• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Dr. Agnes Binagwaho yabonye akazi yishimiye Rwinkwavu

Dr. Agnes Binagwaho yabonye akazi yishimiye Rwinkwavu

Ubwanditsi 19 Sep 2016 Mu Mahanga

Dr. Agnes Binagwaho uherutse gukurwa ku mirimo y’ubuminisitiri bw’ubuzima ubu yiboneye akandi kazi Rwinkwavu kandi akavuga yuko akishimiye cyane.

Rwinkwavu iri mu karere ka Kayonza, hakaba hari n’ibitaro bishimwa gukora neza. Hafi y’ibyo bitaro uhasanga kaminuza yitwa UGHE ( University of Global Health Equity) aho hakaba ariho Binagwaho yabonye akazi k’ubwarimu.

Ejo tariki 15/9/2016 ikipe y’abanyamakuru, kuva mu bitangazamakuru bitandukanye, batembereye iyo kaminuza (UGHE) bakirwa n’abasangwa batandukanye barimo Dr. Agnes Binagwaho wanagize umwanya usesuye wo kuganira n’abo banyamakuru kandi anagaragaza yuko yisanzuye.

Yabajijwe niba bitamutera ipfunwe gusaba akazi gahoraho ahantu ho mu cyaro nka Rwinkwavu, avuga yuko ku isi yose abantu benshi baba mu byaro. Avuga yuko we nk’umuganga adakoreye mu byaro byaba ari atari ubuganga ! Ngo icy’igenze ni ugukorera igihugu cye kandi akagikorera aho ariho hose, mu byaro no mu mijyi.

Umuyobozi w’iyo kaminuza ni Umunyamerika, yitwa Peter Grobac. Yunganira Binagwaho kuri ibyo yari abajijwe, yavuze yuko uyu mudamu afite ubuhanga bumushoboza kwigisha muri za kaminuza z’ubuganga zibaho hano ku isi.

Grobac ati guhitamo gukorera iyo mu Rwanda ni byiza nk’uko n’abayishinze bahisemo kuyizana mu Rwanda natwe tugahitamo kuza kuhakorera. Ati Binagwaho iyo ahitamo kujya muri Harvad cyangwa ahandi bari kumwakira ariko yihitiramo Rwinkwaavu kandi nta kibazo bitye, ngo upfa gusa ukorera kiremwa muntu.

Grobac avuga yuko bishimira kwakira umuntu nka Binagwaho nk’umwarimu uhoraho muri UGHE kubera impamvu nyinshi zitandukanye. Ngo uretse n’uko ari umuhanga ngo yanakoze mu bijyanye n’ubuzima mu Rwanda mu gihe cy’imyaka isaga 20, harimo n’imyaka itanu ari Minisitiri w’ubuzima. Impamvu zatumye Perezida Kagame akura binagwaho kuri uwo mwanya wa Minisitiri w’ubuzima ntabwo zirasobanuka neza ariko amakuru dufitiye gihamya n’uko ntaho zihuriye n’imikorere mibi nk’umuganga !

-4068.jpg

Dr. Agnes Binagwaho

Kayumba Casmiry

2016-09-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umujyi wa Kampala watewe n’ icyorezo cya Cholera

Umujyi wa Kampala watewe n’ icyorezo cya Cholera

Ubwanditsi 29 Jan 2019
Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

Ubwanditsi 13 Oct 2022
Amateka y’ u Rwanda ntiyari gutuma rukomeza kurebera abaturage ba Mozambike bicwa, nk’uko amahanga yarebereye Jenoside yakorewe Abatutsi.

Amateka y’ u Rwanda ntiyari gutuma rukomeza kurebera abaturage ba Mozambike bicwa, nk’uko amahanga yarebereye Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwanditsi 15 Jul 2021
Ngoma :  Perezida Kagame aributsa ababyeyi gushyira imbaraga  mu kwita ku bana babo babarinda ubukene n’inzara

Ngoma : Perezida Kagame aributsa ababyeyi gushyira imbaraga mu kwita ku bana babo babarinda ubukene n’inzara

Ubwanditsi 03 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gaby Kamanzi w’imyaka 36 yasubije abarambiwe no kuba atarashaka umugabo
SHOWBIZ

Gaby Kamanzi w’imyaka 36 yasubije abarambiwe no kuba atarashaka umugabo

Ubwanditsi 15 Oct 2017
Muri CNLG haravugwa ubujura bw’imishahara
Mu Mahanga

Muri CNLG haravugwa ubujura bw’imishahara

Ubwanditsi 20 Aug 2016
Tanzania: Depite Tundu Lisu yarasiwe iwe  bikekwa ko yaba yazize  kumena  ibanga
ITOHOZA

Tanzania: Depite Tundu Lisu yarasiwe iwe bikekwa ko yaba yazize kumena ibanga

Ubwanditsi 08 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru