• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Nyagatare:Pasiteri ari mu maboko ya polisi akekwaho gutera umwana w’umukobwa inda

Nyagatare:Pasiteri ari mu maboko ya polisi akekwaho gutera umwana w’umukobwa inda

Editorial 04 Oct 2016 Mu Mahanga

Umupasiteri uyobora Itorero rya Miracle Center mu Murenge wa Rwempasha ho mu Karere ka Nyagatare ari mu maboko ya Polisi akekwaho gutera inda umwana w’umukobwa wari umuyoboke w’itorero rye.

Intandaro y’ikibazo ni amatiku yo mu Itorero

Perezida wa njyanama y’Akagari ka Gasinga ari nako uyu mukobwa abarizwamo , Munyakayanza Charles yatangarije Ikinyamakuru,Umuryango.rw dukesha iyi nkuru ko iki kibazo cyatangiye mu mwaka wa 2012 ngo nibwo amakuru yatanzwe avuga ko Pasiteri yateye uyu mwana w’umukobwa inda.

Ati’’Byatangiye ari amatiku mu rusengero ubuyobozi bw’Umurenge buje hahita hazamo ikibazo cy’uko Pasiteri yateye uyu mukobwa inda gusa byaje kurangira umukobwa ahakanye ko Pasiteri wamuteye iyo nda’’

Munyakayanza ashimangira ko kuba uyu mwana w’umukobwa yarivuguruje akajya kurega kuri Polisi bifite kuba byarakozwe n’abasanzwe bafitanye ibibazo mu itorero na Pasiteri dore ko ngo hari n’igihe yigeze kweguzwa n’uwari umwungirije nyuma akaza gusubizwa ku mwanya we nyuma y’amabwiriza yari atanzwe na Bishop.

Munyakayanza yakomeje avuga ko uyu mukobwa mbere yo kujyana iki kirego kuri Polisi atigeze abwira abayobozi b’inzego z’ibanze ahobwo batunguwe no kumva ko Pasiteri yatawe muri yombi.

Uyu mwana w’umukobwa aterwa inda yari afite imyaka 16 y’amavuko

Mu kiganiro n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwempasha,Ingabire Jenny yavuze ko uyu mukobwa watewe inda ubu afite imyaka 20 y’amavuko bivuze ko igihe cyo gutwita yari afite imyaka 16 kuko hashize hafi imyaka 4 iki kibazo kivutse.

Ingabire yavuze ko iki kibazo cyamenyekanye ubwo mu 2012 mu torero rya Miracle Center uyu mupasiteri ayoboye muri uyu Murenge havukagamo ibibazo nyuma ubuyobozi bugiye kubikemura nibwo hajemo iki kibazo cy’uko Sekikubo yateye uyu mwana w’umukobwa Inda.

Ati’’ nyuma yo kumva hajemo ikibazo cy’inda ku mwana muto twaramwegereye tumubaza uwayimuteye ahakana avuga ko atari Pasiteri wayimuteye , hari hashize igihe kinini uyu mukobwa ahakanye’’

-4238.jpg

Ingabire yasoje avuga ko inzego zirebwa n’iki kibazo zirimo gukora iperereza kugira ngo hamenyekane ukuri .

Pasiteri yaba yaba hemukiye umukobwa nawe agahitamo kumushyira ku karubanda

Amakuru avuga ko Pasiteri n’uyu mwana w’umukobwa bagerageje kubihishahisha ariko kuko pasiteri yaje guhemukira uyu mukobwa ntiyamufasha kurera uwo babyaranye biza kurangira abishyize ku karubanda.

-4237.jpg

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba ,IP Kayigi Emmanuel

Mu kiganiro n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba ,IP Kayigi Emmanuel yemeje itabwa muri yombi rya Pasiteri,avuga ko amakuru polisi imaze kubona avuga ko habayeho guhishahisha iki kibazo kuko ngo uyu mwana yari akiri muto.

Ati’’Agaragaza ko icyatumye abireka yari umwana ndetse bakagenda babizinzika gutyo ,ubu rero ni iperereza riri gukorwa , ubu ari mu maboko ya polisi (Pasiteri) afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare’’

Pasiteri akaba yaratawe muri yombi ku wa Kabiri w’Icyumweru gishize tariki ya 27 Nzeri,2016.

Umuryango

2016-10-04
Editorial

IZINDI NKURU

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza ngo arambiwe uruzurungutane mu nkiko rubangamiye gahunda z’icyo gihugu.

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza ngo arambiwe uruzurungutane mu nkiko rubangamiye gahunda z’icyo gihugu.

Editorial 21 Nov 2023
Minisitiri Biruta yagaragaje uko ikibazo cya Kongo gihagaze imbere y’inteko ishinga amategeko

Minisitiri Biruta yagaragaje uko ikibazo cya Kongo gihagaze imbere y’inteko ishinga amategeko

Editorial 26 Jan 2023
Icyo Perezida Kagame avuga kuri Padiri Nahimana

Icyo Perezida Kagame avuga kuri Padiri Nahimana

Editorial 13 Dec 2016
Niki cyihishe inyuma y’amagambo Perezida Museveni yavugiye I Kabale amaze kubonana na bagenzi be b’abakuru b’ibihugu?

Niki cyihishe inyuma y’amagambo Perezida Museveni yavugiye I Kabale amaze kubonana na bagenzi be b’abakuru b’ibihugu?

Editorial 22 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru