• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Impamvu yatumye Me Bernard Ntaganda yongera gutabwa muri yombi

Impamvu yatumye Me Bernard Ntaganda yongera gutabwa muri yombi

Ubwanditsi 08 May 2016 Mu Mahanga

Amakuru Rushyashya yatohoje avugako Me Bernard Ntaganda umuyobozi w’ishyaka PS- Imberakuri igice kiyobowe na we yatawe muri yombi mu gitondo cyo ku Cyumweru tariki ya mbere Gicurasi 2016, aza kurekurwa nyuma ya saa sita.

Nyirabayazana ni amacakubiri yongeye kwaduka muri iri shyaka ashingiye ku mutungo w’ishyaka. Amakuru avuga ko Me Bernard Ntaganda aho afunguriwe yaguze imodoka ihenze mu mutungo w’ishyaka wari kuri compte watanzwe n’ihuriro rigizwe na PS-Imberakuri igice cya Ntaganda, PDP-Imanzi ya Mushayidi Deo na FDU-Inkingi ya Ingabire Victoire, yahawe nk’umukandida Perezida muri 2010, ubwo basinyanaga ubufatanye nayo mashyaka mu Buholande.

Ibi byo kwigabiza umutungo w’ishyaka ngo Me Bernard Ntaganda yabyigabije atagishije inama abo basangiye ibibazo harimo na Mwizerwa sylver (trésorier) bari bafunganye, uyu ngo kuva yafungurwa akaba atarongeye kwegera umutungo w’ishyaka basize.

Aribwo uyu Mwizerwa yitabaje ihuriro ( Alliance) rikorera i Kigali, rihuriwemo na PS-Imberakuri igice cya Ntaganda, PDP-Imanzi ya Mushayidi Deo na FDU-Inkingi ya Ingabire Victoire, ngo ribe umuhuza mu bibazo abayoboke bafitanye na Me Ntaganda.
Ihuriro ryatumiye inama yo guhuza Me Ntaganda na Mwizerwa n’abandi bayoboke barega Ntaganda kubarira umutungo, icyari kigamijwe ni ubwiyunge, kubirebana n’ibibazo bamurega birimo iby’ umutungo w’ishyaka ngo yigabije, ntagire icyo abaha kandi nabo bafite ibibazo birimo ibyo kwishyura amazu n’ibindi…

-2747.jpg

Me Bernard Ntaganda

Iyi nama yagombaga kubera kuri Hotel Novotel ku kacyiru mu byumweru bibiri bishize, ariko Me Ntaganda ntiyayibonekamo, mugihe Mwizerwa Sylver na bagenzibe bitabiriye iyo nama baganira nayo mashyaka. Ibyo Me Ntaganda ngo yabifashe nko kumwandagaza imbere y’ihuriro, bituma nawe ategura inama yo kwirukana Mwizerwa mu ishyaka.

-2745.jpg

Mwizerwa Sylver

Mukiganiro Rushyashya yagiranye na Mwizerwa Sylver kuri Telefonye ye ntiyahakanye cyangwa ngo yemere ko afitanye ikibazo na Me Bernard Ntaganda, ahubwo yavuzeko bo batamera nkawe wagiye mu itangazamakuru kubavugaho bintu bitaribyo ko bakoranye na Polisi ngo bage gusenya inzu ye no kumenagura imodoka ye n’ ibikoreshobyo mu nzu.

Twagerageje kuvugana na Me Bernard Ntaganda ntiyitaba Telefone ye.

Amakuru avuga ko abashinzwe umutekano bamenye aya makuru bajya kuburizamo iyi nama itemewe yagombaga kubera murugo kwa Ntaganda i Nyamirambo, amakuru avuga ko abapolisi 4 bahageze bakomanze umuzamu yanga kubakingurira biba ngombwa ko umwe mu bapolisi yurira igipangu akingurira bagenzi be.

Hari amakuru avuga ko muri icyo gitondo Polisi yinjiye mu nzu irasaka itwara ibirango by’ishyaka PS- Imberakuri ndetse n’inyandiko zayo.

Protais Niyitegeka yemeje ko mu ma saa tatu za mu gitondo igipolisi cyatwaye Me Bernard Ntaganda n’umukobwa we Scovia Uwamahoro.

Ibi bikaba byarakozwe mu mpamvu z’umutekano wabo kuko nyuma baje kurekurwa.
Aya makuru ariko yahakanywe n’igipolisi cy’u Rwanda, mu kiganiro n’umuvugizi w’igipolisi cy’u Rwanda ACP Celestin Twahirwa yagiranye n’Ijwi ry’Amerika mu ma saa Sita z’amanywa zibura iminota mike yavuze ko ayo makuru y’itabwa muri yombi ry’umuyobozi wa PS Imberakuri ari mashya kuri we.

-15.gif

Alexis Bakunzibake

-2746.jpg

Mukabunani Christine

Hari amakuru twamenye avuga ko Mwizerwa Sylver na bagenzi be ubu bari kuzenguruka muri z’Ambasade zose zikorera mu Rwanda bababwira ko Me Bernard Ntaganda ya guzwe na Leta y’u Rwanda, ko atakiri muri Opposition, ibi rero bishobora gutuma PS-Imberakuri icikamo ibice bine : Igice cya Me Bernard Ntaganda, icya Mukabunani Christine, icya Alexis Bakunzibake ukorera muri Congo nicya Mwizerwa Sylver. Ni ukubitega amaso.

Cyiza Davidson

2016-05-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi biyamamarizaga ubudepite Iburayi no mu Bubiligi batashye amaramasa

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi biyamamarizaga ubudepite Iburayi no mu Bubiligi batashye amaramasa

Ubwanditsi 10 Jun 2024
Abayobora ya mitwe yitwara gisirikari muri Kongo, iyi yibumbiye mu cyiswe ” Wazalendo”, baramaranye, bashinjanya ubugambanyi mu ntambara barwana na M23

Abayobora ya mitwe yitwara gisirikari muri Kongo, iyi yibumbiye mu cyiswe ” Wazalendo”, baramaranye, bashinjanya ubugambanyi mu ntambara barwana na M23

Ubwanditsi 07 Oct 2023
Madamu Jeannette Kagame yasabye abifite kuzamura abanyantege nke

Madamu Jeannette Kagame yasabye abifite kuzamura abanyantege nke

Ubwanditsi 13 May 2016
Mali yateye ikirenge mu cya Niger, igaragaza ko itifuza gucumbikira abajenosideri b’Abanyarwanda

Mali yateye ikirenge mu cya Niger, igaragaza ko itifuza gucumbikira abajenosideri b’Abanyarwanda

Ubwanditsi 04 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyabaye Kuri Bobi Wine Bigaragaza Ko Besigye Ari Umwe Mu Mishinga Ya Museveni- Ykee Benda
Mu Mahanga

Ibyabaye Kuri Bobi Wine Bigaragaza Ko Besigye Ari Umwe Mu Mishinga Ya Museveni- Ykee Benda

Ubwanditsi 21 Aug 2018
FERWACY yashimiye abakinnyi batwaye imidali muri shampiyona Nyafurika y’Amagare
Amakuru

FERWACY yashimiye abakinnyi batwaye imidali muri shampiyona Nyafurika y’Amagare

Ubwanditsi 15 Oct 2024
Abakinnyi Ba Filime Bakomeye Ku Isi Bamenyekanye Muri Filime Baby Police Bageze Kigali Mugitaramo Cya (AMAA)
Mu Rwanda

Abakinnyi Ba Filime Bakomeye Ku Isi Bamenyekanye Muri Filime Baby Police Bageze Kigali Mugitaramo Cya (AMAA)

Ubwanditsi 24 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru