• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku mutekano mu Budage

Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku mutekano mu Budage

Ubwanditsi 16 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku mutekano iri kubera mu Budage mu Mujyi wa Munich ku nshuro yayo ya 54.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko kuri uyu wa Gatanu Perezida Kagame araza kwitabira iyi nama iri buze guhuriza hamwe abayobozi bakuru bakomeye bagera kuri 500 baturutse mu bice bitandukanye by’Isi.

Iyi nama biteganyijwe ko itangira kuri uyu wa Gatanu tariki ya 16 Gashyantare 2018 kugeza ku wa 18 Gashyantare 2018.

Abategura iyi nama batangaje ko abakuru b’ibihugu bitandukanye barimo Perezida wa Ukraine, Petro Poroshenko; Perezida Paul Kagame w’u Rwanda; Igikomangoma cya Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani; Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Theresa May na Chancelier wa Autriche, Sebastian Kurz, baraza kuba bayirimo.

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu n’uwa Iraq, Haider al-Abadi, nabo bayitegerejwemo.

The New Times yatangaje ko Perezida Kagame ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu ageza ijambo rifungura iyi nama ku bari buze kuyitabira mbere y’uko haba ibiganiro bigaruka ku bufatanye mu by’umutekano mu Muryango w’Ibihugu by’Ubumwe bw’u Burayi na NATO.

Ikindi kandi ni uko Umukuru w’Igihugu unafite inshingano zo kuyobora Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe muri uyu mwaka, kuri uyu wa Gatandatu azaba ari mu kiganiro kivuga mu kugarura amahoro mu gace ka Sahara.

Naho ku Cyumweru we n’abandi bakuru b’ibihugu bakazaganira ku bijyanye no kubungabunga umutekano w’ikiremwamuntu.

Munich Security Conference ifatwa ni imwe mu nama zikomeye ku Isi ziteranira kuganira ibibazo bya Politiki n’ iby’umutekano, ububanyi n’amahanga; uburyo hashyirwa imbaraga mu burenganzira bw’ikiremwamuntu no kurwanya iterabwoba.

Ni inama ihuriza hamwe abanyapolitiki, abadipolomate, abahagarariye ingabo, abacuruzi bakomeye, yitabirwa n’ibihugu birimo u Bushinwa, u Buyapani, u Buhinde, Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibindi.

Yateranye bwa mbere mu 1963 mu Mujyi wa Munich ihuriza hamwe abayobozi b’ingabo zo mu Muryango wo gutabarana NATO, baganira ku mutekano nyuma y’intambara ya kabiri y’Isi itangira guterana buri mwaka.

Inama ya mbere yatumiwemo abantu 60, yayobowe na Helmut Schmidt wahoze ayobora u Budage kuva 1974 kugeza 1982 n’umunyapolitiki w’Umunyamerika Henry Kissinger.

Aba baje gukurikirwa n’Umunyapolitiki w’Umudage Von Kleist wayoboye izo nama kugeza mu 1997 na we aza gukurikirwa n’umunyapolitiki akaba n’umucuruzi wo muri Repubulika ya Czech, Horst Teltschik. Aba na bo baje gukurikirwa n’umunyapolitiki Wolfgang Ischinger wayiyoboye kuva 2009.

Umwaka ushize ubwo yayitabiraga na none, Perezida Kagame yasangije abari bayitabiriye intambwe y’u Rwanda mu rwego rw’ubuzima harimo ibijyanye no kugabanya umubare w’impfu z’ababyeyi bapfa babyara ku kigero cya 75% n’abana bapfa bavuka ku kigero kirenga 80% mu myaka 15 ishize.

 

2018-02-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Madamu Jeannette Kagame yatumiwe na mugenzi we w’u Burundi mu nama

Madamu Jeannette Kagame yatumiwe na mugenzi we w’u Burundi mu nama

Ubwanditsi 10 Oct 2023
Ikinyoma cya Polisi y’uBurundi ku mpunzi za Zebiya zabaga mu Rwanda

Ikinyoma cya Polisi y’uBurundi ku mpunzi za Zebiya zabaga mu Rwanda

Ubwanditsi 02 Apr 2018
Uganda n’Umubiligi Filip Reyntjens basabaga u Bubiligi guhagarika inkunga butera u Rwanda, basebye ubwo ibihugu byombi byasinyanaga amasezerano y’ubufatanye

Uganda n’Umubiligi Filip Reyntjens basabaga u Bubiligi guhagarika inkunga butera u Rwanda, basebye ubwo ibihugu byombi byasinyanaga amasezerano y’ubufatanye

Ubwanditsi 14 Aug 2021
Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Ubwanditsi 19 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Paul Kagame yiyemeje gutanga umusanzu mu kubaka Katederali nshya
INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yiyemeje gutanga umusanzu mu kubaka Katederali nshya

Ubwanditsi 27 Jan 2019
Uganda: Inzego z’umutekano zinjiza amafaranga binyuze mu bucakara bakoresha Abanyarwanda
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Inzego z’umutekano zinjiza amafaranga binyuze mu bucakara bakoresha Abanyarwanda

Ubwanditsi 28 Aug 2019
Urukiko rwasabwe gutesha agaciro ibiregwa Musenyeri Ntihinyurwa
Mu Rwanda

Urukiko rwasabwe gutesha agaciro ibiregwa Musenyeri Ntihinyurwa

Ubwanditsi 13 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru