• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Gor Mahia yageze i Kigali, umutoza avuga ko yimwe amakuru na Mamelodi Sundowns

Gor Mahia yageze i Kigali, umutoza avuga ko yimwe amakuru na Mamelodi Sundowns

Ubwanditsi 05 May 2018 IMIKINO

Gor Mahia izakina na Rayon Sports mu mukino wa mbere w’amatsinda ya CAF Confederation yageze i Kigali, Umutoza wayo Dylan Kerr atangaza ko yagerageje gusaba amakuru yayo muri Mamelodi Sundowns ntiyayahabwa.

Iyi kipe yo muri Kenya yageze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 5 Gicurasi 2018, ihava yerekeza kuri Hill Top Hotel aho icumbikiwe.

Biteganyijwe ko ikorera imyitozo kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo saa 18h00 ku masaha umukino uzaberaho kuri iki Cyumweru nk’uko biteganywa n’amategeko y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF).

Umwongereza utoza Gor Mahia, Dylan Kerr, yatangaje ko nta makuru menshi afite kuri Rayon Sports kuko yashatse kwitabaza Mamelodi Sundowns ngo iyamuhe bikanga akifashisha amashusho make ari kuri Youtube.

Yagize ati “Twishimiye kuba turi hano, twakiriwe neza. Tugiye mu byumba kuruhuka kuri hoteli twitegura imyitozo ya nimugoroba. Mfite amakuru make nakuye mu mashusho narebye kuri Youtube kuko nagerageje gusaba andi muri Mamelodi Sundowns ariko baranyihorera. Hari ibindi Tuyisenge na Kagere bambwiye ku mupira wo mu Rwanda.”

Rayon Sports yasezerewe na Mamelodi Sundowns yo muri Afurika y’Epfo iyitsinze ibitego 2-0 mu mikino yombi ya CAF Champions League yabaye muri Werurwe 2018.

Dylan Kerr yavuze ko kimwe mu byo yabonye ari uko Rayon Sports ifite abafana bakomeye cyane ndetse yatunguwe no kubona uko bari bishimye ku mukino ikipe yabo yanganyijemo na Mamelodi Sundowns.

Yagize ati “Nabonye uburyo baba batatse amabara y’ubururu binyibutsa Orlando Pirates cyangwa Kaizer Chiefs muri Afurika y’Epfo, ubusanzwe si amakipe menshi muri Afurika agira abafana beza nka bariya.”

Rutahizamu Tuyisenge Jacques uzi Rayon Sports kuko yahoze ahangana nayo akina muri Police FC ndetse akaba ahura n’abakinnyi benshi mu Ikipe y’Igihugu Amavubi, yavuze ko yiteze umukino ukomeye ariko ikimuzanye na bagenzi be ari intsinzi.

Yagize ati “Sinavuga ko nziranye n’abakinnyi bayo kuko abenshi nasize sibo bakirimo, icyo nzi ni uko ifite ubusatirizi bukomeye. Ikindi abo duhurira mu Ikipe y’Igihugu turaziranye kuko buryo bishobora kuzangora ariko nabo bizabagora kuko ndabazi.”

Perezida w’Abafana ba Rayon Sports, Muhawenimana Jean Claude, wari waje kwakira Gor Mahia, yavuze ko abafana badakwiye kugira ubwoba kuko bahuye n’amakipe akomeye cyane mu bihe byashize kandi bakitwara neza abasaba kuzaza ari benshi kugira ngo umurindi wabo utere ishyaka abakinnyi mu kibuga.

Kwinjira kuri uyu mukino ni ukwishyura ibihumbi 2000 Frw ahasanzwe, 5000 Frw ahatwikiriye na 20 000 Frw mu cyubahiro; amatike yatangiye kugurishwa kuri Stade ya Kigali mu rwego rwo kwirinda umubyigano w’abayashaka ku munota wa nyuma.

Abakinnyi ba Gor Mahia basohoka mu Kibuga cy’Indege i Kanombe

2018-05-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umukobwa yatwaye inda, se ararakara bya hatari amutegeka…

Umukobwa yatwaye inda, se ararakara bya hatari amutegeka…

Ubwanditsi 05 Jan 2016
Mu mukino Mali yatsinzemo u Rwanda 3-0 ikabona na tike yo gukomeza mu kindi kiciro, kapiteni Haruna Niyonzima yashimwe na FERWAFA

Mu mukino Mali yatsinzemo u Rwanda 3-0 ikabona na tike yo gukomeza mu kindi kiciro, kapiteni Haruna Niyonzima yashimwe na FERWAFA

Ubwanditsi 12 Nov 2021
Umukinnyi Ndatimana Robert  ya katiwe n’urukiko rwa Nyamirambo iminsi 30 y’igifungo

Umukinnyi Ndatimana Robert ya katiwe n’urukiko rwa Nyamirambo iminsi 30 y’igifungo

Ubwanditsi 07 Jan 2016
Zidane yabaye umutoza mukuru wa Real Madrid

Zidane yabaye umutoza mukuru wa Real Madrid

Ubwanditsi 05 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Myugariro wa APR FC, Fitina Ombolenga azamara hanze y’ikibuga ibyumweru bine adakina kubera imvune yagiriye mu mukino w’Amavubi
Amakuru

Myugariro wa APR FC, Fitina Ombolenga azamara hanze y’ikibuga ibyumweru bine adakina kubera imvune yagiriye mu mukino w’Amavubi

Ubwanditsi 15 Oct 2021
U Burundi buragana he? Ibiganiro bimaze ibyumweru bibiri birangiye nta masezerano ashyizweho umukono
INKURU NYAMUKURU

U Burundi buragana he? Ibiganiro bimaze ibyumweru bibiri birangiye nta masezerano ashyizweho umukono

Ubwanditsi 08 Dec 2017
Liverpool yanyagiye AS Roma ikandagiza ikirenge ku mukino wa nyuma wa Champions League (Amafoto)
IMIKINO

Liverpool yanyagiye AS Roma ikandagiza ikirenge ku mukino wa nyuma wa Champions League (Amafoto)

Ubwanditsi 25 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru