• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Nyagatare:Pasiteri ari mu maboko ya polisi akekwaho gutera umwana w’umukobwa inda

Nyagatare:Pasiteri ari mu maboko ya polisi akekwaho gutera umwana w’umukobwa inda

Ubwanditsi 04 Oct 2016 Mu Mahanga

Umupasiteri uyobora Itorero rya Miracle Center mu Murenge wa Rwempasha ho mu Karere ka Nyagatare ari mu maboko ya Polisi akekwaho gutera inda umwana w’umukobwa wari umuyoboke w’itorero rye.

Intandaro y’ikibazo ni amatiku yo mu Itorero

Perezida wa njyanama y’Akagari ka Gasinga ari nako uyu mukobwa abarizwamo , Munyakayanza Charles yatangarije Ikinyamakuru,Umuryango.rw dukesha iyi nkuru ko iki kibazo cyatangiye mu mwaka wa 2012 ngo nibwo amakuru yatanzwe avuga ko Pasiteri yateye uyu mwana w’umukobwa inda.

Ati’’Byatangiye ari amatiku mu rusengero ubuyobozi bw’Umurenge buje hahita hazamo ikibazo cy’uko Pasiteri yateye uyu mukobwa inda gusa byaje kurangira umukobwa ahakanye ko Pasiteri wamuteye iyo nda’’

Munyakayanza ashimangira ko kuba uyu mwana w’umukobwa yarivuguruje akajya kurega kuri Polisi bifite kuba byarakozwe n’abasanzwe bafitanye ibibazo mu itorero na Pasiteri dore ko ngo hari n’igihe yigeze kweguzwa n’uwari umwungirije nyuma akaza gusubizwa ku mwanya we nyuma y’amabwiriza yari atanzwe na Bishop.

Munyakayanza yakomeje avuga ko uyu mukobwa mbere yo kujyana iki kirego kuri Polisi atigeze abwira abayobozi b’inzego z’ibanze ahobwo batunguwe no kumva ko Pasiteri yatawe muri yombi.

Uyu mwana w’umukobwa aterwa inda yari afite imyaka 16 y’amavuko

Mu kiganiro n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwempasha,Ingabire Jenny yavuze ko uyu mukobwa watewe inda ubu afite imyaka 20 y’amavuko bivuze ko igihe cyo gutwita yari afite imyaka 16 kuko hashize hafi imyaka 4 iki kibazo kivutse.

Ingabire yavuze ko iki kibazo cyamenyekanye ubwo mu 2012 mu torero rya Miracle Center uyu mupasiteri ayoboye muri uyu Murenge havukagamo ibibazo nyuma ubuyobozi bugiye kubikemura nibwo hajemo iki kibazo cy’uko Sekikubo yateye uyu mwana w’umukobwa Inda.

Ati’’ nyuma yo kumva hajemo ikibazo cy’inda ku mwana muto twaramwegereye tumubaza uwayimuteye ahakana avuga ko atari Pasiteri wayimuteye , hari hashize igihe kinini uyu mukobwa ahakanye’’

-4238.jpg

Ingabire yasoje avuga ko inzego zirebwa n’iki kibazo zirimo gukora iperereza kugira ngo hamenyekane ukuri .

Pasiteri yaba yaba hemukiye umukobwa nawe agahitamo kumushyira ku karubanda

Amakuru avuga ko Pasiteri n’uyu mwana w’umukobwa bagerageje kubihishahisha ariko kuko pasiteri yaje guhemukira uyu mukobwa ntiyamufasha kurera uwo babyaranye biza kurangira abishyize ku karubanda.

-4237.jpg

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba ,IP Kayigi Emmanuel

Mu kiganiro n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba ,IP Kayigi Emmanuel yemeje itabwa muri yombi rya Pasiteri,avuga ko amakuru polisi imaze kubona avuga ko habayeho guhishahisha iki kibazo kuko ngo uyu mwana yari akiri muto.

Ati’’Agaragaza ko icyatumye abireka yari umwana ndetse bakagenda babizinzika gutyo ,ubu rero ni iperereza riri gukorwa , ubu ari mu maboko ya polisi (Pasiteri) afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare’’

Pasiteri akaba yaratawe muri yombi ku wa Kabiri w’Icyumweru gishize tariki ya 27 Nzeri,2016.

Umuryango

2016-10-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuki Umunyarwanda yava mu gihugu cye gitekanye, akajya gutuzwa mu muriro utazima wo mu Burasirazuba bwa Kongo?

Kuki Umunyarwanda yava mu gihugu cye gitekanye, akajya gutuzwa mu muriro utazima wo mu Burasirazuba bwa Kongo?

Ubwanditsi 14 Dec 2024
Manchester City izahura na Tottenham ku munsi wa mbere wa shampiyona y’u Bwongereza ya 2021-2022 – Uko amakipe yose azahura

Manchester City izahura na Tottenham ku munsi wa mbere wa shampiyona y’u Bwongereza ya 2021-2022 – Uko amakipe yose azahura

Ubwanditsi 17 Jun 2021
Uganda n’Umubiligi Filip Reyntjens basabaga u Bubiligi guhagarika inkunga butera u Rwanda, basebye ubwo ibihugu byombi byasinyanaga amasezerano y’ubufatanye

Uganda n’Umubiligi Filip Reyntjens basabaga u Bubiligi guhagarika inkunga butera u Rwanda, basebye ubwo ibihugu byombi byasinyanaga amasezerano y’ubufatanye

Ubwanditsi 14 Aug 2021
Umugabo afunzwe akurikiranyweho kunyereza imisoro irenga miliyoni 861

Umugabo afunzwe akurikiranyweho kunyereza imisoro irenga miliyoni 861

Ubwanditsi 25 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakuru twacukumbuye ku buryo buhagije, arahamya ko kimwe mu bikomerezwa bya FDLR, Gen. Appolinaire Hakizimana alias Poète, atagihumeka umwuka w’abazima
Amakuru

Amakuru twacukumbuye ku buryo buhagije, arahamya ko kimwe mu bikomerezwa bya FDLR, Gen. Appolinaire Hakizimana alias Poète, atagihumeka umwuka w’abazima

Ubwanditsi 03 Jan 2025
Nicolas Sarkozy yafunzwe: Uwari Perezida w’u Bufaransa abaye uwa mbere woherejwe muri gereza kubera ibyaha bya ruswa
Amakuru

Nicolas Sarkozy yafunzwe: Uwari Perezida w’u Bufaransa abaye uwa mbere woherejwe muri gereza kubera ibyaha bya ruswa

RUSHYASHYA 21 Oct 2025
Kigali:Polisi yihanganishije imiryango y’abana batwikiwe muri ruhurura
Mu Rwanda

Kigali:Polisi yihanganishije imiryango y’abana batwikiwe muri ruhurura

Ubwanditsi 29 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru