• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibanga ryo gutora : Kwikiza cyangwa Gukiza Amatora

Ibanga ryo gutora : Kwikiza cyangwa Gukiza Amatora

Ubwanditsi 10 Jul 2017 Mu Rwanda

Mu kwezi kumwe gusa, mu gihugu cy’u Rwanda haraba habaye amatora y’umukuru w’igihugu cyangwa Perezida wa Repubulika.

Amateka y’u Rwanmda kuva kera atandukanye n’ayibindi bihugu byaba ibyo ku mugabane wa Afurika cyangwa ibihugu by’abazungu, bigaterwa n’impamvu imwe rukumbi y’abanyarwanda yitwa “Ibanga”. Iri banga ry’ikinyarwanda rikaba rishingiye ku miterere, umuco, imibereho n’imyumvire yabo nayo igendera ku mateka n’ibihe u Rwanda rwanyuzemo nayo rugezemo.

Iyo usesenguye neza ubaza abanyarwanda uti “Ibanga abanyarwanda bagendana ryayobeye abanyamahanga ni irihe?” uri umunyabwenge wakwibaza iryo banga iryo ariryo, uri umuswa nabwo wakwibaza igihe ryatangiriye. Ukuri ni uko riri muri kamere nyarwanda nkuko nabivuze haruguru.

Abami bari bafite ukuntu bimikwa, batoranywa nibyo bagomba kuba bujuje. Mu gihe cy’ubutegetsi bwa Repubulika n’amatora mu mateka haba muri za mirongo itandatu haba muri za mirongo irindwi hatorwa abadepite, ababurgumesitiri haba no mu bihe bya nyuma ya Genoside yakorewe abatutsi no kuza kw’Inkotanyi amatora arategurwa hakagira ibigomba kwitabwaho, kwitondera no gukorwa kandi ntabwo ariyo ateza ibibazo nubwo abantu baba bayiteze cyane aricyo kivugwa baba bikiza uwo muhango cyangwa icyo gikorwa bikaba mu mahoro no mu mutuzo bakirinda kubipfa.

Ahandi usanga abantu ubwoba bwabishe, baca igikuba ndetse hakaba n’Imirwano cyangwa intugunda cyangwa imanza, kuburana no kujurira cyangwa urwikekwe nko muri Amerika hagati ya Donald Trump na Hilary Clinton.

Iyo urebye mu bihugu bidukikije ukareba nka Kenya uwitwa Uhuru Kenyatta na Raila Odinga haba Uganda uwitwa Kaguta Museveni na Kiiza Besigye, haba Tanzania uwitwa Magufuri Pombe na Eduard Lowassa n’abandi usanga amatora ashyushya imitwe y’abantu ariko mu Rwanda ntabwo imitwe ishyuha ahubwo iryoshya ibiganiro n’inkera.

Mu gihe cy’ukwezi kumwe gusa maze kuganira n’amaradiyo atatu mpuzamahanga, nayo mu Rwanda ndetse n’abanyamakuru bigenga benshi bambaza bati “Malonga, byifashe bite?” ese ni ngombwa ko amatora aba? ko asa nayarangiye nubwo ataratangira? Kanaka wamuha angahe ku ijana? Ese wowe nawe urabona ko ari ukwanjwa, guta umwanya, kwiseka cyangwa arakoreshwa nande? Ninde umuri inyuma? Kuki atabireka? Ese ni iki kibyihishe inyuma? Hari n’abakubwira bati kanaka niwe uzayobora Akarere cyangwa uzaba mu mwanya uyu nuyu! Ati Turabizi!

Ese aya ya Perezida ninde utabona ko byarangiye? bati nawe reba umuryango w’ibihugu by’iburayi wavuze ko nta ndorerezi uzohereza ibintu bisa n’ibyikoze, umdi ati “Umuryango w’ibihugu bya Afurika wamaze kwemeza ko umwaka utaha Perezida Paul Kagame ariwe uzawuyobora” ati “ubwose ntiwumva ko amatora ari ukwikiza?” hari nuwambwiye ati na bariya bitwa ngo bujuje ibisabwa n’abatabyujuje iyo bashaka bose bari kubareka kuko ntacyo byari guhindura ku matora.

Ubushakashatsi nakoze mu bantu busubiza ibi bibazo n’ibindi gutya:
Icya mbere: Komisiyo y’amatora igomba gukora inshingano zayo no gukurikiza amategeko y’amatora bityo si ukwikiza ni ugukora akazi kabo.

Icya kabiri:
Amatora si ubucuruzi ngo wahombye aya naya ahubwo ni uburenganzira bwa muntu niyo wabona ijwi rimwe ntacyo uba uhombye ahubwo uba wagerageje no gupima uko uhagaze bikakwigisha ukiga iryo somo uba waharaniye.

Icya gatatu: Iyo umuntu yikiza indwara aba atayirwaye cyangwa ntayihari ariko iyo uyivuje irakira ntibayikiza. Abakurambere bati Hakizimana!

Icya kane: Amatora akorwa n’abantu bazi ubwenge, bazi icyo bagamije kandi iyo utabyumva urabaza kandi kuko ibanga iyo urimennye riba ritakiri ryo. Iyo batakubwiye baba bafite impamvu z’abanyamabanga kandi gutora ni ibanga.

Icya gatanu: Aka kagani k’umwana w’umutambyi gasome kakwigishe, ushishoze, usesengure uzansubize!

Nyiramuhari yivuruguse mu ishwagara ihinduka umweru izindi ziyibonye ziti reka tuyitore ibe umutware wacu kuko ntawe twagiraga usa kuriya. Zirayitora zikomeza urugendo zigeze ku mayezi zose zirwanira igufa na yayindi yatorewe kuba umutware. Iyarimo nkuru irareeeeba !!!!! irangije iti yewe Nyiramuhari ntiyaba umutware kuko ni kimwe n’izindi zose! Usibye ko no mu kinyarwanda bavuga ngo “Inzira ntibwira umugenzi!”

Mu kurangiza reka nshimire Perezida Paul KAGAME ku kazi keza n’urugendo yagiyemo muri Israeli nibyo yahavugiye naho iby’amatora buri wese nakore inshingano ze, atari ukwikiza ahubwo akiza amatora nk’inshingano n’uburenganzira bwe mu ibanga rye.

Jyewe uwo nzatora asanzwe ari intore yatojwe n’Uwiteka akarebera no kuri Israeli aho Mose cyangwa Musa yakuye Abanyayisraeli mu giputa akabageza mu gihugu cy’isezerano. Iryo ni ijambo ry’umwana w’umutambyi.

TORA INTORE YATOJWE KANDI UWITEKA AREBA AKAMWENYURA.

-7203.jpg

Prof. Pacifique Malonga Umushakashatsi n’umunyamakuruwigenga.

2017-07-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryafashe amakarito arenga 600 y’inzoga zidasorewe

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryafashe amakarito arenga 600 y’inzoga zidasorewe

Ubwanditsi 02 Mar 2017
Imiryango y’abishwe na FLN n’abo yakoreye ubundi bugome bakwiye kugirana umubonano na Antony Blinken

Imiryango y’abishwe na FLN n’abo yakoreye ubundi bugome bakwiye kugirana umubonano na Antony Blinken

Ubwanditsi 29 Jul 2022
Amateka ya Museveni, Besigye na Mbabazi bahanganiye umwanya w’umukuru w’igihugu muri Uganda

Amateka ya Museveni, Besigye na Mbabazi bahanganiye umwanya w’umukuru w’igihugu muri Uganda

Ubwanditsi 17 Feb 2016
Akanyamuneza , Amasengesho,  Gusabana no kwidagadura  mu gitaramo cya Noheri

Akanyamuneza , Amasengesho, Gusabana no kwidagadura mu gitaramo cya Noheri

Ubwanditsi 25 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Angola: Perezida Kagame Ategerejwe Mu Nama Y’akarere Iziga Kuri Congo Na Sudani Y’Epfo
ITOHOZA

Angola: Perezida Kagame Ategerejwe Mu Nama Y’akarere Iziga Kuri Congo Na Sudani Y’Epfo

Ubwanditsi 13 Aug 2018
Amarozi aravuza ubuhuha muri CNDD-FDD: Ndikuriyo mu bitaro by’indembe i Dubai azira kwifuza intebe ya Ndayishimiye
Amakuru

Amarozi aravuza ubuhuha muri CNDD-FDD: Ndikuriyo mu bitaro by’indembe i Dubai azira kwifuza intebe ya Ndayishimiye

Ubwanditsi 18 Feb 2025
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 09 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru