• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umuhigi ahindutse umuhigo: Tshisekedi yibwiraga ko uruzinduko rwa Papa Francis ruzamufasha gukomeza kubeshya amahanga, none ahubwo rumwambitse ubusa ku manywa y’ihangu.
Pope Francis and Congolese President Felix Tshisekedi attend a welcome ceremony at the Palais de la Nation in Kinshasa, Congo, Jan. 31, 2023. (CNS photo/Paul Haring)

Umuhigi ahindutse umuhigo: Tshisekedi yibwiraga ko uruzinduko rwa Papa Francis ruzamufasha gukomeza kubeshya amahanga, none ahubwo rumwambitse ubusa ku manywa y’ihangu.

Ubwanditsi 02 Feb 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Uretse ko atagirwa inama, Perezida Félix Tshisekedi yari akwiye kureka gukomeza gutera iyaharurutswe agereka ibyamunaniye ku Rwanda, kuko abo abibwiye bose bamaze kumugaragariza ko babirambiwe. Urugero ni ibyamubayeho mu nama iherutse kubera i Dakar muri Senegal, maze gutandukira kwe gutuma Perezida Macky Sall amwirengagiza, ntiyanamuvuga mu bitabiriye iyo nama yigaga ku iterambere ry’ubuhinzi.

Isomo ryo kumenya icyo uvuga n’igihe nyacyo cyo kukivuga yaherewe i Dakar, ntacyo ryafashije Perezida Tshisekedi kuko yongeye kuvanga amasaka n’amasakaramentu mu ijambo yagejeje kuri Papa Francis uri mu ruzinduko muri Kongo. Ni ijambo ryari rigizwe n’ibirego bivanze n’amarira, nk’uko bisanzwe ashinja u Rwanda kuba inyuma y’ibibazo by’uruhuri, byatumye Kongo isa n’igihugu cyapfubye(Failed nation).Nyamara byari nko gutwika inzu ugahisha umwotsi, kuko Papa Francis yaje muri Kongo azi neza ko ubutegetsi bwayo ariwo umuzi w’ibibazo byabaye akarande. Mu ijambo rye rirerire, Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku isi, yibukije abategetsi ba Kongo ko kwiyita umukrisitu mu magambo bidahagije, ko ahubwo bikwiye kujyana n’ibikorwa.

Tubibabwiye mu magambo make, Papa Francis yagize ati:” Umuntu uri mu mwanya w’ubuyobozi asabwa kurangwa n’umucyo, akumva ko ububasha yahawe agomba kubukoresha mbere na mbere mu nyungu z’abo ayobora. Ntako bisa kwirinda kuyoboresha igitugu, gushakisha indonke no kurarikira amafaranga, dore ko ari nawo muzi w’amabi yose, nk’uko intumwa Paul ibivuga[ muri Bibiliya).

Ibi bikorwa by’urukozasoni bikabakururira ikimwaro, akaga ndetse n’urupfu….Ni ngombwa ahubwo kwegera abaturage, mukamenya uko babaho, kuko kubaba hafi mutagambiriye izindi nyungu cyangwa kwifotoza, ari byo bizatuma babagirira icyizere…..Niba mushaka kuzura Kongo, mugomba gutegura amatora anyuze mu mucyo kandi yizewe”.Papa Francis kandi yasabye Abanyekongo kureka ivangura rigamijwe inyungu z’ubwoko cyangwa iz’agatsiko runaka, ahubwo bakunga ubumwe, kuko aribwo buzazitira “ba mpatsibihugu bitwikira imidugararo, bagasahura umutungo wa Kongo”.

Uru ruzinduko kandi rwongeye gutuma bamwe mu Banyekongo binigura, bagaragaza ko umuzi nyakuri w’ibibazo byabo ari ubuyobozi bubi cyane. N’ubwo Kiliziya Gatolika muri Kongo yakunze gukorerera mu kwaha k’ubutegetsi no gutiza umurindi ibikorwa n’imvugo byibasira cyane cyane Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, ntawabura gushima nubutwari bwa Karidinali Fridolin Ambongo, weruriye Papa Francis, akamubwira ko ubutegetsi buriho bwimakaje umuco w’ikinyoma. Karidinali Ambongo ati:”Abanyekongo babeshya nk’uko bahumeka.

N’ikimenyimenyi Tshisekedi yabeshye ko yatsinze amatora y’umukuru w’igihugu yo muw’2018, kandi nawe ubwe twamubwiye ko tuzi neza ko habayemo uburiganya. Ikibabaje, Umuryango Mpuzamahanga wemeye ubwo bujura, kandi njye nka Arisheveke wa Kinshasa nta bushobozi mfite bwo gushishikariza abaturage kubwanga. Yongeraho ati:”Ubutegetsi dufite nibwo ntandaro y’ibibazo byose Kongo ifite, kandi abaturage nibakomeza kubirebera, nabo bazaba babigizemo uruhare”.

Burya rero koko umutego mutindi ushibuka nyirawo akihahagaze. Perezida Tshisekedi yibeshyaga ko uruzinduko rwa Papa Francis ruzamuhagarika bwuma muri politiki na dipolomasi, none ahubwo rugaragaje isura nyayo y’ubutegetsi bwe. Nta hene ibyibuha ku munsi w’isoko.

2023-02-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyinyoma cya Bonabaana inkoramutima ya RNC, kunyerera ku gishishwa cy’umuneke mu gitangazamakuru cya guverinoma

Icyinyoma cya Bonabaana inkoramutima ya RNC, kunyerera ku gishishwa cy’umuneke mu gitangazamakuru cya guverinoma

Ubwanditsi 12 Aug 2019
Rayon Sports yakuye intsinzi i Rubavu, APR FC itsikirira i MUsanze, Police FC yatsindiwe i Nyanza, ibyaranze 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro

Rayon Sports yakuye intsinzi i Rubavu, APR FC itsikirira i MUsanze, Police FC yatsindiwe i Nyanza, ibyaranze 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 13 Feb 2025
Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu

Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu

Ubwanditsi 25 May 2025
U Rwanda rwamaganye  raporo ya Human Rights Watch igamije  Kwibasira u Rwanda ku mpamvu za Politiki

U Rwanda rwamaganye raporo ya Human Rights Watch igamije Kwibasira u Rwanda ku mpamvu za Politiki

Ubwanditsi 28 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports yuzuza imikino irindwi idatsindwa inaboneraho gufata umwanya wa 1 wa shampiyona
Amakuru

Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports yuzuza imikino irindwi idatsindwa inaboneraho gufata umwanya wa 1 wa shampiyona

Ubwanditsi 12 Nov 2022
Uganda Yirukanye Umuyobozi Wa MTN Ku Butaka Bwayo
ITOHOZA

Uganda Yirukanye Umuyobozi Wa MTN Ku Butaka Bwayo

Ubwanditsi 15 Feb 2019
I Rubavu hasojwe amarushanwa y’abari munsi y’imyaka 15 yiswe CAF African Schools Championship 2022
Amakuru

I Rubavu hasojwe amarushanwa y’abari munsi y’imyaka 15 yiswe CAF African Schools Championship 2022

Ubwanditsi 25 Jul 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru