• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ingabo za Rusesabagina zishiriye ku icumu, Maj Bokande jules Karindinefu wari ushinzwe itumanaho rya gisilikare muri FLN yishwe

Ingabo za Rusesabagina zishiriye ku icumu, Maj Bokande jules Karindinefu wari ushinzwe itumanaho rya gisilikare muri FLN yishwe

Ubwanditsi 12 Jan 2020 INKURU NYAMUKURU

Maj. Bokande jules Karindinefu wari ushinzwe itumanaho rya gisilikare muri FLN yishwe naho Liyetona Jean Claude afatwa mpiri.

Amakuru ava muri Fizi ho muri Kivu y’amajyepfo, aravuga ko mu rukerera rwo kuri uyu wa gatandatu sakumi za mu gitondo, umurongo w’inyeshyamba za FLN zavaga ahitwa Kirembwe mu birindiro bya Gen.Hamada berekeza I Minembwe mu rwego rwo guhunga amabombe y’indege za FARDC n’ibisasu bya rutura zimaze iminsi zimishwaho na FARDC.

FARDC yaje gusakirana  n’izi nyeshyamba imirwano yamaze amasaha abiri yatumye Majoro Bokande jules Karindinefu wari ushinzwe itumanaho rya gisilikare muri FLN ahasiga ubuzima ndetse na Radio nini irafatwa, muri iyi mirwano kandi , na Liyetona Jean Claude  wari ushinzwe operasiyo mu birindiro bya Gen.Hamada yatawe muri yombi na FARDC.

Ibi bibaye mu gihe izi nyeshyamba ziri gusaba imishyikirano ngo zibe zakongera kwihuza na FDLR zabagamo nyuma ya 2016 ubwo CNRD UBWIYUNGE yavukaga, nk’ishyaka naho FLN ikaba umutwe w’ingabo ahagana mu mwaka wa 2018 babisabwe na Paul Rusesabagina havutse impuzamshyaka ya MRCD, inyeshyamba za FLN zigirwa umutungo bwite wa MRCD.

Paul Rusesabagina washinze MRCD ni muntu ki?

Paul Rusesabagina yavutse tariki ya 15/6/1954  mu cyahoze ari Komine Murama .Yavukanye n’abandi bana 8 bose hamwe bakaba ari 9  ku mubyeyi umwe, amashuriye abanza yayize mwishuri ry’abadivantiste I Gitwe, tariki ya 8/9/1967 yashatse umugore we wa mbere witwa Esthel Sembeba ariko nyuma yaje kumuta.

Bitewe n’imyitwarire mibi ya Rusesabagina yaje gutandukana n’umugore we Esthel Sembeba bafitanye abana batatu, maze mu 1981,batandukana byemewe n’amategeko .

198, kubera ingengabitekerezo ze n’ivanguramoko ryamwokamye yaje kongera gushakana n’umugore witwa Tasiyana wari umuganga mu bitaro bya Ruhengeri, nguko uko muri 1992 Rusebagina yahawe akazi n’ingabo za Habyarimana agirwa umuyobozi w’ungirije wa Hotel diplomates ikaba muri icyo gihe yari ishami rya Hotel de milles collines. Mri Jenoside Rusesabagina yahise yigarurira ubuyobozi bwa Hotel de milles collines. Yari yarahindutse indiri y’ingabo za Habyarimana zirimo Col. Renzaho na Gen. Munyakazi ndetse na Padiri Wencisilas Munyeshyaka wayoboraga Kiriziya stFamille,  ariho  naho bari bafite ibyumba bazaga gusambanyiriza abatutsikazi babohojwe.

Nyuma yaho ingabo za RPA zitsindiye urugamba ndetse zigahagarika Jenocide yakorerwaga abatutsi Rusesabagina n’umuryango we bahise bahunga, ariko baza kugaruka mu  Rwanda, nyuma y’imyaka ibiri bagarutse mu Rwanda Rusesabagina n‘umuryango we bahise berekeza I Brussels mu bubirigi mu mwaka wi 1996.

Bivugwa ko aho mu bu Birigi bahise bahagura inzu yo kubamo maze nyuma yigihe gito Rusesabagina n’umuryango we berekeza I Texas muri Leta zunze ubumwe z’Amerika

2004, yasohoye film yise Hotel rwanda yaje gutuma amenyekana cyane ndetse n’uwari perezida w’Amerika mwicyo gihe George bush amuha igihembo.

Rusesabagina yaje gushinga ishyaka rya PDR IHUMURE ndetse muri 2018, nibwo yashinze ihuriro MRCD ribarizwamo n’inyeshyamba rya FLN. Rusesabagina akomeje kwamaganwa n’abanyarwanda benshi baba muri Diaspora nk’umuntu upfobya jenoside yakorewe abatutsi akomeje kwiyitirira ibikorwa byokurokora abatutsi muri Hotel de milles collines.

Kuri uyu wa gatanu, abanyarwanda baba muri  Diaspora ya  Leta z’unze ubumwe z’Amerika cyane abatuye San Antonio,  bagiye kunyomoza  no gushyira ahabona ibinyoma bya Paul Rusesabagina  waciye mu ryahumye Uwitwa Shokare Nakpodia ufite foundation yitwa Dream Week, amugira umutumirwa mukuru kuvuga jambo kubyerekeye icyerecyezo gishya aho  batuye. Abo  banyarwanda baba ku nkengero ya San Antonio batasize niyonka  bamwokeje  igitutu, birangira adahawe ijambo. ibinyoma bye no kugambanira igihugu biburizwamo. Kuva tariki 10-26 Mutarama uyu mwaka i San Antonio hari ibiganiro mu cyiswe DreamWeek.

2020-01-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bombori bombori hagati ya FARDC na Wazalendo

Bombori bombori hagati ya FARDC na Wazalendo

Ubwanditsi 22 Nov 2024
JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

Ubwanditsi 20 Sep 2023
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

RUSHYASHYA 03 Mar 2026
Gen. Kiyiko, “Umugaba w’Ikiyiko ” amwe mu mazina yahawe Mudacumura nyuma yo kwicwa

Gen. Kiyiko, “Umugaba w’Ikiyiko ” amwe mu mazina yahawe Mudacumura nyuma yo kwicwa

Ubwanditsi 25 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishyari n’ipfunwe byabashoye mu kunenga u Rwanda rwiyemeje kubungabunga umutekano muri Mozambike, aho kubanza gusesengura icyateye uwo mutekano muke.
Amakuru

Ishyari n’ipfunwe byabashoye mu kunenga u Rwanda rwiyemeje kubungabunga umutekano muri Mozambike, aho kubanza gusesengura icyateye uwo mutekano muke.

Ubwanditsi 21 Jul 2021
Kiyovu SC yatsinze As Kigali isanga APR FC ku mwanya wa mbere yo yanganyije na Gasogi United
Amakuru

Kiyovu SC yatsinze As Kigali isanga APR FC ku mwanya wa mbere yo yanganyije na Gasogi United

Ubwanditsi 16 Apr 2023
Inama za RGB ku bayobozi baterwa ubwoba n’ Itangazamakuru rivuga ibitagenda
Mu Mahanga

Inama za RGB ku bayobozi baterwa ubwoba n’ Itangazamakuru rivuga ibitagenda

Ubwanditsi 19 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru