• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Hakurikiyeho urugamba rwo gukomeza gusobanura ibyo dukora – Perezida Kagame

Hakurikiyeho urugamba rwo gukomeza gusobanura ibyo dukora – Perezida Kagame

Ubwanditsi 03 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko amahanga yatekerezaga ko urugamba rwo kwibohora rwari kuba rwararwanywe mu bundi buryo.

Mu kiganiro kigamije gutegura isabukuru yo Kwibohora ku nshuro ya 25 cyabaye kuri uyu wa 02 Nyakanga 2019, Umukuru w’Igihugu yatangarije abanyamakuru hamwe n’urubyiruko rw’Abanyarwanda n’abanyamahanga bakoresha imbuga nkoranyambaga, ko hakiri urundi rugamba.

Avuga ko mu myaka 25 ishize igihugu cyarimo kwiyubaka, ariko ko hakomeje urugamba rwo gusobanurira abanyamahanga impamvu y’amahitamo y’Abanyarwanda atandukanye n’ubushake bwabo.

Perezida Kagame ati “Kugeza ubu umuryango nyarwanda ufite ibyiyumvo by’icyizere, kugira icyo watunga n’ejo hazaza, ndetse no kuva ku kutagira amikoro abantu bagatangira ibindi bihe bikomeye”

Umunyamakuru wa KT Press, Edmund Kagire, yabimburiye abandi mu kubaza ikibazo
Umunyamakuru wa KT Press, Edmund Kagire, yabimburiye abandi mu kubaza ikibazo

“Muri make twarwanye intambara imwe ikaba isa n’iyarangiye, ariko hari indi yo gukomeza kugaragaza no gusobanura ikintu cyose dukoze”.

“Biragaragara ko ibintu byose twagiye dukora byaba bitarabaye byiza imbere y’andi mahanga, hari abatekerezaga ko twakora ibintu mu buryo butandukanye n’ubwo twe twabikozemo”.

“Ni mu gihe twebwe twabonaga ko ibyo dukora ari byo bidukwiriye kandi bitubereye, ni yo mpamvu rero hagiye habaho uko kutumvikana kw’impande zombi”.

Perezida Kagame mu kiganiro n’Abanyamakuru

Perezida Kagame avuga ko hari Abanyarwanda babarirwa muri za “miliyoni zigera nko muri eshatu” bari barahajejwe hanze y’igihugu ndetse n’akarengane gakomeye kagaragaraga mu gihugu imbere.

Mu bitabiriye ikiganiro cyatanzwe na Perezida Kagame hari uwamubajije ikintu kimushimisha kurusha ibindi, amusubiza ko ashimishwa no kubaho ndetse no kwitanga aharanira buri gihe icyageza u Rwanda ku byiza.

Perezida Kagame asaba urubyiruko kudategereza guhabwa amabwiriza y’icyo rugomba gukora, ahubwo ngo umuntu wese ufite icyo ashoboye kiri mu nyungu z’abandi, ngo afite inshingano zo kukigeraho atitaye ku bamutera ubwoba.

Akomeza asaba Abanyarwanda kwirinda gukomeza kubeshwaho n’inkunga, ahubwo ko iyo bahawe ngo igomba kubahesha ubushobozi bwo kutazongera gufashwa.

Ati “Hari ibitagombera guhabwa inkunga kugira ngo bikorwe, nk’ikijyanye no kwita ku isuku”.

Perezida Kagame avuga ko muri iyi myaka 25 ishize ubukungu bwagiye buzamuka ku muvuduko yishimira, ariko ko hatagomba kubaho kwirara.

Src : KT

2019-07-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo gutsindwa na Mushikiwabo k’Ubuyobozi bwa OIF Michaella Jean yatangiye kwivanga muri politiki y’u Rwanda

Nyuma yo gutsindwa na Mushikiwabo k’Ubuyobozi bwa OIF Michaella Jean yatangiye kwivanga muri politiki y’u Rwanda

Ubwanditsi 09 Nov 2018
Umushyikirano 19: Ntimugatinye ibitumbaraye. Kenshi biba bimeze nk’ibipurizo byuzuyemo umwuka, wakozaho urushinge gusa ibyari bibyimbyemo ukayoberwa aho bigiye “Perezida Kagame”

Umushyikirano 19: Ntimugatinye ibitumbaraye. Kenshi biba bimeze nk’ibipurizo byuzuyemo umwuka, wakozaho urushinge gusa ibyari bibyimbyemo ukayoberwa aho bigiye “Perezida Kagame”

Ubwanditsi 23 Jan 2024
M7 yasinziriye mu nama ya Commonwealth

M7 yasinziriye mu nama ya Commonwealth

Ubwanditsi 19 Apr 2018
Ubwiza bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe yashyizwe mu murage w’Isi wa UNESCO

Ubwiza bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe yashyizwe mu murage w’Isi wa UNESCO

Ubwanditsi 20 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye umuyobozi wa gatatu ukomeye mu Bushinwa
Mu Mahanga

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye umuyobozi wa gatatu ukomeye mu Bushinwa

Ubwanditsi 25 Mar 2016
Louise Mushikiwabo witegura kwiyamariza kuyobora OIF ni muntu ki?
POLITIKI

Louise Mushikiwabo witegura kwiyamariza kuyobora OIF ni muntu ki?

Ubwanditsi 07 Jun 2018
Nta munyarwanda wemerewe kwambuka umupaka ngo ajye muri Uganda abafungiyeyo bakorerwa iyicarubozo batarafungurwa
INKURU NYAMUKURU

Nta munyarwanda wemerewe kwambuka umupaka ngo ajye muri Uganda abafungiyeyo bakorerwa iyicarubozo batarafungurwa

Ubwanditsi 22 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru