• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Gor Mahia yageze i Kigali, umutoza avuga ko yimwe amakuru na Mamelodi Sundowns

Gor Mahia yageze i Kigali, umutoza avuga ko yimwe amakuru na Mamelodi Sundowns

Ubwanditsi 05 May 2018 IMIKINO

Gor Mahia izakina na Rayon Sports mu mukino wa mbere w’amatsinda ya CAF Confederation yageze i Kigali, Umutoza wayo Dylan Kerr atangaza ko yagerageje gusaba amakuru yayo muri Mamelodi Sundowns ntiyayahabwa.

Iyi kipe yo muri Kenya yageze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 5 Gicurasi 2018, ihava yerekeza kuri Hill Top Hotel aho icumbikiwe.

Biteganyijwe ko ikorera imyitozo kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo saa 18h00 ku masaha umukino uzaberaho kuri iki Cyumweru nk’uko biteganywa n’amategeko y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF).

Umwongereza utoza Gor Mahia, Dylan Kerr, yatangaje ko nta makuru menshi afite kuri Rayon Sports kuko yashatse kwitabaza Mamelodi Sundowns ngo iyamuhe bikanga akifashisha amashusho make ari kuri Youtube.

Yagize ati “Twishimiye kuba turi hano, twakiriwe neza. Tugiye mu byumba kuruhuka kuri hoteli twitegura imyitozo ya nimugoroba. Mfite amakuru make nakuye mu mashusho narebye kuri Youtube kuko nagerageje gusaba andi muri Mamelodi Sundowns ariko baranyihorera. Hari ibindi Tuyisenge na Kagere bambwiye ku mupira wo mu Rwanda.”

Rayon Sports yasezerewe na Mamelodi Sundowns yo muri Afurika y’Epfo iyitsinze ibitego 2-0 mu mikino yombi ya CAF Champions League yabaye muri Werurwe 2018.

Dylan Kerr yavuze ko kimwe mu byo yabonye ari uko Rayon Sports ifite abafana bakomeye cyane ndetse yatunguwe no kubona uko bari bishimye ku mukino ikipe yabo yanganyijemo na Mamelodi Sundowns.

Yagize ati “Nabonye uburyo baba batatse amabara y’ubururu binyibutsa Orlando Pirates cyangwa Kaizer Chiefs muri Afurika y’Epfo, ubusanzwe si amakipe menshi muri Afurika agira abafana beza nka bariya.”

Rutahizamu Tuyisenge Jacques uzi Rayon Sports kuko yahoze ahangana nayo akina muri Police FC ndetse akaba ahura n’abakinnyi benshi mu Ikipe y’Igihugu Amavubi, yavuze ko yiteze umukino ukomeye ariko ikimuzanye na bagenzi be ari intsinzi.

Yagize ati “Sinavuga ko nziranye n’abakinnyi bayo kuko abenshi nasize sibo bakirimo, icyo nzi ni uko ifite ubusatirizi bukomeye. Ikindi abo duhurira mu Ikipe y’Igihugu turaziranye kuko buryo bishobora kuzangora ariko nabo bizabagora kuko ndabazi.”

Perezida w’Abafana ba Rayon Sports, Muhawenimana Jean Claude, wari waje kwakira Gor Mahia, yavuze ko abafana badakwiye kugira ubwoba kuko bahuye n’amakipe akomeye cyane mu bihe byashize kandi bakitwara neza abasaba kuzaza ari benshi kugira ngo umurindi wabo utere ishyaka abakinnyi mu kibuga.

Kwinjira kuri uyu mukino ni ukwishyura ibihumbi 2000 Frw ahasanzwe, 5000 Frw ahatwikiriye na 20 000 Frw mu cyubahiro; amatike yatangiye kugurishwa kuri Stade ya Kigali mu rwego rwo kwirinda umubyigano w’abayashaka ku munota wa nyuma.

Abakinnyi ba Gor Mahia basohoka mu Kibuga cy’Indege i Kanombe

2018-05-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nshuti ukina muri Tunisie yasuye APR FC ayibwira ibiyifasha gutsinda Club Africain (Amafoto)

Nshuti ukina muri Tunisie yasuye APR FC ayibwira ibiyifasha gutsinda Club Africain (Amafoto)

Ubwanditsi 04 Dec 2018
Police FC yanganyije na Vision 0-0, ikomeza kuyobora urutonde rwa Shampiyona y’u Rwanda

Police FC yanganyije na Vision 0-0, ikomeza kuyobora urutonde rwa Shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 30 Sep 2024
Mu mafoto 30: Irebere abayobozi bakuru b’igihugu bari mu myitozo ngororamubiri

Mu mafoto 30: Irebere abayobozi bakuru b’igihugu bari mu myitozo ngororamubiri

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Hatangajwe amatsinda y’uko amakipe azahura mu mikino y’irushanwa ritegura shampiyona y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket ball

Hatangajwe amatsinda y’uko amakipe azahura mu mikino y’irushanwa ritegura shampiyona y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket ball

Ubwanditsi 18 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuki  Museveni yahishe Gen Mugisha Muntu umugambi wa FPR wo kubohoza U Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Kuki Museveni yahishe Gen Mugisha Muntu umugambi wa FPR wo kubohoza U Rwanda

Ubwanditsi 02 Oct 2018
Uyoboye imishyikirano mu Burundi avugwaho kugemurira Intwaro umutwe wa  FDLR
ITOHOZA

Uyoboye imishyikirano mu Burundi avugwaho kugemurira Intwaro umutwe wa FDLR

Ubwanditsi 27 Jan 2017
Rwamagana: Hatangijwe amahugurwa ku buryo bwo gusana no kwita ku bikoresho byandika ku ntwaro nto
Mu Mahanga

Rwamagana: Hatangijwe amahugurwa ku buryo bwo gusana no kwita ku bikoresho byandika ku ntwaro nto

Ubwanditsi 19 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru