• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame asanga ubwiyongere bw’abanyafurika budakwiriye gufatwa nk’ikibazo

Perezida Kagame asanga ubwiyongere bw’abanyafurika budakwiriye gufatwa nk’ikibazo

Ubwanditsi 09 Dec 2018 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yavuze ko kuba abanyafurika baziyongera mu myaka 30 iri imbere bidakwiriye gufatwa nk’imbogamizi ahubwo ari amahirwe agomba kubyazwa umusaruro.

Yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 8 Ukuboza, i Sharm El Sheikh mu Misiri aho yitabiriye nama nyafurika y’iminsi ibiri izwi nka ’Africa 2018 Forum’, igamije kongera amahirwe yo kwishyira hamwe mu by’ubukungu no kongera ishoramari.

Mu biganiro by’urubyiruko na ba rwiyemezamirimo byabaye kuri iki Cyumweru, Perezida Kagame yavuze ko nta kidashoboka abanyafurika baramutse bashyize hamwe bagasesengura ibibazo byabo bakanabishakira umuti.

Yavuze ko ari inshingano haba ku bayobozi n’abaturage hagamijwe imibereho myiza ya buri wese muri Afurika.

Afurika ibarirwa abaturage miliyari 1.2. Mu mwaka wa 2050, bazaba ari miliyari 2.5.

Kuri ubu, 41% by’abatuye Afurika bafite imyaka iri munsi ya 15 mu gihe 19 % bafite hagati y’imyaka 15 na 24.

Perezida Kagame yavuze ko ubwo bwiyongere budakwiriye gufatwa nk’ikibazo ahubwo ari amahirwe akomeye.

Yagize ati “Ntidukwiriye kubibona nk’imbogamizi. Iyo uvuze miliyari 2.5 ku mugabane wacu mu mwaka wa 2050, si ikibazo. Ni amahirwe, inyungu, ni imbaraga.”

Yongeyeho ati “Icyakora ibyo ntibizizana keretse nidukora ishoramari nyaryo mu rubyiruko rwacu rufite amahirwe haba mu myaka n’imbaraga ndetse n’ubumenyi. Gusa bakeneye koroherezwa kugira ngo tube aho twakabaye turi. Ibyo bisaba umusanzu wa buri wese haba mu bumenyi cyangwa ubunararibonye.”

Kagame yavuze ko bishimishije kuba abantu batangiye kubona inyungu yo kuganira kuri ejo heza ha Afurika, buri wese azaba yibonamo.

Kuri ubu isi ituwe n’abagera kuri miliyari 7.3. Mu mwaka wa 2050, bazaba bageze kuri miliyari 9.7

Imibare yo mu 2015 y’Ishami rya Loni rishinzwe ubukungu n’imibereho myiza igaragaza ko ubwo bwiyongere ahanini buzaterwa n’ubwiyongere bw’abaturage mu bihugu byiganjemo ibyo muri Afurika.

Icyo gihe imibare igaragaza ko Afurika ari yo izaba ifite umubare munini w’abantu bakiri bato kuko nibura 9% by’abazaba bayituye nibo bazaba bafite imyaka iri hejuru ya 60.

Indi migabane nk’u Burayi, abantu bazaba bafite imyaka irenze 60 bazaba bangana na 34%, muri Amerika y’Amajyepfo na Aziya ari 25%.

Loni itangaza ko ari amahirwe akomeye kuri Afurika mu gihe abaturage bayo ibashije kubaha ubuvuzi bakeneye, uburezi kubaka ibikorwa remezo n’amahirwe yo kubona imirimo.

Perezida Kagame ari kumwe na mugenzi we wa Misiri, Abdel Fattah el-Sisi muri iyi nama

Amafoto: Village Urugwiro

2018-12-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uburengerazuba: Abibumbiye mu makoperative beretswe inyungu iri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Uburengerazuba: Abibumbiye mu makoperative beretswe inyungu iri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Ubwanditsi 17 Dec 2019
Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Ubwanditsi 19 Nov 2019
‘Kuba Amerika yavanye u Rwanda muri AGOA nta gikuba cyacitse’

‘Kuba Amerika yavanye u Rwanda muri AGOA nta gikuba cyacitse’

Ubwanditsi 02 Apr 2018
Perezida Kagame  aherutse guhabwa igihembo cy’umunyafurika w’umwaka wateje imbere ubukungu kuri uyu mugabane

Perezida Kagame aherutse guhabwa igihembo cy’umunyafurika w’umwaka wateje imbere ubukungu kuri uyu mugabane

Ubwanditsi 03 Dec 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Beatrice Bomgwa
    December 9, 20187:01 pm -

    Hashize ibyumweru bitatu abaturage b#i Rusizi bavugiye mu binyamakuru ko bahatirwa kuringaniza imbyaro. Ngo hari abafungirwa imbyaro babyaye umwana wa mbere. Nonese politiki y’u Rwanda ihindutse muri iyi minsi? Amagambo ya Perezida akwiye gusobanurirwa mbere abanyarwanda yuko bibacanga. Bikanibaza niba ari ngombwa gutanga miliyoni z’amadolari kujya kwemeza ibintu tudakora iwacu!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yatangaje Serumogo Omar na Mitima Isaac nk’abakinnyi bayo kugeza mu mpeshyi za 2025
Amakuru

Rayon Sports yatangaje Serumogo Omar na Mitima Isaac nk’abakinnyi bayo kugeza mu mpeshyi za 2025

Ubwanditsi 04 Jul 2023
Umuyobozi wa Komisiyo ya AU yageze mu Rwanda yitabiriye inama ku isoko rusange muri Afurika
POLITIKI

Umuyobozi wa Komisiyo ya AU yageze mu Rwanda yitabiriye inama ku isoko rusange muri Afurika

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Itangazamakuru ryo muri Australia ryatahuye abajenosideri 2 bari muri icyo gihugu
Amakuru

Itangazamakuru ryo muri Australia ryatahuye abajenosideri 2 bari muri icyo gihugu

Ubwanditsi 26 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru