• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Impamvu yatumye Me Bernard Ntaganda yongera gutabwa muri yombi

Impamvu yatumye Me Bernard Ntaganda yongera gutabwa muri yombi

Ubwanditsi 08 May 2016 Mu Mahanga

Amakuru Rushyashya yatohoje avugako Me Bernard Ntaganda umuyobozi w’ishyaka PS- Imberakuri igice kiyobowe na we yatawe muri yombi mu gitondo cyo ku Cyumweru tariki ya mbere Gicurasi 2016, aza kurekurwa nyuma ya saa sita.

Nyirabayazana ni amacakubiri yongeye kwaduka muri iri shyaka ashingiye ku mutungo w’ishyaka. Amakuru avuga ko Me Bernard Ntaganda aho afunguriwe yaguze imodoka ihenze mu mutungo w’ishyaka wari kuri compte watanzwe n’ihuriro rigizwe na PS-Imberakuri igice cya Ntaganda, PDP-Imanzi ya Mushayidi Deo na FDU-Inkingi ya Ingabire Victoire, yahawe nk’umukandida Perezida muri 2010, ubwo basinyanaga ubufatanye nayo mashyaka mu Buholande.

Ibi byo kwigabiza umutungo w’ishyaka ngo Me Bernard Ntaganda yabyigabije atagishije inama abo basangiye ibibazo harimo na Mwizerwa sylver (trésorier) bari bafunganye, uyu ngo kuva yafungurwa akaba atarongeye kwegera umutungo w’ishyaka basize.

Aribwo uyu Mwizerwa yitabaje ihuriro ( Alliance) rikorera i Kigali, rihuriwemo na PS-Imberakuri igice cya Ntaganda, PDP-Imanzi ya Mushayidi Deo na FDU-Inkingi ya Ingabire Victoire, ngo ribe umuhuza mu bibazo abayoboke bafitanye na Me Ntaganda.
Ihuriro ryatumiye inama yo guhuza Me Ntaganda na Mwizerwa n’abandi bayoboke barega Ntaganda kubarira umutungo, icyari kigamijwe ni ubwiyunge, kubirebana n’ibibazo bamurega birimo iby’ umutungo w’ishyaka ngo yigabije, ntagire icyo abaha kandi nabo bafite ibibazo birimo ibyo kwishyura amazu n’ibindi…

-2747.jpg

Me Bernard Ntaganda

Iyi nama yagombaga kubera kuri Hotel Novotel ku kacyiru mu byumweru bibiri bishize, ariko Me Ntaganda ntiyayibonekamo, mugihe Mwizerwa Sylver na bagenzibe bitabiriye iyo nama baganira nayo mashyaka. Ibyo Me Ntaganda ngo yabifashe nko kumwandagaza imbere y’ihuriro, bituma nawe ategura inama yo kwirukana Mwizerwa mu ishyaka.

-2745.jpg

Mwizerwa Sylver

Mukiganiro Rushyashya yagiranye na Mwizerwa Sylver kuri Telefonye ye ntiyahakanye cyangwa ngo yemere ko afitanye ikibazo na Me Bernard Ntaganda, ahubwo yavuzeko bo batamera nkawe wagiye mu itangazamakuru kubavugaho bintu bitaribyo ko bakoranye na Polisi ngo bage gusenya inzu ye no kumenagura imodoka ye n’ ibikoreshobyo mu nzu.

Twagerageje kuvugana na Me Bernard Ntaganda ntiyitaba Telefone ye.

Amakuru avuga ko abashinzwe umutekano bamenye aya makuru bajya kuburizamo iyi nama itemewe yagombaga kubera murugo kwa Ntaganda i Nyamirambo, amakuru avuga ko abapolisi 4 bahageze bakomanze umuzamu yanga kubakingurira biba ngombwa ko umwe mu bapolisi yurira igipangu akingurira bagenzi be.

Hari amakuru avuga ko muri icyo gitondo Polisi yinjiye mu nzu irasaka itwara ibirango by’ishyaka PS- Imberakuri ndetse n’inyandiko zayo.

Protais Niyitegeka yemeje ko mu ma saa tatu za mu gitondo igipolisi cyatwaye Me Bernard Ntaganda n’umukobwa we Scovia Uwamahoro.

Ibi bikaba byarakozwe mu mpamvu z’umutekano wabo kuko nyuma baje kurekurwa.
Aya makuru ariko yahakanywe n’igipolisi cy’u Rwanda, mu kiganiro n’umuvugizi w’igipolisi cy’u Rwanda ACP Celestin Twahirwa yagiranye n’Ijwi ry’Amerika mu ma saa Sita z’amanywa zibura iminota mike yavuze ko ayo makuru y’itabwa muri yombi ry’umuyobozi wa PS Imberakuri ari mashya kuri we.

-15.gif

Alexis Bakunzibake

-2746.jpg

Mukabunani Christine

Hari amakuru twamenye avuga ko Mwizerwa Sylver na bagenzi be ubu bari kuzenguruka muri z’Ambasade zose zikorera mu Rwanda bababwira ko Me Bernard Ntaganda ya guzwe na Leta y’u Rwanda, ko atakiri muri Opposition, ibi rero bishobora gutuma PS-Imberakuri icikamo ibice bine : Igice cya Me Bernard Ntaganda, icya Mukabunani Christine, icya Alexis Bakunzibake ukorera muri Congo nicya Mwizerwa Sylver. Ni ukubitega amaso.

Cyiza Davidson

2016-05-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’imyaka icyenda itwaye iya mbere, Chelsea yo mu Bwongereza yegukanye Champions League yayo ya kabiri, itsinze Manchester city igitego 1-0.

Nyuma y’imyaka icyenda itwaye iya mbere, Chelsea yo mu Bwongereza yegukanye Champions League yayo ya kabiri, itsinze Manchester city igitego 1-0.

Ubwanditsi 30 May 2021
Umuratwa Assumpta ukataje mu bukangurambaga bw’Ishakwe rya Rudasingwa ni muntu ki? 

Umuratwa Assumpta ukataje mu bukangurambaga bw’Ishakwe rya Rudasingwa ni muntu ki? 

Ubwanditsi 03 Jul 2019
Bamwe mu batanze ubuhamya bushinja mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Arusha barahabwa ruswa ngo bahindure imvugo, bityo abajenosideri bagirwe abere

Bamwe mu batanze ubuhamya bushinja mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Arusha barahabwa ruswa ngo bahindure imvugo, bityo abajenosideri bagirwe abere

Ubwanditsi 11 Dec 2024
Akumiro: Minisitiri mu Bubiligi yitabiriye umuhango wo kwambika ikamba abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Akumiro: Minisitiri mu Bubiligi yitabiriye umuhango wo kwambika ikamba abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwanditsi 20 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uburyo abafite abacengezamatwara b’ingengabitekerezo ya Jenoside bagoreka ikiganiro cya Perezida Kagame
Amakuru

Uburyo abafite abacengezamatwara b’ingengabitekerezo ya Jenoside bagoreka ikiganiro cya Perezida Kagame

Ubwanditsi 11 Mar 2021
Gushima no kwishimira ibyagezweho
Mu Rwanda

Gushima no kwishimira ibyagezweho

Ubwanditsi 18 May 2017
Perezida Kagame yasabye Abanyafurika gucika ku ngeso yo gusigara inyuma
Mu Mahanga

Perezida Kagame yasabye Abanyafurika gucika ku ngeso yo gusigara inyuma

Ubwanditsi 15 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru