• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BNR yashyize kuri 5% inyungu fatizo banki z’ubucuruzi ziherwaho inguzanyo

BNR yashyize kuri 5% inyungu fatizo banki z’ubucuruzi ziherwaho inguzanyo

Ubwanditsi 07 May 2019 UBUKUNGU

Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yagabanyije inyungu ku nguzanyo ihabwa amabanki ivanwa kuri 5.5% igezwa kuri 5%, hagamijwe korohereza iterambere ry’ubukungu bw’igihugu.

Byatangajwe na Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, John Rwangombwa, kuri uyu wa Mbere ubwo hamurikwaga imyanzuro y’akanama ka Komite ishinzwe politiki y’ifaranga.

Kugabanyuka kw’iyi nyungu ni ubutumwa buba buhabwa amabanki n’ibigo by’imari ko nabyo bigomba kumanura inyungu bitangiraho inguzanyo ku bakiliya babyo.

Rwangombwa yavuze ko bidasobanuye ko inyungu ku nguzanyo zihita zihinduka ako kanya kubera ibindi amabanki agenderaho atanga inguzanyo, gusa yizeza ko ari ho biba biganisha.

Yavuze ko inyungu yagabanyijwe mu gushyigikira ko amabanki akomeza gutanga inguzanyo ku bikorera kugira ngo ibikorwa by’iterambere byiyongere.

Ati “Dushaka gukomeza gushyigikira amabanki ngo yongere imyenda atanga ku bikorera kugira ngo hongerwe izamuka ry’ubukungu bw’igihugu, n’umuvuduko w’ibiciro ku masoko wari hasi cyane.”

Yavuze ko icyifuzo ari uko umuvuduko w’ibiciro ku masoko wava kuri 1 % byariho muri Werurwe uyu mwaka bikagera kuri 3 % mu mpera z’uyu mwaka.

Mu gihembwe cya mbere cya 2019, BNR itangaza ko ubwinshi bw’inguzanyo zitangwa n’amabanki bwiyongereye ku kigero cya 24.9 % , by’umwihariko inguzanyo zahawe abikorera zazamutse ku kigero cya 16.2 % ugereranyije n’izamuka rya 7.3 % mu gihembwe cya mbere cya 2018.

Rwangombwa yavuze ko ibimenyetso babona bigaragaza ko ubukungu bwazamutse mu mezi atatu ya mbere ya 2019, aho biri ku kigero cya 12.2%, igikenewe akaba ari ukongera inguzanyo mu bikorera kugira ngo ubukungu burusheho gutera imbere.

Yagize ati “Kugabanya urwunguko rwa BNR twabonye bifasha kongera ubwinshi bw’inguzanyo zitangwa. Iyo tugabanyije uru rwunguko bitanga ubutumwa ku mabanki bigatuma uko dukorana n’amabanki n’uko tugenga amafaranga ari mu mabanki bigendana n’urwunguko tuba twashyizeho.”

Yongeyeho ati “ Ariko bifata igihe ntabwo ari ibintu tuvuga ngo twagabanyije igiciro uyu munsi ngo nabo ejo baragabanya ibiciro kuko ntabwo ari twe bakuraho amafaranga yo kuguriza ababagana. Amafaranga bayakura muri abo babagana n’ubundi.”

Iyi nyungu yagabanyijwe ikoreshwa cyane ku mafaranga y’igihe gito BNR igura mu mabanki ndetse n’igihe amabanki agurizanya hagati yayo.

Hari hashize umwaka urenga inyungu fatizo BNR iheraho amabanki inguzanyo ivanywe kuri 6% igera kuri 5.5 %.

U Rwanda rwiteze ko ubukungu bwarwo buzazamuka ku kigero cya 7.8% bivuye ku 8.6 % bwazamutseho mu 2018.

Inkuru ya IGIHE

2019-05-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.4% mu gihembwe cya mbere cya 2019

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.4% mu gihembwe cya mbere cya 2019

Ubwanditsi 18 Jun 2019
#Kwibohora25 : Impinduka zidasanzwe mu iterambere ry’ubukungu mu myaka 25

#Kwibohora25 : Impinduka zidasanzwe mu iterambere ry’ubukungu mu myaka 25

Ubwanditsi 05 Jul 2019
Ishusho y’ubucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Ishusho y’ubucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Ubwanditsi 30 Sep 2019
U Rwanda rwasinye amasezerano ya miliyari 54.5Frw zo guhangana n’ikibazo cy’amapfa muri Kayonza

U Rwanda rwasinye amasezerano ya miliyari 54.5Frw zo guhangana n’ikibazo cy’amapfa muri Kayonza

Ubwanditsi 24 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya Rayon Sports yasinyishije Lomami Marcel nk’umutoza wungirije ndetse na Mushimiyimana watandukanye na APR FC
Uncategorized

Ikipe ya Rayon Sports yasinyishije Lomami Marcel nk’umutoza wungirije ndetse na Mushimiyimana watandukanye na APR FC

Ubwanditsi 06 Aug 2021
Perezida Kagame yitabiriye imurikwa ry’ikiganiro agaragaramo atembera ibice nyaburanga by’u Rwanda (Amafoto)
ITOHOZA

Perezida Kagame yitabiriye imurikwa ry’ikiganiro agaragaramo atembera ibice nyaburanga by’u Rwanda (Amafoto)

Ubwanditsi 24 Apr 2018
Isesengura ku matora ya Perezida wa Repubulika w’u Rwanda (Igice cya 1)
ITOHOZA

Isesengura ku matora ya Perezida wa Repubulika w’u Rwanda (Igice cya 1)

Ubwanditsi 11 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru