• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Munyampeta Jean Luc wamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana akomeje kwifatanya n’ibigarasha

Munyampeta Jean Luc wamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana akomeje kwifatanya n’ibigarasha

RUSHYASHYA 06 Nov 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Munyampeta Jean Luc, wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, cyane cyane ubwo yari muri Korali Abagenzi y’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi yo ku Muhima, akomeje kugaragara mu bikorwa n’amahuriro y’abantu bazwiho kurwanya Leta y’u Rwanda mu mahanga, by’umwihariko mu Bubiligi aho atuye.

Ku wa 25 Ukwakira 2025, Munyampeta yagaragaye mu gikorwa cyiswe “Ingabire Day” cyabereye i Bruxelles, cyateguwe n’abayoboke ba Victoire Ingabire, aho benshi mu bitabiriye bagaragayemo bakunze kugaragara mu bikorwa byo guhakana, gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi no gusebya u Rwanda. Muri icyo gikorwa, mu magambo yavuzwe n’abacyitabiriye hagaragayemo amagambo akangurira urwango, guhemukira igihugu no gusenya ubumwe bw’Abanyarwanda.

Amakuru aturuka ku bantu bamuzi neza avuga ko Munyampeta Jean Luc yavuye mu Rwanda mu 2018 yerekeza mu Bubiligi, ariko mu mezi ashize ari bwo yatangiye kubonwa inshuro nyinshi mu bikorwa bya FDU-Inkingi na JAMBO asbl, azwiho kwimakaza imyumvire ishingiye ku guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse no gushyigikira umutwe wa FDLR ukorera mu mashyamba ya RDC.

Uko kwegera ayo matsinda n’abantu bayagize, byatangaje benshi bamuzi nk’umukirisitu n’umuririmbyi wazirikanaga indangagaciro z’ubuzima busobanutse n’ubutumwa bw’amahoro. Abamuzi bavuga ko ibikorwa ari kwishoramo bidahura n’indangagaciro z’itorero rye n’ubutumwa yigeze kuririmba.

Hari abakebura ko kwifatanya n’itsinda rifite intego yo gusenya igihugu no kubiba urwango ari inzira itajyana ku cyiza. Bongeraho ko hari abamutumira n’abamushishikariza kugaruka mu murongo wubaka, agasigasira impano ye yo kuririmba izahurizaga benshi ku butumwa bw’amahoro, aho kwishora mu bikorwa bishobora kumurimburira izina n’icyizere yubatse mu myaka ishize.

Bamwe mu nshuti ze za hafi baramusaba gufata umwanya wo kwitekerezaho, akareba aho yavuye, impano yahawe, uruhare yagize mu gusakaza ubutumwa bwiza, maze akibaza niba koko ari byo byamuhamagarira kuba mu ruhande rw’abantu bazwiho guhemukira u Rwanda n’Abanyarwanda.

Urugendo Munyampeta Jean Luc yahisemo rurimo gukurikiranwa n’amaso ya benshi, haba abamukunda, abaririmbyi bagenzi be ndetse n’Itorero yabagamo. Abenshi bifuza kumubona agaruka mu nzira yo kubaka no kubohora imitima, aho kujya mu bikorwa bishobora kumuviramo kwangirika k’ubuzima bwe bw’umwuka n’iteka rye nk’umuhanzi w’Indirimbo z’Imana.

2025-11-06
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Kampala : Prossy Bonabaana na Sulah Nuwamanya, mu gukusanya imikono ya baringa y’abiyita abapfakazi  bafashwa na Self-Worth Initiative-SWI, babeshya ko abantu babo bashimuswe n’u Rwanda

Kampala : Prossy Bonabaana na Sulah Nuwamanya, mu gukusanya imikono ya baringa y’abiyita abapfakazi  bafashwa na Self-Worth Initiative-SWI, babeshya ko abantu babo bashimuswe n’u Rwanda

Ubwanditsi 16 Mar 2020
Huye: Ba nyiri amahoteri basabwe kugira uruhare mu gukumira ihohoterwa rikorerwa abana

Huye: Ba nyiri amahoteri basabwe kugira uruhare mu gukumira ihohoterwa rikorerwa abana

Ubwanditsi 07 Jun 2016
Kantengwa Angélique wayoboraga RSSB agizwe umwere ari mu Buhinde kwivuza

Kantengwa Angélique wayoboraga RSSB agizwe umwere ari mu Buhinde kwivuza

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Marines FC yatsinze Musanze FC 1-0, ishimangira kuguma mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’u Rwanda

Marines FC yatsinze Musanze FC 1-0, ishimangira kuguma mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 03 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rusesabagina niyisanga I Kigali azongera kuvuga ko ari imfubyi mbirigi?
Amakuru

Rusesabagina niyisanga I Kigali azongera kuvuga ko ari imfubyi mbirigi?

Ubwanditsi 25 Sep 2024
U Bufaransa bwasoje iperereza ku ndege ya Habyarimana
ITOHOZA

U Bufaransa bwasoje iperereza ku ndege ya Habyarimana

Ubwanditsi 23 Dec 2017
Nubona izi ngeso 10 kumukunzi wawe uzamenye ko abandi bamurya
HIRYA NO HINO

Nubona izi ngeso 10 kumukunzi wawe uzamenye ko abandi bamurya

Ubwanditsi 04 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru