• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Hakurikiyeho urugamba rwo gukomeza gusobanura ibyo dukora – Perezida Kagame

Hakurikiyeho urugamba rwo gukomeza gusobanura ibyo dukora – Perezida Kagame

Ubwanditsi 03 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko amahanga yatekerezaga ko urugamba rwo kwibohora rwari kuba rwararwanywe mu bundi buryo.

Mu kiganiro kigamije gutegura isabukuru yo Kwibohora ku nshuro ya 25 cyabaye kuri uyu wa 02 Nyakanga 2019, Umukuru w’Igihugu yatangarije abanyamakuru hamwe n’urubyiruko rw’Abanyarwanda n’abanyamahanga bakoresha imbuga nkoranyambaga, ko hakiri urundi rugamba.

Avuga ko mu myaka 25 ishize igihugu cyarimo kwiyubaka, ariko ko hakomeje urugamba rwo gusobanurira abanyamahanga impamvu y’amahitamo y’Abanyarwanda atandukanye n’ubushake bwabo.

Perezida Kagame ati “Kugeza ubu umuryango nyarwanda ufite ibyiyumvo by’icyizere, kugira icyo watunga n’ejo hazaza, ndetse no kuva ku kutagira amikoro abantu bagatangira ibindi bihe bikomeye”

Umunyamakuru wa KT Press, Edmund Kagire, yabimburiye abandi mu kubaza ikibazo
Umunyamakuru wa KT Press, Edmund Kagire, yabimburiye abandi mu kubaza ikibazo

“Muri make twarwanye intambara imwe ikaba isa n’iyarangiye, ariko hari indi yo gukomeza kugaragaza no gusobanura ikintu cyose dukoze”.

“Biragaragara ko ibintu byose twagiye dukora byaba bitarabaye byiza imbere y’andi mahanga, hari abatekerezaga ko twakora ibintu mu buryo butandukanye n’ubwo twe twabikozemo”.

“Ni mu gihe twebwe twabonaga ko ibyo dukora ari byo bidukwiriye kandi bitubereye, ni yo mpamvu rero hagiye habaho uko kutumvikana kw’impande zombi”.

Perezida Kagame mu kiganiro n’Abanyamakuru

Perezida Kagame avuga ko hari Abanyarwanda babarirwa muri za “miliyoni zigera nko muri eshatu” bari barahajejwe hanze y’igihugu ndetse n’akarengane gakomeye kagaragaraga mu gihugu imbere.

Mu bitabiriye ikiganiro cyatanzwe na Perezida Kagame hari uwamubajije ikintu kimushimisha kurusha ibindi, amusubiza ko ashimishwa no kubaho ndetse no kwitanga aharanira buri gihe icyageza u Rwanda ku byiza.

Perezida Kagame asaba urubyiruko kudategereza guhabwa amabwiriza y’icyo rugomba gukora, ahubwo ngo umuntu wese ufite icyo ashoboye kiri mu nyungu z’abandi, ngo afite inshingano zo kukigeraho atitaye ku bamutera ubwoba.

Akomeza asaba Abanyarwanda kwirinda gukomeza kubeshwaho n’inkunga, ahubwo ko iyo bahawe ngo igomba kubahesha ubushobozi bwo kutazongera gufashwa.

Ati “Hari ibitagombera guhabwa inkunga kugira ngo bikorwe, nk’ikijyanye no kwita ku isuku”.

Perezida Kagame avuga ko muri iyi myaka 25 ishize ubukungu bwagiye buzamuka ku muvuduko yishimira, ariko ko hatagomba kubaho kwirara.

Src : KT

2019-07-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gianni Infantino uyobora FIFA yashimye Perezida  Paul Kagame ukomeje guteza imbere Ruhago

Gianni Infantino uyobora FIFA yashimye Perezida Paul Kagame ukomeje guteza imbere Ruhago

Ubwanditsi 27 Jul 2024
Ikindi kimenyetso gihamya Kayumba Nyamwasa ibura rya Ben Rutabana

Ikindi kimenyetso gihamya Kayumba Nyamwasa ibura rya Ben Rutabana

Ubwanditsi 05 Feb 2020
Perezida wa Estonia yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi

Perezida wa Estonia yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Congo yataye muri yombi undi muyobozi ukomeye muri FDLR

Congo yataye muri yombi undi muyobozi ukomeye muri FDLR

Ubwanditsi 04 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu mukino ubanza wa 1/2 w’igikombe cy’Amahoro, ikipe ya Rayon Sports irakira APR FC ibura abakinnyi 3 barimo Manishimwe Djabel
Amakuru

Mu mukino ubanza wa 1/2 w’igikombe cy’Amahoro, ikipe ya Rayon Sports irakira APR FC ibura abakinnyi 3 barimo Manishimwe Djabel

Ubwanditsi 11 May 2022
Colonel Mpiranya Leon Cyprien alias Kagoma asimbuye Gen.BGDE Afurika Jean Michel k’umwanya w’umukuru w’inyeshyamba za RUD URUNANA
HIRYA NO HINO

Colonel Mpiranya Leon Cyprien alias Kagoma asimbuye Gen.BGDE Afurika Jean Michel k’umwanya w’umukuru w’inyeshyamba za RUD URUNANA

Ubwanditsi 18 Nov 2019
Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi
Amakuru

Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi

Ubwanditsi 05 May 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru