• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki   |   31 Jan 2026

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Hakurikiyeho urugamba rwo gukomeza gusobanura ibyo dukora – Perezida Kagame

Hakurikiyeho urugamba rwo gukomeza gusobanura ibyo dukora – Perezida Kagame

Editorial 03 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko amahanga yatekerezaga ko urugamba rwo kwibohora rwari kuba rwararwanywe mu bundi buryo.

Mu kiganiro kigamije gutegura isabukuru yo Kwibohora ku nshuro ya 25 cyabaye kuri uyu wa 02 Nyakanga 2019, Umukuru w’Igihugu yatangarije abanyamakuru hamwe n’urubyiruko rw’Abanyarwanda n’abanyamahanga bakoresha imbuga nkoranyambaga, ko hakiri urundi rugamba.

Avuga ko mu myaka 25 ishize igihugu cyarimo kwiyubaka, ariko ko hakomeje urugamba rwo gusobanurira abanyamahanga impamvu y’amahitamo y’Abanyarwanda atandukanye n’ubushake bwabo.

Perezida Kagame ati “Kugeza ubu umuryango nyarwanda ufite ibyiyumvo by’icyizere, kugira icyo watunga n’ejo hazaza, ndetse no kuva ku kutagira amikoro abantu bagatangira ibindi bihe bikomeye”

Umunyamakuru wa KT Press, Edmund Kagire, yabimburiye abandi mu kubaza ikibazo
Umunyamakuru wa KT Press, Edmund Kagire, yabimburiye abandi mu kubaza ikibazo

“Muri make twarwanye intambara imwe ikaba isa n’iyarangiye, ariko hari indi yo gukomeza kugaragaza no gusobanura ikintu cyose dukoze”.

“Biragaragara ko ibintu byose twagiye dukora byaba bitarabaye byiza imbere y’andi mahanga, hari abatekerezaga ko twakora ibintu mu buryo butandukanye n’ubwo twe twabikozemo”.

“Ni mu gihe twebwe twabonaga ko ibyo dukora ari byo bidukwiriye kandi bitubereye, ni yo mpamvu rero hagiye habaho uko kutumvikana kw’impande zombi”.

Perezida Kagame mu kiganiro n’Abanyamakuru

Perezida Kagame avuga ko hari Abanyarwanda babarirwa muri za “miliyoni zigera nko muri eshatu” bari barahajejwe hanze y’igihugu ndetse n’akarengane gakomeye kagaragaraga mu gihugu imbere.

Mu bitabiriye ikiganiro cyatanzwe na Perezida Kagame hari uwamubajije ikintu kimushimisha kurusha ibindi, amusubiza ko ashimishwa no kubaho ndetse no kwitanga aharanira buri gihe icyageza u Rwanda ku byiza.

Perezida Kagame asaba urubyiruko kudategereza guhabwa amabwiriza y’icyo rugomba gukora, ahubwo ngo umuntu wese ufite icyo ashoboye kiri mu nyungu z’abandi, ngo afite inshingano zo kukigeraho atitaye ku bamutera ubwoba.

Akomeza asaba Abanyarwanda kwirinda gukomeza kubeshwaho n’inkunga, ahubwo ko iyo bahawe ngo igomba kubahesha ubushobozi bwo kutazongera gufashwa.

Ati “Hari ibitagombera guhabwa inkunga kugira ngo bikorwe, nk’ikijyanye no kwita ku isuku”.

Perezida Kagame avuga ko muri iyi myaka 25 ishize ubukungu bwagiye buzamuka ku muvuduko yishimira, ariko ko hatagomba kubaho kwirara.

Src : KT

2019-07-03
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yongeye kuvuga k’uruhare rwa Uganda mu guhohotera Abanyarwanda

Perezida Kagame yongeye kuvuga k’uruhare rwa Uganda mu guhohotera Abanyarwanda

Editorial 20 Jun 2019
Imashini zikora itabi zo kwa Rwigara zatejwe  cyamunara kuri miliyari 1.7 Frw

Imashini zikora itabi zo kwa Rwigara zatejwe cyamunara kuri miliyari 1.7 Frw

Editorial 18 Jun 2018
David Himbara akomeje urugamba yiyemeje rwo guharabika u Rwanda n’ibyiza rugenda rugeraho

David Himbara akomeje urugamba yiyemeje rwo guharabika u Rwanda n’ibyiza rugenda rugeraho

Editorial 29 May 2018
Impamvu u Rwanda rwafashe umwanzuro wo kuva k’umupaka uhuriweho (One Stop Border Post) n’abarundi wa Ruhwa

Impamvu u Rwanda rwafashe umwanzuro wo kuva k’umupaka uhuriweho (One Stop Border Post) n’abarundi wa Ruhwa

Editorial 21 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi
INKURU NYAMUKURU

Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 10 Mar 2020
Perezida Kagame yitabiriye inama ya mbere igiye guhuza Afurika n’u Burusiya
UBUKUNGU

Perezida Kagame yitabiriye inama ya mbere igiye guhuza Afurika n’u Burusiya

Editorial 23 Oct 2019
Aba Pasiteri b’ADEPR bongeye gushimutirwa Uganda
INKURU NYAMUKURU

Aba Pasiteri b’ADEPR bongeye gushimutirwa Uganda

Editorial 11 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru