• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ku nshuro ya 14 Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) yatanze impamyabumenyi ku banyeshuri 1038

Ku nshuro ya 14 Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) yatanze impamyabumenyi ku banyeshuri 1038

Ubwanditsi 08 Dec 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8/12/2017, kaminuza yigenga ya Kigali [ ULK ] yatanze impamyabumenyi ku mugaragaro ku banyeshuri bagera ku 1038,  barangije muri iyo kaminuza mu cyiciro cya gatatu (Master’s Degree) ndetse n’icyiciro cya kabiri aricyo cya (Bacheror’s Degree), mu mashami atandukanye ariyo Amategeko, Ikoranabuhanga, Icungamutungo, Iterambere mpuzamahanga n’andi.

Ni umuhango wabereye kuri stade ya ULK iherereye ku Gisozi, ukaba witabiriwe n’abantu benshi batandukanye barimo abanyeshuri bari baje guhabwa impamyabumenyi zabo, abayobozi batandukanye ndetse n’ababyeyi bari baje baherekeje abahawe impamyabumenyi.

Abanyeshuri 147 bahawe impamyabumenyi z’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mugihe abagera kuri 891 bahawe impamyabumenyi z’icyiciro cya kabiri cya kaminuza.

Nkuko byagarutsweho n’Umuyobozi wa ULK Dr Sekibibi Ezekiel, yavuze ko kaminuza ya ULK imaze kugaragaza ubushobozi ku isoko ry’umurimo aho yavuze ko ubu ari iya mbere muri kaminuza zigenga zo mu Rwanda ikaba iya kabiri mu Rwanda nyuma ya Kaminuza y’u Rwanda.

Yagaragaje ko mu banyeshuri bahawe impamyabumenyi mu cyiciro cya kabiri cya kaminuza abakobwa aribo benshi bari kuri 61.3% mu gihe abahungu ari 38.7%, naho mu cyiciro cya gatatu cya kaminuza abahungu akaba aribo benshi kuri 64.6% mu gihe abakobwa ari 36.4%.

Yashoje avuga ko bitewe n’ibyo kaminuza ya ULK igeza ku banyarwanda ndetse n’isi muri rusange uyu mwaka bakiriye abanyeshuri benshi baturutse mu bihugu bitandukanye byo hanze birimo Congo, U Burundi, Tanzania, Uganda, Nigeria ndetse na Canada.

Prof. Dr. Rwigamba Balinda washinze Kaminuza ya ULK yavuze ko bishimira ibimaze kugerwaho na ULK avuga ko abikesha Imana yamufashije gushing kaminuza ya ULK ndetse n’ubuyobozi bwiza bw’Igihugu.

Ati” Nshimiye Imana mbere yo yabashije kumfasha gushinga Kaminuza ya ULK, nshimiye kandi ubuyobozi bwiza bw’Igihugu cyacu burangajwe imbere na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame ku iterambere rigaragara hose u Rwanda rumaze kugeraho, umutekano kuko bidahari iri terambere ntitwarigeraho.”

Yanashimiye kandi Ingabo z’Igihugu ndetse na Police ku bwitange bagaragaza ngo igihugu kirusheho gutera imbere, anashimira Minisiteri y’Uburezi n’Umujyi wa Kigali ku mikoranire n’ubufatanye bagirana mu rwego rwo guteza imbere uburezi.

Yashoje atanga impanuro ku banyeshuri bahawe impamyabumenyi, aho yababwiye ko ubumenyi bavanye kuri kaminuza bagomba kubuhuza n’amahame y’indangagaciro z’ubuzima kuko ariwo musingi w’ubuzima bwiza, abasaba kumenya inshingano zabo ku isi birinda gushaka kubona ibiturutse mu nzira mbi bityo bagakorana umurava bakaba inyangamugayo muri byose kandi bakarangwa n’urukundo no kubaha Imana kuko aribyo bizabageza kubyo bifuza.

Yakanguriye abatarabona akazi kwihangira imirimo bibumbira mu matsinda ndetse bakanagana ibigo bitandukanye bifasha mu guhanga imirimo kugira ngo bibafashe ndetse binabagire inama.

 

Ni ku nshuro ya 14 kaminuza ya ULK itanze impamyabumenyi z’icyiciro cya kabiri cya kaminuza, bikaba ku nshuro ya 4 hatanzwe impamyabumenyi z’icyiciro cya gatatu cya kaminuza.

Muri rusange kaminuza ya ULK imaze gutanga impamyabumenyi 30993 mu mashami atandukanye aboneka muri iyo kaminuza.

Norbert Nyuzahayo

 

 

 

 

2017-12-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gisagara Volleyball Club yegukanye igikombe cya GMT mu bagabo naho RRA Women Volleyball Club icyegukana mu bagore.

Gisagara Volleyball Club yegukanye igikombe cya GMT mu bagabo naho RRA Women Volleyball Club icyegukana mu bagore.

Ubwanditsi 28 Jun 2021
Umuhanzi Ruhumuriza James uzwi nka King James agiye gushyira hanze Album ye ya Karindwi yise “Ubushobozi” izaba iriho indirimbo zisaga 15

Umuhanzi Ruhumuriza James uzwi nka King James agiye gushyira hanze Album ye ya Karindwi yise “Ubushobozi” izaba iriho indirimbo zisaga 15

Ubwanditsi 20 Sep 2021
RDF izahana by’intangarugero umusirikare warashe umuturage – Maj Gen  Jack Nziza

RDF izahana by’intangarugero umusirikare warashe umuturage – Maj Gen Jack Nziza

Ubwanditsi 12 May 2017
Amafoto – Gisagara VC mu bagabo ndetse na UVC mu bagore begukanye igice cya mbere cy’irushanwa rya Forzza VolleyBall tournament 2021

Amafoto – Gisagara VC mu bagabo ndetse na UVC mu bagore begukanye igice cya mbere cy’irushanwa rya Forzza VolleyBall tournament 2021

Ubwanditsi 13 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’
IKORANABUHANGA

Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’

Ubwanditsi 03 Dec 2018
Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatanu tariki ya 27 Mata 2018
POLITIKI

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatanu tariki ya 27 Mata 2018

Ubwanditsi 28 Apr 2018
RPF- Inkotanyi :  Perezida Kagame yiyamye  Abayobozi  basinda kwirirwa baratwa bakagera aho biyitiranya n’igihugu
POLITIKI

RPF- Inkotanyi : Perezida Kagame yiyamye Abayobozi basinda kwirirwa baratwa bakagera aho biyitiranya n’igihugu

Ubwanditsi 14 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru