• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Mu Burundi: Imiryango mpuzamahanga 30 ishobora guhagarika ibikorwa byayo

Mu Burundi: Imiryango mpuzamahanga 30 ishobora guhagarika ibikorwa byayo

Ubwanditsi 13 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU

Imiryango mpuzamahanga itari iya leta ikorera ku butaka bw’u Burundi yatangiye gufunga imiryango yayo nyuma yo kutubahiriza itegeko ryo kuringaniza abakozi mu kazi hashingiwe ku moko.

Iyi miryango yahagaritswe amezi atatu kuva mu Ukwakira 2018 idakora ariko imyinshi yanze kubahiriza ibyo yasabwe n’u Burundi ihitamo gukura ibikorwa byayo mu gihugu.

Umwe mu badipolomate bakorera mu Mujyi wa Bujumbura mu Burundi yabwiye The East African ko imiryango itari iya leta 30 ishobora kuva mu gihugu ndetse ikajyana miliyoni $280, yatangaga nk’inkunga mu gihugu.

Mu miryango mpuzamahanga 130 yabaruwe mu 2018, 75 muri yo ikomoka mu Burayi.

Umuryango Handicap International wafashije abafite ubumuga 3 514, ugatera inkunga uburezi bw’abana bafite ubumuga 887 n’abatishoboye mu Burundi kuva mu 1992 ni wo uheruka gufunga imiryango yawo mu 2019.

Umuyobozi wa Handicap International mu Karere k’Ibiyaga Bigari, Dominique Delvigne, yatangaje ko ibyo basabwe bitashobokaga.

Yagize ati “Mu myaka 26 ishize twahaye Abarundi akazi dushingiye ku bumenyi bwabo n’uburambe. Ntitwigeze twita ku moko yabo.’’

Handicap yagerageje kuganira na Guverinoma y’u Burundi ariko ibiganiro ntacyo byatanze.

Mu nama yabaye mu Ukuboza 2018, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yavuze ko ibyagendeweho bitazaganirwaho ndetse ko uyu muryango nutabyubahiriza mbere ya 31 Ukuboza 2018, utazemererwa gukora.

Handicap yavuze ko izakomeza kubahiriza amahame y’uburenganzira bw’ikiremwamuntu ashingiye ku kutavangura n’ubwigenge.

Ingingo ya 148 y’Itegeko Nshinga ry’u Burundi igena iringaniza ry’amoko mu mitangire y’akazi aho Abahutu bakwiye kungana na 60% n’Abatutsi 40%.

Handicap International yavuze ko Itegeko Nshinga rivuga gusa iringaniza ry’amoko mu bigo bya leta ritagera muri sosiyete sivile. Wavuze ko ingingo ya gatandatu y’Itegeko rigenga akazi mu Burundi igena amahirwe angana no gufatwa kimwe mu kazi nta kuvangura.

U Burundi bwashimangiye ko ibikorwa by’imiryango mpuzamahanga bikwiye kubahiriza amategeko y’igihugu.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Niyongabo Tharcisse, yatangaje ko “Itegeko ntirishobora guhindurwa. Imiryango mpuzamahanga idashoboye kubahiriza itegeko nta mwanya ifite mu Burundi.’’

U Burundi bwatangiye kugenzura imiryango itari iya leta nyuma y’imvururu za politiki zatangiye muri Mata 2015 ubwo Perezida Nkurunziza Pierre yatangazaga ko aziyamamariza manda ya gatatu, itaravuzweho rumwe, yaje no gutsindira. Zaguyemo abagera ku 1200, mu gihe abarenga 400,000 bahungiye mu bihugu by’ibituranyi.

Imvururu za politiki mu Burundi zatangiye muri Mata 2015 ubwo Perezida Nkurunziza Pierre yatangazaga ko aziyamamariza manda ya gatatu

2019-01-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gusahura no gutwika ibikorwaremezo byafasha iki Tshisekedi mu ntambara arwana na M23?

Gusahura no gutwika ibikorwaremezo byafasha iki Tshisekedi mu ntambara arwana na M23?

Ubwanditsi 29 Jan 2025
Depite Björn Anseeuw yavuze ko kuba Laure Uwase akiri muri Komisiyo yiga kuri Kongo ari agahomamunwa kuri Komisiyo ubwayo inteko ishinga amategeko n’Ububiligi muri rusange

Depite Björn Anseeuw yavuze ko kuba Laure Uwase akiri muri Komisiyo yiga kuri Kongo ari agahomamunwa kuri Komisiyo ubwayo inteko ishinga amategeko n’Ububiligi muri rusange

Ubwanditsi 14 Oct 2020
Umuryango wa Kizito Mihigo uramagana abakwirakwiza impuha kumbuga nkoranyambaga bitwaje urupfu rwa Kizito

Umuryango wa Kizito Mihigo uramagana abakwirakwiza impuha kumbuga nkoranyambaga bitwaje urupfu rwa Kizito

Ubwanditsi 19 Feb 2020
Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo kwirukana J.P Turayishimye , Ben Rutabana na Micombero muri RNC, ugeze kure

Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo kwirukana J.P Turayishimye , Ben Rutabana na Micombero muri RNC, ugeze kure

Ubwanditsi 23 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hagamijwe kuburizamo amatora muri Kivu y’Amajyepfo, ububiko bw’ibikoresho by’amatora mu mujyi wa Bukavu byahawe inkongi!
Amakuru

Hagamijwe kuburizamo amatora muri Kivu y’Amajyepfo, ububiko bw’ibikoresho by’amatora mu mujyi wa Bukavu byahawe inkongi!

Ubwanditsi 11 Dec 2023
Uko inama ya Kampala yagenze
INKURU NYAMUKURU

Uko inama ya Kampala yagenze

Ubwanditsi 13 Dec 2019
Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru