• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»#Umushyikirano wa 14: Abanyarwanda barifuza ko Perezida Kagame abakemurira ibibazo birimo icy’ igitutu gitera itekinika

#Umushyikirano wa 14: Abanyarwanda barifuza ko Perezida Kagame abakemurira ibibazo birimo icy’ igitutu gitera itekinika

Ubwanditsi 08 Dec 2016 Mu Mahanga

Mu gihe u Rwanda rwitegura inama y’ igihugu y’umushyikirano igiye kuba ku nshuro ya 14, Abanyarwanda barishimira ibyo izabanje zagezeho ariko bagasaba Perezida Kagame kubakemurira ibibazo birimo igitutu gishyirwa ku bayobozi b’ inzego z’ ibanze bigatuma bahimba imibare aribyo bizwi nko gutenika.

Guhimba imibare cyangwa gutekinika ni rimwe mu kosa akorwa n’ abayobozi bikagira ingaruka ku muturage. Urugero ni mu karere ka Gakenke aho ubuyobozi bw’ inzego z’ ibanze bwatanze imibare bugaragaza ko nta baturage bagituye mu maneka kandi bahari, bigatumu ibiza bihitana abarenga 35.

Mu kiganiro abaturage bagiranye n’ itangazamakuru basabye ko muri iyi nama y’ umushyikirano igiye kuba ikibazo cy’ igitutu gishyirwa ku bayobozi b’ inzego z’ ibanze bigatuma batekinika imibare cyakwigwaho kandi kigafatirwa umwanzuro.

Kubireba Icyiciro cy’Ubudehe

Umwe baturage baganiriye n’ itangazamakuru yagize ati “Abayobozi b’ inzego z’ ibanze baba bazi abaturage bayobora kuva ku mudugudu kugera ku kagari no ku murenge. Ariko iyo tubareba dusanga bafite igitutu cy’ ubuyobozi bwo hejuru. Nibwo bubabwira ngo mukoze iki ni ki kigaragare. Noneho ugasanga umuyobozi ahise atekinika imibare….”

Yakomeje agira ati “Mu mudugudu hari abantu b’ abakene inzara yarabishe, noneho ukabona umuyobozi ahise yandika ngo abaturage banjye ni bazima nta kibazo bafite. Biterwa ni uko agera ku kagari uw’ akagari akamubwira ngo hejuru bantumye ngo nta mukene bashaka, uwa kagari yagera ku murenge bakamubwira ngo ku karere bantumye ngo nta bakene bashaka, yatanga imibare uko iri bati niyegure byamunaniye kuyobora, iki nicyo dushaka ko Perezida Kagame azakemura muri uyu mushyikirano”

Iki kibazo cy’ igitutu gitera itekinika ngo ninayo ntandaro y’ ibibazo by’ urusobe bikigaragara mu byiciro by’ ubudehe.

Mugenzi we yagize ati “ Dore nk’ ubu barimo gutanga amatungo ariko barayihera abantu bafite imbaraga, bashoboye. Abantu b’ abakene nta kintu barimo kubaha, muri uwo mushyikirano mbaye mbaza nabaza nti kunshira mu kiciro ntagishoboye mubona nzabaho nte?”

Abaturage kandi bumva uyu mushyikirano wakemura burundu ikibazo cy’ abana bo mu muhanda. Abaturage bavuga ko kuba iki kibazo kitarangira biterwa n’ ubukene no kuba abayobozi bo hejuru bategera abaturage ngo bumve ibibazo bafite.

Yagize ati “Baravuga ngo abana nibavane mu mihanda, ariko bakabivugira hejuru ntibamanuke ngo barebe ko abo bana bavuye mu muhanda. None se babona abo bana bazava mu muhanda gute mu rugo baburara bakabwirirwa. Jye mbona abayobozi bo hejuru bajya bamanuka bakegera abaturage kuko abayobozi bo hasi(b’ inzego z’ ibanze) ntabwo barimo kwita kubaturage barimo kwita ku mibare ngo badatanga raporo zigaragaza ubukene bikanabaviramo gukurwa ku buyobozi”

-4959.jpg

-4958.jpg

Mu Umushyikirano abaturage bageza ibibazo n’ ibyifuzo byaho kuri Perezida wa Repubulika, haba imbonankubone no mu buryo bw’ ikoranabuhanga

Kuri ibi bibazo abaturage bongeraho n’ ikibazo cy’ amafaranga ahabwa abari mu kiruhuko cy’ izabukuru, ngo aya mafaranga ntabwo arahuzwa n’ ibiciro biri ku masoko.

Umuturage ati “Nanjye ndi umwe mubafata pension amafaranga duhwabwa ntabwo ahuye n’ ibiciro biri ku masoko, bavuze kenshi ko bagiye kugira icyo babikoraho ariko amaso yaheze mu kirere. Twumva rwose uyu mushyikirano wasiga iki kibazo gikemutse burundu”

Kimwe mu bibazo by’ ingutu inama y’ igihugu y’umushyikirano yakemuye mu buryo bushimishije ni ikibazo cy’ itinda ry’ inguzanyo y’ amafaranga igenerwa ababyeshuri biga muri kaminuza(Buruse). Ngo kuri ubu aya mafaranga asigaye atangirwa kugihe cyangwa agatangwa mbere y’ igihe

Samuel Mujyanama wiga muri Kaminuza y’ u Rwanda aganira n’ Umuryango.rw yagize ati “Ikibazo cy’ itinda rya buruse cyarakemutse burundu, uretse ibibazo by’ abantu ku giti cyabo bifitanye isano n’ ubudehe naho buruse yo izira igihe. Nk’ ubu mu kwa cyenda baduhereye rimwe amezi ane, ukwa cyenda, ukwa 10, ukwa 11 n’ ukwa 12.”

Ni mu gihe umwanzuro wa 12 muri 13 yafatiwe mu nama y’ igihugu y’ umushyikirano uheruka yateranye tariki 21 na 22, 2015 wagiraga uti “. Gukemura burundu kandi vuba ikibazo cy’inguzanyo igenerwa abanyeshuri (buruse) itinda kubagezwaho.”.

Buri uko inama y’ igihugu y’ umushyikirano iteranye hafatwa imyanzuro, gusa iki cy’ igihugu cy’ imiyoborere RGB cyemeranya n’ abaturage bavuga ko imyanzuro iba yafashwe idashyirwa mu bikorwa 100%. Anastase Shyaka uyobora RGB atangaza ko imyanzuro ifatirwa mu nama y’ igihugu y’ umushikirano ishyirwa mu bikorwa ku kigereranyo cya 73%.

Inama ya 14 y’ umushyikirano iteganyijwe tariki 15 na 16 Ukuboza 2016 , ifite insanganyamatsiko igira iti “Dufatanyije, Twubake u Rwanda twifuza”.

Umuryango

2016-12-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

   Uganda yasubije umutarage wayo Robert Mukombozi  muri Australia kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

  Uganda yasubije umutarage wayo Robert Mukombozi  muri Australia kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 02 Apr 2022
RDC: Imirwano ikomeye mu Kiyaga cya Kivu yaguyemo batatu

RDC: Imirwano ikomeye mu Kiyaga cya Kivu yaguyemo batatu

Ubwanditsi 24 May 2018
Loni ntishyigikiye igabanywa ry’abasirikare ba Monusco muri Congo

Loni ntishyigikiye igabanywa ry’abasirikare ba Monusco muri Congo

Ubwanditsi 04 Oct 2017
Abashaka gufasha interahamwe gutera u Rwanda “Uwampa ngo babigire vuba nkwereke . Rwose ndaribwaribwa mpora ntegereje

Abashaka gufasha interahamwe gutera u Rwanda “Uwampa ngo babigire vuba nkwereke . Rwose ndaribwaribwa mpora ntegereje

Ubwanditsi 12 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ambasaderi w’Ububiligi mu Rwanda yasuye Polisi y’u Rwanda
Mu Mahanga

Ambasaderi w’Ububiligi mu Rwanda yasuye Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 29 Sep 2016
Igitutu cyo kweguza Perezida Zuma cyahagaritse ijambo yagombaga kuvuga
POLITIKI

Igitutu cyo kweguza Perezida Zuma cyahagaritse ijambo yagombaga kuvuga

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Kigali : CAF yasinyanye  amasezerano  y’imyaka ine n’ ishyirahamwe ryo muri Asia
IMIKINO

Kigali : CAF yasinyanye amasezerano y’imyaka ine n’ ishyirahamwe ryo muri Asia

Ubwanditsi 15 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru