• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibintu 9 Kiliziya Gatorika yasabye Leta y’u Rwanda

Ibintu 9 Kiliziya Gatorika yasabye Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 05 Feb 2018 Mu Rwanda

Hari ibyo Kiliziya mu Rwanda yasabye Leta itari yarigeze isaba : gushyingura ababo muri uyu mwaka w’ubwiyunge

Kuri iki cyumweru tariki ya 4 Gashyantare 2018, hirya no hino mu Rwanda hiriwe humvikana ubutumwa Abepiskopi gatolika bageneye abakristu.

Nk’uko tubikesha ibaruwa banditse cyane cyane mu gika cya 27, bigaragara ko Kiliziya gatolika isaba Leta ibintu byinshi bihambaye kugira ngo bwa bwiyunge bushoboke. Ese Leta izabasha kubishyira mu bikorwa? Tubitege amaso. Ntibizabe nka ya mabati!

Ni mu rwego rw’umwaka udasanzwe binjiyemo w’ubwiyunge. Abepiskopi bahamya ko Ubwiyunge ari inzira ndende isaba igihe, ubushishozi n’ubusabaniramana. Mu rwego rwo kubaka ubwiyunge nyabyo, hakenewe ukuri, imyumvire mishya.

Hakenewe umuntu udaheranwa n’amateka ye bwite bituma ananirwa kumva akababaro k’abandi. Ikindi cy’ingenzi gikenewe, muri urwo rugendo rw’ubwiyunge,ni ukuyoborwa n’Ijambo ry’Imana ndetse n’inyigisho za Kiliziya zikihariraumwanya w’ibanze mu kwerekana igikwiye gukorwa.

Ibinyu 9 kiliziya Gatolika yasabye  Leta y’U RWANDA

1) Kiliziya yasabye Ubuyobozi bw’Igihugu gukomeza gushyigikira inzira y’ubwiyunge bwimakaza ukuri, ubutabera n’amahoro mu Banyarwanda. Umuntu yakwibaza niba ukuri kose kuvugwa. Yashaka kumenya kandi igipimo cy’ubutabera aho kigeze. Yakwibaza niba amahoro asagambye, mu ngo niba bimeze neza, niba ntagatanya mu bashakanye ikiharangwa.

2) Kiliziya yasabye Leta gukomeza gufasha abanyarwanda gukura mu myumvire ihamye ituma bashobora kwitaza imigirire y’uwo ari we wese washaka kubagira igikoresho cy’inabi.

3) Kiliziya yasabye Leta ko ikwiye gushyiraho uburyo bwafasha abantu bafite ibikomere n’agahinda baterwa n’uko batarashobora gushyingura ababo.

4) Kiliziya yasabye Leta gukomera ku butabera buboneye

5) Kiliziya yasabye Leta kurwanya ruswa aho iri hose

6) Kiliziya yasabye Leta kubahiriza no gushimangira uburenganzira bw’ikiremwamuntu

7) Kiliziya yasabye Leta kurengera abatishoboye

8) Kiliziya yasabye Leta kubaha ubuzima n’agaciro ka muntu

9) Kiliziya yasabye Leta gukomera ku burezi buteza imbere indangagaciro z’ubumuntu n’iyobokamana

Umwaka w’ubwiyunge, uri mu cyiciro cy’urugendo rw’imyaka itatu, nk’uko Abepiskopi babyanzuye mu nama yabo isanzwe yateranye ku wa 4 Ukuboza 2015 aho biyemeje gukora urugendo nyobokamana.

Bagize bati “Twiyemeje gukora urugendo nyobokamana ruzamara imyaka itatu : dusenga, twivugurura, twiyunga n’Imana n’abavandimwe bacu“. Muri uyu mwaka w’ubwiyunge, Kiliziya gatolika mu Rwanda yiyemeje gukomeza ibikorwa bitandukanye bijyanye no gufasha abantu gukira ibikomere basigiwe n’amateka mabi yagejeje Abanyarwanda kuri Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994 n’ingaruka zayo.

Bimwe muri ibyo bikorwa biteganyijwe, harimo ibigamije kubafasha kugera ku myumvire nyayo y’amateka yacu no kugerageza kuyakirana ukwemera kwa gikristu, gukomeza gutega amatwi ababikeneye, gushyiraho amatsinda yo kuvurana ibikomere, aho abantu baganirira kugira ngo umuntu yumve ububabare bwa mugenzi we, kongera gusubukura no kwifashisha imyanzuro yavuye muri Sinode idasanzwe ku kibazo cy’irondakoko mu Rwanda hagamijwe kubakira ku kuri n’urukundo.

Ikindi kizakorwa ni ukuzirikana amagambo y’isengesho rya Fransisko wa Asizi (rizajya riterwa n’umusaserdoti mbere y’umugisha usoza missa ku mibyizi no ku cyumweru n’igihe bishoboka cyose nyuma y’andi masengesho ya buri munsi).

Nkundiye Eric Bertrand

2018-02-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Nyuma yo kwerekana abatoza bashya ku ikipe ya Rayon Sports, bahise banatangiza imyitozo harimo n’abakinnyi bashya usibye Pierrot

Amafoto – Nyuma yo kwerekana abatoza bashya ku ikipe ya Rayon Sports, bahise banatangiza imyitozo harimo n’abakinnyi bashya usibye Pierrot

Ubwanditsi 03 Feb 2022
Muhanga: Umuzamu yiciwe ku kabari yarindaga

Muhanga: Umuzamu yiciwe ku kabari yarindaga

Ubwanditsi 15 Dec 2017
Ibyo u Bwongereza busaba u Rwanda kugirango bwohereze abakekwaho uruhare muri Jenoside

Ibyo u Bwongereza busaba u Rwanda kugirango bwohereze abakekwaho uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 09 Aug 2017
U Rwanda rwanze kugira icyo ruvugana n’abadepite baturutse muri Israel

U Rwanda rwanze kugira icyo ruvugana n’abadepite baturutse muri Israel

Ubwanditsi 11 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iki noneho si ikinyoma, ni ikinamico. Nyuma y’iminsi isaga 300 ageze mu Rwanda, abo kwa Rusesabagina badukanye amatakirangoyi ko ngo yakorewe iyicarubozo!
Amakuru

Iki noneho si ikinyoma, ni ikinamico. Nyuma y’iminsi isaga 300 ageze mu Rwanda, abo kwa Rusesabagina badukanye amatakirangoyi ko ngo yakorewe iyicarubozo!

Ubwanditsi 31 May 2021
Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima
Amakuru

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Ubwanditsi 18 Aug 2021
Icyo Rudasingwa yapfuye na Nyamwasa cyamenyekanye
ITOHOZA

Icyo Rudasingwa yapfuye na Nyamwasa cyamenyekanye

Ubwanditsi 11 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru