• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umuhanzi Bonhomme arimbanyije imyiteguro yo gutaramira abanyarwanda mu ijoro rishyira umunsi wo Kwibohora 26

Umuhanzi Bonhomme arimbanyije imyiteguro yo gutaramira abanyarwanda mu ijoro rishyira umunsi wo Kwibohora 26

Ubwanditsi 01 Jul 2020 Mu Rwanda, SHOWBIZ

Mu gihe u Rwanda rwizihiza isabukuru yo Kwibohora ku nshuro ya 26, umuhanzi Jean de Dieu Rwamihare uzwi nka Bonhomme mu ndirimbo zo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, Usanzwe utegura ibitaramo ngarukamwaka yise ‘Inkotanyi ni Ubuzima’, agamije gushimira  abasirikare b’Inkotanyi bagiye barokora Abatutsi bicwaga mu gihe cya Jenoside yakorerwaga Abatutsi 1994.

Ni igitaramo gisanzwe kibera Kigali Conference and Exhibition Village (Camp Kigali) buri Tariki ya 3 Nyakanga dore ko ubu kizaba kibaye ubwa 3 ariko kubera Ingamba zo kurwanya  no kwirinda Icyorezo cya Covid 19 giterwa na Coronavirus ntabwo kizabera aho gisanzwe kibera, iki gitaramo kizatambuka indorane (Live concert) kuri BTN TV saa mbiri kugeza saa sita (20h00-00h00) ni ibitaramo asanzwe akorera n’iburayi

Umwaka ushize Bonhomme yapfukamye imbere y’abamugariye ku rugamba mu rwego rwo guha agaciro Inkotanyi zahagaritse Jenoside

Mu kiganiro na Rushyashya News, Umuhanzi Bonhomme  yashishikarije abanyarwanda kuzitabira icyo gitaramo bakumva ubutumwa yabateguriye mu ndirimbo zishima inkotanyi nk’uko bisanzwe, yakomeje abaza abanyarwanda by’Umwihariko abarokotse Jenoside ati “Inkotanyi iyo zikererwaho amasaha abiri,byari kugenda bite?” Ni igitaramo azafashwamo n’abandi bahanzi batandukanye

Mu ndirimbo Bonhomme asanzwe aririmba harimo izakunzwe cyane ziririmbwa no mu bindi bikorwa bishima Inkotanyi nk’ Inkotanyi ni ubuzima, Ijambo rya mbere inkotanyi zakubwiye,Urugamba rwo guhagarika Jenoside,Ya mbunda y’Inkotanyi n’izindi nyinshi

Massamba Intore azaba yabukereye                          Cyusa n’Inkera nabo bazabanza mu ngamba

Ku musozo twababwira ko atari Bonhomme gusa wahagurukiye gukora ibitaramo bigamije guha agaciro no kwishimira isabukuru yo kwibohora bizanyura ku mbuga nkoranyambaga nka Youtube  cyangwa Televiziyo kuko mu ijoro rya Tariki ya 4 Nyakanga 2020 Umuhanzi usanzwe ataramira cyane kuri Hotel Grand Legacy  ariwe Cyusa Ibrahim n’itsinda rye Cyusa n’Inkera bazataramira kuri Youtube live (Cyusa Ibrahim) guhera saa 7PM-9PM

Umuhanzi Massamba Icyogere mu nkuba nawe wagiye umenyekana kandi umenyerewe mu ndirimbo zitandukanye cyane nka Jenga Taifa,Nyeganyega,Rwagihuta,Rwanda itajengwa n’izindi nyinshi yaririmbye akiri mu itorero Indahemuka n’ahandi,Binyijijwe mu gitaramo Iwacu Muzika (Susurukira mu rugo) bitegurwa na EAP, Massamba ari kumwe n’Itorero Urukerereza  na Pascal Hakuzweyezu bazataramira kuri Televiziyo y’Igihugu (RTV) Tariki ya 4 Nyakanga guhera saa 20H45 kuwa gatandatu.

2020-07-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abari abayobozi ba ADEPR gufungurwa uruhongohongo

Abari abayobozi ba ADEPR gufungurwa uruhongohongo

Ubwanditsi 22 Sep 2017
Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

Ubwanditsi 09 Mar 2023
Minisiteri y’abakozi yatanze konji y’umunsi mukuru wa Eid – El- Fitr

Minisiteri y’abakozi yatanze konji y’umunsi mukuru wa Eid – El- Fitr

Ubwanditsi 15 Jun 2018
Ubusambanyi bukabije bwa Juvenal Habyarimana bwamwambuye ijambo muri baramu be

Ubusambanyi bukabije bwa Juvenal Habyarimana bwamwambuye ijambo muri baramu be

RUSHYASHYA 16 Feb 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha burakomeje mu mashuri
Mu Mahanga

Ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha burakomeje mu mashuri

Ubwanditsi 04 Mar 2016
Burundi :  Abandi  basirikare 11 bakomeye  bongeye  gutoroka
Mu Rwanda

Burundi : Abandi basirikare 11 bakomeye bongeye gutoroka

Ubwanditsi 20 Aug 2016
Burundi : Imbonerakure N’Interahamwe Nyinshi Zambaye Gisilikare Zashyizwe Ku Mipaka Y’u Burundi N’u Rwanda
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Burundi : Imbonerakure N’Interahamwe Nyinshi Zambaye Gisilikare Zashyizwe Ku Mipaka Y’u Burundi N’u Rwanda

Ubwanditsi 16 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru