• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Paul Kagame na Minisitiri wa siporo Munyangaju Aurore Mimosa bakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzwemo na Guinée mu irushanwa rya Afrobasketball wataze itike ya 1/4

Perezida Paul Kagame na Minisitiri wa siporo Munyangaju Aurore Mimosa bakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzwemo na Guinée mu irushanwa rya Afrobasketball wataze itike ya 1/4

Ubwanditsi 31 Aug 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ubwo hakinwaga umukino wagombaga gutanga itike ya 1/4 cy’irangiza mu irushanwa Nyafurika mu mukino w’intoki wa Basketball mu bagabo, u Rwanda rwatsinzwe na Guinée amanota 72 kuri 68, ni umukino wakurikiwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ari kumwe na Minisitiri wa Siporo Madame Munyangaju Aurore Mimosa.

Muri uyu mukino, ikipe y’igihugu y’u Rwanda niyo yatangiye neza kuko agace ka mbere karangiye u Rwanda ruyoboye n’amanota 15 kuri 13 ya Guinée, ni mugihe agace ka kabiri ikipe ya Guinée yagatwaye ku manota 18 kuri 14 y’u Rwanda.

Bavuye ku ruhuka, ikipe y’u Rwanda niyo yitwaye neza kuko yakozemo amanota 24 kuri 13 ya Guinée, aha byashobokaga ko ikipe ihagarariye u Rwanda yarimo yitwara neza ndetse igana kwegera intsinzi yo ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere, gusa ntabwo byagenze neza kuko mu gace ka nyuma u Rwanda rwagatakaje ku manota 28 kuri 14 bityo uyu mukino mu kuwutakaza bituma u Rwana rutabona amahirwe yo gukomeza muri 1/4.

Binyuze kuri Instagram ya Perezida Paul Kagame batangaje ko yakurikiye uyu mukino wabaye mu masaha y’ijoro ya Saa mbili z’umugoroba, bagize bati “Uyu mugoroba kuri Kigali Arena, Perezida Kagame yitabiriye umukino uhuza u Rwanda na Guinea mu marushanwa ya #AfroBasket.”

Mu ifoto bashyizeho Perezida Paul Kagame yagaragaye ari kumwe na Minisitiri wa Siporo Madame Munyangaju Aurore Mimosa.

Usibye uyu mukino u Rwanda rwatakaje wo gushaka itike yo kujya muri 1/4 cy’irangiza mu irushanwa rya Afrobasket, kuri uyu wa mbere kandi ikipe ya Angola yo yatsinze ikipe ya Misiri amanota 70 kuri 62.

Mu yindi mikino itegerejwe yo gushaka itike yo gukina imikino ya 1/4, ikipe ya Nigeria irakina n’ikipe ya Uganda ku isaha ya saa Cyenda zuzuye muri Kigali Arena, uyu mukino urakurikirwa n’uwa Sudani y’Epfo ikina na Kenya ku isaha ya Saa kumi n’ebyiri.

Kugeza ubu mu irushanwa rya Afrobasket ririmo gukinwa ku ncuro yayo ya 30, amakipe amaze kugera muri 1/4 ni Cote d’Ivoire, Senegal, Cape Verde ,Tunisia, Angola ndetse na Guinee.

Irushanwa rya Afrobasket riri gukinirwa mu Rwanda guhera ku itariki ya 24 Kanama 2021, biteganyijwe ko rizasozwa kuri iki cyumweru tariki ya 5 Nzeri 2021.

2021-08-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC yatsinze Mukura 2-0 ikomeza gushyiramo ikinyuranyo ku makipe ayikurikiye arimo Rayon Sports

APR FC yatsinze Mukura 2-0 ikomeza gushyiramo ikinyuranyo ku makipe ayikurikiye arimo Rayon Sports

Ubwanditsi 26 Feb 2024
U Rwanda nubwo nta kipe y’abagore izwi rugira gusa ruzitabira imikino ya CECAFA

U Rwanda nubwo nta kipe y’abagore izwi rugira gusa ruzitabira imikino ya CECAFA

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Ni iki Prof. Gambari washimwe na Perezida Kagame yakoze mu gihe Jenoside yakorerwaga Abatutsi yabaga?

Ni iki Prof. Gambari washimwe na Perezida Kagame yakoze mu gihe Jenoside yakorerwaga Abatutsi yabaga?

Ubwanditsi 07 Apr 2024
Ruhango: Umuryango Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge watanze Noheli ku barokotse Genocide yakorewe Abatutsi batishoboye

Ruhango: Umuryango Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge watanze Noheli ku barokotse Genocide yakorewe Abatutsi batishoboye

Ubwanditsi 23 Dec 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umurundi yasimbuye Sezibera ku bunyamabanga bwa EAC
Mu Rwanda

Umurundi yasimbuye Sezibera ku bunyamabanga bwa EAC

Ubwanditsi 06 Mar 2016
Uganda: Babiri Bashinjwa Gukorana Na RNC/Kayumba Baba Batawe Muri Yombi
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Babiri Bashinjwa Gukorana Na RNC/Kayumba Baba Batawe Muri Yombi

Ubwanditsi 08 Aug 2018
Huye: Umwalimu wa Kaminuza yitabye Imana aguye mu cyobo cy’umusarane
Mu Rwanda

Huye: Umwalimu wa Kaminuza yitabye Imana aguye mu cyobo cy’umusarane

Ubwanditsi 02 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru