• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Isomo Leta ya Tshisekedi ikuye mu nama ya FRANCOPHONIE nyuma yo gushaka kwitambika kongera gutorwa kwa Louise Mushikiwabo 

Isomo Leta ya Tshisekedi ikuye mu nama ya FRANCOPHONIE nyuma yo gushaka kwitambika kongera gutorwa kwa Louise Mushikiwabo 

Ubwanditsi 20 Nov 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Leta ya Tshisekedi imeze nka wa mwana murizi udakurwa urutozi. Mu nama mpuzamahanga zose iki gihugu cyitabira, ugihagarariye ashaka kwegeka ibibazo byose bafite ku Rwanda. Yaba inama yiga ku byorezo nka SIDA cyangwa Ebola, inama y’imiturire…ijambo ryose ry’intumwa yiki gihugu rivuga ko ibibazo byose by’umutekano muke n’imiyoborere muri iki gihugu biterwa n’u Rwanda. Iki cyemezo cyafashwe n’ubuyobozi bwa Congo kigamije guhisha uruhare rw’abayobozi  mu bibazo iki gihugu gihanganye nabyo.

Ubwo ku munsi w’ejo mu gihugu cya Tuniziya habaga inama ya 18 y’umuryango uhuza abakuru b’ibihugu naza Guverinoma bihuriye ku rurimi rw’igifaransa uzwi nka FRANCOPHONIE, Leta ya Congo yari ihagarariwe na Minisitiri w’Intebe wicyo gihugu Jean Michel Sama Lukonde yashatse kwitambika kongera gutorwa kw’Umunyamabanga Mukuru w’uwo muryango umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo.

Uyu muryango ugamije iterambere ry’ibihugu biwugize aho abahagarariye ibihugu byabo bagarukaga ku cyateza imbere uyu muryango, Minisitiri w’Intebe Lukonde we ijambo rye ryagarukaga kwegeka ibibazo byose igihugu gifite ku Rwanda. Mu gukomeza kuyobya uburari uyu Minisitiri w’Intebe yanze ngo kujya mu ifoto ihuza abahagarariye ibihugu byabo kuko Perezida Kagame yari yayitabiriye. 

Nubwo Congo Kinshasa aho inyuze hose igenda ivuga u Rwanda mu bibazo byayo, bayibutsa gushyira mu bikorwa amasezerano bagiranye n’umutwe wa M23 bahanganye ugizwe ahanini n’abanyekongo bavuga ururimi rw’ikinyarwanda. Ayo masezerano yabereye Nairobi agashimangirwa i Luanda avugako abagize umutwe wa M23 bahagaritse ibikorwa bya gisirikari ugahinduka umutwe wa politiki abahoze ari abarwanyi bagasubizwa mu buzima busanzwe abandi bagashyirwa mu ngabo za Leta ndetse n’ababyeyi babo baba mu nkambi z ‘impunzi mu Rwanda na Uganda bakaba bamaze imyaka isaga 26 basubira mu gihugu cyabo cy’amavukiro. 

Aho kugirango amasezerano ashyirwe mu bikorwa, Leta ya Congo yakomeje kwimakaza amagambo abiba urwango ku bakongomani bavuga ururimi rw’ikinyarwanda cyane cyane abo mu bwoko bw’abatutsi. Ibi byageze aho abavuga ururimi rw’ikinyarwanda bicwa abandi bagakorerwa iyicwarubozo harimo n’abari munzego z’umutekano bishwe n’abasiviri ingabo zireberera. 

Ntawe utabona icyo Leta ya Kongo igamije ko ari ugusunika amatora kuko Perezida Tshisekedi azi neza ko atazayatsinda. Kwamagana Louise Mushikiwabo agatorwa n’abasigaye bose ni isomo icyo gihugu cyakuramo ko gishakira ibibazo aho bitari.

Ibindi ni ukuyobya uburari. 

2022-11-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports yatsinze Gorilla FC ishimangira umwanya wa mbere – Ibyaranze umunsi wa 10 wa RPL

Rayon Sports yatsinze Gorilla FC ishimangira umwanya wa mbere – Ibyaranze umunsi wa 10 wa RPL

Ubwanditsi 24 Nov 2024
Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports yuzuza imikino irindwi idatsindwa inaboneraho gufata umwanya wa 1 wa shampiyona

Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports yuzuza imikino irindwi idatsindwa inaboneraho gufata umwanya wa 1 wa shampiyona

Ubwanditsi 12 Nov 2022
RD-Congo : Urupfu rwa Semahurungure wakoreraga Kayumba Nyamwasa rutumye Colonel wa FARDC atoroka

RD-Congo : Urupfu rwa Semahurungure wakoreraga Kayumba Nyamwasa rutumye Colonel wa FARDC atoroka

Ubwanditsi 09 Jan 2020
Umuhuzabikorwa wa Loni muri Centrafurika arashima RWAFPU-1 kubera gucunga neza umutekano mu birori by’ubwigenge bw’iki gihugu

Umuhuzabikorwa wa Loni muri Centrafurika arashima RWAFPU-1 kubera gucunga neza umutekano mu birori by’ubwigenge bw’iki gihugu

Ubwanditsi 16 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko rw’i Kampala muri Uganda rwategetse abasirikari b’icyo gihugu  guha amahoro umunyapolitiki Bobi Wine, bakava mu rugo rwe bari bamaze igihe bagose.
Amakuru

Urukiko rw’i Kampala muri Uganda rwategetse abasirikari b’icyo gihugu  guha amahoro umunyapolitiki Bobi Wine, bakava mu rugo rwe bari bamaze igihe bagose.

Ubwanditsi 25 Jan 2021
U-23 AFCON-Q: Amavubi yanyagiriwe i Kinshasa Ibitego byish
IMIKINO

U-23 AFCON-Q: Amavubi yanyagiriwe i Kinshasa Ibitego byish

Ubwanditsi 22 Nov 2018
Miss Rwanda 2016: Iburasirazuba abakobwa bose baje mu irushanwa  ni abanya  Kigali
IMIKINO

Miss Rwanda 2016: Iburasirazuba abakobwa bose baje mu irushanwa ni abanya Kigali

Ubwanditsi 18 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru