• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Polisi y’u Rwanda irashimangira ingamba zo kurwanya ruswa

Polisi y’u Rwanda irashimangira ingamba zo kurwanya ruswa

Ubwanditsi 17 Mar 2017 Mu Rwanda

Nyuma y’icyumweru cyo kurwanya ruswa cyizihijwe n’abafatanyabikorwa bose mu butabera mu kwezi gushize, Polisi y’u Rwanda yongeye gushimangira ko ingamba n’ibikorwa byo kurwanya ruswa bikomeza buri munsi.

Mu kiganiro cyatanzwe n’umuyobozi w’ishami rishinzwe ubugenzuzi bw’umurimo n’imyitwarire ngengamikorere, Assistant Commissioner of Police (ACP) Jean Nepo Mbonyumuvunyi, avuga ko kurwanya ruswa biri mu murongo Polisi y’u Rwanda igenderaho wo gutuma abaturage bose babona serivisi bakeneye kandi neza nk’uko biteganywa na gahunda igihugu cyihaye yo kutihanganira ruswa.

ACP Mbonyumuvunyi yagize ati:” Ruswa ifatwa nk’imbogamizi ikomeye ku mutekano muri iki gihe kandi n’u Rwanda birarureba. Niyo mpamvu inzego zishinzwe umutekano by’umwihariko Polisi y’u Rwanda , ku bufatanye n’abandi bafatanyabikorwa, biyemeje kurwanya ruswa z’ubwoko bwose.”

Yongeyeho ati:” Mu rwego rwo kubaka icyizere mu baturage, Polisi y’u Rwanda , ifite inshingano zikomeye zo guhangana na ruswa. Ibi binakubiye muri gahunda igihugu cyihaye , mu bukangurambaga bwo gukumira no kurwanya ibyaha, mu bikorwa by’itumanaho n’itangazamakuru ndetse n’ibikorwa bya buri munsi biherekezwa n’ingamba zafashwe ku myitwarire y’abapolisi mu kurwanya ruswa muri Polisi.”

ACP Mbonyumuvunyi yagize ati:” Ntushobora kurwanya ruswa udakorana ubunyamwuga nta n’umurongo w’imikorere uhamye ufite mu kazi. Muri Polisi, nk’urwego rukwiye kurangwa n’ubunyamwuga, hashyizweho amabwiriza ngengamikorere. Agaragaza imyitwarire ntangarugero ku rwego mpuzamahanga kuri buri wese ukora ako kazi. Twizera ko aya mabwiriza atari ikintu cyo kuvuga gusa, ahubwo ni ishingiro ry’imikorere y’umupolisi.”

Polisi kandi yashyizeho ingamba zo kugenzura no kubuza ko umupolisi kugira aho ahurira na ruswa, hashyirwaho umutwe ushinzwe kuyirwanya ukorera mu ishami ry’ubugenzuzi bw’umurimo n’imyitwarire ngengamikorere.

Biciye muri iri shami, ishami rishinzwe imyitwarire y’abapolisi rikora byinshi mu gukurikirana imyitwarire y’abapolisi bityo hakaba abafatirwa muri ruswa . Ishami rirwanya ruswa no kunyereza ibya rubanda naryo ryashyizweho ndetse n’ikigo cy’imyitwarire ngengamikorere ari nacyo gishinzwe kwibutsa abapolisi ndetse n’abafatanyabikorwa indangagaciro z’akazi kabo.

ACP Mbnyumuvunyi abisobanura agira ati:” Imyitwarire y’umupolisi , ku kazi no hanze yako, igira uruhare ku cyizere abaturage bagirira Polisi. Imyitwarire iyo ari yo yose yahesha Polisi isura mbi irahanirwa. Iyo bigaragaye ko yahesheje uru rwego isura mbi cyangwa akazi akora, uwo mupolisi arakurikiranwa , yanyuranya n’amahame agenga umwuga we, akabihanirwa.”

Polisi ihana ruswa yihanukiriye, harimo kuvana mu kazi uwayifatiwemo kandi bimaze kuba kuri benshi bafashwe.

Yagize kandi ati:” Twasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’ibigo nka Transparency International, Urwego rw’Umuvunyi, Ikigo cy’igihugu cy’Imiyoborere, uturere 30 ndetse n’ibindi bigo byigenga , bakaba ari bamwe mu bafatanyabikorwa na Polisi y’u Rwanda mu gukora ubukangurambaga bwo kurwanya ruswa bafatanyije.”

-6120.jpg

ACP Jean Nepo Mbonyumuvunyi ushinzwe ishami ry’ubugenzuzi muri Polisi y’Igihugu

Leta nayo ku ruhande rwayo, ikora ibintu bitandukanye bifasha abapolisi mu rwego rw’imibereho birimo: ihahiro ribafasha, kuzamurwa mu ntera, kongera imishahara, koroshya ingendo ziva cyangwa zijya mu kazi, kujya mu butumwa bw’amahoro ndetse hashyizweho n’uburyo bwo kubona amafunguro ku bapolisi bari mu kazi ku buryo bworoshye; kuvuzwa n’ibindi izi zose akaba ari gahunda zishyirwaho hagamijwe kunoza imibereho myiza arinako zifashamu guca no kurandura ruswa mu bapolisi.

RNP

2017-03-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhanzi Yves Kana Trezzor yashyize hanze imwe mu ndirimbo izagaragara k’umuzingo w’indirimbo zizagaruka ku rukundo rwe n’umugore we baherutse kubana.

Umuhanzi Yves Kana Trezzor yashyize hanze imwe mu ndirimbo izagaragara k’umuzingo w’indirimbo zizagaruka ku rukundo rwe n’umugore we baherutse kubana.

Ubwanditsi 19 May 2021
Bomboli-Bomboli mu ishyirahamwe ry’Abamotari mu Rwanda

Bomboli-Bomboli mu ishyirahamwe ry’Abamotari mu Rwanda

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Ku nshuro ya Gatatu, Umufaransa David Lappartient yongeye gutorerwa kuyobora impuzamashyirahamwe y’umukino w’Amagare ku Isi (UCI)

Ku nshuro ya Gatatu, Umufaransa David Lappartient yongeye gutorerwa kuyobora impuzamashyirahamwe y’umukino w’Amagare ku Isi (UCI)

Ubwanditsi 26 Sep 2025
U Rwanda ruracyuguruye amarembo ku banyarwanda bahejejwe mu mashyamba ya Kongo

U Rwanda ruracyuguruye amarembo ku banyarwanda bahejejwe mu mashyamba ya Kongo

RUSHYASHYA 30 Oct 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu gihembwe cya mbere cya 2018 ibyaha byagabanutseho 2.1% ugereranyije n’icya 2017
Mu Rwanda

Mu gihembwe cya mbere cya 2018 ibyaha byagabanutseho 2.1% ugereranyije n’icya 2017

Ubwanditsi 29 Mar 2018
Hahamagawe abakinnyi 26 b’Amavubi bitegura gukina na Guinea mu mikino ibiri ya gicuti izabera i Kigali
Amakuru

Hahamagawe abakinnyi 26 b’Amavubi bitegura gukina na Guinea mu mikino ibiri ya gicuti izabera i Kigali

Ubwanditsi 30 Dec 2021
Kenya: Umudepite w’Umugore yasabye abagabo bifite gushaka abagore benshi
SHOWBIZ

Kenya: Umudepite w’Umugore yasabye abagabo bifite gushaka abagore benshi

Ubwanditsi 04 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru