• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame yatangije imirimo y’ikigo nyafurika giteza imbere ubumenyi bushingiye ku mibare

Perezida Kagame yatangije imirimo y’ikigo nyafurika giteza imbere ubumenyi bushingiye ku mibare

Ubwanditsi 03 Apr 2017 Mu Rwanda

Perezida Paul Kagame yatangije ku mugaragaro imirimo y’ikigo gitanga ubumenyi bushingiye ku mibare, AIMS (African Institute for Mathematical Sciences) kigiye gukorera mu Rwanda, gitanga ubumenyi mu bushakashatsi mu birebana na siyansi, ikoranabuhanga, ‘engineering’ n’imibare.

Iki kigo cyatangijwe ku mugaragaro ni na cyo cyicaro gikuru cy’ibigo bitanu AIMS yari isanganywe kuri uyu mugabane, byo muri Afurika y’Epfo, Senegal, Ghana, Tanzania na Cameroun.

Kigamije gutanga ubumenyi bushingiye ku mibare ku barangije kaminuza, guteza imbere guhanga udushya mu bushakashatsi mu bahanga Afurika ifite uyu munsi no gushimangira umusanzu wa siyansi, ikoranabuhanga na engineering n’imibare (STEM:Science, technology, engineering and mathematics) mu bikorera muri Afurika.

Perezida Kagame yavuze ko ari ikintu gikomeye kugira icyicaro gikuru cya AIMS mu Rwanda, avuga ko ikigo cyayo cyiyongereye ku bindi by’icyitegererezo biharanira guteza imbere ubumenyi n’ikoranabuhanga bikorera mu Rwanda.

Byose ngo bihuje intego yo guha amahirwe abahanga Afurika ifite, ngo batere intambwe nk’abagomba gukemura ibibazo bihari, bahanga udushya.

Yagize ati “Hamwe na AIMS, u Rwanda ruri gushora imari mu kubaka abahanga n’abashakshatsi, ari nabo bazagira uruhare mu iterambere ry’ibihugu byacu. Kugira ngo tubigereho, turi gufatanya mu gushyiraho inzego zifite gahunda zigamije impinduka.”

Yanavuze ko u Rwanda ruzafatanya na AIMS mu gushyiraho ikigo cy’ubushakashatsi kiri ku rwego mpuzamahanga mu by’ubumenyi, Quantum Leap Africa, kikazaba ari icya mbere muri Afurika.

Ni ikigo kizaba gikomeye mu bushakashatsi mu by’ubumenyi, kikazagira uruhare mu gushaka ibisubizo ku bibazo uyu mugabane ufite, kikazanubaka ubushobozi mu ikoranabuhanga mu isakazamakuru mu gihe kiri imbere.

Perezida Kagame yakomeje agira ati “Buri gihe tubasha kwihuta kandi tukagera ku ntego zacu iyo dukoreye hamwe. AIMS n’ibindi bigo by’ubumenyi by’icyitegererezo ni urugero rwiza rw’ubufatanye. Tugomba gushyigikira izi nzego kugira ngo zikore mu buryo burambye kandi bitange umusaruro.”

Minisitiri w’Uburezi, Dr Musafiri Papias Malimba, yavuze ko AIMS ifite n’intego yo kubaka uburyo bwo gushyigikira kwigisha imibare mu mashuri abanza n’ayisumbuye, bikazakorwa ku bufataye n’izindi nzego zinyuranye zirimo MasterCard Foundation.

Umuyobozi Mukuru wa AIMS, Thierry Zamahoun, yavuze ko iki kigo gitegerejweho byinshi kuri uyu mugabane wa Afurika, kuko ugeze mu gihe cyo gushaka ibisubizo mu ikoranabuhanga no guhanga udushya kandi ari yo buturutsemo ubwayo.

AIMS ihuza abanyeshuri b’abahanga cyane kuri uyu mugabane bagahurizwa aho bashobora gutekereza ku bushakashatsi, ubuvumbuzi n’ibindi bikorwa bishingiye ku mibare bigamije iterambere.

Kuva yatangira imirimo kuwa 27 Kanama 2016, AIMS Rwanda igize abanyeshuri 47 baturuka mu bihugu bitandukanye, amashuri yayo akaba ari i Remera mu nyubako zahoze ari iza Alpha Palace Hotel.

Umuhango wo gutangiza AIMS Rwanda witabiriwe n’abahanga barimo Dr Youssef Travaly wo muri Next Einstein Forum, Dr Romain Murenzi ukora muri UNESCO, Dr Eliane Ubalijoro wo muri McGill University n’abandi.

Intego ya AIMS ni ukugira ibigo 15 by’icyitegererezo bitanga ubumenyi ku rwego rufatika no kuzamura uburyo abagore bitabira amasomo ya siyansi.

-6218.jpg

2017-04-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Komite Nyobozi ya FERWAFA yanzuye ko abanyamahanga bongerwa bakaba 5 , shampiyona y’u Rwanda ya 2021-2022 izatangira hagati mu kwezi k’ Ukwakira 2021

Komite Nyobozi ya FERWAFA yanzuye ko abanyamahanga bongerwa bakaba 5 , shampiyona y’u Rwanda ya 2021-2022 izatangira hagati mu kwezi k’ Ukwakira 2021

Ubwanditsi 03 Aug 2021
Mozambique : Perezida Kagame yunamiye intwari,  anaganira n’abacuruzi

Mozambique : Perezida Kagame yunamiye intwari, anaganira n’abacuruzi

Ubwanditsi 25 Oct 2016
Ntibisanzwe ,Imiryango y’imbere mu gihugu n’imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri Leta bateguye imurikabikorwa.

Ntibisanzwe ,Imiryango y’imbere mu gihugu n’imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri Leta bateguye imurikabikorwa.

Ubwanditsi 06 Feb 2018
Kukwikoreza umutwaro wa Congo ni nko kukwikoreza umurambo w’impyisi

Kukwikoreza umutwaro wa Congo ni nko kukwikoreza umurambo w’impyisi

Ubwanditsi 02 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kim Jong-un agiye gutumira Papa Francis muri Korea ya Ruguru
POLITIKI

Kim Jong-un agiye gutumira Papa Francis muri Korea ya Ruguru

Ubwanditsi 10 Oct 2018
Urukundo Interahamwe zize gukunda Kizito, zitamukunze zica abe muri Jenoside zakoreye Abatutsi zirukura he?
Amakuru

Urukundo Interahamwe zize gukunda Kizito, zitamukunze zica abe muri Jenoside zakoreye Abatutsi zirukura he?

RUSHYASHYA 19 Feb 2026
#Kwibohora25 : Impinduka zidasanzwe mu iterambere ry’ubukungu mu myaka 25
UBUKUNGU

#Kwibohora25 : Impinduka zidasanzwe mu iterambere ry’ubukungu mu myaka 25

Ubwanditsi 05 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru