• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umuryango w’Umwongereza uherutse gupfira mu Rwanda wahamije ko atishwe na COVID-19

Umuryango w’Umwongereza uherutse gupfira mu Rwanda wahamije ko atishwe na COVID-19

Ubwanditsi 10 Apr 2020 INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Umuryango w’Umwongereza witwaga Robert Matthew Wilson witabye Imana ari mu Rwanda ku itariki 03 Mata 2020, hamwe n’Inzego za Leta y’u Rwanda, bavuga ko uwo mugabo atishwe n’icyorezo Covid-19.

Wilson wari ufite imyaka 56, bahimbaga Matt, yaguye mu rugo iwe ku Kacyiru aho yabaga wenyine, akaba yari amaze imyaka 12 aba mu Rwanda.

Urupfu rwe rwakurikiwe n’ibihuha ku mbuga nkoranyambaga, abantu bavuga ko yaba yazize Covid-19, kuko na we ubwe ngo yari yarishyize mu kato mu rugo iwe.

Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC) ndetse n’Urwego rw’igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), bavuga ko ibipimo ku cyateye urupfu rwa Wilson bigaragaza ko nta bwandu bwa Coronavirus yari afite.

Ibi kandi birashimangirwa n’itangazo ryanditswe ku wa kane tariki 09 Mata 2020, na Mushiki wa Robert Matthew Wilson witwa Emma Wilson mu izina ry’umuryango, rivuga ko uyu mugabo yazize urupfu rusanzwe.

Iri tangazo rigira riti “Tubabajwe bikomeye no kubika urupfu rwa Matthew Robert Wilson, umwana wacu twakundaga, umuvandimwe n’umubyeyi, rwabaye ku wa gatanu tariki 03 Mata 2020. Urupfu rwa Matthew wari mu rugo iwe i Kigali rwaturutse ku mpamvu zisanzwe, aho yari amaze icyumweru yarishyize mu kato.

Bitewe n’icyorezo cyugarije isi, ntabwo dushoboye gutegura ikiriyo cyo kwibuka ubuzima bwa Matthew, ariko tuzagerageza kubikora mu gihe ibintu byasubiye mu buryo. Ndabizi ko yari afite inshuti nyinshi zifuza kumusezeraho”.

Urupfu rwa Matthew rwabitswe n’inshuti ye y’Umunya-Canada utuye i Kigali, ngo bari bavuganye ku munsi wabanjirijeho akamubwira ko arwaye kandi nta cyo yabikoraho, bwacya agiye kumureba iwe agasanga yashizemo umwuka, arahaguma kugeza ubwo abakozi ba RIB bamugezeho.

Umuyobozi Mukuru wa RBC, Dr. Sabin Nsanzimana, avuga ko RIB ikimara kumumenyesha iby’urupfu rutunguranye rwa Matthew n’uburyo yari abayeho, bahise bohereza itsinda rijya gukumira ibibazo byavuka, nko gutera imiti mu nzu mbere y’uko umurambo ujyanwa gupimwa.

Dr. Nsanzimana yatangarije KT Press dukesha iyi nkuru ko bafashe ibizamini by’uwapfuye, babipima bashingiye ku buryo bukoreshwa mu gupima Coronavirus, bagasanga ako gakoko katari mu mubiri wa Matthew.

Akomeza agira ati “Twapimye n’abantu bahuye na we mbere, banashyirwa mu kato, ariko bimaze kugaragara ko nta bwandu bwa Coronavirus bafite bahise basubira mu ngo zabo. Nubwo abantu bari bafite ubwoba birumvikana, ariko icyiza ni uko ibisubizo byabonetse”.

Dr. Nsanzimana avuga ko impungenge z’abantu zari zifite ishingiro bitewe n’akato Matthew yari yarishyizemo hamwe n’ubukana icyorezo Covid-19 gifite, kandi ko raporo y’urupfu rwe yashyikirijwe umuryango we.

Agira ati “Kugeza ubu ntituramenya impamvu y’ukuri yateye urupfu rwa Matthew ku bw’ubuzima bwite bw’umuntu, ariko ntaho ihuriye n’icyorezo Covid-19”.

Itangazo mushiki wa Robert Wilson Matthew yanditse, riravuga ko umuryango wanyuzwe n’uko agiye mu mahoro kandi aguye mu gihugu yakundaga.

Mu Rwanda yari yarahashinze icapiro ryitwa Croydon, akaba yikundiraga gutwara imodoka ziruka cyane, kumva umuziki uvuga cyane ndetse no kugenda kuri moto z’abasirimu.

Ku wa gatatu w’iki cyumweru, Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha, Marie-Michelle Umuhoza, yari yabwiye Itangazamakuru  ko iby’urupfu rutunguranye rwa Robert Matthew Wilson muri ibi bihe bya Covid-19, byagombaga gusuzumanwa ubushishozi ku bufatanye bwa RIB na RBC.

Izi nzego zirasaba abantu kuguma mu rugo, kwirinda amakuru y’ibihuha cyane cyane muri ibi bihe bidasanzwe by’icyorezo cya Covid-19, kandi ko icyo cyorezo kitagomba gupimishwa ijisho kugeza igihe ibisubizo bya muganga bibonekeye.

2020-04-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ipfunwe n’ikimwaro ryo gushaka mu muryango mugari w’interahamwe  nibyo bituma Rwalinda Pierre Celestin aharanira guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ipfunwe n’ikimwaro ryo gushaka mu muryango mugari w’interahamwe  nibyo bituma Rwalinda Pierre Celestin aharanira guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 13 Aug 2020
Umusaza Louis Rugerinyange yitangiye abari bahungiye muri Mille Collines, hahembwa Paul Rusesabagina wabagambaniye!

Umusaza Louis Rugerinyange yitangiye abari bahungiye muri Mille Collines, hahembwa Paul Rusesabagina wabagambaniye!

Ubwanditsi 06 Jul 2021
Umukobwa wa Anatole Nsengiyumva yagaragaje uburyo ingengabitekerezo ya Jenoside yimuriwe muri Kongo igihe abicanyi bahungiragayo

Umukobwa wa Anatole Nsengiyumva yagaragaje uburyo ingengabitekerezo ya Jenoside yimuriwe muri Kongo igihe abicanyi bahungiragayo

Ubwanditsi 28 Jun 2021
Ikipe ya Mukura VS yahagaritse abakinnyi batanu bakekwaho imyitwarire itari myiza inabasaba kuva mu mwiherero wayo.

Ikipe ya Mukura VS yahagaritse abakinnyi batanu bakekwaho imyitwarire itari myiza inabasaba kuva mu mwiherero wayo.

Ubwanditsi 16 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Champions League: Liverpool yatsindiye Bayern Munich iwayo, Barcelone inyagira Lyon
IMIKINO

Champions League: Liverpool yatsindiye Bayern Munich iwayo, Barcelone inyagira Lyon

Ubwanditsi 14 Mar 2019
Habiba yerekeje i Burayi guhatanira ikamba rya Miss Supranational
SHOWBIZ

Habiba yerekeje i Burayi guhatanira ikamba rya Miss Supranational

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Jay Polly yakatiwe igifungo cy’amezi atanu
Mu Rwanda

Jay Polly yakatiwe igifungo cy’amezi atanu

Ubwanditsi 24 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru