• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umuhigi ahindutse umuhigo: Tshisekedi yibwiraga ko uruzinduko rwa Papa Francis ruzamufasha gukomeza kubeshya amahanga, none ahubwo rumwambitse ubusa ku manywa y’ihangu.
Pope Francis and Congolese President Felix Tshisekedi attend a welcome ceremony at the Palais de la Nation in Kinshasa, Congo, Jan. 31, 2023. (CNS photo/Paul Haring)

Umuhigi ahindutse umuhigo: Tshisekedi yibwiraga ko uruzinduko rwa Papa Francis ruzamufasha gukomeza kubeshya amahanga, none ahubwo rumwambitse ubusa ku manywa y’ihangu.

Ubwanditsi 02 Feb 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Uretse ko atagirwa inama, Perezida Félix Tshisekedi yari akwiye kureka gukomeza gutera iyaharurutswe agereka ibyamunaniye ku Rwanda, kuko abo abibwiye bose bamaze kumugaragariza ko babirambiwe. Urugero ni ibyamubayeho mu nama iherutse kubera i Dakar muri Senegal, maze gutandukira kwe gutuma Perezida Macky Sall amwirengagiza, ntiyanamuvuga mu bitabiriye iyo nama yigaga ku iterambere ry’ubuhinzi.

Isomo ryo kumenya icyo uvuga n’igihe nyacyo cyo kukivuga yaherewe i Dakar, ntacyo ryafashije Perezida Tshisekedi kuko yongeye kuvanga amasaka n’amasakaramentu mu ijambo yagejeje kuri Papa Francis uri mu ruzinduko muri Kongo. Ni ijambo ryari rigizwe n’ibirego bivanze n’amarira, nk’uko bisanzwe ashinja u Rwanda kuba inyuma y’ibibazo by’uruhuri, byatumye Kongo isa n’igihugu cyapfubye(Failed nation).Nyamara byari nko gutwika inzu ugahisha umwotsi, kuko Papa Francis yaje muri Kongo azi neza ko ubutegetsi bwayo ariwo umuzi w’ibibazo byabaye akarande. Mu ijambo rye rirerire, Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku isi, yibukije abategetsi ba Kongo ko kwiyita umukrisitu mu magambo bidahagije, ko ahubwo bikwiye kujyana n’ibikorwa.

Tubibabwiye mu magambo make, Papa Francis yagize ati:” Umuntu uri mu mwanya w’ubuyobozi asabwa kurangwa n’umucyo, akumva ko ububasha yahawe agomba kubukoresha mbere na mbere mu nyungu z’abo ayobora. Ntako bisa kwirinda kuyoboresha igitugu, gushakisha indonke no kurarikira amafaranga, dore ko ari nawo muzi w’amabi yose, nk’uko intumwa Paul ibivuga[ muri Bibiliya).

Ibi bikorwa by’urukozasoni bikabakururira ikimwaro, akaga ndetse n’urupfu….Ni ngombwa ahubwo kwegera abaturage, mukamenya uko babaho, kuko kubaba hafi mutagambiriye izindi nyungu cyangwa kwifotoza, ari byo bizatuma babagirira icyizere…..Niba mushaka kuzura Kongo, mugomba gutegura amatora anyuze mu mucyo kandi yizewe”.Papa Francis kandi yasabye Abanyekongo kureka ivangura rigamijwe inyungu z’ubwoko cyangwa iz’agatsiko runaka, ahubwo bakunga ubumwe, kuko aribwo buzazitira “ba mpatsibihugu bitwikira imidugararo, bagasahura umutungo wa Kongo”.

Uru ruzinduko kandi rwongeye gutuma bamwe mu Banyekongo binigura, bagaragaza ko umuzi nyakuri w’ibibazo byabo ari ubuyobozi bubi cyane. N’ubwo Kiliziya Gatolika muri Kongo yakunze gukorerera mu kwaha k’ubutegetsi no gutiza umurindi ibikorwa n’imvugo byibasira cyane cyane Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, ntawabura gushima nubutwari bwa Karidinali Fridolin Ambongo, weruriye Papa Francis, akamubwira ko ubutegetsi buriho bwimakaje umuco w’ikinyoma. Karidinali Ambongo ati:”Abanyekongo babeshya nk’uko bahumeka.

N’ikimenyimenyi Tshisekedi yabeshye ko yatsinze amatora y’umukuru w’igihugu yo muw’2018, kandi nawe ubwe twamubwiye ko tuzi neza ko habayemo uburiganya. Ikibabaje, Umuryango Mpuzamahanga wemeye ubwo bujura, kandi njye nka Arisheveke wa Kinshasa nta bushobozi mfite bwo gushishikariza abaturage kubwanga. Yongeraho ati:”Ubutegetsi dufite nibwo ntandaro y’ibibazo byose Kongo ifite, kandi abaturage nibakomeza kubirebera, nabo bazaba babigizemo uruhare”.

Burya rero koko umutego mutindi ushibuka nyirawo akihahagaze. Perezida Tshisekedi yibeshyaga ko uruzinduko rwa Papa Francis ruzamuhagarika bwuma muri politiki na dipolomasi, none ahubwo rugaragaje isura nyayo y’ubutegetsi bwe. Nta hene ibyibuha ku munsi w’isoko.

2023-02-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imishinga iciriritse igiye gutangira guhabwa  Ubwishigizi mu Rwanda

Imishinga iciriritse igiye gutangira guhabwa Ubwishigizi mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2017
As Kigali ifashe umwanya wa kane, Marines FC yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere

As Kigali ifashe umwanya wa kane, Marines FC yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere

Ubwanditsi 06 May 2023
Mu Rwanda habonetse abandi bantu 3 barwaye Coronavirus

Mu Rwanda habonetse abandi bantu 3 barwaye Coronavirus

Ubwanditsi 10 Apr 2020
Nyuma yo kotswa igitutu Leta ya Uganda yarekuye Abanyarwanda batanu bamaze iminsi batotezwa n’inzego z’iperereza,  bagarurwa mu Rwanda

Nyuma yo kotswa igitutu Leta ya Uganda yarekuye Abanyarwanda batanu bamaze iminsi batotezwa n’inzego z’iperereza, bagarurwa mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jeannette Kagame yasabye urubyiruko rwa AERG kudafata ihungabana nka kirazira
Mu Mahanga

Jeannette Kagame yasabye urubyiruko rwa AERG kudafata ihungabana nka kirazira

Ubwanditsi 23 Oct 2016
Impamvu 10 zituma abakobwa beza batinda kubona abagabo cyangwa bakanahera iwabo
SHOWBIZ

Impamvu 10 zituma abakobwa beza batinda kubona abagabo cyangwa bakanahera iwabo

Ubwanditsi 20 Jan 2018
CNLG irasaba u Buholandi kuburanisha Ndereyehe cyangwa akoherezwa mu Rwanda
INKURU ZAKUNZWE CYANE

CNLG irasaba u Buholandi kuburanisha Ndereyehe cyangwa akoherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 12 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru