro yo kudakora muri Amerika kubera guhamwa n’ubujura, menya kandi impamvu asingiza Kayumba Nyamwasa kuri Radiyo akamutuka hanze yayo

Ubwanditsi 15 Jun 2020
Croatia yasezereye u Burusiya isanga u Bwongereza muri ½
IMIKINO

Croatia yasezereye u Burusiya isanga u Bwongereza muri ½

Ubwanditsi 09 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru