• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Mu Burundi: Imiryango mpuzamahanga 30 ishobora guhagarika ibikorwa byayo

Mu Burundi: Imiryango mpuzamahanga 30 ishobora guhagarika ibikorwa byayo

Ubwanditsi 13 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU

Imiryango mpuzamahanga itari iya leta ikorera ku butaka bw’u Burundi yatangiye gufunga imiryango yayo nyuma yo kutubahiriza itegeko ryo kuringaniza abakozi mu kazi hashingiwe ku moko.

Iyi miryango yahagaritswe amezi atatu kuva mu Ukwakira 2018 idakora ariko imyinshi yanze kubahiriza ibyo yasabwe n’u Burundi ihitamo gukura ibikorwa byayo mu gihugu.

Umwe mu badipolomate bakorera mu Mujyi wa Bujumbura mu Burundi yabwiye The East African ko imiryango itari iya leta 30 ishobora kuva mu gihugu ndetse ikajyana miliyoni $280, yatangaga nk’inkunga mu gihugu.

Mu miryango mpuzamahanga 130 yabaruwe mu 2018, 75 muri yo ikomoka mu Burayi.

Umuryango Handicap International wafashije abafite ubumuga 3 514, ugatera inkunga uburezi bw’abana bafite ubumuga 887 n’abatishoboye mu Burundi kuva mu 1992 ni wo uheruka gufunga imiryango yawo mu 2019.

Umuyobozi wa Handicap International mu Karere k’Ibiyaga Bigari, Dominique Delvigne, yatangaje ko ibyo basabwe bitashobokaga.

Yagize ati “Mu myaka 26 ishize twahaye Abarundi akazi dushingiye ku bumenyi bwabo n’uburambe. Ntitwigeze twita ku moko yabo.’’

Handicap yagerageje kuganira na Guverinoma y’u Burundi ariko ibiganiro ntacyo byatanze.

Mu nama yabaye mu Ukuboza 2018, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yavuze ko ibyagendeweho bitazaganirwaho ndetse ko uyu muryango nutabyubahiriza mbere ya 31 Ukuboza 2018, utazemererwa gukora.

Handicap yavuze ko izakomeza kubahiriza amahame y’uburenganzira bw’ikiremwamuntu ashingiye ku kutavangura n’ubwigenge.

Ingingo ya 148 y’Itegeko Nshinga ry’u Burundi igena iringaniza ry’amoko mu mitangire y’akazi aho Abahutu bakwiye kungana na 60% n’Abatutsi 40%.

Handicap International yavuze ko Itegeko Nshinga rivuga gusa iringaniza ry’amoko mu bigo bya leta ritagera muri sosiyete sivile. Wavuze ko ingingo ya gatandatu y’Itegeko rigenga akazi mu Burundi igena amahirwe angana no gufatwa kimwe mu kazi nta kuvangura.

U Burundi bwashimangiye ko ibikorwa by’imiryango mpuzamahanga bikwiye kubahiriza amategeko y’igihugu.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Niyongabo Tharcisse, yatangaje ko “Itegeko ntirishobora guhindurwa. Imiryango mpuzamahanga idashoboye kubahiriza itegeko nta mwanya ifite mu Burundi.’’

U Burundi bwatangiye kugenzura imiryango itari iya leta nyuma y’imvururu za politiki zatangiye muri Mata 2015 ubwo Perezida Nkurunziza Pierre yatangazaga ko aziyamamariza manda ya gatatu, itaravuzweho rumwe, yaje no gutsindira. Zaguyemo abagera ku 1200, mu gihe abarenga 400,000 bahungiye mu bihugu by’ibituranyi.

Imvururu za politiki mu Burundi zatangiye muri Mata 2015 ubwo Perezida Nkurunziza Pierre yatangazaga ko aziyamamariza manda ya gatatu

2019-01-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nta kuntu ubutegetsi bwa CNDD-FDD butari gushyigikira ibikorwa bya FDLR n’utundi dutsiko tw’abicanyi,kandi benshi mu bagize iyo mitwe yose baratorejwe hamwe ingengabitekerezo ya jenoside

Nta kuntu ubutegetsi bwa CNDD-FDD butari gushyigikira ibikorwa bya FDLR n’utundi dutsiko tw’abicanyi,kandi benshi mu bagize iyo mitwe yose baratorejwe hamwe ingengabitekerezo ya jenoside

Ubwanditsi 03 Dec 2020
Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robinah NABBANJA yishongoye kuri Kenya, bikurura uburakari mu baturage b’ibihugu byombi

Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robinah NABBANJA yishongoye kuri Kenya, bikurura uburakari mu baturage b’ibihugu byombi

Ubwanditsi 26 Jan 2022
Ikinyoma cyahimbwe na Andrew Mwenda ku nama yahuje Byanyima na Perezida Kagame

Ikinyoma cyahimbwe na Andrew Mwenda ku nama yahuje Byanyima na Perezida Kagame

Ubwanditsi 19 Mar 2020
Perezida Kagame na Madamu bakiriwe n’Umwami w’Abami w’u Buyapani

Perezida Kagame na Madamu bakiriwe n’Umwami w’Abami w’u Buyapani

Ubwanditsi 08 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’Intebe yakiriye ubwegure bwa Dr. Isaac Munyakazi na Evode Uwizeyimana
POLITIKI

Minisitiri w’Intebe yakiriye ubwegure bwa Dr. Isaac Munyakazi na Evode Uwizeyimana

Ubwanditsi 07 Feb 2020
Icyayi cy’u Rwanda ntikizongera kwitiranywa n’ibindi byayi
UBUKUNGU

Icyayi cy’u Rwanda ntikizongera kwitiranywa n’ibindi byayi

Ubwanditsi 20 Nov 2017
Kenya: Serivisi zadindijwe no gutinda gushyiraho Guverinoma kwa Perezida Kenyatta
POLITIKI

Kenya: Serivisi zadindijwe no gutinda gushyiraho Guverinoma kwa Perezida Kenyatta

Ubwanditsi 23 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru