• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame asanga ubwiyongere bw’abanyafurika budakwiriye gufatwa nk’ikibazo

Perezida Kagame asanga ubwiyongere bw’abanyafurika budakwiriye gufatwa nk’ikibazo

Ubwanditsi 09 Dec 2018 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yavuze ko kuba abanyafurika baziyongera mu myaka 30 iri imbere bidakwiriye gufatwa nk’imbogamizi ahubwo ari amahirwe agomba kubyazwa umusaruro.

Yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 8 Ukuboza, i Sharm El Sheikh mu Misiri aho yitabiriye nama nyafurika y’iminsi ibiri izwi nka ’Africa 2018 Forum’, igamije kongera amahirwe yo kwishyira hamwe mu by’ubukungu no kongera ishoramari.

Mu biganiro by’urubyiruko na ba rwiyemezamirimo byabaye kuri iki Cyumweru, Perezida Kagame yavuze ko nta kidashoboka abanyafurika baramutse bashyize hamwe bagasesengura ibibazo byabo bakanabishakira umuti.

Yavuze ko ari inshingano haba ku bayobozi n’abaturage hagamijwe imibereho myiza ya buri wese muri Afurika.

Afurika ibarirwa abaturage miliyari 1.2. Mu mwaka wa 2050, bazaba ari miliyari 2.5.

Kuri ubu, 41% by’abatuye Afurika bafite imyaka iri munsi ya 15 mu gihe 19 % bafite hagati y’imyaka 15 na 24.

Perezida Kagame yavuze ko ubwo bwiyongere budakwiriye gufatwa nk’ikibazo ahubwo ari amahirwe akomeye.

Yagize ati “Ntidukwiriye kubibona nk’imbogamizi. Iyo uvuze miliyari 2.5 ku mugabane wacu mu mwaka wa 2050, si ikibazo. Ni amahirwe, inyungu, ni imbaraga.”

Yongeyeho ati “Icyakora ibyo ntibizizana keretse nidukora ishoramari nyaryo mu rubyiruko rwacu rufite amahirwe haba mu myaka n’imbaraga ndetse n’ubumenyi. Gusa bakeneye koroherezwa kugira ngo tube aho twakabaye turi. Ibyo bisaba umusanzu wa buri wese haba mu bumenyi cyangwa ubunararibonye.”

Kagame yavuze ko bishimishije kuba abantu batangiye kubona inyungu yo kuganira kuri ejo heza ha Afurika, buri wese azaba yibonamo.

Kuri ubu isi ituwe n’abagera kuri miliyari 7.3. Mu mwaka wa 2050, bazaba bageze kuri miliyari 9.7

Imibare yo mu 2015 y’Ishami rya Loni rishinzwe ubukungu n’imibereho myiza igaragaza ko ubwo bwiyongere ahanini buzaterwa n’ubwiyongere bw’abaturage mu bihugu byiganjemo ibyo muri Afurika.

Icyo gihe imibare igaragaza ko Afurika ari yo izaba ifite umubare munini w’abantu bakiri bato kuko nibura 9% by’abazaba bayituye nibo bazaba bafite imyaka iri hejuru ya 60.

Indi migabane nk’u Burayi, abantu bazaba bafite imyaka irenze 60 bazaba bangana na 34%, muri Amerika y’Amajyepfo na Aziya ari 25%.

Loni itangaza ko ari amahirwe akomeye kuri Afurika mu gihe abaturage bayo ibashije kubaha ubuvuzi bakeneye, uburezi kubaka ibikorwa remezo n’amahirwe yo kubona imirimo.

Perezida Kagame ari kumwe na mugenzi we wa Misiri, Abdel Fattah el-Sisi muri iyi nama

Amafoto: Village Urugwiro

2018-12-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuba twarasigaye inyuma ntabwo twahora tubivuga nkaho bishimishije- Perezida Kagame

Kuba twarasigaye inyuma ntabwo twahora tubivuga nkaho bishimishije- Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 May 2018
Gahunda ya NEPAD igiye guhindurwa Ikigo cya AU gishinzwe iterambere

Gahunda ya NEPAD igiye guhindurwa Ikigo cya AU gishinzwe iterambere

Ubwanditsi 10 Jul 2018
Gaz Methane:  Miliyari zisaga 160 Frw zigiye gushorwa mu gutunganya Megawatt 56 z’Amashanyarazi mu kiyaga cya Kivu

Gaz Methane: Miliyari zisaga 160 Frw zigiye gushorwa mu gutunganya Megawatt 56 z’Amashanyarazi mu kiyaga cya Kivu

Ubwanditsi 31 Mar 2019
BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018

BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018

Ubwanditsi 01 Dec 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Beatrice Bomgwa
    December 9, 20187:01 pm -

    Hashize ibyumweru bitatu abaturage b#i Rusizi bavugiye mu binyamakuru ko bahatirwa kuringaniza imbyaro. Ngo hari abafungirwa imbyaro babyaye umwana wa mbere. Nonese politiki y’u Rwanda ihindutse muri iyi minsi? Amagambo ya Perezida akwiye gusobanurirwa mbere abanyarwanda yuko bibacanga. Bikanibaza niba ari ngombwa gutanga miliyoni z’amadolari kujya kwemeza ibintu tudakora iwacu!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDF yashyikirije FARDC imirambo itatu y’abasirikare bayo baguye ku butaka bw’u Rwanda
INKURU ZAKUNZWE CYANE

RDF yashyikirije FARDC imirambo itatu y’abasirikare bayo baguye ku butaka bw’u Rwanda

Ubwanditsi 18 Feb 2018
Bizimungu yanditse ibaruwa isezera yamenye ko Inteko yamukuyeho icyizere, yari yizeye Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi
INKURU NYAMUKURU

Bizimungu yanditse ibaruwa isezera yamenye ko Inteko yamukuyeho icyizere, yari yizeye Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi

Ubwanditsi 17 Apr 2020
Bitangiye kugaragara yuko nta Jammeh wa Gambia nta Nkurunziza w’u Burundi
POLITIKI

Bitangiye kugaragara yuko nta Jammeh wa Gambia nta Nkurunziza w’u Burundi

Ubwanditsi 13 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru