• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umunyekongo Patrick MBEKO yahawe gasopo, asabwa kureka kugoreka amateka y’Abanyarwanda yiyita “umunyabwenge”

Umunyekongo Patrick MBEKO yahawe gasopo, asabwa kureka kugoreka amateka y’Abanyarwanda yiyita “umunyabwenge”

Ubwanditsi 29 Mar 2021 Amakuru, HIRYA NO HINO, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu gihe abaturage benshi ba Repubulika Iharanira Demokarasoi ya Kongo, barangajwe imbere na Perezida w’icyo gihugu, Felix Tshisekedi, bahagurukiye kuvana agatotsi mu mubano w’u Rwanda n’igihugu cyabo, hari n’abandi bashishikajwe n’urwango, bikagaragara ko ari ba rusahuriramunduru batifuza umubano mwiza hagati y’ibihugu byombi. Abo ni nka Patrick Mbeko wigize umuhanga mu guharabika Abayobozi b’uRwanda no kugoreka amateka yarwo, kugeza n’aho agaragaza ko Jenoside yakorewe Abatutsi itabaye cyangwa itagenze uko yabyifuzaga. Abinyujije ku rubuga rwe rwa twitter yavuze ko “ ikosa  rukumbi Ubufaransa kwakoze ari uko butashyigikiye bwivuye inyuma ubutegetsi bwa Yuvenali Habyarimana, bigatumba butsindwa yarahanganyemo na Paul Kagame n’Abanyamerika “. Ntiyasobanuye uko ahuza Abanyamerika n’urugamba rwo kwibohora rwayobowe na Paul Kagame.

Kimwe n’abajenosideri  n’ababashyigikiye, Patrick Mbeko arashinja Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame n’Umuryango wa FPR-Inkotanyi gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi, agatagatifuza Leta ya Habyarimana n’abamusimbuye, yemeza ko ahubwo aribo bakorewe Jenoside! Abasomye aya mateshwa ya Patrick Mbeko ku mbuga nkoranyambaga bagize bati:”Burya koko igisebo nticyica( le ridicule ne tue pas), kuko kiramutse cyica Patrick Mbeko n’abarumbiwe n’ubwenge nkawe ntibari kuba bakiriho”.  Bagakomeza bati:”Ushobora ute kwiyita umunyabwenge, wirengagiza ko isi yemeje ko Jenoside yakorewe Abatutsi yakozwe n’ubutegetsi bwa Habyarimana n’abamusimbuye, igahagarikwa n’ingabo za FPR zari ziyobowe na Paul Kagame?! Bavuga ko yi mikorere idatunguranye ariko, kuko ngo  buri gihe abicanyi bagerageza kwivanaho ikimwaro, kugeza n’aho basiga icyaha abiciwe.

Aba bashubije ibyo Patrick Mbeko yahubutsemo, baribaza bati:” Uretse ubugome buvanze n’ubujiji, ahakana ate ko Ubufaransa bwa Mitterrand bwashyigikiye byimazeyo Leta y’abajenosideri, bigashimangirwa bidasurwaho na Komisiyo Declert yashyizweho na Perezida w’Ubufaransa, Emmauel Macron ubwe? Benshi muri aba barakajwe n’amateshwa ya Patrick Mbeko , biganjemo Abanyekongo nkawe, bamusabye kureka kwiyita umuhanga”intellectuel”, kandi agahagarika kwivanga mu mateka y’igihugu kitari icye. Bati:”Niba uri impuguke, fatanya n’abandi Banyekongo gushakira ibisubizo ibibazo byugarije igihugu cyabo, ureke guhakwa ku bajenosideri nk’imbwa irigata ibirenge bya shebuja , n’iyo we atabishaka”.

Uyu Partick Mbeko azwiho ubukana mu guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi. Muri iki gihe yihaye inshingano yo kwamamaza igitabo umujenosideri Yohani Kambanda( wakatiwe gufungwa burundu), aherutse gusohora agambiriye kwishongora no gukomeretsa  abakorewe iyo Jenoside. Urwango Patrick Mbeko afitiye uRwanda, muw’ 2016  rwamuhesheje igihembo   cyiririwe Ingabire Victoire , nawe wamamaye mu guhakana, gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, no gukorana n’imitwe y’iterabwoba igambiriye kugirira nabi uRwanda.

Yasebanya yagira ariko, Patrick Mbeko akwiye kumenya ko inabi itazigera itsinda ineza. Nabaza neza imiterere y’Abanyarwanda, azamenya ko  barwanye intambara zikomeye kurusha iy’ubugambo n’ubusambo ashaka kubashozaho. Azabaze abajenosideri bakubiswe inshuro, nka Kambanda Yohani, Theoneste Bagosora, Ngirumpatse Matayo, Anatole Nsengiyumba n’izindi Nterahamwe abereye umuvugizi,bazamubwira ishyano FDLR yabo n’abandi bagizi ba nabi bahuriye nako mu mashyamba ya Kongo. Azagishe inama Abanyekongo bazima nk’abari muri  gahunda yitwa”PMVS” n’urubyiruko rwo muri Generation Paul Kagame, bose barajwe ishinga no gufatanya n’Abanyarwanda kubaka amateka mashya kandi meza.  Namara kuganira n’abo bose, azumva neza ko uRwanda rutakiri insina ngufi, icibwaho ikoma n’inzezererezio nka Patrick Mbeko.

 

2021-03-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyamakuru b’Ikinyamakuru Iwacu Voix du Burundi bafunguwe nyuma y’igitutu cy’Imiryango mpuzamahanga

Abanyamakuru b’Ikinyamakuru Iwacu Voix du Burundi bafunguwe nyuma y’igitutu cy’Imiryango mpuzamahanga

Ubwanditsi 25 Dec 2020
Itotezwa ry’Impunzi z’Abanyarwanda ryamuteye kwandika igitabo

Itotezwa ry’Impunzi z’Abanyarwanda ryamuteye kwandika igitabo

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Loni ntishyigikiye igabanywa ry’abasirikare ba Monusco muri Congo

Loni ntishyigikiye igabanywa ry’abasirikare ba Monusco muri Congo

Ubwanditsi 04 Oct 2017
Uganda: Umusirikare wa UPDF yibye umukozi wa mobile money amutunze imbunda

Uganda: Umusirikare wa UPDF yibye umukozi wa mobile money amutunze imbunda

Ubwanditsi 13 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U-23 AFCON-Q: Amavubi yanyagiriwe i Kinshasa Ibitego byish
IMIKINO

U-23 AFCON-Q: Amavubi yanyagiriwe i Kinshasa Ibitego byish

Ubwanditsi 22 Nov 2018
Standard & Poor’s yazamuye igipimo cy’ubukungu bw’u Rwanda ikigeza kuri “B+”
UBUKUNGU

Standard & Poor’s yazamuye igipimo cy’ubukungu bw’u Rwanda ikigeza kuri “B+”

Ubwanditsi 13 Aug 2019
Ibitekerezo – FERWAFA yemeje ko abakinnyi b’abanyamahanga bakina ari 10 ku mukino, hakabanza 6
Amakuru

Ibitekerezo – FERWAFA yemeje ko abakinnyi b’abanyamahanga bakina ari 10 ku mukino, hakabanza 6

Ubwanditsi 02 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru