• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)   |   13 Jun 2025

  • Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda     |   12 Jun 2025

  • Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye   |   12 Jun 2025

  • Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa   |   11 Jun 2025

  • Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru   |   11 Jun 2025

  • Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal   |   10 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Bwongereza, ba bimukira bagombye kuba baroherejwe mu Rwanda, bari mu myigaragambyo ikomeye binubira ubuzima nk’ubw’imfungwa.

Mu Bwongereza, ba bimukira bagombye kuba baroherejwe mu Rwanda, bari mu myigaragambyo ikomeye binubira ubuzima nk’ubw’imfungwa.

Editorial 17 Aug 2022 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Mu gihugu cy’Ubwongereza, kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru hari imyigaragambyo ikomeye cyane y’abimukira bacumbikiwe mu nzu yitwa “Milton Hilltop” iri mu mujyi wa Carlisle, hafi y’umupaka w’icyo gihugu na Ecosse. Abigaragambya bamaze kwangiza ibintu bitabarika, binubira kuba bari mu nzu imeze nk’iy’imbohe, ubuzima bwaho ngo bukaba ntaho butaniye n’ubw’imfungwa.

Abo bimukira bavuga ko bakorerwa iyicarubozo, nko kubacunaguza ngo bataye ibihugu byabo baza gusabiriza no gusahura umutungo w’abasoreshwa b’Abongereza. Ngo bararwara ntibavurwe uko bikwiye, ibyo kurya no kunywa bitanahagije nabyo ngo babibajugunyira nk’ujugunyira imbwa, n’ibindi bikorwa bitesha agaciro ikiremwamuntu

Ubuyobozi bwa Sosiyete “Serco”ifitanye amasezerano na guverinoma y’Ubwongereza yo kwita ku bimukira, bwabwiye iitangazamakuru ryo muri icyo gihugu ko abimukira biyongera buri munsi, bigasaba imbaraga nyinshi zo kubitaho.

Aba bimukira biganjemo abakomoka muri Aziya, Uburayi bw’Uburasirazuba na Afrika, bakaba bahunga ibihugu byabo kubera ahanini intambara n’ubukene. Bagera mu Bwongereza nyuma y’ibizazane bikomeye bahurira nabyo mu nzira, umubare minini ndetse ukaba ari uw’abapfa bataragera ku nzozi zo gutura muri”paradizo”.

Aba kandi bari mu bagombaga kwimurirwa mu Rwanda mu gihe batarabona ibyangombwa bibemerera gutura mu Bwongereza, nk’uko bikubiye mu masezerano ibihugu byombi byagiranye muri Mata uyu mwaka .

Ni amasezerano agamije kurokora ubuzima bw’abantu biyahura buri munsi mu nzira zibatwara ubuzima, bashakisha uko babona ubuhungiro mu bihugu byo ku mugabane w’Uburanyi. Itsinda rya mbere ry’abimukira 50 ryagombye kuba ryarageze mu Rwanda muri Kamena uyu mwaka, ariko kubera impamvu za politiki iyo gahunda isa n’ishyizwemo ibihato.

Guverinoma y’u Rwanda isobanura ko yemeye kwakira abo bimukira bo mu Bwongereza nk’uko yakiriye abavuye muri Libiya na Afganistan, mu rwego rwo kubasubiza agaciro gakwiye ikiremwamuntu. Muri ya migambi yabo mitindi yo kubangamira gahunda zose z’u Rwanda ariko, bamwe mu babeshya ko baharanira uburenganzira bwa muntu, nka Human Rights Watch na Amnesty International, ndetse n’indi miryango nka HCR ifite inyungu mu gihe abimukira baba bagumye mu Bwongereza, barashikoye, bemeza ko nibagera mu Rwanda bazafatwa nabi, maze gahunda yo gutabara abo bantu itangira kugenda biguruntege. Magingo aya iki kibazo kiri mu nkiko, zikaba arizo zizafata umwanzuro ku ishyirwa mu bikorwa by’ayo masezerano hagati y’u Rwanda n’Ubwongereza.

Kuba abimukira baragumishijwe mu Bwongereza none bakaba binubira uko bafashwe, byagombye kuba ikimwaro kuri abo biyita”impirimbanyi z’uburenganzira bw’ikiremwamuntu”. Isi yose yagombye kubona ko ibyegeranyo by’ abo batekamutwe n’ibirego bidafite ishingiro ku Rwanda, ari andi mayeri yo kwishakira indonke, kabone n’iyo ibihumbi by’abantu byakomeza gupfa nk’abatikirira mu nyanja ya Miditerane bagerageza guhungira mu Burayi.

 

2022-08-17
Editorial

IZINDI NKURU

Abanyamakuru b’Ikinyamakuru Iwacu Voix du Burundi bafunguwe nyuma y’igitutu cy’Imiryango mpuzamahanga

Abanyamakuru b’Ikinyamakuru Iwacu Voix du Burundi bafunguwe nyuma y’igitutu cy’Imiryango mpuzamahanga

Editorial 25 Dec 2020
Amakipe 12 yo ku mugabane w’i Burayi yishyize hamwe ashinga irushanwa rishya ryiswe Super League, FIFA na UEFA zitera utwatsi icyo gitekerezo.

Amakipe 12 yo ku mugabane w’i Burayi yishyize hamwe ashinga irushanwa rishya ryiswe Super League, FIFA na UEFA zitera utwatsi icyo gitekerezo.

Editorial 19 Apr 2021
Besigye asanga iby’u Rwanda na Uganda ari nk’umucuraguzi ubuza umukire amahwemo

Besigye asanga iby’u Rwanda na Uganda ari nk’umucuraguzi ubuza umukire amahwemo

Editorial 07 Mar 2018
FDU-Inkingi ya Ingabire Victoire ikomeje kwerekana ko ari impanga ya FDLR.

FDU-Inkingi ya Ingabire Victoire ikomeje kwerekana ko ari impanga ya FDLR.

Editorial 05 Nov 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru