• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Isomo Leta ya Tshisekedi ikuye mu nama ya FRANCOPHONIE nyuma yo gushaka kwitambika kongera gutorwa kwa Louise Mushikiwabo 

Isomo Leta ya Tshisekedi ikuye mu nama ya FRANCOPHONIE nyuma yo gushaka kwitambika kongera gutorwa kwa Louise Mushikiwabo 

Ubwanditsi 20 Nov 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Leta ya Tshisekedi imeze nka wa mwana murizi udakurwa urutozi. Mu nama mpuzamahanga zose iki gihugu cyitabira, ugihagarariye ashaka kwegeka ibibazo byose bafite ku Rwanda. Yaba inama yiga ku byorezo nka SIDA cyangwa Ebola, inama y’imiturire…ijambo ryose ry’intumwa yiki gihugu rivuga ko ibibazo byose by’umutekano muke n’imiyoborere muri iki gihugu biterwa n’u Rwanda. Iki cyemezo cyafashwe n’ubuyobozi bwa Congo kigamije guhisha uruhare rw’abayobozi  mu bibazo iki gihugu gihanganye nabyo.

Ubwo ku munsi w’ejo mu gihugu cya Tuniziya habaga inama ya 18 y’umuryango uhuza abakuru b’ibihugu naza Guverinoma bihuriye ku rurimi rw’igifaransa uzwi nka FRANCOPHONIE, Leta ya Congo yari ihagarariwe na Minisitiri w’Intebe wicyo gihugu Jean Michel Sama Lukonde yashatse kwitambika kongera gutorwa kw’Umunyamabanga Mukuru w’uwo muryango umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo.

Uyu muryango ugamije iterambere ry’ibihugu biwugize aho abahagarariye ibihugu byabo bagarukaga ku cyateza imbere uyu muryango, Minisitiri w’Intebe Lukonde we ijambo rye ryagarukaga kwegeka ibibazo byose igihugu gifite ku Rwanda. Mu gukomeza kuyobya uburari uyu Minisitiri w’Intebe yanze ngo kujya mu ifoto ihuza abahagarariye ibihugu byabo kuko Perezida Kagame yari yayitabiriye. 

Nubwo Congo Kinshasa aho inyuze hose igenda ivuga u Rwanda mu bibazo byayo, bayibutsa gushyira mu bikorwa amasezerano bagiranye n’umutwe wa M23 bahanganye ugizwe ahanini n’abanyekongo bavuga ururimi rw’ikinyarwanda. Ayo masezerano yabereye Nairobi agashimangirwa i Luanda avugako abagize umutwe wa M23 bahagaritse ibikorwa bya gisirikari ugahinduka umutwe wa politiki abahoze ari abarwanyi bagasubizwa mu buzima busanzwe abandi bagashyirwa mu ngabo za Leta ndetse n’ababyeyi babo baba mu nkambi z ‘impunzi mu Rwanda na Uganda bakaba bamaze imyaka isaga 26 basubira mu gihugu cyabo cy’amavukiro. 

Aho kugirango amasezerano ashyirwe mu bikorwa, Leta ya Congo yakomeje kwimakaza amagambo abiba urwango ku bakongomani bavuga ururimi rw’ikinyarwanda cyane cyane abo mu bwoko bw’abatutsi. Ibi byageze aho abavuga ururimi rw’ikinyarwanda bicwa abandi bagakorerwa iyicwarubozo harimo n’abari munzego z’umutekano bishwe n’abasiviri ingabo zireberera. 

Ntawe utabona icyo Leta ya Kongo igamije ko ari ugusunika amatora kuko Perezida Tshisekedi azi neza ko atazayatsinda. Kwamagana Louise Mushikiwabo agatorwa n’abasigaye bose ni isomo icyo gihugu cyakuramo ko gishakira ibibazo aho bitari.

Ibindi ni ukuyobya uburari. 

2022-11-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kaguta Museveni ni nk’umutetsi umaze imyaka 34 mu gikoni ashiriza, ubu akaba aribwo yemeza ko agiye guteka neza mu zabukuru!!

Kaguta Museveni ni nk’umutetsi umaze imyaka 34 mu gikoni ashiriza, ubu akaba aribwo yemeza ko agiye guteka neza mu zabukuru!!

Ubwanditsi 24 Dec 2020
Knowless Butera yavuze kuri Album yise Inzora yitegura gushyira hanze yateguye atwitwe ubuheta.

Knowless Butera yavuze kuri Album yise Inzora yitegura gushyira hanze yateguye atwitwe ubuheta.

Ubwanditsi 12 Jun 2021
Gahunda ya Nk’uwikorera’ izunganira izindi mu kwita ku mitangire ya servisi

Gahunda ya Nk’uwikorera’ izunganira izindi mu kwita ku mitangire ya servisi

Ubwanditsi 22 Apr 2017
Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwanda Mukansanga Salima yashyizwe ku rutonde rw’abazasifura imikino Olempiki izabera mu Buyapani.

Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwanda Mukansanga Salima yashyizwe ku rutonde rw’abazasifura imikino Olempiki izabera mu Buyapani.

Ubwanditsi 21 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uhuru Kenyatta azarahira ku wa 28 uku kwezi
POLITIKI

Uhuru Kenyatta azarahira ku wa 28 uku kwezi

Ubwanditsi 20 Nov 2017
Hahishuwe akayabo kagenda buri munsi ku burinzi bw’umuryango wa Perezida Trump
ITOHOZA

Hahishuwe akayabo kagenda buri munsi ku burinzi bw’umuryango wa Perezida Trump

Ubwanditsi 22 Mar 2017
Rose wakinnye muri Titanic aratangazako agifitiye  urukundo rukomeye kuri  Jack
IMIKINO

Rose wakinnye muri Titanic aratangazako agifitiye urukundo rukomeye kuri Jack

Ubwanditsi 15 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru