• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Paul Kagame na Minisitiri wa siporo Munyangaju Aurore Mimosa bakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzwemo na Guinée mu irushanwa rya Afrobasketball wataze itike ya 1/4

Perezida Paul Kagame na Minisitiri wa siporo Munyangaju Aurore Mimosa bakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzwemo na Guinée mu irushanwa rya Afrobasketball wataze itike ya 1/4

Ubwanditsi 31 Aug 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ubwo hakinwaga umukino wagombaga gutanga itike ya 1/4 cy’irangiza mu irushanwa Nyafurika mu mukino w’intoki wa Basketball mu bagabo, u Rwanda rwatsinzwe na Guinée amanota 72 kuri 68, ni umukino wakurikiwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ari kumwe na Minisitiri wa Siporo Madame Munyangaju Aurore Mimosa.

Muri uyu mukino, ikipe y’igihugu y’u Rwanda niyo yatangiye neza kuko agace ka mbere karangiye u Rwanda ruyoboye n’amanota 15 kuri 13 ya Guinée, ni mugihe agace ka kabiri ikipe ya Guinée yagatwaye ku manota 18 kuri 14 y’u Rwanda.

Bavuye ku ruhuka, ikipe y’u Rwanda niyo yitwaye neza kuko yakozemo amanota 24 kuri 13 ya Guinée, aha byashobokaga ko ikipe ihagarariye u Rwanda yarimo yitwara neza ndetse igana kwegera intsinzi yo ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere, gusa ntabwo byagenze neza kuko mu gace ka nyuma u Rwanda rwagatakaje ku manota 28 kuri 14 bityo uyu mukino mu kuwutakaza bituma u Rwana rutabona amahirwe yo gukomeza muri 1/4.

Binyuze kuri Instagram ya Perezida Paul Kagame batangaje ko yakurikiye uyu mukino wabaye mu masaha y’ijoro ya Saa mbili z’umugoroba, bagize bati “Uyu mugoroba kuri Kigali Arena, Perezida Kagame yitabiriye umukino uhuza u Rwanda na Guinea mu marushanwa ya #AfroBasket.”

Mu ifoto bashyizeho Perezida Paul Kagame yagaragaye ari kumwe na Minisitiri wa Siporo Madame Munyangaju Aurore Mimosa.

Usibye uyu mukino u Rwanda rwatakaje wo gushaka itike yo kujya muri 1/4 cy’irangiza mu irushanwa rya Afrobasket, kuri uyu wa mbere kandi ikipe ya Angola yo yatsinze ikipe ya Misiri amanota 70 kuri 62.

Mu yindi mikino itegerejwe yo gushaka itike yo gukina imikino ya 1/4, ikipe ya Nigeria irakina n’ikipe ya Uganda ku isaha ya saa Cyenda zuzuye muri Kigali Arena, uyu mukino urakurikirwa n’uwa Sudani y’Epfo ikina na Kenya ku isaha ya Saa kumi n’ebyiri.

Kugeza ubu mu irushanwa rya Afrobasket ririmo gukinwa ku ncuro yayo ya 30, amakipe amaze kugera muri 1/4 ni Cote d’Ivoire, Senegal, Cape Verde ,Tunisia, Angola ndetse na Guinee.

Irushanwa rya Afrobasket riri gukinirwa mu Rwanda guhera ku itariki ya 24 Kanama 2021, biteganyijwe ko rizasozwa kuri iki cyumweru tariki ya 5 Nzeri 2021.

2021-08-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

‘ Afurika yabanye n’u Rwanda mu gihe twari tubakeneye’- Kagame

‘ Afurika yabanye n’u Rwanda mu gihe twari tubakeneye’- Kagame

Ubwanditsi 17 Aug 2017
CHAN2016:Mali izahura kumukino wanyuma na RDC Congo

CHAN2016:Mali izahura kumukino wanyuma na RDC Congo

Ubwanditsi 06 Feb 2016
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yitabiriye ibirori byo gutangiza Igikombe cya Afurika cy’Abatarengeje imyaka 16 muri Basketball

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yitabiriye ibirori byo gutangiza Igikombe cya Afurika cy’Abatarengeje imyaka 16 muri Basketball

Ubwanditsi 03 Sep 2025
Perezida Kagame  yagize icyo avuga kuri Demokarasi muri Afrika

Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri Demokarasi muri Afrika

Ubwanditsi 28 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayumba Nyamwasa Yivuyemo nk’inopfu, ahishura ko Abanyarwanda batazi icyo ikiryabarezi cye RNC giharanira.
Amakuru

Kayumba Nyamwasa Yivuyemo nk’inopfu, ahishura ko Abanyarwanda batazi icyo ikiryabarezi cye RNC giharanira.

Ubwanditsi 26 Dec 2021
USA:Uguterana amagambo gukomeye hagati yaTrump na Clinton
POLITIKI

USA:Uguterana amagambo gukomeye hagati yaTrump na Clinton

Ubwanditsi 27 Sep 2016
Urukiko rwatesheje agaciro ikirego Umuryango wa Rwigara uregamo RRA
INKURU NYAMUKURU

Urukiko rwatesheje agaciro ikirego Umuryango wa Rwigara uregamo RRA

Ubwanditsi 06 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru