• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Burundi : Imyitozo y’Imbonerakure za CNDD-FDD isa nk’iy’Interahamwe za MRND ikomeje gutera benshi ubwoba

Burundi : Imyitozo y’Imbonerakure za CNDD-FDD isa nk’iy’Interahamwe za MRND ikomeje gutera benshi ubwoba

Ubwanditsi 21 Nov 2016 Mu Rwanda

Buri tariki ya 19 Ugushyingo, Leta y’u Burundi n’ishyaka CNDD FDD bizihiza umunsi mukuru w’abarwanyi “journée du combattant’’, muri ibi birori byabaye mu mpera z’icyumweru gishize Imbonerakure nizo zakoze umwiyereko zikora ibisa nk’ibya gisirikare ariko ibyo bikaba bikomeje gutera benshi ubwoba.

Ibirori byaberaga mu Ntara ya Kayanza mu Majyaruguru y’u Burundi, Imbonerakure zitambuka imbere y’imbaga mu myiyereko zihetse intwaro ku ntugu ndetse zinambaye inkweto za butine.

Ibi bikorwa by’Imbonerakure bikaba byarakuruye ubwoba mu baturage bari baje muri ibyo birori ndetse banatangaza ko ibyo byakagombye gukorwa n’abasirikare b’igihugu mu gihe ari umunsi mukuru wizihizwa mu gihugu ariko bigakorwa n’Imbonerakure z’ishyaka rimwe.

Izi ntwaro bari bahetse ngo ni ibiti bibaje nk’imbunda ya kalachnikovs, ibindi bibajije nka za loketi ndetse na positoli, ibi bikaba bitera abaturage impungenge ko bifite icyo bisobanuye kandi kibi.

Urubyiruko rwari ruri muri iyi myiyereko bakaba bari hagati y’imyaka 15 na 25 nk’uko RPA dukesha iyi nkuru ibitangaza, ngo bisobanuye ko abo bana batahoze ari abarwanyi ba CNDD FDD bitewe n’imyaka yabo.

Imyiyereko nkiyo ikaba yaranakorewe mu Ntara ya Muyinga, aha ho zikaba zitari zambaye imyenda isa nk’iy’Imbonerakure z’i Kayanza. Mu Cibitoke ho zikaba zizindukira muri iyi myitozo buri gitondo.

Perezida Nkurunziza wizihirije uyu munsi mukuru i Rutegama, mu Ntara ya Muramvya akaba yaragize icyo avuga kuri izi Mbonerakure: “iyo havuzwe intambara, rimwe na rimwe bamwe ntibumva igisobanuro neza, intambara ni ikintu icyo aricyo cyose kiza gishingiye ku ngengabitekerezo runaka, cyangwa imyitwarire ituma umuntu ahaguruka agafata intwaro akarwana, akarwana afite imbaraga kubera ko intekerezo ze, imyitwarire n’ibindi bikorwa bye byiza biza bivuye ku bushake bw’imana n’ubw’abantu, ni uko indwanyi zacu zavutse, ku bw’ubushake bw’Imana n’ubw’abantu.

Leta y’u Burundi yagiye ishinjwa cyane guha intwaro Imbonerakure nyuma nazo zigasubira inyuma zikirara mu baturage zibica, ngo zikaba zarahawe izi ntwaro ubwo ziteguraga guhangana n’abataravugaga rumwe na Perezida Nkurunziza kuri manda ye ya 3.

-4762.jpg

Leta y’u Burundi ikaba yaragiye ibihakana, ariko iyi myitozo zikora isa nk’iya gisirikare ikaba itera benshi kwibaza urugamba bitegura dore ko na Loni iherutse gutangaza ko ibikorwa i Burundi bisa nk’ibitegura jenoside.

Epithase Nshimirimana, umuyobozi w’ishyaka MSD avuga ko ibikorwa by’Imbonerakure ntaho bitaniye n’Iby’nterahamwe zo mu Rwanda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, zaje no kwijandika mu bwicanyi muri iyi jenoside 1994.

2016-11-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo gusinyana amasezerano n’inzu ifasha abahanzi ya Cloud9 Entertainment, Bruce Melodie yerekeje muri Tanzaniya mu rwego rwo kwagura ibikorwa bye

Nyuma yo gusinyana amasezerano n’inzu ifasha abahanzi ya Cloud9 Entertainment, Bruce Melodie yerekeje muri Tanzaniya mu rwego rwo kwagura ibikorwa bye

Ubwanditsi 30 Mar 2021
Amafoto – Nyuma y’imyaka ibiri ari muri APR FC, kapiteni wayo Manzi Thierry yerekeje ku mu gabane w’i Burayi mu ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia

Amafoto – Nyuma y’imyaka ibiri ari muri APR FC, kapiteni wayo Manzi Thierry yerekeje ku mu gabane w’i Burayi mu ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia

Ubwanditsi 10 Jul 2021
Nyuma y’amezi asaga atatu nta ndirimbo ashyira hanze, Bruce Melodie yifashishije Khaligraph Jones wo muri Kenya bakora iyitwa Sawa Sawa

Nyuma y’amezi asaga atatu nta ndirimbo ashyira hanze, Bruce Melodie yifashishije Khaligraph Jones wo muri Kenya bakora iyitwa Sawa Sawa

Ubwanditsi 20 Oct 2021
U Rwanda rwatsinze Angola mu mukino wa kabiri w’irushanwa rya Afrobasketball rwiyongerera amahirwe yo kugera muri 1/4, Minisitiri Aurore abashimira kuba bimanye igihugu

U Rwanda rwatsinze Angola mu mukino wa kabiri w’irushanwa rya Afrobasketball rwiyongerera amahirwe yo kugera muri 1/4, Minisitiri Aurore abashimira kuba bimanye igihugu

Ubwanditsi 27 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Nymphomanie’, indwara ituma umuntu adahaga imibonano mpuzabitsina
HIRYA NO HINO

‘Nymphomanie’, indwara ituma umuntu adahaga imibonano mpuzabitsina

Ubwanditsi 23 Feb 2017
Abayobozi babiri batawe muri yombi bakekwaho kugambanira Perezida Nkurunziza
IMIKINO

Abayobozi babiri batawe muri yombi bakekwaho kugambanira Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 03 Mar 2018
Ibimaze iminsi bibera i Nyamirambo bigiye kwimukira i Muhanga, Kiyovu SC yahize gusubira Rayon Sports
Amakuru

Ibimaze iminsi bibera i Nyamirambo bigiye kwimukira i Muhanga, Kiyovu SC yahize gusubira Rayon Sports

Ubwanditsi 02 Feb 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru