• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Uko abo kwa Rwigara bakoze ibyaha bashinjwa

Uko abo kwa Rwigara bakoze ibyaha bashinjwa

Ubwanditsi 16 Oct 2017 Mu Rwanda

Mu gihe hakomeje iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, Ubushinjacyaha bwasobanuye ko ibyaha abo kwa Rwigara bakurikiranyweho bikubiye mu mvugo z’abo, ahanini ku biganiro byo kuri WhatsApp.

Diane Rwigara ashinjwa gukora no gukoresha inyandiko mpimbano, agahurira n’umuvandimwe we Anne Rwigara n’umubyeyi wabo Adeline ku cyaha cyo kugambirira guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda; Adeline we akiharira icyaha akekwaho cy’ivangura no gukurura amacakubiri.

Mu iburanisha ryo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 16 Ukwakira 2017, Umushinjacyaha yavuze ko u Rwanda rwagize amateka ababaje, ku buryo umuntu wagira uruhare mu guhungabanya umutekano Abanyarwanda bagezeho biyushye akuya, agomba kubiryozwa hatitawe ku gitsina cye cyangwa umuryango yaba abarizwamo.

Ibyo Mukangemanyi akurikiranyweho…

Umushinjacyaha yumvikanishije ijwi rya Mukangemanyi ubwo Polisi yajyaga kubavana mu rugo ku gahato tariki ya 04 Nzeri 2017 aho uyu mubyeyi yumvikanye yita abapolisi ‘abicanyi, abadayimoni’, ngo ‘interahanwe zadutwaye iki? ”

Ni ibintu Umushinjacyaha yavuze ko birimo gupfobya Jenoside ashingiye ku byo interahanwe zakoze mu gihugu.

Umushinjacyaha yavuze kandi ko ku guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda bose babihuriraho. Ngo hari abantu bari gushakishwa kuri iki cyaha bari mu Rwanda no hanze barimo Mugenzi Thabita Gwiza uri muri Canada, Mukangarambe Xaverine uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mushayija Edmond uba mu Bubiligi na Tuyishimire Jean Paul uri i Boston muri Amerika.

Hari kandi aho ngo uyu muryango wandikiye Jeune Afrique ko Rwigara Assinapol yishwe na Leta, warangiza ukandikira Prime Insurance ko yishwe n’impanuka y’imodoka.

Hari amajwi ngo Mukangemanyi yoherereje Mushayija amwangisha Abatutsi amubwira ko ari babi. Hari n’ijwi yoherereje Tabitha amubwira ko hari abarokotse Jenoside leta yishe.

Hari n’ijwi yoherereje Mukangarambe amubwira ko Leta ari iy’amabandi ngo yanze gukura ikiriyo cy’umwami. Hari n’ijwi ngo yongeye koherereza Tabitha amubwira ko hari abantu agomba kwanga n’irindi yamwoherereje amubwira ko iyi Leta idashoboye gutegeka icyayo ari ukumara abantu.

Yashinjwe kandi hashingiwe ku ijwi yohereje kwa Tabitha amubwira ko ari icyihebe, ko yikundira Radio Itahuka, amukangurira kwanga Leta ngo kuko icyayo ari ukwica gusa. Ngo hari aho yavuze ko iki gihugu ari icy’abasazi ndetse ko hari Jenoside iri imbere aha.

Ku cyaha cy’amacakubiri ngo yoherereje Mushayija ko Abatutsi abanga, abwira Tabitha ko iyi Leta yishe abarokotse Jenoside ko ari icyo ibahora.

Kuri Diane Rwigara

Guteza imvururu ngo yabikoze ubwo yagiranaga ikiganiro n’abanyamakuru muri Nyakanga 2017, aho ngo yavuze ko Abanyarwanda bahagurukira rimwe iyo ari ukwica.

Uwo munsi ngo yanavuze ko uwitwa Jean D’Amour yamubwiye ko aramutse amushyigikiye bazamukubita ifuni. Ngo yavuze ko muri iki gihugu abantu bicwa abandi bakanyerezwa.

Ikindi kandi ngo yavuze ko nta mazi Abanyarwanda bagira cyangwa amashanyarazi, ko hari n’aho yavuze ngo “abarokotse turababaye”, bigahuzwa no gukangurira abaturage kwanga leta.

Hari n’icyaha cyo gukoresha impapuro mpimbamo ubwo yashakaga imikono 600 ashaka kwiyamamariza kuba perezida. Ngo yahimbye inyandiko akagenda abasinyira, ashyiraho abantu batari mu gihugu n’abantu bapfuye.

Ngo yabeshyaga abaturage ko ari umukozi wa Komisiyo y’Amatora akabaka indangamuntu n’ikarita y’itora. Hari n’aho ngo yafataga SIM Card akazibaruza ku bantu batandukanye akaboneraho imyirondoro yabo.

Ngo hari naho yashukaga abaturage abizeza kubashyira ku rutonde rw’abatishoboye bazahabwa inkunga.

Uwamahoro Anne Rwigara

Nawe ni amajwi yagiye afata akohereza, aho yabwiye Diane ko inama yatanga ari ukuva mu gihugu kuko nta cyizere cy’ubukungu buri imbere, ko ‘system’ arimo ari iya ‘mafia’, ahubwo ko yajya kuba ahandi.

Ku cyaha cyo guteza imvururu, ngo yanditse muri WhatsApp ihuriyemo abantu bo mu muryango ko hari umuntu Leta yishe saa yine za mu gitondo kuko yavuganaga n’abayirwanya.

Umushinjacyaha yavuze ko kuba Adeline yaravuze ngo bitege akazaba bigaragaza umugambi we, kimwe no kuvuga ngo bitege Jenoside iri imbere aha bivuga ko hari umugambi mubisha akekwaho. Ibi byose ni amajwi yafashwe muri telefone zabo mu gihe cy’isaka.

Amajwi bagiye bohererezanya kuri WhatsApp mu bihe bitandukanye yumvikanishijwe mu rukiko.

-8370.jpg

Ubushinjacyaha bwashyize hanze uko abo kwa Rwigara bakoze ibyaha bashinjwa

2017-10-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tariki 30 Gicurasi 1994: Inkotanyi zafashe Umujyi wa Ruhango

Tariki 30 Gicurasi 1994: Inkotanyi zafashe Umujyi wa Ruhango

Ubwanditsi 30 May 2018
Iya 6 Gicurasi 1994: Akanama gashinzwe amahoro ku Isi kasabiye u Rwanda ibikorwa by’ubutabazi

Iya 6 Gicurasi 1994: Akanama gashinzwe amahoro ku Isi kasabiye u Rwanda ibikorwa by’ubutabazi

Ubwanditsi 06 May 2018
Gasana Janvier yakuwe ku buyobozi bwa REB

Gasana Janvier yakuwe ku buyobozi bwa REB

Ubwanditsi 15 Feb 2018
Inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwa FERWAFA n’abanyamuryango bo mu kiciro ya Kabiri yanzuye ko imikino ya 2020-2021 izakinwa hagati muri Nzeri

Inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwa FERWAFA n’abanyamuryango bo mu kiciro ya Kabiri yanzuye ko imikino ya 2020-2021 izakinwa hagati muri Nzeri

Ubwanditsi 20 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Incamake y’ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru
IMIKINO

Incamake y’ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru

Ubwanditsi 21 Mar 2016
Gen. Kale Kayihura yirukanye maneko nkuru zose z’i Kampala
Mu Mahanga

Gen. Kale Kayihura yirukanye maneko nkuru zose z’i Kampala

Ubwanditsi 16 Jan 2016
Akabaye icwende ntikoga : Ingabire Victoire yafatiwe mu cyuho ashakisha ingabo zo guhungabanya umutekano
INKURU NYAMUKURU

Akabaye icwende ntikoga : Ingabire Victoire yafatiwe mu cyuho ashakisha ingabo zo guhungabanya umutekano

Ubwanditsi 12 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru