• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mushimiyimana, umugore wiyubakiye imiturirwa irimo n’ufite amagorofa arindwi, aravuga imyato ubuyobozi bwiza

Mushimiyimana, umugore wiyubakiye imiturirwa irimo n’ufite amagorofa arindwi, aravuga imyato ubuyobozi bwiza

Ubwanditsi 08 Mar 2018 Mu Rwanda

Mushyimiyimana Eugenie ni rwiyemezamirimo w’umugore ufite imiturirwa itatu ikorerwamo ubucuruzi mu mujyi wa Kigali, irimo M&M Plaza y’amagorofa arindwi iherereye ku Gishushu.

Uyu mugore usanzwe ari Umuyobozi wa kabiri wungirije w’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda, yaganiriye na The New Times inakorera muri imwe mu nyubako ze, maze agaruka kuri byinshi byaranze ubuzima bwe kugeza abaye rwiyemezamirimo uri kuri uru rwego.

Mushimiyimana wicisha bugufi ndetse bikanagaragarira buri wese umubonye cyangwa akagera aho akorera mu igorofa ryo hasi rya M&M Plaza, yavuze ko ibyo yagezeho bitamugwiririye, ahubwo yahereye hasi abifashijwemo na nyina umubyara.

Uyu mugore wavukiye mu Karere ka Ruhango mu ntara y’Amajyepfo, yagize amahirwe yo kurererwa mu muryango wamufashije kuba uwo ariwe uyu munsi. Akibyiruka yahoraga iruhande rwa nyina amufasha mu bucuruzi bwe, kumubona akora cyane bikaba ari byo byatumye agira igitekerezo cyo kwikorera.

Agitangira yahereye mu bucuruzi bw’ibiribwa birimo amamesa, ibishyimbo, ifu n’ibindi. Ibikorwa bye yabikoreraga mu Rwanda no hanze; uko imyaka yagiye ishira ndetse n’isoko rigahinduka, yafashe umwanzuro wo kwinjira mu byo yabonaga ko byarushaho kumuzanira inyungu, atangira gucuruza peteroli n’isima.

Mu gihe kigera ku myaka 20, ubucuruzi bwe bugenda neza, yatangiye kwibaza ibibazo byinshi byerekeranye n’ejo hazaza, uko bizamera nasaza, uko mama we azabaho mu zabukuru, aha akaba ariho yafatiye umwanzuro wo kwinjira mu bijyanye n’inyubako zigezweho.

Ati “ Nakomeje gutekereza ku guhanga udushya, igishobora kwinjiza amafaranga menshi, ariko nanone mu bitekerezo byanjye harimo ejo hazaza. Izabukuru, cya gihe uba udashobora kujya hirya no hino mu bihugu bitandukanye, uko niko nagize igitekerezo cyo gutangira kubaka imiturirwa.”

Yakomeje avuga ko gahunda za leta ziri mu byamufashije gufata umwanzuro, cyane cyane igihe Perezida Paul Kagame yahamagariraga abantu gushora imari mu bwubatsi bw’inzu, kuko abantu benshi bakoreraga mu nyubako zigenewe guturwamo.

Ibanga ryatumye agera ku ntsinzi

Mushimiyimana yatangaje ko kugira gahunda no gukoresha neza buri mafaranga yose yinjizaga ari byo byabaye umusingi, aho yakoresheje ayo yabashaga kwizigama ariko nanone yitabaza inguzanyo za banki.

Ati “ Urabizi akenshi iyo bigeze mu bushabitsi imbogamizi iruta izindi ni igishoro ariko njye natangiranye n’umuntu wari usanzwe mu bushabitsi. Amafaranga yose twari dufite twagerageje kuyakoresha neza ariko twegera banki ziduha inguzanyo.”

Yakomeje agira ati “ Iyo uri gushora imari, ugomba gukora ubushakashatsi, ugashaka amakuru ahagije ndetse ukanigira kuri ba bandi bakubanjirije mu bikorwa runaka. Ibi byaramfashije cyane.”

Mushimiyimana yatangaje ko kugira gahunda no gukoresha neza buri mafaranga yose yinjizaga ari byo byabaye umusingi w’iterambere rye

Abajijwe niba kuba ari umugore bitaratumye ahura n’amananiza mu kwaka inguzanyo, Mushimiyimana yahise yibuka ubwo yajyaga kuyaka ariko banki ikabanza kugira akangononwa.

Yakomeje avuga ko ibi ahanini byatewe n’abakozi ba banki batari basobanukiwe neza umushinga we ariko ntibimuce intege ahubwo agahitamo gukomeza kubashyiraho igitutu kugeza ahawe amafaranga yari akeneye.

Asanga abagore bakeneye guhinduka, bagahaguruka ndetse bakigirira icyizere kuko na bo hari icyo bashobora kugeraho.

Ati “ Sintekereza ko kubona inguzanyo ari ikibazo cyihariye ku bagore gusa kuko n’abagabo nabo bahura na cyo. Ikibazo gihari ni uko abagore badakoresha neza amahirwe baba bashyiriweho na leta.”

Yavuze ko nk’abagize aho bagera bari gukora cyane kugira ngo barebe ko abagore bagenzi babo nabo babona umwanya mu bucuruzi, binyuze mu kubaha amahugurwa no kubayobora mu rugendo rwabo rwo kwikorera.

Yanagiriye inama abifuza kugera ikirenge mu cye, abasaba kwisunga abandi ndetse bakarushaho gukunda ibyo bakora.

Ati “Bamwe bakora ubucuruzi kubera ko babonye abandi babwungukiramo, ibi ariko sibyo. Ikindi kandi buri wese mbere yo gutangira gukora, abanza kwiga isoko, gutegura umushinga. Icyo ukora cyangwa icyo wifuza gukora, ese abantu baragikeneye? Reba icyo guverinoma igusaba. Ibi byose ni ingenzi niba wifuza ishoramari rizagera kure.”

“Ikindi kintu ntekereza ko cyamfashije cyane ni uko iteka nyurwa n’uwo ndiwe ndetse n’ibyo ntunze. Ibi byamfashije kuba uwo ndiwe aho kuba undi muntu.”
Mushimiyimana ufite icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu bucuruzi yakuye muri Kaminuza ya Kigali,ULK, kuri ubu ari gukurikira amasomo y’icyiciro cya gatatu.

Yabashije kurera abana be batatu ari wenyine kuko umugabo we yitabye Imana nyuma y’imyaka mike bashyingiranwe. Abantu batamuzi ngo birabatungura iyo bamenye ko umugore ashobora gutunga imiturirwa nk’iyo afite.

Ati “Yego abantu baracyafite imyumvire yiganjemo ibitekerano (stereotypes) ariko ibi mpangana nabyo kuko nemera ko ubwo Imana yaturemaga, itigeze igabanya urwego rw’imitekerereze cyangwa ubushobozi bwacu nk’abagore. N’uko gusa abagabo n’abagore bateye bitandukanye, ariko baruzuzanya.”

M&M Plaza, umwe mu miturirwa ya Mushimiyimana Eugenie

 


2018-03-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amerika ihangayikishijwe n’uko ibintu bihagaze muri DRC

Amerika ihangayikishijwe n’uko ibintu bihagaze muri DRC

Ubwanditsi 31 Mar 2017
[AMAFOTO]: Abayobozi ba Polisi z’u Rwanda na Tanzaniya mu biganiro byo gukomeza ubufatanye ndengamipaka

[AMAFOTO]: Abayobozi ba Polisi z’u Rwanda na Tanzaniya mu biganiro byo gukomeza ubufatanye ndengamipaka

Ubwanditsi 08 Aug 2017
Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul

Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul

RUSHYASHYA 08 Nov 2025
ABAYOBOZI B’IGISIRIKARE CYA AMERIKA BACYEJE URUHARE RW’INGABO Z’U RWANDA MURI SUDANI Y’EPFO.

ABAYOBOZI B’IGISIRIKARE CYA AMERIKA BACYEJE URUHARE RW’INGABO Z’U RWANDA MURI SUDANI Y’EPFO.

Ubwanditsi 12 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Haruna Niyonzima na Salomon Nirisarike babimburiye abandi bakina hanze kugera mu mwiherero w’ikipe y’igihugu
Amakuru

Haruna Niyonzima na Salomon Nirisarike babimburiye abandi bakina hanze kugera mu mwiherero w’ikipe y’igihugu

Ubwanditsi 16 Mar 2021
Esther Rubera inkumi yamaze kwinjira muri ‘Management’ z’abahanzi bo mu Rwanda
SHOWBIZ

Esther Rubera inkumi yamaze kwinjira muri ‘Management’ z’abahanzi bo mu Rwanda

Ubwanditsi 07 Mar 2018
Azam Rwanda Primier  League irakomeza kuri uyu wa kabiri
IMIKINO

Azam Rwanda Primier League irakomeza kuri uyu wa kabiri

Ubwanditsi 16 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru