• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Nyagatare:Pasiteri ari mu maboko ya polisi akekwaho gutera umwana w’umukobwa inda

Nyagatare:Pasiteri ari mu maboko ya polisi akekwaho gutera umwana w’umukobwa inda

Ubwanditsi 04 Oct 2016 Mu Mahanga

Umupasiteri uyobora Itorero rya Miracle Center mu Murenge wa Rwempasha ho mu Karere ka Nyagatare ari mu maboko ya Polisi akekwaho gutera inda umwana w’umukobwa wari umuyoboke w’itorero rye.

Intandaro y’ikibazo ni amatiku yo mu Itorero

Perezida wa njyanama y’Akagari ka Gasinga ari nako uyu mukobwa abarizwamo , Munyakayanza Charles yatangarije Ikinyamakuru,Umuryango.rw dukesha iyi nkuru ko iki kibazo cyatangiye mu mwaka wa 2012 ngo nibwo amakuru yatanzwe avuga ko Pasiteri yateye uyu mwana w’umukobwa inda.

Ati’’Byatangiye ari amatiku mu rusengero ubuyobozi bw’Umurenge buje hahita hazamo ikibazo cy’uko Pasiteri yateye uyu mukobwa inda gusa byaje kurangira umukobwa ahakanye ko Pasiteri wamuteye iyo nda’’

Munyakayanza ashimangira ko kuba uyu mwana w’umukobwa yarivuguruje akajya kurega kuri Polisi bifite kuba byarakozwe n’abasanzwe bafitanye ibibazo mu itorero na Pasiteri dore ko ngo hari n’igihe yigeze kweguzwa n’uwari umwungirije nyuma akaza gusubizwa ku mwanya we nyuma y’amabwiriza yari atanzwe na Bishop.

Munyakayanza yakomeje avuga ko uyu mukobwa mbere yo kujyana iki kirego kuri Polisi atigeze abwira abayobozi b’inzego z’ibanze ahobwo batunguwe no kumva ko Pasiteri yatawe muri yombi.

Uyu mwana w’umukobwa aterwa inda yari afite imyaka 16 y’amavuko

Mu kiganiro n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwempasha,Ingabire Jenny yavuze ko uyu mukobwa watewe inda ubu afite imyaka 20 y’amavuko bivuze ko igihe cyo gutwita yari afite imyaka 16 kuko hashize hafi imyaka 4 iki kibazo kivutse.

Ingabire yavuze ko iki kibazo cyamenyekanye ubwo mu 2012 mu torero rya Miracle Center uyu mupasiteri ayoboye muri uyu Murenge havukagamo ibibazo nyuma ubuyobozi bugiye kubikemura nibwo hajemo iki kibazo cy’uko Sekikubo yateye uyu mwana w’umukobwa Inda.

Ati’’ nyuma yo kumva hajemo ikibazo cy’inda ku mwana muto twaramwegereye tumubaza uwayimuteye ahakana avuga ko atari Pasiteri wayimuteye , hari hashize igihe kinini uyu mukobwa ahakanye’’

-4238.jpg

Ingabire yasoje avuga ko inzego zirebwa n’iki kibazo zirimo gukora iperereza kugira ngo hamenyekane ukuri .

Pasiteri yaba yaba hemukiye umukobwa nawe agahitamo kumushyira ku karubanda

Amakuru avuga ko Pasiteri n’uyu mwana w’umukobwa bagerageje kubihishahisha ariko kuko pasiteri yaje guhemukira uyu mukobwa ntiyamufasha kurera uwo babyaranye biza kurangira abishyize ku karubanda.

-4237.jpg

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba ,IP Kayigi Emmanuel

Mu kiganiro n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba ,IP Kayigi Emmanuel yemeje itabwa muri yombi rya Pasiteri,avuga ko amakuru polisi imaze kubona avuga ko habayeho guhishahisha iki kibazo kuko ngo uyu mwana yari akiri muto.

Ati’’Agaragaza ko icyatumye abireka yari umwana ndetse bakagenda babizinzika gutyo ,ubu rero ni iperereza riri gukorwa , ubu ari mu maboko ya polisi (Pasiteri) afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare’’

Pasiteri akaba yaratawe muri yombi ku wa Kabiri w’Icyumweru gishize tariki ya 27 Nzeri,2016.

Umuryango

2016-10-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AMAFOTO – APR FC yatangiye neza CECAFA Kagame Cup itsinda Singida Big Stars yo muri Tanzania

AMAFOTO – APR FC yatangiye neza CECAFA Kagame Cup itsinda Singida Big Stars yo muri Tanzania

Ubwanditsi 09 Jul 2024
M23 yashyize hanze amabanga yagiranye na Perezida Tshisekedi na mbere yuko atorerwa kuyobora iki gihugu

M23 yashyize hanze amabanga yagiranye na Perezida Tshisekedi na mbere yuko atorerwa kuyobora iki gihugu

Ubwanditsi 16 Jun 2022
CNLG yagize icyo ivuga kubihano byahawe Ngenzi Octavien na Barahira Tito

CNLG yagize icyo ivuga kubihano byahawe Ngenzi Octavien na Barahira Tito

Ubwanditsi 07 Jul 2016
Kigali-Nyarutarama : Nyuma yo guhangana bikomeye Polisi y’u Rwanda yishe umugabo ukekwaho iterabwoba

Kigali-Nyarutarama : Nyuma yo guhangana bikomeye Polisi y’u Rwanda yishe umugabo ukekwaho iterabwoba

Ubwanditsi 18 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Koffi Olomide arashinjwa kurongora ababyinnyi be ku gahato
SHOWBIZ

Koffi Olomide arashinjwa kurongora ababyinnyi be ku gahato

Ubwanditsi 02 Jun 2018
Imodoka y’Umuryango utegamiye kuri Leta yari ipakiyemo ibiyobyabwenge yakoze impanuka
Mu Mahanga

Imodoka y’Umuryango utegamiye kuri Leta yari ipakiyemo ibiyobyabwenge yakoze impanuka

Ubwanditsi 17 Aug 2016
Nyaruguru: Ababyeyi basabwe kurushaho gushishikariza abana kugira umuco wo gusoma barushaho kubyaza umusaruro amasomero ahari
Amakuru

Nyaruguru: Ababyeyi basabwe kurushaho gushishikariza abana kugira umuco wo gusoma barushaho kubyaza umusaruro amasomero ahari

Ubwanditsi 09 Sep 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru