• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Rwanda na Africa50 byemeranyije kwihutisha umushinga wa Kigali Innovation City

U Rwanda na Africa50 byemeranyije kwihutisha umushinga wa Kigali Innovation City

Ubwanditsi 21 Nov 2018 UBUKUNGU

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr Ngirente Edouard yagiranye ibiganiro na Alain Ebobissé uyobora Ikigega Nyafurika gitera inkunga imishinga y’ibikorwa remezo, Africa50, bemeranya kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’umushinga wa Kigali Innovation City (KIC).

KIC ni umwe mu mishinga y’u Rwanda igize icyerekezo 2020, ugamije kuzamura urwego rw’ikoranabuhanga mu gihugu.

Uri mu gace kahariwe inganda mu Karere ka Gasabo ukazatwara miliyari $2. Ugizwe n’inyubazo zizacumbikira kaminuza mpuzamahanga, ibigo by’ikoranabuhanga, inyubako z’ubucuruzi n’ibindi, ukazubakwa ku buso bwa hegitari 70.

Zimwe mu nyubako ziwugize nk’iza Kaminuza ya Carnegie Mellon (CMU), African Leadership University (ALU) n’ibindi, ziri kuzamurwa.

Kuri uyu wa Kabiri Minisitiri w’Intebe, Dr ngirente yakiriye Ebobissé, baganira ku kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’uyu mushinga wa Kigali Innovation City, mu buryo buhuriweho bw’u Rwanda na na Africa50.

Mu butumwa yanditse kuri Twitter, Dr Ngirente yagize ati “Nagiranye ibiganiro by’ingirakamaro na Alain EBOBISSE uyobora Africa50. Twaganiriye byimbitse ku kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’umushinga wa Kigali Innovation City, mu bufatanye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda na Africa 50.”

Muri Nyakanga uyu mwaka nibwo u Rwanda rwasinye amasezerano arwinjiza mu banyamigabane ba ‘Africa50’, ikigega kigamije gushakira inkunga imishinga y’ibikorwaremezo.

Mu nama Nyafurika yiga ku ishoramari yabereye i Johannesburg muri Afurika y’Epfo mu ntangiriro z’uku kwezi, Guverinoma y’u Rwanda yasinye amasezerano na Africa50’, agamije kunoza no gutera inkunga umushinga wa nka Kigali Innovation City (KIC), uzatuma u Rwanda rugera ku ntego yo kuba igicumbi cy’ikoranabuhanga no guhanga ibishya.

Ni amwe mu masezerano akomeye yasinyiwemo nk’uko Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, BAD, yabitangaje, ko “afite agaciro ka miliyoni $400 hagati ya Africa50 na Guverinoma y’u Rwanda yo kunoza no gutera inkunga umushinga wa Kigali Innovation City.”

Muri ayo masezerano biteganywa ko Africa50 izaba ari nk’umuterankunga n’umufatanyabikorwa, maze yifashishije ubunararibonye ifite mu bijyanye n’ibikorwa remezo, izafatanye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere, RDB, mu kunoza uwo mushinga.

Africa50 izanagira uruhare mu gushaka abandi bafatanyabikorwa n’inzego zatera inkunga uyu mushinga kugira ngo wubakwe.

Biteganywa ko KIC izafasha mu kureshya ibigo by’ikoranabuhanga biturutse impande zose z’Isi ngo bikorere mu Rwanda, birufashe kuba igicumbi cy’ikoranabuhanga ndetse rwubake ubukungu bushingiye ku bumenyi.

Uyu mushinga witezweho guhanga imirimo isaga 50 000, kohereza mu mahanga ibicuruzwa by’ikoranabuhanga bya miliyoni $150 ku mwaka no kwinjiza miliyoni zirenga $300 mu ishoramari ry’abanyamahanga mu gihugu.

Biteganywa kandi ko abanyeshuri basaga 2600 bazajya barangiza buri mwaka muri kaminuza zizubakwa muri uyu mushinga mu gihe cy’imyaka 30, ku buryo ruzagira abahanga benshi bashobora guhanga imirimo.

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente hamwe na Ebobissé nyuma y’ibiganiro kuri uyu wa Kabiri

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Edouard yagiranye ibiganiro na Alain Ebobissé uyobora Africa50 hamwe n’intumwa yari ayoboye

Impande zombi zemeranyije kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’umushinga wa Kigali Innovation City, mu buryo buhuriweho bw’u Rwanda na na Africa50

2018-11-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amashanyarazi y’imirasire y’izuba yagejejwe mu mudugudu wa Buhara ho mu Bugesera

Amashanyarazi y’imirasire y’izuba yagejejwe mu mudugudu wa Buhara ho mu Bugesera

Ubwanditsi 25 May 2017
Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.6% mu 2018

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.6% mu 2018

Ubwanditsi 18 Mar 2019
Perezida Kagame yitabiriye inama ku iterambere rirambye i Abu Dhabi

Perezida Kagame yitabiriye inama ku iterambere rirambye i Abu Dhabi

Ubwanditsi 13 Jan 2020
Perezida Kagame asanga ubwiyongere bw’abanyafurika budakwiriye gufatwa nk’ikibazo

Perezida Kagame asanga ubwiyongere bw’abanyafurika budakwiriye gufatwa nk’ikibazo

Ubwanditsi 09 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gor Mahia yageze i Kigali, umutoza avuga ko yimwe amakuru na Mamelodi Sundowns
IMIKINO

Gor Mahia yageze i Kigali, umutoza avuga ko yimwe amakuru na Mamelodi Sundowns

Ubwanditsi 05 May 2018
Nina Mu Ijwi ry’ ikiniga kinshi yatangaje byinshi kubyo ashinjwa ko yabyaranye n’ Umuhanzi Mako Nikoshwa
HIRYA NO HINO

Nina Mu Ijwi ry’ ikiniga kinshi yatangaje byinshi kubyo ashinjwa ko yabyaranye n’ Umuhanzi Mako Nikoshwa

Ubwanditsi 09 May 2017
Ikipe y’igihugu ya Sénégal ntigikoreye umwiherero i Kigali yitegutura imikino y’igikombe cya Afurika
Amakuru

Ikipe y’igihugu ya Sénégal ntigikoreye umwiherero i Kigali yitegutura imikino y’igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 29 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru