• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»U Burundi mu mazi abira ku kwirukana intumwa za Loni

U Burundi mu mazi abira ku kwirukana intumwa za Loni

Ubwanditsi 13 Sep 2018 Mu Mahanga

Amabasaderi w’u Burundi i Genève, yagowe no gusobanurira Akanama ka Loni gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu impamvu igihugu cye cyirukanye impuguke za Loni zari zoherejwe kugenzura iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu.

Komiseri Wungirije Ushinzwe Uburengaznira bwa Muntu muri Loni, Kate Gilmore, yabwiye Akanama k’iri shami, ko adashobora gutanga raporo ku bijyanye n’uburenganzira bwa muntu mu Burundi kuko iki gihugu cyanze gukorana n’impuguke zari zoherejwe.

Viza izo ntumwa zari zahawe zaje gukurwaho muri Mata.

Ati “Biteye impungenge kuko kubura k’ubwo bufatanye u Burundi bwabujije ishyirwa mu bikorwa rw’icyemezo cy’Akanama n’inshingano z’iryo tsinda.”

U Burundi bwabayemo amakimbirane mu 2015 ubwo Perezida Pierre Nkurunziza yatangazaga ko ashaka kwiyamamariza manda ya gatatu.

Byafashwe na benshi nko kutubahiriza Itegeko Nshinga. Inzego z’umutekano zahanganye nabo n’abarwanya icyo cyemezo cya Nkurunziza, amagana y’abaturage aricwa, hafi ibihumbi 500 by’abaturage barahunga.

Gilmore yashimye uburyo abadipolomate b’Abanyaburayi banenze u Burundi, kuko iyo migirire atari iyo kwihanganira.

Ambasaderi w’u Burundi i Genève, Renovat Tabu, yavuze ko kugenda kw’izo mpuguke za Loni byafashwe nabi.

Yagize ati “U Burundi buricuza […] uburyo ibintu byafashwe bikumvikana nk’aho bwanze ubufatanye.”

Yakomeje avuga ko u Burundi bubabajwe n’ibinyoma byabushinjwe byatumye bushyirwa mu kato.

Yavuze ko Komiseri Mukuru wa Loni mu Ishami rishinzwe Uburenganzira bwa Muntu, Zeid Ra’ad al Hussein, yahinduye ubutumwa bw’izo mpuguke, bitungura Ibiro bishinzwe Abinjira n’Abasohoka, ntizongerera igihe Viza yazo.

Kohereza mu Burundi izo ntumwa, byari bishingiye ku busabe bw’ibihugu bya Afurika mu Kanama ka Loni umwaka ushize.

Izo ntumwa zabonwaga nk’izari gutuma hatoherezwayo komisiyo yihariye.

Byaje kurangira nayo yoherejweyo, bisaba u Burundi kwemerera rubanda gufasha izo ntumwa zari mu bucukumbuzi.

Mu cyumweru gishize, Komisiyo yashyiriweho gucukumbura iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu mu Burundi, yatangaje ko ihonyorwa ry’uburengaznira bwa muntu ryatizwaga umurindi n’ubutumwa bw’abayobozi barimo Perezida Nkurunziza.

Komisiyo irashaka ko havugururwa ubutumwa bw’abantu 47 b’Akanama gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu, batangiye akazi k’ibyumweru bitatu kuva ku wa Mbere w’iki cyumweru.

2018-09-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Ikennye itunze Cobalt nyinshi ku Isi: Ubundi izira iki?

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Ikennye itunze Cobalt nyinshi ku Isi: Ubundi izira iki?

Ubwanditsi 03 Aug 2025
Nyuma ya Perezida Mugabe,  Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda

Nyuma ya Perezida Mugabe, Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 15 Jul 2016
Gen Abel Kandiho ukuriye ubutasi mu gisirikari cya Uganda abimburiye ibyegera bya Perezida Museveni mu gufatirwa ibihano bikarishye kubera urugomo bakorera inzirakarengane

Gen Abel Kandiho ukuriye ubutasi mu gisirikari cya Uganda abimburiye ibyegera bya Perezida Museveni mu gufatirwa ibihano bikarishye kubera urugomo bakorera inzirakarengane

Ubwanditsi 08 Dec 2021
Ntawe ukwiriye kuziza Umunyarwanda icyo aricyo cyangwa icyo yemera – Kagame

Ntawe ukwiriye kuziza Umunyarwanda icyo aricyo cyangwa icyo yemera – Kagame

Ubwanditsi 09 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umusirikare w’u Rwanda yaguye mu gitero muri Centrafrique, abandi umunani barakomereka
ITOHOZA

Umusirikare w’u Rwanda yaguye mu gitero muri Centrafrique, abandi umunani barakomereka

Ubwanditsi 11 Apr 2018
RNC- Uganda : Deo Nyirigira na Christophe Busigo mu mazi abira nyuma yo guheka impyisi
INKURU NYAMUKURU

RNC- Uganda : Deo Nyirigira na Christophe Busigo mu mazi abira nyuma yo guheka impyisi

Ubwanditsi 09 Apr 2020
Joseph Mugenzi nawe mu gihome nyuma y’umuhungu we Rene Mugenzi, akurikiranweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

Joseph Mugenzi nawe mu gihome nyuma y’umuhungu we Rene Mugenzi, akurikiranweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 27 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru