• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Uko abo kwa Rwigara bakoze ibyaha bashinjwa

Uko abo kwa Rwigara bakoze ibyaha bashinjwa

Ubwanditsi 16 Oct 2017 Mu Rwanda

Mu gihe hakomeje iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, Ubushinjacyaha bwasobanuye ko ibyaha abo kwa Rwigara bakurikiranyweho bikubiye mu mvugo z’abo, ahanini ku biganiro byo kuri WhatsApp.

Diane Rwigara ashinjwa gukora no gukoresha inyandiko mpimbano, agahurira n’umuvandimwe we Anne Rwigara n’umubyeyi wabo Adeline ku cyaha cyo kugambirira guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda; Adeline we akiharira icyaha akekwaho cy’ivangura no gukurura amacakubiri.

Mu iburanisha ryo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 16 Ukwakira 2017, Umushinjacyaha yavuze ko u Rwanda rwagize amateka ababaje, ku buryo umuntu wagira uruhare mu guhungabanya umutekano Abanyarwanda bagezeho biyushye akuya, agomba kubiryozwa hatitawe ku gitsina cye cyangwa umuryango yaba abarizwamo.

Ibyo Mukangemanyi akurikiranyweho…

Umushinjacyaha yumvikanishije ijwi rya Mukangemanyi ubwo Polisi yajyaga kubavana mu rugo ku gahato tariki ya 04 Nzeri 2017 aho uyu mubyeyi yumvikanye yita abapolisi ‘abicanyi, abadayimoni’, ngo ‘interahanwe zadutwaye iki? ”

Ni ibintu Umushinjacyaha yavuze ko birimo gupfobya Jenoside ashingiye ku byo interahanwe zakoze mu gihugu.

Umushinjacyaha yavuze kandi ko ku guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda bose babihuriraho. Ngo hari abantu bari gushakishwa kuri iki cyaha bari mu Rwanda no hanze barimo Mugenzi Thabita Gwiza uri muri Canada, Mukangarambe Xaverine uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mushayija Edmond uba mu Bubiligi na Tuyishimire Jean Paul uri i Boston muri Amerika.

Hari kandi aho ngo uyu muryango wandikiye Jeune Afrique ko Rwigara Assinapol yishwe na Leta, warangiza ukandikira Prime Insurance ko yishwe n’impanuka y’imodoka.

Hari amajwi ngo Mukangemanyi yoherereje Mushayija amwangisha Abatutsi amubwira ko ari babi. Hari n’ijwi yoherereje Tabitha amubwira ko hari abarokotse Jenoside leta yishe.

Hari n’ijwi yoherereje Mukangarambe amubwira ko Leta ari iy’amabandi ngo yanze gukura ikiriyo cy’umwami. Hari n’ijwi ngo yongeye koherereza Tabitha amubwira ko hari abantu agomba kwanga n’irindi yamwoherereje amubwira ko iyi Leta idashoboye gutegeka icyayo ari ukumara abantu.

Yashinjwe kandi hashingiwe ku ijwi yohereje kwa Tabitha amubwira ko ari icyihebe, ko yikundira Radio Itahuka, amukangurira kwanga Leta ngo kuko icyayo ari ukwica gusa. Ngo hari aho yavuze ko iki gihugu ari icy’abasazi ndetse ko hari Jenoside iri imbere aha.

Ku cyaha cy’amacakubiri ngo yoherereje Mushayija ko Abatutsi abanga, abwira Tabitha ko iyi Leta yishe abarokotse Jenoside ko ari icyo ibahora.

Kuri Diane Rwigara

Guteza imvururu ngo yabikoze ubwo yagiranaga ikiganiro n’abanyamakuru muri Nyakanga 2017, aho ngo yavuze ko Abanyarwanda bahagurukira rimwe iyo ari ukwica.

Uwo munsi ngo yanavuze ko uwitwa Jean D’Amour yamubwiye ko aramutse amushyigikiye bazamukubita ifuni. Ngo yavuze ko muri iki gihugu abantu bicwa abandi bakanyerezwa.

Ikindi kandi ngo yavuze ko nta mazi Abanyarwanda bagira cyangwa amashanyarazi, ko hari n’aho yavuze ngo “abarokotse turababaye”, bigahuzwa no gukangurira abaturage kwanga leta.

Hari n’icyaha cyo gukoresha impapuro mpimbamo ubwo yashakaga imikono 600 ashaka kwiyamamariza kuba perezida. Ngo yahimbye inyandiko akagenda abasinyira, ashyiraho abantu batari mu gihugu n’abantu bapfuye.

Ngo yabeshyaga abaturage ko ari umukozi wa Komisiyo y’Amatora akabaka indangamuntu n’ikarita y’itora. Hari n’aho ngo yafataga SIM Card akazibaruza ku bantu batandukanye akaboneraho imyirondoro yabo.

Ngo hari naho yashukaga abaturage abizeza kubashyira ku rutonde rw’abatishoboye bazahabwa inkunga.

Uwamahoro Anne Rwigara

Nawe ni amajwi yagiye afata akohereza, aho yabwiye Diane ko inama yatanga ari ukuva mu gihugu kuko nta cyizere cy’ubukungu buri imbere, ko ‘system’ arimo ari iya ‘mafia’, ahubwo ko yajya kuba ahandi.

Ku cyaha cyo guteza imvururu, ngo yanditse muri WhatsApp ihuriyemo abantu bo mu muryango ko hari umuntu Leta yishe saa yine za mu gitondo kuko yavuganaga n’abayirwanya.

Umushinjacyaha yavuze ko kuba Adeline yaravuze ngo bitege akazaba bigaragaza umugambi we, kimwe no kuvuga ngo bitege Jenoside iri imbere aha bivuga ko hari umugambi mubisha akekwaho. Ibi byose ni amajwi yafashwe muri telefone zabo mu gihe cy’isaka.

Amajwi bagiye bohererezanya kuri WhatsApp mu bihe bitandukanye yumvikanishijwe mu rukiko.

-8370.jpg

Ubushinjacyaha bwashyize hanze uko abo kwa Rwigara bakoze ibyaha bashinjwa

2017-10-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Uwitwa Enos Maniriho yaba yararogewe muri gereza yari afungiyemo

Uganda: Uwitwa Enos Maniriho yaba yararogewe muri gereza yari afungiyemo

Ubwanditsi 23 Feb 2017
Intore izirusha intambwe ‘ Kagame  Paul’  yatanze Kandidatire  muri Komisiyo y’Amatora

Intore izirusha intambwe ‘ Kagame Paul’ yatanze Kandidatire muri Komisiyo y’Amatora

Ubwanditsi 22 Jun 2017
Abandi bantu barindwi bakize Coronavirus, umubare w’abanduye mu Rwanda ugera ku 126

Abandi bantu barindwi bakize Coronavirus, umubare w’abanduye mu Rwanda ugera ku 126

Ubwanditsi 13 Apr 2020
Bishop Rugagi yarekuwe

Bishop Rugagi yarekuwe

Ubwanditsi 15 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibihugu byo muri EAC n’Ibiyaga Bigari nibyo bicumbikiye abantu benshi bakoze Jenoside
ITOHOZA

Ibihugu byo muri EAC n’Ibiyaga Bigari nibyo bicumbikiye abantu benshi bakoze Jenoside

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Abanyeshuri Monaco Cosmetics Yabashyiriyeho Promotion Yitwa Back To Schoo
HIRYA NO HINO

Abanyeshuri Monaco Cosmetics Yabashyiriyeho Promotion Yitwa Back To Schoo

Ubwanditsi 07 Jan 2018
Miss Wema Sepetu wahoze akundana na Diamond yapfushije impanga yari atwite
IMIKINO

Miss Wema Sepetu wahoze akundana na Diamond yapfushije impanga yari atwite

Ubwanditsi 19 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru