• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»#Umushyikirano wa 14: Abanyarwanda barifuza ko Perezida Kagame abakemurira ibibazo birimo icy’ igitutu gitera itekinika

#Umushyikirano wa 14: Abanyarwanda barifuza ko Perezida Kagame abakemurira ibibazo birimo icy’ igitutu gitera itekinika

Ubwanditsi 08 Dec 2016 Mu Mahanga

Mu gihe u Rwanda rwitegura inama y’ igihugu y’umushyikirano igiye kuba ku nshuro ya 14, Abanyarwanda barishimira ibyo izabanje zagezeho ariko bagasaba Perezida Kagame kubakemurira ibibazo birimo igitutu gishyirwa ku bayobozi b’ inzego z’ ibanze bigatuma bahimba imibare aribyo bizwi nko gutenika.

Guhimba imibare cyangwa gutekinika ni rimwe mu kosa akorwa n’ abayobozi bikagira ingaruka ku muturage. Urugero ni mu karere ka Gakenke aho ubuyobozi bw’ inzego z’ ibanze bwatanze imibare bugaragaza ko nta baturage bagituye mu maneka kandi bahari, bigatumu ibiza bihitana abarenga 35.

Mu kiganiro abaturage bagiranye n’ itangazamakuru basabye ko muri iyi nama y’ umushyikirano igiye kuba ikibazo cy’ igitutu gishyirwa ku bayobozi b’ inzego z’ ibanze bigatuma batekinika imibare cyakwigwaho kandi kigafatirwa umwanzuro.

Kubireba Icyiciro cy’Ubudehe

Umwe baturage baganiriye n’ itangazamakuru yagize ati “Abayobozi b’ inzego z’ ibanze baba bazi abaturage bayobora kuva ku mudugudu kugera ku kagari no ku murenge. Ariko iyo tubareba dusanga bafite igitutu cy’ ubuyobozi bwo hejuru. Nibwo bubabwira ngo mukoze iki ni ki kigaragare. Noneho ugasanga umuyobozi ahise atekinika imibare….”

Yakomeje agira ati “Mu mudugudu hari abantu b’ abakene inzara yarabishe, noneho ukabona umuyobozi ahise yandika ngo abaturage banjye ni bazima nta kibazo bafite. Biterwa ni uko agera ku kagari uw’ akagari akamubwira ngo hejuru bantumye ngo nta mukene bashaka, uwa kagari yagera ku murenge bakamubwira ngo ku karere bantumye ngo nta bakene bashaka, yatanga imibare uko iri bati niyegure byamunaniye kuyobora, iki nicyo dushaka ko Perezida Kagame azakemura muri uyu mushyikirano”

Iki kibazo cy’ igitutu gitera itekinika ngo ninayo ntandaro y’ ibibazo by’ urusobe bikigaragara mu byiciro by’ ubudehe.

Mugenzi we yagize ati “ Dore nk’ ubu barimo gutanga amatungo ariko barayihera abantu bafite imbaraga, bashoboye. Abantu b’ abakene nta kintu barimo kubaha, muri uwo mushyikirano mbaye mbaza nabaza nti kunshira mu kiciro ntagishoboye mubona nzabaho nte?”

Abaturage kandi bumva uyu mushyikirano wakemura burundu ikibazo cy’ abana bo mu muhanda. Abaturage bavuga ko kuba iki kibazo kitarangira biterwa n’ ubukene no kuba abayobozi bo hejuru bategera abaturage ngo bumve ibibazo bafite.

Yagize ati “Baravuga ngo abana nibavane mu mihanda, ariko bakabivugira hejuru ntibamanuke ngo barebe ko abo bana bavuye mu muhanda. None se babona abo bana bazava mu muhanda gute mu rugo baburara bakabwirirwa. Jye mbona abayobozi bo hejuru bajya bamanuka bakegera abaturage kuko abayobozi bo hasi(b’ inzego z’ ibanze) ntabwo barimo kwita kubaturage barimo kwita ku mibare ngo badatanga raporo zigaragaza ubukene bikanabaviramo gukurwa ku buyobozi”

-4959.jpg

-4958.jpg

Mu Umushyikirano abaturage bageza ibibazo n’ ibyifuzo byaho kuri Perezida wa Repubulika, haba imbonankubone no mu buryo bw’ ikoranabuhanga

Kuri ibi bibazo abaturage bongeraho n’ ikibazo cy’ amafaranga ahabwa abari mu kiruhuko cy’ izabukuru, ngo aya mafaranga ntabwo arahuzwa n’ ibiciro biri ku masoko.

Umuturage ati “Nanjye ndi umwe mubafata pension amafaranga duhwabwa ntabwo ahuye n’ ibiciro biri ku masoko, bavuze kenshi ko bagiye kugira icyo babikoraho ariko amaso yaheze mu kirere. Twumva rwose uyu mushyikirano wasiga iki kibazo gikemutse burundu”

Kimwe mu bibazo by’ ingutu inama y’ igihugu y’umushyikirano yakemuye mu buryo bushimishije ni ikibazo cy’ itinda ry’ inguzanyo y’ amafaranga igenerwa ababyeshuri biga muri kaminuza(Buruse). Ngo kuri ubu aya mafaranga asigaye atangirwa kugihe cyangwa agatangwa mbere y’ igihe

Samuel Mujyanama wiga muri Kaminuza y’ u Rwanda aganira n’ Umuryango.rw yagize ati “Ikibazo cy’ itinda rya buruse cyarakemutse burundu, uretse ibibazo by’ abantu ku giti cyabo bifitanye isano n’ ubudehe naho buruse yo izira igihe. Nk’ ubu mu kwa cyenda baduhereye rimwe amezi ane, ukwa cyenda, ukwa 10, ukwa 11 n’ ukwa 12.”

Ni mu gihe umwanzuro wa 12 muri 13 yafatiwe mu nama y’ igihugu y’ umushyikirano uheruka yateranye tariki 21 na 22, 2015 wagiraga uti “. Gukemura burundu kandi vuba ikibazo cy’inguzanyo igenerwa abanyeshuri (buruse) itinda kubagezwaho.”.

Buri uko inama y’ igihugu y’ umushyikirano iteranye hafatwa imyanzuro, gusa iki cy’ igihugu cy’ imiyoborere RGB cyemeranya n’ abaturage bavuga ko imyanzuro iba yafashwe idashyirwa mu bikorwa 100%. Anastase Shyaka uyobora RGB atangaza ko imyanzuro ifatirwa mu nama y’ igihugu y’ umushikirano ishyirwa mu bikorwa ku kigereranyo cya 73%.

Inama ya 14 y’ umushyikirano iteganyijwe tariki 15 na 16 Ukuboza 2016 , ifite insanganyamatsiko igira iti “Dufatanyije, Twubake u Rwanda twifuza”.

Umuryango

2016-12-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yasabye Abanyafurika gucika ku ngeso yo gusigara inyuma

Perezida Kagame yasabye Abanyafurika gucika ku ngeso yo gusigara inyuma

Ubwanditsi 15 May 2016
Jose Chameleone n’umuvandimwe we bafunzwe

Jose Chameleone n’umuvandimwe we bafunzwe

Ubwanditsi 16 Jul 2019
Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira

Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira

RUSHYASHYA 02 Jun 2026
Umunyabugeni yagaragaje abayobozi babatiza mu ndangagaciro z’ubutwari abatifuriza ibyiza u Rwanda

Umunyabugeni yagaragaje abayobozi babatiza mu ndangagaciro z’ubutwari abatifuriza ibyiza u Rwanda

Ubwanditsi 25 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuki Perezida Tshisekedi atabona ko gushyigikira Interahamwe bitazamuhira nk’uko bitahiriye n’abamubanjirije ku butegetsi?
Amakuru

Kuki Perezida Tshisekedi atabona ko gushyigikira Interahamwe bitazamuhira nk’uko bitahiriye n’abamubanjirije ku butegetsi?

Ubwanditsi 28 Nov 2022
Niba Ufite Inzozi ushaka kugeraho mubuzima bwawe ibi bintu ntibizakuyobore
HIRYA NO HINO

Niba Ufite Inzozi ushaka kugeraho mubuzima bwawe ibi bintu ntibizakuyobore

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Perezida Tshisekedi mu mayira abiri, amaze kubona ko ibinyoma byo kubeshyera u Rwanda bitazamumaza kabiri
Amakuru

Perezida Tshisekedi mu mayira abiri, amaze kubona ko ibinyoma byo kubeshyera u Rwanda bitazamumaza kabiri

Ubwanditsi 29 Dec 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru