• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Nina Mu Ijwi ry’ ikiniga kinshi yatangaje byinshi kubyo ashinjwa ko yabyaranye n’ Umuhanzi Mako Nikoshwa

Nina Mu Ijwi ry’ ikiniga kinshi yatangaje byinshi kubyo ashinjwa ko yabyaranye n’ Umuhanzi Mako Nikoshwa

Ubwanditsi 09 May 2017 HIRYA NO HINO

Umuririmbyi Nina yashyize agira icyo avuga ku makuru yari amaze iminsi acaracara aho bivugwa ko yaba afite umwana yabyaranye n’umuhanzi Mako Nikoshwa wakanyujijeho bigatinda mu myaka ishize.

Nina mbere y’uko atangira kumenyekana nk’umuririmbyi ngo aririmbane na Charly, yagaragaye mu mashusho y’indirimbo ’Ngutekerezaho’ ya Mako Nikoshwa. Mu ntangiriro z’uyu mwaka ubwo hatangiraga ibikorwa byo gushaka abahatana Primus Guma Guma Super Star nibwo humvikanye abantu bamwe bashyiraga Nina mu cyiciro cy’abarengeje imyaka 35 yagendeweho mu gutora abahanzi, ku mbuga nkoranyambaga biracicikana ko ari umubyeyi ndetse afitanye umwana na Mako Nikoshwa ariko bombi ntibagira icyo babivugaho.

Mu kiganiro na Radio Isango Star, Nina yahakanye yivuye inyuma amakuru avuga ko yaba yarigeze kugirana umubano wihariye na Mako Nikoshwa, bigeze ku cyo kubyarana aratsemba avuga ko ari amakuru y’impuha kuko batigeze banakundana.

Yagize ati “Icyo ni ikiganiro kimaze igihe kinini, ubanza ari wowe muntu wa mbere tugiye kubivugana gutya. Ikintu cya mbere mbanza kubwira abantu ni uko abana ni umugisha uko byagenda kose. Icyo ni kimwe nshaka kugira ngo abantu bibanze bibinjire mu mutwe, abana ni umugisha. Wabyara mbere, wabyara nyuma, wabyara ufite umugabo, wabyara utamufite, abana ni umugisha.”

Yakomeje ati “Icya kabiri mfite abana benshi, abantu impamvu bakomeza babyisirisimbaho ni uko icya mbere simbivuga, icya kabiri ntabwo banzi cyane, ntabwo umuryango wanjye bawuzi ariko mfite abana benshi.”

Yabajijwe umubare w’abana afite, Nina asubiza agira ati “Ni benshi bashoboka, bose ni abana, apfa kuba ari umwana Imana yanshyize mu maboko, uwo aba ari umwana wanjye. Ni ibyo byonyine nshaka kuvugaho […] Njyewe nagize amahirwe y’uko Imana yampaye inshingano nkiri muto, bose mbita abana banjye.”

-6503.jpg

Umuhanzi Nina

Mu buryo bwumvikanisha ko aruhutse ku mutima bitewe n’amagambo yakomezaga kuvugwa, Nina ku bijyanye no kuba yarabyaye bikaba bitari bizwi mu buryo bweruye yavuze ati “Impamvu byakomezaga gutyo ni uko ntari narabivuze. Ndishimye kuba mbivuze.”

Nina yagize ikiniga kubera ibimuvugwaho na Mako Nikoshwa

Nina weruye ku nshuro ya mbere ko afite abana, mu ijwi ryumvikanamo ikiniga yahakanye yivuye inyuma amakuru amaze igihe kirekire acicikana aho byakunze kuvugwa ko yakundanye na Mako Nikoshwa ndetse bakaba barabyaranye.

-6504.jpg

Mako Nikoshwa

Ati “Icya mbere nakubwiye ni uko abana ni umugisha, ntabwo ari umuvumo cyangwa ikibazo kuba hari umwana cyangwa adahari. […] Sinshaka kubivugaho cyane kubera y’uko muri aka kanya byose ari ibijyanye n’umuziki, abana reka bajye iruhande.”

Abajijwe niba mu bana be harimo uwa Mako Nikoshwa, mu ijwi ryumvikanamo ikiniga anumvikanisha gutungurwa, uyu muririmbyi yagize ati “Uwa nde? No, no, never, no, never.”

2017-05-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Eh Abasore na Bagabo batera abakobwa Inda bakazihakana [ Akabo kashobotse ] Dore imyanzuro ikakaye igiye kubafatirwa vuba cyane

Eh Abasore na Bagabo batera abakobwa Inda bakazihakana [ Akabo kashobotse ] Dore imyanzuro ikakaye igiye kubafatirwa vuba cyane

Ubwanditsi 13 Jun 2017
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Ubwanditsi 16 Jun 2020
Tanzaniya: Abantu 30 batawe muri yombi baryozwa ishimutwa ry’umuherwe

Tanzaniya: Abantu 30 batawe muri yombi baryozwa ishimutwa ry’umuherwe

Ubwanditsi 12 Oct 2018
RDC: FARDC na Monusco byaburijemo igitero cya ADF muri Beni

RDC: FARDC na Monusco byaburijemo igitero cya ADF muri Beni

Ubwanditsi 02 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Félix Tshisekedi yatangaje ko adashobora kwemera kuba Minisitiri w’Intebe wa RDC
POLITIKI

Félix Tshisekedi yatangaje ko adashobora kwemera kuba Minisitiri w’Intebe wa RDC

Ubwanditsi 25 Apr 2018
Mageragere: Abaturage bahaye FPR icyifuzo cyo kubegereza amazi meza
POLITIKI

Mageragere: Abaturage bahaye FPR icyifuzo cyo kubegereza amazi meza

Ubwanditsi 26 Aug 2018
Amerika yasobanuye byimbitse uko igitero cyahitanye umuyobozi wa ISIS cyagenze
Mu Mahanga

Amerika yasobanuye byimbitse uko igitero cyahitanye umuyobozi wa ISIS cyagenze

Ubwanditsi 31 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru