• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Rwanda na Africa50 byemeranyije kwihutisha umushinga wa Kigali Innovation City

U Rwanda na Africa50 byemeranyije kwihutisha umushinga wa Kigali Innovation City

Ubwanditsi 21 Nov 2018 UBUKUNGU

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr Ngirente Edouard yagiranye ibiganiro na Alain Ebobissé uyobora Ikigega Nyafurika gitera inkunga imishinga y’ibikorwa remezo, Africa50, bemeranya kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’umushinga wa Kigali Innovation City (KIC).

KIC ni umwe mu mishinga y’u Rwanda igize icyerekezo 2020, ugamije kuzamura urwego rw’ikoranabuhanga mu gihugu.

Uri mu gace kahariwe inganda mu Karere ka Gasabo ukazatwara miliyari $2. Ugizwe n’inyubazo zizacumbikira kaminuza mpuzamahanga, ibigo by’ikoranabuhanga, inyubako z’ubucuruzi n’ibindi, ukazubakwa ku buso bwa hegitari 70.

Zimwe mu nyubako ziwugize nk’iza Kaminuza ya Carnegie Mellon (CMU), African Leadership University (ALU) n’ibindi, ziri kuzamurwa.

Kuri uyu wa Kabiri Minisitiri w’Intebe, Dr ngirente yakiriye Ebobissé, baganira ku kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’uyu mushinga wa Kigali Innovation City, mu buryo buhuriweho bw’u Rwanda na na Africa50.

Mu butumwa yanditse kuri Twitter, Dr Ngirente yagize ati “Nagiranye ibiganiro by’ingirakamaro na Alain EBOBISSE uyobora Africa50. Twaganiriye byimbitse ku kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’umushinga wa Kigali Innovation City, mu bufatanye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda na Africa 50.”

Muri Nyakanga uyu mwaka nibwo u Rwanda rwasinye amasezerano arwinjiza mu banyamigabane ba ‘Africa50’, ikigega kigamije gushakira inkunga imishinga y’ibikorwaremezo.

Mu nama Nyafurika yiga ku ishoramari yabereye i Johannesburg muri Afurika y’Epfo mu ntangiriro z’uku kwezi, Guverinoma y’u Rwanda yasinye amasezerano na Africa50’, agamije kunoza no gutera inkunga umushinga wa nka Kigali Innovation City (KIC), uzatuma u Rwanda rugera ku ntego yo kuba igicumbi cy’ikoranabuhanga no guhanga ibishya.

Ni amwe mu masezerano akomeye yasinyiwemo nk’uko Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, BAD, yabitangaje, ko “afite agaciro ka miliyoni $400 hagati ya Africa50 na Guverinoma y’u Rwanda yo kunoza no gutera inkunga umushinga wa Kigali Innovation City.”

Muri ayo masezerano biteganywa ko Africa50 izaba ari nk’umuterankunga n’umufatanyabikorwa, maze yifashishije ubunararibonye ifite mu bijyanye n’ibikorwa remezo, izafatanye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere, RDB, mu kunoza uwo mushinga.

Africa50 izanagira uruhare mu gushaka abandi bafatanyabikorwa n’inzego zatera inkunga uyu mushinga kugira ngo wubakwe.

Biteganywa ko KIC izafasha mu kureshya ibigo by’ikoranabuhanga biturutse impande zose z’Isi ngo bikorere mu Rwanda, birufashe kuba igicumbi cy’ikoranabuhanga ndetse rwubake ubukungu bushingiye ku bumenyi.

Uyu mushinga witezweho guhanga imirimo isaga 50 000, kohereza mu mahanga ibicuruzwa by’ikoranabuhanga bya miliyoni $150 ku mwaka no kwinjiza miliyoni zirenga $300 mu ishoramari ry’abanyamahanga mu gihugu.

Biteganywa kandi ko abanyeshuri basaga 2600 bazajya barangiza buri mwaka muri kaminuza zizubakwa muri uyu mushinga mu gihe cy’imyaka 30, ku buryo ruzagira abahanga benshi bashobora guhanga imirimo.

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente hamwe na Ebobissé nyuma y’ibiganiro kuri uyu wa Kabiri

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Edouard yagiranye ibiganiro na Alain Ebobissé uyobora Africa50 hamwe n’intumwa yari ayoboye

Impande zombi zemeranyije kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’umushinga wa Kigali Innovation City, mu buryo buhuriweho bw’u Rwanda na na Africa50

2018-11-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Ubwanditsi 20 Jun 2017
Guverineri Rwangombwa yagaragaje igihombo u Rwanda rugira mu guhererekanya amafaraga mu ntoki

Guverineri Rwangombwa yagaragaje igihombo u Rwanda rugira mu guhererekanya amafaraga mu ntoki

Ubwanditsi 10 Nov 2017
Impumyi Gusa Niyo Itabona ko u Rwanda Rwahindutse Neza Kandi Ubuziraherezo

Impumyi Gusa Niyo Itabona ko u Rwanda Rwahindutse Neza Kandi Ubuziraherezo

Ubwanditsi 16 May 2016
Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 54 Frw azakoreshwa mu iterambere ry’impunzi

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 54 Frw azakoreshwa mu iterambere ry’impunzi

Ubwanditsi 16 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amwe mu mazina y’Abafaransa ashyirwa mu majwi mu guhanura Indege ya Habyarimana
ITOHOZA

Amwe mu mazina y’Abafaransa ashyirwa mu majwi mu guhanura Indege ya Habyarimana

Ubwanditsi 17 Oct 2017
Banki y’Isi yagaragaje icyizere mu bukungu bw’u Rwanda n’icyuho mu gukoresha ikoranabuhanga
UBUKUNGU

Banki y’Isi yagaragaje icyizere mu bukungu bw’u Rwanda n’icyuho mu gukoresha ikoranabuhanga

Ubwanditsi 29 Jan 2020
U Rwanda rwasabye u Burundi gutanga ibisobanuro ku rupfu rwa Bihozagara
Mu Mahanga

U Rwanda rwasabye u Burundi gutanga ibisobanuro ku rupfu rwa Bihozagara

Ubwanditsi 31 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru