• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mushimiyimana, umugore wiyubakiye imiturirwa irimo n’ufite amagorofa arindwi, aravuga imyato ubuyobozi bwiza

Mushimiyimana, umugore wiyubakiye imiturirwa irimo n’ufite amagorofa arindwi, aravuga imyato ubuyobozi bwiza

Ubwanditsi 08 Mar 2018 Mu Rwanda

Mushyimiyimana Eugenie ni rwiyemezamirimo w’umugore ufite imiturirwa itatu ikorerwamo ubucuruzi mu mujyi wa Kigali, irimo M&M Plaza y’amagorofa arindwi iherereye ku Gishushu.

Uyu mugore usanzwe ari Umuyobozi wa kabiri wungirije w’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda, yaganiriye na The New Times inakorera muri imwe mu nyubako ze, maze agaruka kuri byinshi byaranze ubuzima bwe kugeza abaye rwiyemezamirimo uri kuri uru rwego.

Mushimiyimana wicisha bugufi ndetse bikanagaragarira buri wese umubonye cyangwa akagera aho akorera mu igorofa ryo hasi rya M&M Plaza, yavuze ko ibyo yagezeho bitamugwiririye, ahubwo yahereye hasi abifashijwemo na nyina umubyara.

Uyu mugore wavukiye mu Karere ka Ruhango mu ntara y’Amajyepfo, yagize amahirwe yo kurererwa mu muryango wamufashije kuba uwo ariwe uyu munsi. Akibyiruka yahoraga iruhande rwa nyina amufasha mu bucuruzi bwe, kumubona akora cyane bikaba ari byo byatumye agira igitekerezo cyo kwikorera.

Agitangira yahereye mu bucuruzi bw’ibiribwa birimo amamesa, ibishyimbo, ifu n’ibindi. Ibikorwa bye yabikoreraga mu Rwanda no hanze; uko imyaka yagiye ishira ndetse n’isoko rigahinduka, yafashe umwanzuro wo kwinjira mu byo yabonaga ko byarushaho kumuzanira inyungu, atangira gucuruza peteroli n’isima.

Mu gihe kigera ku myaka 20, ubucuruzi bwe bugenda neza, yatangiye kwibaza ibibazo byinshi byerekeranye n’ejo hazaza, uko bizamera nasaza, uko mama we azabaho mu zabukuru, aha akaba ariho yafatiye umwanzuro wo kwinjira mu bijyanye n’inyubako zigezweho.

Ati “ Nakomeje gutekereza ku guhanga udushya, igishobora kwinjiza amafaranga menshi, ariko nanone mu bitekerezo byanjye harimo ejo hazaza. Izabukuru, cya gihe uba udashobora kujya hirya no hino mu bihugu bitandukanye, uko niko nagize igitekerezo cyo gutangira kubaka imiturirwa.”

Yakomeje avuga ko gahunda za leta ziri mu byamufashije gufata umwanzuro, cyane cyane igihe Perezida Paul Kagame yahamagariraga abantu gushora imari mu bwubatsi bw’inzu, kuko abantu benshi bakoreraga mu nyubako zigenewe guturwamo.

Ibanga ryatumye agera ku ntsinzi

Mushimiyimana yatangaje ko kugira gahunda no gukoresha neza buri mafaranga yose yinjizaga ari byo byabaye umusingi, aho yakoresheje ayo yabashaga kwizigama ariko nanone yitabaza inguzanyo za banki.

Ati “ Urabizi akenshi iyo bigeze mu bushabitsi imbogamizi iruta izindi ni igishoro ariko njye natangiranye n’umuntu wari usanzwe mu bushabitsi. Amafaranga yose twari dufite twagerageje kuyakoresha neza ariko twegera banki ziduha inguzanyo.”

Yakomeje agira ati “ Iyo uri gushora imari, ugomba gukora ubushakashatsi, ugashaka amakuru ahagije ndetse ukanigira kuri ba bandi bakubanjirije mu bikorwa runaka. Ibi byaramfashije cyane.”

Mushimiyimana yatangaje ko kugira gahunda no gukoresha neza buri mafaranga yose yinjizaga ari byo byabaye umusingi w’iterambere rye

Abajijwe niba kuba ari umugore bitaratumye ahura n’amananiza mu kwaka inguzanyo, Mushimiyimana yahise yibuka ubwo yajyaga kuyaka ariko banki ikabanza kugira akangononwa.

Yakomeje avuga ko ibi ahanini byatewe n’abakozi ba banki batari basobanukiwe neza umushinga we ariko ntibimuce intege ahubwo agahitamo gukomeza kubashyiraho igitutu kugeza ahawe amafaranga yari akeneye.

Asanga abagore bakeneye guhinduka, bagahaguruka ndetse bakigirira icyizere kuko na bo hari icyo bashobora kugeraho.

Ati “ Sintekereza ko kubona inguzanyo ari ikibazo cyihariye ku bagore gusa kuko n’abagabo nabo bahura na cyo. Ikibazo gihari ni uko abagore badakoresha neza amahirwe baba bashyiriweho na leta.”

Yavuze ko nk’abagize aho bagera bari gukora cyane kugira ngo barebe ko abagore bagenzi babo nabo babona umwanya mu bucuruzi, binyuze mu kubaha amahugurwa no kubayobora mu rugendo rwabo rwo kwikorera.

Yanagiriye inama abifuza kugera ikirenge mu cye, abasaba kwisunga abandi ndetse bakarushaho gukunda ibyo bakora.

Ati “Bamwe bakora ubucuruzi kubera ko babonye abandi babwungukiramo, ibi ariko sibyo. Ikindi kandi buri wese mbere yo gutangira gukora, abanza kwiga isoko, gutegura umushinga. Icyo ukora cyangwa icyo wifuza gukora, ese abantu baragikeneye? Reba icyo guverinoma igusaba. Ibi byose ni ingenzi niba wifuza ishoramari rizagera kure.”

“Ikindi kintu ntekereza ko cyamfashije cyane ni uko iteka nyurwa n’uwo ndiwe ndetse n’ibyo ntunze. Ibi byamfashije kuba uwo ndiwe aho kuba undi muntu.”
Mushimiyimana ufite icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu bucuruzi yakuye muri Kaminuza ya Kigali,ULK, kuri ubu ari gukurikira amasomo y’icyiciro cya gatatu.

Yabashije kurera abana be batatu ari wenyine kuko umugabo we yitabye Imana nyuma y’imyaka mike bashyingiranwe. Abantu batamuzi ngo birabatungura iyo bamenye ko umugore ashobora gutunga imiturirwa nk’iyo afite.

Ati “Yego abantu baracyafite imyumvire yiganjemo ibitekerano (stereotypes) ariko ibi mpangana nabyo kuko nemera ko ubwo Imana yaturemaga, itigeze igabanya urwego rw’imitekerereze cyangwa ubushobozi bwacu nk’abagore. N’uko gusa abagabo n’abagore bateye bitandukanye, ariko baruzuzanya.”

M&M Plaza, umwe mu miturirwa ya Mushimiyimana Eugenie

 


2018-03-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwiga ni urufunguzo rw’ubuzima – ishimwe rya Muvandimwe Jean Marie Vianney ukinira Police FC warangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu ishami ry’icungamari.

Kwiga ni urufunguzo rw’ubuzima – ishimwe rya Muvandimwe Jean Marie Vianney ukinira Police FC warangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu ishami ry’icungamari.

Ubwanditsi 08 May 2021
Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kipharma akubiyemo guhabwa imiti ndetse n’ibindi bikoresho.

Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kipharma akubiyemo guhabwa imiti ndetse n’ibindi bikoresho.

Ubwanditsi 04 May 2021
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Ubwanditsi 16 May 2024
Huye: Umwalimu wa Kaminuza yitabye Imana aguye mu cyobo cy’umusarane

Huye: Umwalimu wa Kaminuza yitabye Imana aguye mu cyobo cy’umusarane

Ubwanditsi 02 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA AHORUKOMEYE Victor RUSABA GUHINDURA IZINA
Mu Rwanda

INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA AHORUKOMEYE Victor RUSABA GUHINDURA IZINA

Ubwanditsi 04 Feb 2019
Manchester City yiyongereye amahirwe yo kugera ku mukino wa nyumwa wa UEFA Champions League nyuma yo gutsinda PSG
Amakuru

Manchester City yiyongereye amahirwe yo kugera ku mukino wa nyumwa wa UEFA Champions League nyuma yo gutsinda PSG

Ubwanditsi 29 Apr 2021
Abanyarwanda bayobowe na Muhitira Felicien uzwi nka Magare begukanye igice cya Marato ya Fort-de-France yakinwaga ku nshuro ya 37
Amakuru

Abanyarwanda bayobowe na Muhitira Felicien uzwi nka Magare begukanye igice cya Marato ya Fort-de-France yakinwaga ku nshuro ya 37

Ubwanditsi 27 Nov 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru