• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Natanyahu ati “hari abashyize igitutu ku Rwanda rureka kwakira abimukira”

Natanyahu ati “hari abashyize igitutu ku Rwanda rureka kwakira abimukira”

Ubwanditsi 04 Apr 2018 HIRYA NO HINO

Minisitiri w’intebe wa Israel yaraye atangaje ko ikigo kitwa ‘New Israel Fund’ kiba muri Amerika kivuga ko kirengera uburenganzira bwa muntu ari cyo cyatumye u Rwanda ruva mu masezerano yo kwakira abimukira bari muri Israel iki gihugu cyashakaga kohereza mu Rwanda.

Kuri Facebook Page ye Netanyahu yanditseho ati “Inkomoko nyayo ya kiriya gitutu cy’Abanyaburayi kuri Leta y’u Rwanda ngo ive mu masezerano yo kuvana abacengezi muri Israel ni New Israel Fund.”

Imiryango inyuranye mu bihugu by’amahanga yamaganye ibyo Leta ya Israel yifuzaga byo kohereza abimukira mu bindi bihugu bya Africa byumvikanye nayo. Ibyo bihugu byavugwaga ni u Rwanda na Uganda.

Mu magambo y’igiheburayo yatangaje icyatumye u Rwanda ruva mu byo kwakira abimukira bava muri Israel:

Netanyahu yatangaje ko ‘New Israel Fund’ ngo ihabwa inkunga na zimwe muri Leta z’ibihugu kugira ngo zigere ku mugambi wo gusenya Leta ya Israel nk’igihugu cy’abisiraheli gusa.

‘New Israel Fund’ ibonye ibyo Netanyahu yavuze yahise nayo itangaza ko itigeze ivugana na Leta y’u Rwanda ko ibyo yakoze ari urugamba kuri Demokarasi.

Kuwa mbere Netanyahu yari yatangaje ko yumvikanye na UNHCR ku kohereza bamwe muri bariya bimukira mu bihugu by’andi mahanga y’iburengerazuba, bigahita binavanaho ibyo kumvikana n’u Rwanda.

Hatarashira amasaha 24 ariko Benjamin Netanyahu yahise yongera gutangaza ko Leta Israel yisubiyeho  kuri ubwo bwumvikane na UNHCR kubera igitutu cy’abo mu ishyaka riri ku butegetsi n’andi mashyaka.

Ibinyamakuru muri Israel biravuga ko Netanyahu ari kongera gusuzuma izindi nzira nyinshi zishoboka ku gukemura iki kibazo harimo no kohereza bariya bimukira mu bindi bihugu bya Africa, hatarimo u Rwanda na Uganda ubu ngo byo bitakiri mu mugambi.

Benjamin Netanyahu mu kwezi kwa gatandatu 2016 yasuye u Rwanda, niwe Minisitiri w'intebe wa mbere wa Israel wari usuye u Rwanda

Benjamin Netanyahu mu kwezi kwa gatandatu 2016 yasuye u Rwanda, niwe Minisitiri w’intebe wa mbere wa Israel wari usuye u Rwanda

Mu kiganiro n’abanyamakuru hagati mu kwezi gushize, Louise Mushikiwabo Minisitiri w’ububanyi n’amahanga akaba n’umuvugizi wa Guverinoma, yatangaje ko ” Iby’abimukira bivugwa ko bavuye cyangwa bagomba kuva muri Israel baza mu Rwanda ntabyabayeho”.

Yemeje ko ariko ko hari ibyo bavuganye na Israel, ati “Twabwiye Leta ya Israel ko igihugu cyacu kiteguye kwakira abimukira bava muri Israel ariko bigendanye n’amategeko mpuzamahanga.”

 

2018-04-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Ubwanditsi 28 Jun 2024
Meghan n’igikomangoma cy’u Bwongereza bashobora kurira ukwezi kwa buki mu Rwanda

Meghan n’igikomangoma cy’u Bwongereza bashobora kurira ukwezi kwa buki mu Rwanda

Ubwanditsi 10 May 2018
Leta ya Uganda yashyikirije u Rwanda umurambo w’umuturage warwo wabonetse umanitswe mu giti

Leta ya Uganda yashyikirije u Rwanda umurambo w’umuturage warwo wabonetse umanitswe mu giti

Ubwanditsi 07 Feb 2020
Indwara y’ubwandu bw’amaraso (Blood infection). Ese iteye ite? Yakwirindwa ite? Ivurwa ite?

Indwara y’ubwandu bw’amaraso (Blood infection). Ese iteye ite? Yakwirindwa ite? Ivurwa ite?

Ubwanditsi 17 Mar 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Ntareyakanwa
    April 16, 20189:14 am -

    uyu nawe akomeje gukora genocide ikorerwa abarabu bo muri palestina !

    njye sinumva impamvu akomeza kumvwa n’amahanga kdi ari umwicanyi ruharwa!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gakenke : Perezida Kagame yongeye kwihanangiriza abayobozi bashishakazwa no gukora mu gihe bamutegereje gusa
Mu Mahanga

Gakenke : Perezida Kagame yongeye kwihanangiriza abayobozi bashishakazwa no gukora mu gihe bamutegereje gusa

Ubwanditsi 26 Mar 2016
Impuguke zasabye gushyiraho ingamba zihangana n’ubuhezanguni
Mu Mahanga

Impuguke zasabye gushyiraho ingamba zihangana n’ubuhezanguni

Ubwanditsi 23 Feb 2017
Police y’u Rwanda yasoje ibizamini ku murambo  wa Jacques Bihozagara
Mu Mahanga

Police y’u Rwanda yasoje ibizamini ku murambo wa Jacques Bihozagara

Ubwanditsi 13 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru