• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Bayoboke ba “Jambo Asbl-Amabyiruka ya CDR”, kugoreka ukuri kwa “Fondasiyo Yolande Mukagasana”, ntibihindura abere abajenosideri mukomokaho!!

Bayoboke ba “Jambo Asbl-Amabyiruka ya CDR”, kugoreka ukuri kwa “Fondasiyo Yolande Mukagasana”, ntibihindura abere abajenosideri mukomokaho!!

Ubwanditsi 03 Feb 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Kuva y’aho Umunyarwandakazi Yolande Mukagasana ashingiye Umuryango ugamije gukora ubushakashatsi no kurwanya abayipfobya n’abayihakana”Fondasiyo Yolande Mukagasana”, abajenosideri n’ababakomokaho, basimbukiye ku isunzu ry’inzu, batangira kuyitirira ibitari mu nshingano zawo, ariko mu by’ukuri bikagaragara ko ”bitumye mu bihuru”, kuko bazi neza ko uyu mutegarugori n’ubu atazabaha agahenge, nk’uko yakomeje kugaragaza ukuri kuri Jenoside Yakorewe Abatutsi, kukabashegesha.

Barabizi ko izi ari izindi ngufu zivutse zo gukomeza gukoma mu nkora ibikorwa bibi byabo no kubambika ubusa ku Karubanda, dore ko bagifite agatsiko (kagizwe cyane cyane n’ababashyigikiye mu mugambi wa Jenoside), kacyumva ndetse kakabafasha gukwirakwiza ibinyoma hirya no hino ku isi.  Nyamara kandi, uretse ko izi nyangabirama zihimbiye ibyo zishaka kumvikanisha, mu kiganiro Madamu Mukagasana yagiranye n’itangazamakuru muri Mutarama uyu mwaka akimara gushinga iyi  “Fondasiyo” yagize ati:” Tugomba kumenya ko ibidutandukanya bitatugira abanzi, ahubwo ni ubukungu dukwiye kubakiraho dushyize hamwe. Jenoside yakorewe Abatutsi ni amateka y’Abanyarwanda kandi y’ikiremwamuntu muri rusange. Kurwanya ingengabitekerezo n’ihakana bya Jenoside ni ukurwanya urwango n’amacakubiri mu bantu. Ni yo mpamvu buri wese akwiye kubigiramo uruhare.”

Mu by’ukuri iyi mvugo irahamagarira buri Munyarwanda gushyira hamwe, amateka mabi yaturanze akatubera umusingi wo kubaka ubumwe n’ubwiyunge.

Bidatunguranye ariko bibabaje, ababaye aba mbere mu kurwanya iyi neza ya twese, ari rwa rubyiruko rukomoka ku bajenosideri, rwayobeye muri “Jambo Asbl”, abamaze kumenya intego yayo bongereyeho “Amabyiruka ya CDR ”. Dufashe ingero nke zerekana uburyo Jambo Asbl yayatomotswe ikimara kumenya ivuka rya “Fondasiyo Yolande Mukagasana”, ni amatakaragasi abayirimo bahise basohora ku mbuga nkoranyambaga, ndetse n’aho bagenda batanga ibiganiro byuzuyemo  kugoreka nkana ukuri.

Uwitwa Alice Mutimukeye abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter ati:”Mukagasana arigisha amacakubiri urubyiruko rwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.  Yavuze ko ingengabitekerezo ya Jenoside ari akarande(héréditaire), ko abana bose b’Abahutu, n’abakiri mu nda,  bavukana ingengabitekerezo ya Jenoside”. Ibi byahise binashimangirwa na Laure Uwase ndetse  Norman Ishimwe,utegeka ”Amabyiruka ya CDR”, nabo bashinja Yolande Mukagasana irondakoko n’amacakubiri, bashingiye ku buswa bihariye bwo kugoreka imvugo yumvikanira buri wese.

Nyamara niwumva neza Yolande Mukagasana, ntaho yigeze avuga ko Abahutu bavukana urwango, ahubwo yasobanuye neza ko abajenosideri bahemukira abana, babatoza urwango. Mu kiganiro yagiranye na INTSINZI TV, Mukagasana yagize ati”….baracyarwanira ibyabasize.[NDLR: Abo muri Jambo Asbl]. Baracyarwanira idéologie génocidaire….ahubwo mbabazwa n’abana bazabyara, nk’uko nabo bambabaza, ikigusetsa.Bariya bonse amashereka  mabi, amashereka  abigisha urwango, sibo nabo. Ni ababyeyi gito,  baraga abana babo ibyabananiye. Ubwo koko urumva ukwiye kuraga umwana wawe urwango?”.

Basomyi dukunda kandi tuziho ubushishozi, muri aya magambo, ni hehe Mukagasana avuga ko Abahutu bavukana ingengabitekerezo ya Jenoside, ko ahubwo avuga ko abayifite bayitojwe n’ababyeyi babo?

Turashima ko abasomye ibyanditswe n’ibyatangajwe n’abanyakinyoma bo muri Jambo Asbl, atari ko bose babimize bunguri,. Nka ba sekibi. Abatazi neza ikinyarwanda byabasabye kwiyambaza impuguke, maze bamagana ibihimbano by’abo bamamazabinyoma. Umushakashatsi akaba n’umwarimu muri Kaminuza Sila Cehreli yahise yandika kuri Twitter ko” niba atari ukwigiza nkana,bitangaje kubona abo muri Jambo Asbl batazi Ikinyarwanda, ururimi rwabo kavukire, ku buryo bavuga ibihabanye kure  n’ibyo Mukagasana yasobanuye”.

Izi mpaka zidafite ishingiro zanyibukije imyaka byafashe mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa Arusha, ngo  abacamanza basobanukirwe neza ko ijambo”GUKORA” ryakoreshejwe n’abicanyi igihe kinini ryavugaga”gutsemba Abatutsi”. Nk’uko abajenosideri  baburanaga urwa ndanze, babeshya ko ”gukora” ari ukwitabira umurimo bisanzwe, nko guhinga, kubaka n’ibindi,  ababakomokaho nabo bararwana no kugoreka imvugo ngo bigire abana beza, batagatifuze ababyeyi babo.

Norman Ishimwe uvugwa muri iyi nkuru  ni mwene Sinamenye Mathias wabaye igikomerezwa ku ngoma zateguye zikanashyira mu bikorwa umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi. Naho Laure Uwase ni umukobwa wa Agnès Mukarugomwa na Anastase Nkundakozera, wanahamwe n’icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi. Nyina Mukarugomwa ubu ni inshoreke ya Gaspard Musabyimana, banasangiye urwango rukomeye bafitiye Abatutsi.

Nta gihe Rushyashya itagaragaje ko icyaha ari gatozi, kuko kiryozwa uwagikoze. Nyamara kubera ipfunwe ry’ibyo ababyeyi babo bakoze, urubyiruko rwa Jambo Asbl-Amabyiruka ya CDR,  rushishikajwe no gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, ari nako rutagatifuza ba ruharwa bababyaye. Rurarwana n’ubusa ariko kuko, nk’uko Yolande Mukagasana abivuga, nta na rimwe ikibi kizatsinda icyiza. Abarajwe ishinga no kubaka u Rwanda bazakomeza bakore ibyiza, abafite imigambi isenya nabo bakomeze ibibi, amateka azaca urubanza.

Twakwibutsa gusa ko ubu atari bwo  Yolande Mukagasana atangiye urugamba rwo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi. Magingo aya amaze kwandika ibitabo 7 bivuga ku mateka y’iyo Jenoside, ndetse bihindurwa mu ndimi zisaga 5, aharanira ko amateka ya Jenoside atagorekwa cyangwa ngo azime. Umuryango”Fondasiyo Yolande Mukagasana” rero ngo uzakomeza muri uwo mujyo, wandika ibindi bitabo, utegura amafilimi , amahugurwa n’ibiganiro mbwirwaruhame hirya no hino ku isi, ikigamijwe ari urwanya Jenoside n’andi macakubiri mu bantu.

2021-02-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ntayima nyina akabara: Kabuga Félicien ukurikiranyweho Jenoside yaribyaye

Ntayima nyina akabara: Kabuga Félicien ukurikiranyweho Jenoside yaribyaye

Ubwanditsi 24 Nov 2022
Rubanguka Steven, umukinnyi wo hagati mu Ikipe y’Igihugu Amavubi agakina muri AE Karaiskakis Artas yo muri Greece yageze mu mwiherero w’Ikipe i Nyamata

Rubanguka Steven, umukinnyi wo hagati mu Ikipe y’Igihugu Amavubi agakina muri AE Karaiskakis Artas yo muri Greece yageze mu mwiherero w’Ikipe i Nyamata

Ubwanditsi 18 Mar 2021
Mu gihe habura iminsi 7 ngo irushanwa rya CECAFA U23 ribe, umwiherero w’Ikipe y’Igihugu wasojwe kubera ubwiyongere bwa koronavirusi

Mu gihe habura iminsi 7 ngo irushanwa rya CECAFA U23 ribe, umwiherero w’Ikipe y’Igihugu wasojwe kubera ubwiyongere bwa koronavirusi

Ubwanditsi 10 Jul 2021
Urubyiruko rwo muri FDU-Inkingi rukomeje konswa ingengabitekerezo ya Jenoside

Urubyiruko rwo muri FDU-Inkingi rukomeje konswa ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 06 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hoteli ya Jean Minani uherutse gutorerwa kuyobora CNARED, Ishyirahamwe ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, yasenywe
INKURU NYAMUKURU

Hoteli ya Jean Minani uherutse gutorerwa kuyobora CNARED, Ishyirahamwe ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, yasenywe

Ubwanditsi 04 Dec 2017
Gushima no kwishimira ibyagezweho
Mu Rwanda

Gushima no kwishimira ibyagezweho

Ubwanditsi 18 May 2017
Uwari Umuyobozi Mukuru wa Nakumatt agiye gukorwaho iperereza kubera ubujura
Mu Mahanga

Uwari Umuyobozi Mukuru wa Nakumatt agiye gukorwaho iperereza kubera ubujura

Ubwanditsi 22 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru