• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»“Umuntu yakwibwira ko ubwo murangije amasomo ubuzima bugiye koroha. Ntabwo ari byo! – Perezida Kagame

“Umuntu yakwibwira ko ubwo murangije amasomo ubuzima bugiye koroha. Ntabwo ari byo! – Perezida Kagame

Ubwanditsi 29 Jul 2016 Mu Mahanga

Kuri uyu wa 29 Nyakanga 2016 Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yitabiriye umuhango wo gutanga impambyabumenyi ku banyeshuri barangije amasomo muri kaminuza y’u Rwanda basaga 8500.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yitabira umuhango wo gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri barangije muri Kaminuza y’u Rwanda, ndetse bikaba byari ubwa mbere aba banyeshuri baherewe impamyambumenyi umunsi umwe kuva Kaminuza y’u Rwanda yashingwa mu myaka 3 ishize.

Umukuru w’igihugu akaba yabasabye ko bagomba kumva ko batagiye kubaho mu buzima bwiza kuruta ubwo bari barimo ahubwo ko bagomba kumenya guhangana ku isoko ry’umuriromo.

Perezida Kagame yashimiye abayobozi ba Kaminuza y’u Rwanda babashije gufasha aba banyehuri barangije amasomo yabo mu byiciro bitandukanye.

Perezida Kagame kandi yabwiye aba banyeshuri ko kuba barangije kwiga kaminuza badakwiye kumva ko ubuzima bwabo bugiye kuko hari ibindi bibategereje kandi bikomeye kuruta uko bari babayeho.

Yagize ati “Umuntu yakwibwira ko ubwo murangije amasomo ubuzima bugiye koroha. Ntabwo ari byo! hari ibindi bibategereje, ibindi biteye ukundi, bitandukanye n’ibyo mumaze kunyuramo n’imbaraga zanyu zose.”

Perezida Kagame yongeye kwibutsa aba banyeshuri barangije amasomo ko hanze aha isoko ry’umurimo ribona umugabo rigasiba undi kandi ko bisaba guhangana kandi ko abagaragaje ubushobozi kurusha abandi ari bo baryegukana.

Yagize ati: “ku isoko ry’umurimo ntabwo buri wese abona umurimo uko abyifuza imirimo ishobora kuba na mike kuruta abayishaka ubwo ni ukuvuga rero ko muri abo bayishaka ubwo ari benshi imirimo ikaba itangana na bo ubwo uwo mubare munini w’abayishaka bazayipiganira, bazayihanganiraho, abashoboye abe ari bo bajya imbere. Ndabategura kugira ngo mumenye ko hari ubundi buryo bw’ingorane zo kugera ku byo mwifuza.”

Umuyobozi mukuru wa kaminuza y’u Rwanda Mike Oneal yabwiye aba banyeshuri ko iki ari igihe cyo kubyaza umusaruro imbaraga ababyeyi babo na Leta y’u Rwanda babashyizeho mu gihe cyose bamaze biga.

Mu banyeshuri bahawe impambyabumenyi kuri iyi nshuro harimo 2 bahawe impamyabumenyi y’ikirenga (Phd) harimo n’umupolisi mukuru muri polisi y’u Rwanda CP Wilson Rubanzana wahawe PhD mu bijyanye n’indwara n’ibibazo by’ubuzima.

Harimo kandi 324 bahawe impamyabumenyi z’icyiciro cya kabiri cya kaminuza
(Masters degrees), 687 bahawe impamyabumenyi z’amasomo bize nyuma yo gusoza ay’icyiciro cya mbere cya Kaminuza (post-graduate) n’abandi 6,365 bahawe impamyabumenyi z’icyiciro cya mbere cya kaminuza (bachelor’s degrees)

-3443.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

-3445.jpg

Abanyeshuri bahabwa impamyabumenyi

2016-07-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Papa Francis yirukanye burundu Ruharwa Wenceslas Munyeshya mu basaserdoti ba Kiliziya Gatolika.

Papa Francis yirukanye burundu Ruharwa Wenceslas Munyeshya mu basaserdoti ba Kiliziya Gatolika.

Ubwanditsi 03 May 2023
Abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi barashinja inzego z’umutekano ubugambanyi mu bugome bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba wa FLN

Abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi barashinja inzego z’umutekano ubugambanyi mu bugome bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba wa FLN

Ubwanditsi 18 Jul 2022
Intandaro y’ukurasana hagati y’inyeshyamba za RUD-URUNANA

Intandaro y’ukurasana hagati y’inyeshyamba za RUD-URUNANA

Ubwanditsi 02 Dec 2019
Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda  

Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda  

Ubwanditsi 12 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Padiri Nahimana akomeje kwiba impunzi akoresheje numero za Compte
ITOHOZA

Padiri Nahimana akomeje kwiba impunzi akoresheje numero za Compte

Ubwanditsi 31 Oct 2016

amavideo

Ubwanditsi 10 Nov 2017
Ubumenyi ntibukwiye kugarukira mu bizami gusa – Perezida Kagame
POLITIKI

Ubumenyi ntibukwiye kugarukira mu bizami gusa – Perezida Kagame

Ubwanditsi 26 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru