• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umunyekongo Patrick MBEKO yahawe gasopo, asabwa kureka kugoreka amateka y’Abanyarwanda yiyita “umunyabwenge”

Umunyekongo Patrick MBEKO yahawe gasopo, asabwa kureka kugoreka amateka y’Abanyarwanda yiyita “umunyabwenge”

Ubwanditsi 29 Mar 2021 Amakuru, HIRYA NO HINO, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu gihe abaturage benshi ba Repubulika Iharanira Demokarasoi ya Kongo, barangajwe imbere na Perezida w’icyo gihugu, Felix Tshisekedi, bahagurukiye kuvana agatotsi mu mubano w’u Rwanda n’igihugu cyabo, hari n’abandi bashishikajwe n’urwango, bikagaragara ko ari ba rusahuriramunduru batifuza umubano mwiza hagati y’ibihugu byombi. Abo ni nka Patrick Mbeko wigize umuhanga mu guharabika Abayobozi b’uRwanda no kugoreka amateka yarwo, kugeza n’aho agaragaza ko Jenoside yakorewe Abatutsi itabaye cyangwa itagenze uko yabyifuzaga. Abinyujije ku rubuga rwe rwa twitter yavuze ko “ ikosa  rukumbi Ubufaransa kwakoze ari uko butashyigikiye bwivuye inyuma ubutegetsi bwa Yuvenali Habyarimana, bigatumba butsindwa yarahanganyemo na Paul Kagame n’Abanyamerika “. Ntiyasobanuye uko ahuza Abanyamerika n’urugamba rwo kwibohora rwayobowe na Paul Kagame.

Kimwe n’abajenosideri  n’ababashyigikiye, Patrick Mbeko arashinja Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame n’Umuryango wa FPR-Inkotanyi gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi, agatagatifuza Leta ya Habyarimana n’abamusimbuye, yemeza ko ahubwo aribo bakorewe Jenoside! Abasomye aya mateshwa ya Patrick Mbeko ku mbuga nkoranyambaga bagize bati:”Burya koko igisebo nticyica( le ridicule ne tue pas), kuko kiramutse cyica Patrick Mbeko n’abarumbiwe n’ubwenge nkawe ntibari kuba bakiriho”.  Bagakomeza bati:”Ushobora ute kwiyita umunyabwenge, wirengagiza ko isi yemeje ko Jenoside yakorewe Abatutsi yakozwe n’ubutegetsi bwa Habyarimana n’abamusimbuye, igahagarikwa n’ingabo za FPR zari ziyobowe na Paul Kagame?! Bavuga ko yi mikorere idatunguranye ariko, kuko ngo  buri gihe abicanyi bagerageza kwivanaho ikimwaro, kugeza n’aho basiga icyaha abiciwe.

Aba bashubije ibyo Patrick Mbeko yahubutsemo, baribaza bati:” Uretse ubugome buvanze n’ubujiji, ahakana ate ko Ubufaransa bwa Mitterrand bwashyigikiye byimazeyo Leta y’abajenosideri, bigashimangirwa bidasurwaho na Komisiyo Declert yashyizweho na Perezida w’Ubufaransa, Emmauel Macron ubwe? Benshi muri aba barakajwe n’amateshwa ya Patrick Mbeko , biganjemo Abanyekongo nkawe, bamusabye kureka kwiyita umuhanga”intellectuel”, kandi agahagarika kwivanga mu mateka y’igihugu kitari icye. Bati:”Niba uri impuguke, fatanya n’abandi Banyekongo gushakira ibisubizo ibibazo byugarije igihugu cyabo, ureke guhakwa ku bajenosideri nk’imbwa irigata ibirenge bya shebuja , n’iyo we atabishaka”.

Uyu Partick Mbeko azwiho ubukana mu guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi. Muri iki gihe yihaye inshingano yo kwamamaza igitabo umujenosideri Yohani Kambanda( wakatiwe gufungwa burundu), aherutse gusohora agambiriye kwishongora no gukomeretsa  abakorewe iyo Jenoside. Urwango Patrick Mbeko afitiye uRwanda, muw’ 2016  rwamuhesheje igihembo   cyiririwe Ingabire Victoire , nawe wamamaye mu guhakana, gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, no gukorana n’imitwe y’iterabwoba igambiriye kugirira nabi uRwanda.

Yasebanya yagira ariko, Patrick Mbeko akwiye kumenya ko inabi itazigera itsinda ineza. Nabaza neza imiterere y’Abanyarwanda, azamenya ko  barwanye intambara zikomeye kurusha iy’ubugambo n’ubusambo ashaka kubashozaho. Azabaze abajenosideri bakubiswe inshuro, nka Kambanda Yohani, Theoneste Bagosora, Ngirumpatse Matayo, Anatole Nsengiyumba n’izindi Nterahamwe abereye umuvugizi,bazamubwira ishyano FDLR yabo n’abandi bagizi ba nabi bahuriye nako mu mashyamba ya Kongo. Azagishe inama Abanyekongo bazima nk’abari muri  gahunda yitwa”PMVS” n’urubyiruko rwo muri Generation Paul Kagame, bose barajwe ishinga no gufatanya n’Abanyarwanda kubaka amateka mashya kandi meza.  Namara kuganira n’abo bose, azumva neza ko uRwanda rutakiri insina ngufi, icibwaho ikoma n’inzezererezio nka Patrick Mbeko.

 

2021-03-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo gukora ibara, agafata ku ngufu umwana yibyariye w’imyaka 15 yasinze, Sergeant Major Robert Kabera yahise ahungira muri Uganda inzoga zimushizemo

Nyuma yo gukora ibara, agafata ku ngufu umwana yibyariye w’imyaka 15 yasinze, Sergeant Major Robert Kabera yahise ahungira muri Uganda inzoga zimushizemo

Ubwanditsi 23 Nov 2020
Nyuma y’imyaka 7, Musanze FC yatsinze APR FC, Mukura VS yatsinze Gasogi United yuzuza imikino 5 idatsindwa naho Gicumbi yujuje imikino 12 itazi uko gutsinda bisa

Nyuma y’imyaka 7, Musanze FC yatsinze APR FC, Mukura VS yatsinze Gasogi United yuzuza imikino 5 idatsindwa naho Gicumbi yujuje imikino 12 itazi uko gutsinda bisa

Ubwanditsi 17 Feb 2022
Kuki Museveni yanga u Rwanda akomokamo?

Kuki Museveni yanga u Rwanda akomokamo?

Ubwanditsi 28 Jul 2019
Ubanza Ingabire Victoire yariyibagiwe reka tumwibutse uwo ari we

Ubanza Ingabire Victoire yariyibagiwe reka tumwibutse uwo ari we

Ubwanditsi 26 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gicumbi FC, Amagaju FC, Etoile de l’Est na Heroes FC yatangiye yitwara neza mu mikino ibanza ya ¼ cy’irangiza y’icyiciro cya kabiri mu bagabo
Amakuru

Gicumbi FC, Amagaju FC, Etoile de l’Est na Heroes FC yatangiye yitwara neza mu mikino ibanza ya ¼ cy’irangiza y’icyiciro cya kabiri mu bagabo

Ubwanditsi 03 Oct 2021
Trump yashyize yemera ko Abarusiya bari bemeye gutanga amakuru kuri Clinton
POLITIKI

Trump yashyize yemera ko Abarusiya bari bemeye gutanga amakuru kuri Clinton

Ubwanditsi 07 Aug 2018
Bisi ya RITCO yari itwaye abagenzi yahiye irakongoka
Mu Rwanda

Bisi ya RITCO yari itwaye abagenzi yahiye irakongoka

Ubwanditsi 27 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru