• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Amabaruwa y’urudaca hagati ya Museveni na Nkurunziza ahatse iki?

Amabaruwa y’urudaca hagati ya Museveni na Nkurunziza ahatse iki?

Ubwanditsi 12 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Nyuma yaho Perezida w’u Burundi Pierre Nkurunziza yandikiye ibaruwa mugenzi we wa Uganda, Perezida Museveni nawe yamusubije amusaba kuganira n’abamurwanya ndetse n’abashatse kumuhirika k’ubutegetsi.

Muriyo baruwa yageze ku mbuga nkoranyambaga, dore ko umaze kuba umukino umenyerewe hagati y’aba bakuru b’ibihugu, Museveni yanavuze ko amakimbirane ari hagati y’u Burundi n’u Rwanda agomba gukemuka biciye mu nzira y’ibiganiro ariko akiyibagiza ko Abarundi ubwabo byabananiye kuganirana  ibiganiro hagati yabo.

Ikindi hano yirinda kugaruka k’uburyo we ubwe nk’umuhuza mu biganiro by’Abarundi yananiwe ndetse ananiza Benjamin Mkapa wari warahawe inshingano zo gufasha Abarundi mu biganiro, bigeza naho amanika amaboko akora raporo ayishyikiriza Abakuru n’ibihugu bya EAC agaragaza ko Abarundi bamunaniye batifuza kugirana ibiganiro, cyane cyane leta idakozwa kwicarana n’abayirwanya.

Soma Inkuru bifitanye isano:  Amavu N’amavuko Y’ibibazo U Burundi Burimo N’uruhare Rwa Museveni – https://rushyashya.net/2018/12/10/amavu-namavuko-yibibazo-u-burundi-burimo-nuruhare-rwa-museveni-2/

Mu ibaruwa ya Museveni, agaruka ku iterambere ry’ibihugu rigerwaho aruko ubuhahirane butejwe imbere, akavuga ko nta cyagerwaho abaturage bategenderaniye. Twabibutsa ko leta y’u Burundi ariyo yafashe icyemezo cyo guhagarika ubucuruzi n’u Rwanda ndetse na za komanyi zitwara abantu muri ibi bihugu zirahagarikwa, ibi byose bigamije kunaniza Abarundi bakomezaga guhungira mu Rwanda kubera umutekano muke mu gihugu cyabo ndetse no kugaragariza amahanga ko leta itishimiye ko u Rwanda rwakira impunzi z’abarundi ku bwinshi, zishinjwa kuba arizo nyirabayazana w’umutekano muke mu Rwanda.

Soma hano: Ibaruwa Museveni yasubije Nkurunziza

Muriyo baruwa kandi Museveni yibajije impamvu Perezida Kagame ataganira n’interahamwe maze yisubiza avuga ko ari ikintu kidashoboka kubera amarorerwa zasize zikoze mu Rwanda (aha afite ukuri, ndlr) ariko igihora gitangaje ni uburyo leta ya Uganda itanashobora gufata izo nterahamwe zidegembya muri Uganda ngo abashakishwa n’ubutabera boherezwe kuryozwa ibyo bakoze mu Rwanda.  Amakuru agaragaza ko mu bagera ku 1000 bashyiriweho impapuro zo kubata muri yombi kubera uruhare muri Jenoside ku Isi, ¼ kingana n’abantu 250 bacumbikiwe na Uganda mu duce twa Nyakivale, Mubende, Fort Portal, Kasese, Mityana, Lyantonde na Kampala.

Mu 2010 ubuyobozi bw’u Rwanda bwandikiye ubwa Uganda bubibutsa inshingano mpuzamahanga bafite zo guta muri yombi bakaburanisha cyangwa bakohereza mu Rwanda abakekwaho uruhare mu kwica imbaga y’Abatutsi. Ubusanzwe ibihugu bibujijwe guha ubuhungiro abakekwaho ibyaha mpuzamahanga byibasira inyokomuntu birimo na jenoside. Ku wa 18 Kamena 2016 u Rwanda rwoherereje Uganda ubutumwa, rugaragaza urutonde rw’abakekwa 137 n’ibyo baregwa. Uganda yataye muri yombi batatu nabo baza kurekurwa.

Sibyo gusa kuko Inzego z’iperereza muri Uganda zikomeje gukorana n’abantu bahoze mu gisirikare cya RDF ndetse n;abari mu mitwe y’iterabwoba nka RNC, ku buryo nyuma bibyara imikoranire igambiriye gusiga icyasha ubutegetsi bw’u Rwanda bugashinjwa ubugizi bwa nabi, gushimuta abantu no kuneka iki gihugu cy’igituranyi.

Amakuru yizewe ava mu nzego z’ubutasi za Uganda avuga ko uwo mugambi ufite intego ebyiri zikomeye arizo kugaragaza u Rwanda nk’igihugu cyamaze kuvogera Uganda no gukoresha Abanyarwanda mu kuzamura amajwi y’ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu, mu bisa no gutungira agatoki imiryango itandukanye iharanira uburenganzira bwa muntu. Nta gitangaza rero kubona Museveni ashyigikira ko u Rwanda rwaganira n’u Burundi ku bibazo bwarwo ahanini biri imbere mu gihugu nkuko byagiye bigarukwaho kenshi n’abarebera hafi ibibera mu Burundi.

 

2018-12-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Ubwanditsi 07 Jul 2019
Ni iki kihishe inyuma y’impfu zikurikiranye z’Abanyaburayi? Abandi 2 bapfuye muri Uganda

Ni iki kihishe inyuma y’impfu zikurikiranye z’Abanyaburayi? Abandi 2 bapfuye muri Uganda

Ubwanditsi 26 Feb 2018
Burundi: Nkurunziza yagororeye Jean de Dieu Mutabazi uzwiho gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994

Burundi: Nkurunziza yagororeye Jean de Dieu Mutabazi uzwiho gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Ikinyoma :  Judi Rever, Yongeye Gukora U Rwanda Mu Jisho Abeshya Ko Rwashatse Kwica Museveni.

Ikinyoma : Judi Rever, Yongeye Gukora U Rwanda Mu Jisho Abeshya Ko Rwashatse Kwica Museveni.

Ubwanditsi 31 Jul 2018

2 Ibitekerezo

  1. Tom
    December 13, 20182:01 am -

    Amabaruwa hagati y abaperezida ndumva ntagitangaza kirimo kuko ba perezida barandikirana ndetse bakavugana no kuri phone.Mureke kubona ibibazo aho bitari

    Subiza
  2. Claudien
    December 13, 201812:55 pm -

    Uwonguwo utukana ntacyo yazubaka.Ahubwo nibarize: amabaruwa y’urudaca ni angahe turetse ayo muvuze uko ari abiri?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abadepite ba Uganda bahawe abasirikare ba mudahusha bo kubarinda
HIRYA NO HINO

Abadepite ba Uganda bahawe abasirikare ba mudahusha bo kubarinda

Ubwanditsi 12 Jul 2018
U Rwanda  rwamaganye ibivugwa ko rwigeze ruganira n’u Burundi mu ibanga
POLITIKI

U Rwanda rwamaganye ibivugwa ko rwigeze ruganira n’u Burundi mu ibanga

Ubwanditsi 27 Aug 2018
Adolphe Muzitu watangaje ko igihugu cye cya Kongo-Kinshasa kigomba gutera u Rwanda yahuriye mu nama n’abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi
INKURU NYAMUKURU

Adolphe Muzitu watangaje ko igihugu cye cya Kongo-Kinshasa kigomba gutera u Rwanda yahuriye mu nama n’abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 10 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru