• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Munyampeta Jean Luc wamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana akomeje kwifatanya n’ibigarasha

Munyampeta Jean Luc wamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana akomeje kwifatanya n’ibigarasha

RUSHYASHYA 06 Nov 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Munyampeta Jean Luc, wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, cyane cyane ubwo yari muri Korali Abagenzi y’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi yo ku Muhima, akomeje kugaragara mu bikorwa n’amahuriro y’abantu bazwiho kurwanya Leta y’u Rwanda mu mahanga, by’umwihariko mu Bubiligi aho atuye.

Ku wa 25 Ukwakira 2025, Munyampeta yagaragaye mu gikorwa cyiswe “Ingabire Day” cyabereye i Bruxelles, cyateguwe n’abayoboke ba Victoire Ingabire, aho benshi mu bitabiriye bagaragayemo bakunze kugaragara mu bikorwa byo guhakana, gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi no gusebya u Rwanda. Muri icyo gikorwa, mu magambo yavuzwe n’abacyitabiriye hagaragayemo amagambo akangurira urwango, guhemukira igihugu no gusenya ubumwe bw’Abanyarwanda.

Amakuru aturuka ku bantu bamuzi neza avuga ko Munyampeta Jean Luc yavuye mu Rwanda mu 2018 yerekeza mu Bubiligi, ariko mu mezi ashize ari bwo yatangiye kubonwa inshuro nyinshi mu bikorwa bya FDU-Inkingi na JAMBO asbl, azwiho kwimakaza imyumvire ishingiye ku guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse no gushyigikira umutwe wa FDLR ukorera mu mashyamba ya RDC.

Uko kwegera ayo matsinda n’abantu bayagize, byatangaje benshi bamuzi nk’umukirisitu n’umuririmbyi wazirikanaga indangagaciro z’ubuzima busobanutse n’ubutumwa bw’amahoro. Abamuzi bavuga ko ibikorwa ari kwishoramo bidahura n’indangagaciro z’itorero rye n’ubutumwa yigeze kuririmba.

Hari abakebura ko kwifatanya n’itsinda rifite intego yo gusenya igihugu no kubiba urwango ari inzira itajyana ku cyiza. Bongeraho ko hari abamutumira n’abamushishikariza kugaruka mu murongo wubaka, agasigasira impano ye yo kuririmba izahurizaga benshi ku butumwa bw’amahoro, aho kwishora mu bikorwa bishobora kumurimburira izina n’icyizere yubatse mu myaka ishize.

Bamwe mu nshuti ze za hafi baramusaba gufata umwanya wo kwitekerezaho, akareba aho yavuye, impano yahawe, uruhare yagize mu gusakaza ubutumwa bwiza, maze akibaza niba koko ari byo byamuhamagarira kuba mu ruhande rw’abantu bazwiho guhemukira u Rwanda n’Abanyarwanda.

Urugendo Munyampeta Jean Luc yahisemo rurimo gukurikiranwa n’amaso ya benshi, haba abamukunda, abaririmbyi bagenzi be ndetse n’Itorero yabagamo. Abenshi bifuza kumubona agaruka mu nzira yo kubaka no kubohora imitima, aho kujya mu bikorwa bishobora kumuviramo kwangirika k’ubuzima bwe bw’umwuka n’iteka rye nk’umuhanzi w’Indirimbo z’Imana.

2025-11-06
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Ikibazo cya kongo ntikizarangizwa n’intambara nk’uko Tanzaniya n’abandi babyibwira

Ikibazo cya kongo ntikizarangizwa n’intambara nk’uko Tanzaniya n’abandi babyibwira

Ubwanditsi 13 Feb 2024
Breaking News: Kenya yunze ikirenge mu cy’u Rwanda mu gutanga viza ku mipaka ku banyafrika

Breaking News: Kenya yunze ikirenge mu cy’u Rwanda mu gutanga viza ku mipaka ku banyafrika

Ubwanditsi 28 Nov 2017
Amakipe ya Forefront Volleyball Club y’abagabo n’abagore yegukanye  irushanwa ryo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel wayoboye GSOB

Amakipe ya Forefront Volleyball Club y’abagabo n’abagore yegukanye irushanwa ryo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel wayoboye GSOB

Ubwanditsi 06 Mar 2023
U Rwanda rwabyakiriza yombi Uganda isabye abaturage bayo bakora magendu kurwirinda

U Rwanda rwabyakiriza yombi Uganda isabye abaturage bayo bakora magendu kurwirinda

Ubwanditsi 24 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutekano mu Burundi, Perezida Ndayishimiye yagiye gupfundikira iby’abandi ibye bita imitemeri
Amakuru

Umutekano mu Burundi, Perezida Ndayishimiye yagiye gupfundikira iby’abandi ibye bita imitemeri

Ubwanditsi 26 Feb 2024
Iperereza rya Polisi k’urupfu rwa Mugabo Theoneste wishwe aciwe ijosi
Mu Mahanga

Iperereza rya Polisi k’urupfu rwa Mugabo Theoneste wishwe aciwe ijosi

Ubwanditsi 22 Jun 2016
Uruganda  “Master Steel ” rwabaye umushoramari w’umwaka mu bihembo bya RDB Business Excellence Awards 2019
UBUKUNGU

Uruganda “Master Steel ” rwabaye umushoramari w’umwaka mu bihembo bya RDB Business Excellence Awards 2019

Ubwanditsi 01 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru