• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Gukabya kw’Akazu ka Museveni biragaragaza itutumba rigamije guhirika ingoma ye

Gukabya kw’Akazu ka Museveni biragaragaza itutumba rigamije guhirika ingoma ye

Ubwanditsi 13 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Bamwe muri ba kizigenza b’ingabo za Uganda ubu nabo baratanga ibitekerezo byabo ku birebana n’ubutegetsi bw’igitugu , bumaze igihe bubeshya abaturage, ngo hari abaturuka hanze babangamiye igihugu.

Ushinzwe itsinda ry’ingabo zidasanzwe zirinda umukuru w’igihugu,” the Special Forces Command “SFC, Jenerali Majoro. Don Nabasa, ku wa mbere taliki ya 11 Gashyantare 2019, yasubiyemo muri iyo propaganda isanzwe abitwerera igihugu atigeze avuga bitanagoye kuba umuntu yacyeka ko ari URwanda yavugaga, niba ari URwanda Kampala yahisemo kujya igerekaho ibyayinaniye byose, kandi nyamara ari Uganda iri mu bikorwa bibangamira umuturanyi wayo.

Ibyo byari mu mbwirwaruhame yagezwaga ku baturage ku munsi w’ingabo  aho yagaragaye yicaranye n’ushinzwe ingabo zirwanira mu kirere Jenerali Majoro. James Birungi.

Itangazamakuru rikaba ryarashyize ahagaragara ibyo uwo Majoro Jenerali. Nabasa  yavuze, aho yagize ati, “Hari abari hanze y’igihugu bashishikajwe no guhungabanya Uganda, ariko kandi banacura umugambi wo kuvanaho ubutegetsi. Abo bantu bo hanze y’igihugu bararebera, kandi ntibifuza ko twatera imbere!”

Mu mvugo yuje ubusahiranda, uyu mujenerali yagize ati, “Dufite peteroli ahangaha  hakaniyongeraho ubwiza bw’igihugu, ituze iterambere akarusho umutegetsi w’imboneka rimwe. Wenda bakaba batekereza ko umutegetsi w’imboneka rimwe aribyo byaba  bibateza kavuyo.”

Abari bakimara kumva iyo mbwirwaruhame  basigaye bumiwe ariko banishima mu mitwe. Ingabo za UPDF ntizigomba kwivanga kuvuga imbwirwaruhame ya politike, cyane cyane iyo ari propaganda  cyangwa se imvugo zuje ubusahiranda (sycophantic utterances). Ibyo bihabanye n’itegeko Nshinga ry’igihugu cya Uganda  kimwe n’amategeko agenga ingabo za Uganda, Uganda People’s Defense Forces (UPDF). Kandi nyamara, Nabasa agaragara nkaho abigira abizi ko arimo kwica itegeko rigenga ingabo.

“Ko Umujenerali atakavuze bene ariya magambo yo guhakirizwa kandi abizi neza ko arimo kwica nkana amategeko agenga umwuga we, iki nacyo akaba ari ikindi cyimenyetso simusiga cyigaragaza ukuntu bariya bantu babaye ba Col. Bagosora bo kwa Habyarimana mbere ya jenoside yakorewe abatutsi [ 1994] mu by’ukuri biragaragaza  ukuntu ubutegetsi bwa National Resistance Movement (NRM) muri rusange buri mu marembera, irangwa n’akavuyo hamwe no kudakurikiza amategeko ,” nk’uko bigaragarira buri wese.

Mu by’ukuri kuba Jenerali ntibishobora gutuma arengera amategeko; ahubwo byakabaye bimuzitira kutayarengaho  bityo akaba intangarugero ku zindi ngabo akuriye mu rwego rwo kujya zubahiriza amategeko.

Ugendeye ku mbwirwaruhame  ye ya propaganda, Nabasa nizo ngirwa ngabo zohanze yavugaga, “Ntabwo zizigera ziza imbonankubone; bazohereza  amafaranga n’abantu, nkabariya barimo guhambirizwa mur’iyi minsi…”

Uyu mugabo yasubiragamo ibyo bari bageretse kuri ba bakozi ba MTN – umufaransa, umunyarwanda n’umutaliyani – bakaba barafunzwe  bakanirukanwa mu kwezi gushize, bagasubizwa mu bihugu byabo  mu buryo budasobanutse. Urwego rw’ubutasi rwa gisirikare rwihishe inyuma y’igipolisi cya Uganda – rwatanze itangazo ryavugaga ko abo bantu uko ari batatu bari imbogamizi ku mutekano w’igihugu. Nyamara kandi ntibigeze bagezwa imbere y’ubutabera.

Umufaransa Olivier Prentout, wari umuyobozi ushinzwe marketing muri MTN Uganda n’umunyarwandakazi Annie Bilenge Tabura

Bashyizwe mu buroko nyuma y’amasaha menshi y’iyicarubozi bityo boherezwa mu bihugu byabo mu gihe cy’amasaha abaze. “Niba barimo gupanga guhirika ubutegetsi kuki batigeze babageza mu nkiko bityo bagahanwa, noneho rubanda bakamenya uburemere bw’ibyaha byabo, kuki babigize ibanga ryahariwe urwego rw’ubutasi rwa gisirikare cya Uganda, n’urwego rushinzwe kurinda Perezida, kuki inzirakarengane?,”

Ibi akaba ari ibyibazwa n’uyu munyamakuru wanditse iyi nkuru wa Virunga Post. Ibyo abantu bibaza: kuki ibi bisanishwa n’umutekano w’igihugu ?” “kuki hatabayeho gucirwa urubanza,niba polisi yari ifite gihamya?”

Ukuri kwahise kujya ahagaragara ko inyuma yiryo y’iyirukanwa haba hagamijwe gukamura amafaranga muri abo bahambirizwa n’ubutegetsi muri abo bahoze ari abakozi ba MTN Uganda, mu rwego rwo kugirango impushya zabo zongerwe. Ariko iyo niyo miterere y’ubwo butegetsi n’inzego z’ubutasi bwayo nkuko Jenerali. Nabasa ya bigize.

Sarah Kagingo inshuti magara ya Salim Saleh

Akaba avuga ko ngo bajyaga baha urubyiruko amafaranga , iki akaba ari kimwe mu binyoma abantu nka Sarah Kagingo, inkoramutima y’ubwo butegetsi mu rwego rwa propaganda, ugenda yandika ibyo ku rubuga rwe rwa internet, ngo Umunyarwanda wirukanwe yajyaga mu bikorwa by’ubutasi, ariko ngo yatangaga n’amafaranga, He claimed they were “giving money “.

Bobi Wine

Ubutegetsi bwa Kampala bwashoje intambara kuri benshi mu baturage babwo. Abo bana uwo mugabo avuga buri munsi baba babona ukuntu ubutegetsi bwirirwa bukorera iyicarubozo abadepite nka Bobi Wine wari ugiye kumira umwuka, ari nako abo bana birirwa bareba abaraswa ku manywa y’ihangu.

Abarwanashyaka ba Besigye bateshwa umutwe, bakirirwa babirukankana  bakabakomeretsa ndetse no kumugazwa. Ngubwo ubutegetsi buri mu marembera niko bukora.

2019-02-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Himbara  ashenguwe n’agahinda kuko BBC yagaragaje neza isura y’u Rwanda

Himbara ashenguwe n’agahinda kuko BBC yagaragaje neza isura y’u Rwanda

Ubwanditsi 28 Apr 2019
U Burundi buragana he ?  Urutonde rw’abantu 17 bashakishwa n’ubutabera kubera iyicwa rya Ndadaye

U Burundi buragana he ? Urutonde rw’abantu 17 bashakishwa n’ubutabera kubera iyicwa rya Ndadaye

Ubwanditsi 01 Dec 2018
Mu Bwongereza, ba bimukira bagombye kuba baroherejwe mu Rwanda, bari mu myigaragambyo ikomeye binubira ubuzima nk’ubw’imfungwa.

Mu Bwongereza, ba bimukira bagombye kuba baroherejwe mu Rwanda, bari mu myigaragambyo ikomeye binubira ubuzima nk’ubw’imfungwa.

Ubwanditsi 17 Aug 2022
Uwizera Christine Coleman na Sylvia Mukankiko , inkotsa-nkunguzi zarenze ihaniro

Uwizera Christine Coleman na Sylvia Mukankiko , inkotsa-nkunguzi zarenze ihaniro

Ubwanditsi 13 Jan 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kicukiro: Polisi yataye muri yombi abakwirakwiza amafaranga y’amahimbano
Mu Rwanda

Kicukiro: Polisi yataye muri yombi abakwirakwiza amafaranga y’amahimbano

Ubwanditsi 20 Feb 2018
Umuhanzi Bonhomme ari mu gahinda ko kubura umubyeyi umubyara
Amakuru

Umuhanzi Bonhomme ari mu gahinda ko kubura umubyeyi umubyara

Ubwanditsi 25 Jun 2021
Amavubi u20 yatsinzwe na Zambia, amahirwe ya CAN arayoyoka
IMIKINO

Amavubi u20 yatsinzwe na Zambia, amahirwe ya CAN arayoyoka

Ubwanditsi 13 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru