• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»I&M Bank na BRD zagurijwe miliyoni 24 z’amayero zo gushyigikira ishoramari ry’abikorera

I&M Bank na BRD zagurijwe miliyoni 24 z’amayero zo gushyigikira ishoramari ry’abikorera

Ubwanditsi 20 Feb 2018 UBUKUNGU

I&M Bank-Rwanda na Banki itsura Amajyambere y’u Rwanda (BRD), zasinye amasezerano y’inguzanyo angana na miliyoni 24 z’amayero yatanzwe na Banki y’ishoramari y’u Burayi (EIB); akazazifasha gushyigikira ishoramari ry’abikorera mu Rwanda.

Aya masezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa Kabiri, arimo miliyoni 10 z’amayero zahawe I&M Bank n’izindi miliyoni 15 z’amayero zahawe BRD, bikiyongeraho ubufasha mu bya tekiniki buzatuma iyi nguzanyo ikoreshwa neza.

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa bya EIB muri Afurika, Aziya na Amerika y’Amajyepfo, Maria Shaw-Barragan, yavuze ko atari ubwa mbere bashyigikira abikorera mu Rwanda, bityo kuba bakomeje kubikora ni ikimenyetso cy’uko byagenze neza mbere.

Yongeyeho ko hazibandwa ku bigo bito n’ibiciriritse bifite imishinga y’ubuhinzi, ubwubatsi, uburezi, inganda, ubukerarugendo n’ubwikorezi, kuko kubishyigikira ari ingenzi mu guhanga imirimo no kongera ubukungu n’iterambere muri rusange.

Yagize ati “Dushyigikira ubucuruzi buto n’ubuciriritse kuko ni igicumbi cyo guhanga imirimo ndetse n’umuyoboro utuma abaturage bagira uruhare mu iterambere ry’igihugu cyabo.”

Mu 2008, EIB yari yagurije BCR yaje guhinduka I&M Bank, amayero angana na miliyoni eshatu; mu 2014 yongera kuyiguriza andi angana na miliyoni umunani z’amayero yo gutera inkunga imishinga itandukanye ibyara inyungu.

Umuyobozi Mukuru wa I&M Bank, Robin Bairstow, yavuze ko iyi nguzanyo izatuma abashoramari bato n’abaciriritse hirya no hino mu gihugu bagerwaho bagahabwa amahugurwa n’inguzanyo zibateza imbere.

Yagize ati “Izatuma twongera abagerwaho na serivisi z’imari, kugabanya ikiguzi cy’inguzanyo ari nacyo cy’ingenzi mu bijyanye no guteza imbere ubukungu bw’igihugu. Ikindi ni ubufasha mu bya tekiniki bizongera umubare w’abasaba inguzanyo kuko tuzanabasha kugera mu bice byose by’igihugu tugatanga amahugurwa.”

Nyuma yo gusinya amasezerano, Umuyobozi Mukuru wa BRD, Eric Rutabana, yavuze ko iyi nguzanyo izatuma iyi banki ishyira mu bikorwa umukoro ifite wo gushyigikira ubucuruzi buto n’ubuciriritse kubera akamaro bufite mu iterambere ry’ubukungu, guhanga imirimo, kongerera agaciro umusaruro no kugabanya ingano y’ibitumizwa mu mahanga igihugu gitangaho amadevize menshi.

Yagize ati “Miliyoni 15 z’amayero agiye gufasha ishoramari ryacu mu bucuruzi buto n’ubuciriritse, by’umwihariko twibanda mu by’ibanze bigize ubukungu birimo; inganda, ubuhinzi, ingufu no guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga.”

EIB imaze imyaka 40 ikora ibikorwa mu Rwanda. Mu myaka itandatu ishize gusa, yatanze inguzanyo ya miliyoni 87 z’amayero zahawe amabanki y’imbere mu gihugu ashyigikira ibigo by’ubucuruzi bito n’ibiciriritse. Iyi nguzanyo yatanze uyu munsi yitezweho guhanga nibura imirimo 3000 mu Rwanda.

Banki y’ishoramari y’u Burayi (EIB) ishyigikira ishoramari mu bihugu 28 bigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi. Gusa no hanze yawo igerayo kuko 10% by’ibikorwa byayo biri mu bihugu 150 by’ahandi ku Isi yose, ni ukuvuga Miliyari umunani z’amayero ku mwaka, amenshi akaba ashorwa ku mugabane wa Afurika.

Mu myaka 10 ishize EIB yatanze miliyari zirenga 7.9 z’amayero mu ishoramari ry’abikorera muri Afurika.

2018-02-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gaz Methane:  Miliyari zisaga 160 Frw zigiye gushorwa mu gutunganya Megawatt 56 z’Amashanyarazi mu kiyaga cya Kivu

Gaz Methane: Miliyari zisaga 160 Frw zigiye gushorwa mu gutunganya Megawatt 56 z’Amashanyarazi mu kiyaga cya Kivu

Ubwanditsi 31 Mar 2019
Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2023
Ibigo bikomeye ku isi ntibishaka gucikanwa n’amahirwe y’ishoramari mu Rwanda

Ibigo bikomeye ku isi ntibishaka gucikanwa n’amahirwe y’ishoramari mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Jan 2018
Minecofin yasobanuye uko inguzanyo zo guhashya COVID-19 u Rwanda ruherutse guhabwa zizakoreshwa

Minecofin yasobanuye uko inguzanyo zo guhashya COVID-19 u Rwanda ruherutse guhabwa zizakoreshwa

Ubwanditsi 17 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagame asanga abayobozi bakora neza u Rwanda rwaza ku myanya irenze iyo ruriho
POLITIKI

Kagame asanga abayobozi bakora neza u Rwanda rwaza ku myanya irenze iyo ruriho

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Bigirimana Abedi yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Rayon Sports
Amakuru

Bigirimana Abedi yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Rayon Sports

Ubwanditsi 26 Jul 2025
“Uru rukiko ruzakurikirana umuntu wese uzapfobya cyangwa agahakana Jenoside yakorewe Abatutsi “-Umushinjacyaha Mukuru w’i Paris.
Amakuru

“Uru rukiko ruzakurikirana umuntu wese uzapfobya cyangwa agahakana Jenoside yakorewe Abatutsi “-Umushinjacyaha Mukuru w’i Paris.

Ubwanditsi 05 Nov 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru