• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»U Burundi mu mazi abira ku kwirukana intumwa za Loni

U Burundi mu mazi abira ku kwirukana intumwa za Loni

Ubwanditsi 13 Sep 2018 Mu Mahanga

Amabasaderi w’u Burundi i Genève, yagowe no gusobanurira Akanama ka Loni gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu impamvu igihugu cye cyirukanye impuguke za Loni zari zoherejwe kugenzura iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu.

Komiseri Wungirije Ushinzwe Uburengaznira bwa Muntu muri Loni, Kate Gilmore, yabwiye Akanama k’iri shami, ko adashobora gutanga raporo ku bijyanye n’uburenganzira bwa muntu mu Burundi kuko iki gihugu cyanze gukorana n’impuguke zari zoherejwe.

Viza izo ntumwa zari zahawe zaje gukurwaho muri Mata.

Ati “Biteye impungenge kuko kubura k’ubwo bufatanye u Burundi bwabujije ishyirwa mu bikorwa rw’icyemezo cy’Akanama n’inshingano z’iryo tsinda.”

U Burundi bwabayemo amakimbirane mu 2015 ubwo Perezida Pierre Nkurunziza yatangazaga ko ashaka kwiyamamariza manda ya gatatu.

Byafashwe na benshi nko kutubahiriza Itegeko Nshinga. Inzego z’umutekano zahanganye nabo n’abarwanya icyo cyemezo cya Nkurunziza, amagana y’abaturage aricwa, hafi ibihumbi 500 by’abaturage barahunga.

Gilmore yashimye uburyo abadipolomate b’Abanyaburayi banenze u Burundi, kuko iyo migirire atari iyo kwihanganira.

Ambasaderi w’u Burundi i Genève, Renovat Tabu, yavuze ko kugenda kw’izo mpuguke za Loni byafashwe nabi.

Yagize ati “U Burundi buricuza […] uburyo ibintu byafashwe bikumvikana nk’aho bwanze ubufatanye.”

Yakomeje avuga ko u Burundi bubabajwe n’ibinyoma byabushinjwe byatumye bushyirwa mu kato.

Yavuze ko Komiseri Mukuru wa Loni mu Ishami rishinzwe Uburenganzira bwa Muntu, Zeid Ra’ad al Hussein, yahinduye ubutumwa bw’izo mpuguke, bitungura Ibiro bishinzwe Abinjira n’Abasohoka, ntizongerera igihe Viza yazo.

Kohereza mu Burundi izo ntumwa, byari bishingiye ku busabe bw’ibihugu bya Afurika mu Kanama ka Loni umwaka ushize.

Izo ntumwa zabonwaga nk’izari gutuma hatoherezwayo komisiyo yihariye.

Byaje kurangira nayo yoherejweyo, bisaba u Burundi kwemerera rubanda gufasha izo ntumwa zari mu bucukumbuzi.

Mu cyumweru gishize, Komisiyo yashyiriweho gucukumbura iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu mu Burundi, yatangaje ko ihonyorwa ry’uburengaznira bwa muntu ryatizwaga umurindi n’ubutumwa bw’abayobozi barimo Perezida Nkurunziza.

Komisiyo irashaka ko havugururwa ubutumwa bw’abantu 47 b’Akanama gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu, batangiye akazi k’ibyumweru bitatu kuva ku wa Mbere w’iki cyumweru.

2018-09-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyegeranyo by’ibipapirano “Human Rights Watch” yandika ku Rwanda ntibizahungabanya Abanyarwanda nk’uko abanzi babyifuza!

Ibyegeranyo by’ibipapirano “Human Rights Watch” yandika ku Rwanda ntibizahungabanya Abanyarwanda nk’uko abanzi babyifuza!

Ubwanditsi 28 Sep 2021
Abanyamerika barica umuyobozi wa Al Qaeda impundu zikavuga, ariko uRwanda rwaburanisha icyihebe Rusesabagina cya FLN induru zikavuga!

Abanyamerika barica umuyobozi wa Al Qaeda impundu zikavuga, ariko uRwanda rwaburanisha icyihebe Rusesabagina cya FLN induru zikavuga!

Ubwanditsi 02 Aug 2022
Niyonkuru Samuel yegukanye agace ka 3 ka Grand Prix Chantal Biya ibera muri Cameroon

Niyonkuru Samuel yegukanye agace ka 3 ka Grand Prix Chantal Biya ibera muri Cameroon

Ubwanditsi 05 Oct 2023
Umukwabu wiswe Usalama III wafatiwemo ibiyobyabwenge bifite agaciro karengeje miliyoni  78

Umukwabu wiswe Usalama III wafatiwemo ibiyobyabwenge bifite agaciro karengeje miliyoni 78

Ubwanditsi 08 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Facebook igiye gushyiraho inteko izajya ifata ibyemezo birimo ibivuguruza abayishinze
IKORANABUHANGA

Facebook igiye gushyiraho inteko izajya ifata ibyemezo birimo ibivuguruza abayishinze

Ubwanditsi 18 Sep 2019
Ikipe ya AS Kigali ndetse na Police FC zabimburiye andi makipe guhabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo bitegura gusubukura shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021
Amakuru

Ikipe ya AS Kigali ndetse na Police FC zabimburiye andi makipe guhabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo bitegura gusubukura shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021

Ubwanditsi 02 Apr 2021
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
Uncategorized

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 08 Dec 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru