• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Icyayi cy’u Rwanda ntikizongera kwitiranywa n’ibindi byayi
Umuyobozi w’ikigo NAEB Embassador George William Kayonga

Icyayi cy’u Rwanda ntikizongera kwitiranywa n’ibindi byayi

Ubwanditsi 20 Nov 2017 UBUKUNGU

Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi yashyizeho ikirango gishyashya kiranga icyayi cy’u Rwanda bikazafasha kugitandukanya n’ubundi bwoko bw’icyayi bugemurwa mu mahanga.

Ubusanzwe icyayi cy’u Rwanda kigemurwa mu mahanga ariko cyabaga cyanditseho izina gusa ry’uruganda cyaturutsemo ariko hatariho ikirango rusange kigaragaza ko ari icyayi giturutse mu Rwanda.

Ibyo ngo byatumaga hari abakitiranya n’icyo mu bindi bihugu bigatuma ubwiza n’umwimerere wacyo bitamenyekana cyane uko bikwiye nk’icyayi cyamamaye kikanahabwa ibihembo byinshi mu buryohe.

Umuyobozi w’ikigo NAEB Embassador George William Kayonga avuga ko icyo ikirango gishyashya kizatuma icyayi cy’u Rwanda kirushaho kumenyekana mu ruhando rw’amahanga.

Yagize ati”iki ikirango gishyashya duhaye icyayi kizatuma icyayi cy’u Rwanda kirushaho kumenyekana mu ruhando rw’amahanga kuko twohereza icyayi cyinshi hanze kandi hari n’ibindi bihugu bicyohereza”

Akomeza avuga ko kuba buri ruganda rw’icyayi rwagiraga izina ryarwo ryihariye,ariko rudafite ikirango rusange byari imbogamizi.

Inganda z’icyayi zikazagumana amazina y’icyayi rukora ariko hakazaba handitseho izina ry’ikirango rusange gishyashya cyatanzwe na Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi.

Nsabimana Pascal uhagarariye Koperative Kobatamu ihinga ikanatunganya icyayi cya Kitabi igizwe n’abanyamuryango ibihumbi 4700 avuga ko bishimira kuba igiciro cy’icyayi kizamuka kikabateza imbere.

Yagize ati “icyayi cyahaye akazi abaturage benshi bibarinda ubushomeri,batunze ingo zabo,bishyuirira abana amashuri na za kaminuza,mituweri n’ibindi”

Avuga ko bishimira ko icyayi cyagiye kizamuka mu biciro kikava ku mafaranga yari munsi y’ijana mu myaka ishize.

Mu mwaka wa 2016 ikiro cy’ibibabi cyaguraga amafaranga 193 frw,ubu kikaba kigura amafaranga 292frw.

Icyayi cy’u Rwanda gihinze ku buso bungana na hegitari ibihumbi 26.897 cyatangiye guhingwa muri 1961 kikaba gihingwa n’abahinzi ibihumbi 42.840.

 

2017-11-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kwegereza abaturage serivisi z’imari

U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kwegereza abaturage serivisi z’imari

Ubwanditsi 05 Nov 2018
Perezida Kagame yashimye agaciro Afurika yahawe mu nama y’ibihugu bikize ku isi

Perezida Kagame yashimye agaciro Afurika yahawe mu nama y’ibihugu bikize ku isi

Ubwanditsi 27 Aug 2019
RRA yakomye mu nkokora abakoresha banyereza imisoro ku byo bagenera abakozi

RRA yakomye mu nkokora abakoresha banyereza imisoro ku byo bagenera abakozi

Ubwanditsi 23 May 2018
Icyo Minisitiri w’Intebe yaganiriye n’Umuyobozi wa IMF muri Afurika ku izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda

Icyo Minisitiri w’Intebe yaganiriye n’Umuyobozi wa IMF muri Afurika ku izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda

Ubwanditsi 23 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe y’igihugu ya Sénégal ntigikoreye umwiherero i Kigali yitegutura imikino y’igikombe cya Afurika
Amakuru

Ikipe y’igihugu ya Sénégal ntigikoreye umwiherero i Kigali yitegutura imikino y’igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 29 Dec 2021
Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri raporo zishinja u Rwanda guteza imvururu mu Burundi
Mu Mahanga

Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri raporo zishinja u Rwanda guteza imvururu mu Burundi

Ubwanditsi 15 May 2016
POLISI FC YATSINZE MUKURA VICTORY SPORT IGITEGO 1-0
Mu Mahanga

POLISI FC YATSINZE MUKURA VICTORY SPORT IGITEGO 1-0

Ubwanditsi 18 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru