• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Nina Mu Ijwi ry’ ikiniga kinshi yatangaje byinshi kubyo ashinjwa ko yabyaranye n’ Umuhanzi Mako Nikoshwa

Nina Mu Ijwi ry’ ikiniga kinshi yatangaje byinshi kubyo ashinjwa ko yabyaranye n’ Umuhanzi Mako Nikoshwa

Ubwanditsi 09 May 2017 HIRYA NO HINO

Umuririmbyi Nina yashyize agira icyo avuga ku makuru yari amaze iminsi acaracara aho bivugwa ko yaba afite umwana yabyaranye n’umuhanzi Mako Nikoshwa wakanyujijeho bigatinda mu myaka ishize.

Nina mbere y’uko atangira kumenyekana nk’umuririmbyi ngo aririmbane na Charly, yagaragaye mu mashusho y’indirimbo ’Ngutekerezaho’ ya Mako Nikoshwa. Mu ntangiriro z’uyu mwaka ubwo hatangiraga ibikorwa byo gushaka abahatana Primus Guma Guma Super Star nibwo humvikanye abantu bamwe bashyiraga Nina mu cyiciro cy’abarengeje imyaka 35 yagendeweho mu gutora abahanzi, ku mbuga nkoranyambaga biracicikana ko ari umubyeyi ndetse afitanye umwana na Mako Nikoshwa ariko bombi ntibagira icyo babivugaho.

Mu kiganiro na Radio Isango Star, Nina yahakanye yivuye inyuma amakuru avuga ko yaba yarigeze kugirana umubano wihariye na Mako Nikoshwa, bigeze ku cyo kubyarana aratsemba avuga ko ari amakuru y’impuha kuko batigeze banakundana.

Yagize ati “Icyo ni ikiganiro kimaze igihe kinini, ubanza ari wowe muntu wa mbere tugiye kubivugana gutya. Ikintu cya mbere mbanza kubwira abantu ni uko abana ni umugisha uko byagenda kose. Icyo ni kimwe nshaka kugira ngo abantu bibanze bibinjire mu mutwe, abana ni umugisha. Wabyara mbere, wabyara nyuma, wabyara ufite umugabo, wabyara utamufite, abana ni umugisha.”

Yakomeje ati “Icya kabiri mfite abana benshi, abantu impamvu bakomeza babyisirisimbaho ni uko icya mbere simbivuga, icya kabiri ntabwo banzi cyane, ntabwo umuryango wanjye bawuzi ariko mfite abana benshi.”

Yabajijwe umubare w’abana afite, Nina asubiza agira ati “Ni benshi bashoboka, bose ni abana, apfa kuba ari umwana Imana yanshyize mu maboko, uwo aba ari umwana wanjye. Ni ibyo byonyine nshaka kuvugaho […] Njyewe nagize amahirwe y’uko Imana yampaye inshingano nkiri muto, bose mbita abana banjye.”

-6503.jpg

Umuhanzi Nina

Mu buryo bwumvikanisha ko aruhutse ku mutima bitewe n’amagambo yakomezaga kuvugwa, Nina ku bijyanye no kuba yarabyaye bikaba bitari bizwi mu buryo bweruye yavuze ati “Impamvu byakomezaga gutyo ni uko ntari narabivuze. Ndishimye kuba mbivuze.”

Nina yagize ikiniga kubera ibimuvugwaho na Mako Nikoshwa

Nina weruye ku nshuro ya mbere ko afite abana, mu ijwi ryumvikanamo ikiniga yahakanye yivuye inyuma amakuru amaze igihe kirekire acicikana aho byakunze kuvugwa ko yakundanye na Mako Nikoshwa ndetse bakaba barabyaranye.

-6504.jpg

Mako Nikoshwa

Ati “Icya mbere nakubwiye ni uko abana ni umugisha, ntabwo ari umuvumo cyangwa ikibazo kuba hari umwana cyangwa adahari. […] Sinshaka kubivugaho cyane kubera y’uko muri aka kanya byose ari ibijyanye n’umuziki, abana reka bajye iruhande.”

Abajijwe niba mu bana be harimo uwa Mako Nikoshwa, mu ijwi ryumvikanamo ikiniga anumvikanisha gutungurwa, uyu muririmbyi yagize ati “Uwa nde? No, no, never, no, never.”

2017-05-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwibukije Uganda ibikorwa byayo bikomeje kubiba umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi

U Rwanda rwibukije Uganda ibikorwa byayo bikomeje kubiba umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi

Ubwanditsi 07 Jul 2019
RDC: FARDC na Monusco byaburijemo igitero cya ADF muri Beni

RDC: FARDC na Monusco byaburijemo igitero cya ADF muri Beni

Ubwanditsi 02 Dec 2018
“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

Ubwanditsi 03 Oct 2022
Guhura kwa Perezida Trump na Perezida Kim Jong-Un biraca amarenga yo kurangira kw’isi -Apôtre Dr Gitwaza

Guhura kwa Perezida Trump na Perezida Kim Jong-Un biraca amarenga yo kurangira kw’isi -Apôtre Dr Gitwaza

Ubwanditsi 28 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yongereye amasezerano y’umwaka umwe y’ubufatanye na Canal+
Amakuru

Rayon Sports yongereye amasezerano y’umwaka umwe y’ubufatanye na Canal+

Ubwanditsi 01 Dec 2023
Uko Museveni agerageza guhungabanya umutekano w’u Rwanda akoresheje abo yita impunzi
ITOHOZA

Uko Museveni agerageza guhungabanya umutekano w’u Rwanda akoresheje abo yita impunzi

Ubwanditsi 05 Sep 2018
Abapolisi b’u Rwanda 140 berekeje mu butumwa bw’amahoro muri Haiti
Mu Rwanda

Abapolisi b’u Rwanda 140 berekeje mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Ubwanditsi 25 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru