• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Amateka ya Capt Mbaye Diagne, wapfuye atabara abahungiye muri Hotel Mille Collines

Amateka ya Capt Mbaye Diagne, wapfuye atabara abahungiye muri Hotel Mille Collines

Ubwanditsi 01 Jun 2016 ITOHOZA

Perezida Kagame yageneye Capt Mbaye igihembo cyiswe “Umurinzi”, kigenerwa abantu bagaragaje ubutwari budasanzwe n’ubumuntu mu kurokora abantu muri jenoside yakorewe Abatutsi, maze cyakirwa n’umugore n’abana be.

Ku wa 31 Gicurasi 1994, ni bwo Capitaine Mbaye Diagne wari muri Misiyo ya Loni mu Rwanda (UNAMIR) nk’indorerezi y’amasezerano ya Arusha, yishwe agerageza gutabara Abatutsi bari bihishe muri Hotelle Milles Collines.

Capitaine Mbaye ukomoka mu gihugu cya Senegal, yabashije kurokora ubuzima bw’Abatutsi bagera kuri 600 bari bahungiye muri Hoteli ya Milles Collines kubera ubumuntu no kudatinya kwe.

Nk’uko bitangazwa na Jeune Afrique, Cpt Mbaye yavukiye muri Senegal mu Mujyi wa Dakar mu mwaka wa 1958.

Ubwo yarangizaga kaminuza, yahise yinjira mu gisirikari nk’umwofisiye, maze mu mwaka wa 1993 yoherezwa muri UNAMIR nk’indorerezi ya gisirikari, ireberera ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Arusha.

Ubwo yageraga i Kigali, yacumbikiwe muri Hotel Milles Collines. Bidatinze ku wa 7 Mata jenoside yakorewe Abatutsi yahise itangira mu Rwanda, maze Capt Mbaye atangira kugaragaza ubumuntu n’ubutwari bwari bumurimo.

Perezida Habyarimana akimara kwicwa, uwari Minisitiri w’Intebe Uwilingiyimana Agatha n’umugabo we bishwe n’abasirikari barindaga perezida, ndetse n’Ababiligi icumi bari bahawe inshingano zo kumurinda baricwa.

Bukeye bwaho ni bwo Capt Mbaye yumvise amakuru ko Uwilingiyimana yishwe, abyumvana abatutsi bari batangiye guhungira muri Milles Collines.

Capt Mbaye utari ufite intwaro kimwe n’izindi ndorerezi zose, yagiye guperereza ku rupfu rwa Minisitiri w’intebe, maze ahura n’abana be batanu bihishe mu nzu za UNDP.

Romeo Dallaire wari ukuriye UNAMIR na we washakaga kumenya byinshi ku rupfu rwa Agatha Uwilingiyimana, yaje gusanga Capt Mbaye n’abana mu nzu za UNDP, maze abasaba gutegereza itsinda rifite intwaro ngo abe ari ryo ribavana aho, ariko ntibaza.

Mbaye yafashe icyemezo cyo kubahavana mu modoka ye inyuma, abatwikirije shitingi, abajyana muri Milles Collines, barokoka batyo.

N’ubwo hari amabwiriza ya Loni abuza indorerezi kujya gutabara abasivile, Mbaye ntiyayubahirije maze atangira gutangirwa raporo nk’umuntu warenze ku mabwiriza agatabara kandi bitari byemewe

N’ubwo yari yarenze ku mabwiriza ariko, byaragaragaraga ko ibyo yakoraga byari ugufasha ikiremwamuntu n’ubutabazi.

Abarokokeye muri Milles Collines, batanga ubuhamya bw’ukuntu Captaine Mbaye yagize uruhare mu kurokoka kwabo.

Capt Mbaye yifashishaga umubano mwiza yabaga afitanye n’abantu batandukanye harimo abo mu gisirikari cya Leta n’Interahamwe ndetse n’impano yo gusetsa maze agatambutsa abantu kuri za bariyeri zitandukanye.

Ngo yafashije amagana y’abatutsi bari muri Milles Collines kugera mu birindiro by’Inkotanyi byari biherereye ku Murindi.

Abarokowe na Capitaine Mbaye babarirwa muri 600, kugeza ubwo yicirwaga kuri bariyeri mu mirwano hagati y’Inkotanyi n’igisirikari cya Habyarimana, avuye mu bikorwa byo gutabara.

Ku myaka 36, Capitaine Mbaye yatabarutse asize abana babiri bato n’umugore.

Mu mwaka wa 2014 nyuma y’imyaka 20 Capitaine Mbaye apfuye, akanama gashinzwe amahoro ku isi ka Loni kemeje ko hashyirwaho umudari wamwitiriwe mu rwego rwo kumuha icyubahiro.

Uyu mudali unagamije kuzirikana umurava udasanzwe w’abasirikare, abapolisi, abakozi b’umuryango w’abibumbye n’abafite aho bahuriye n’ibikorwa byawo bagaragaje umurava n’ubwitange bakemera kujya mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango w’Abibumbye mu bice birimo ibibazo bikomeye bazi ko bashobora no kuhaburira ubuzima.

-2823.jpg

Capitaine Mbaye Diagne warokoye ubuzima bwa benshi muri jenoside yakorewe Abatutsi (Ifoto/interineti)

2016-06-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uwari wungirije Kabonero m ‘Umuseso yarasiwe muri Amerika

Uwari wungirije Kabonero m ‘Umuseso yarasiwe muri Amerika

Ubwanditsi 19 Sep 2016
Uganda: Ku ngoro y’inteko ishinga amategeko hagaragaye abantu bigaragambya bitwaje isanduku ishyingurwamo

Uganda: Ku ngoro y’inteko ishinga amategeko hagaragaye abantu bigaragambya bitwaje isanduku ishyingurwamo

Ubwanditsi 04 Jun 2018
Isano iri hagati y’ibigabiro by’umwami Rwabugiri n’umuganura, Umuganura usobanuye iki?

Isano iri hagati y’ibigabiro by’umwami Rwabugiri n’umuganura, Umuganura usobanuye iki?

Ubwanditsi 31 Jul 2025
Uganda : Imvururu  zishingiye  gushyiraho  Leta nshya, ikazaba ifite izina rya ‘Repubulika ya Yiira’ . Zatumye umwami Charles  Mumbere atabwa muri yombi

Uganda : Imvururu zishingiye gushyiraho Leta nshya, ikazaba ifite izina rya ‘Repubulika ya Yiira’ . Zatumye umwami Charles Mumbere atabwa muri yombi

Ubwanditsi 28 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gianni Infantino uyobora FIFA yashimye Perezida  Paul Kagame ukomeje guteza imbere Ruhago
Amakuru

Gianni Infantino uyobora FIFA yashimye Perezida Paul Kagame ukomeje guteza imbere Ruhago

Ubwanditsi 27 Jul 2024
Umuryango Twubake Ubumwe wongeye Guha Umuganda uwacitse ku icumu rya Jenoside mu Ruhango
Amakuru

Umuryango Twubake Ubumwe wongeye Guha Umuganda uwacitse ku icumu rya Jenoside mu Ruhango

Ubwanditsi 23 Nov 2022
Fidèle Ndayisaba yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa NURC
Mu Mahanga

Fidèle Ndayisaba yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa NURC

Ubwanditsi 25 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru