• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Imitego ya Perezida Museveni yo gushyira u Rwanda mu kato iri kumushibukana, u Burundi bwamenye ukuri

Imitego ya Perezida Museveni yo gushyira u Rwanda mu kato iri kumushibukana, u Burundi bwamenye ukuri

Ubwanditsi 10 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Uyu munsi Perezida Kagame yakiriye intumwa zidasanzwe za Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimye zari ziyobowe na Misitiri Ezechiel Nibigira ushinzwe Afurika y’iburasirazuba, urubyiruko, umuco na siporo.

Minisitiri Niyibigira yari azanye ubutumwa budasanzwe bwakurikiwe n’ibiganiro byo kuzamura umubano hagati y’ibihugu byombi.

Ibi ni ugutsindwa gukomeye kwa Perezida Museveni wibeshyaga ko yashyira u Rwanda mu kato maze agashaka kubikora yiyegereza n’u Burundi. Aha yabeshye icyo gihugu ko agiye kubaka umuhanda ubahuza ariko utanyuze mu Rwanda ukaruzenguruka unyuze muri Kongo mu gihe n’imihanda yo muri Kampala yabaye igisoro imvura yagwa igahinduka ibiyaga.

Tubibutse ko Perezida Museveni atifuza na rimwe icyateza imbere u Rwanda imbere, dore ko yimanye inzira y’amashanyarazi yagombaga kuva muri Etiyopiya, akima Rwandair inzira yo kujya London mu Bwongereza inyuze Entebbe nyuma yo kwanga inzira ya gari ya moshi ituruka muri Kenya mu gihe igihugu cya Kenya cyari cyarangije kubaka ku ruhande rwacyo.

Perezida Ndayishimiye amaze kubona ko Perezida Museveni na murumuna we Salim Saleh babanyunyuza imitsi mu butubwa bw’AMISOM muri Somaliya.

Umubano w’u Rwanda n’u Burundi umaze kuzahuka dore ko Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr Edouard Ngirente yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida Ndayishimiye nyuma yaho, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burundi agahura na Mugenzi we Dr Vincent Biruta ku mupaka wa Nemba bari hamwe n’inzego zishinzwe iperereza z’ibihugu byombi.

U Burundi kandi bwashyikirije u Rwanda abarwanyi bahoze ari aba MRCD/FLN ya Paul Rusesabagina ndetse n’u Rwanda rushyikiriza u Burundi abarwanyi ba RED Tabara bari bahungiye mu Rwanda banyuze muri Nyungwe.

Ibi byose ni ibigaragaza ko umubano uri kuzamuka. U Burundi kandi bwasanze mu kuzamura ubukungu butakumira u Rwanda dore ko Abanyarwanda binjirizaga amafaranga menshi icyo gihugu igihe umubano wari umeze neza.

Mu mwaka wa 2013 ubwo isoko rya Bujumbura ryafatwaga n’inkongi, indege ya RDF yaratabaye bwangu ijya kuzimya uwo muriro iramira byinshi.

Abanyarwanda kandi ntibakwibagirwa muri 2006 ubwo ikipe y’abayobozi b’u Burundi yari iyobowe na Perezida Pierre Nkurunziza yakinaga niya Vision2020 igizwe n’abayobozi b’u Rwanda umutoza mukuru ari Perezida Paul Kagame.

Mu mwaka wa 2008-2009,u Burundi ntabwo bwashoboye kwishyura ibirarane bwari bufitiye umuryango w’Afurika y’iburasirazuba nuko u Rwanda rurayatanga.

Ni byinshi u Rwanda rwakoze; kuba umubano w’ibihugu byombi wazahuka abaturage b’ibihugu byombi basa n’abahujwe n’ururimi rumwe bose babyungukiramo.

2022-01-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyoba, ihungabana no guhuzagurika mu mbwirwaruhame ya Perezida Ndayishimiye

Icyoba, ihungabana no guhuzagurika mu mbwirwaruhame ya Perezida Ndayishimiye

Ubwanditsi 01 Feb 2025
CYUMA Hassan yabonye umusigire mu gusebya Igihugu. IHORAHABONA Jean de Dieu wari umushoferi we, agereranya u Rwanda n’igihuru!

CYUMA Hassan yabonye umusigire mu gusebya Igihugu. IHORAHABONA Jean de Dieu wari umushoferi we, agereranya u Rwanda n’igihuru!

Ubwanditsi 22 Jun 2024
Umusaruro w’ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda muri Mozambike watangiye kugera no ku babirwanyije: Gaz ivuye mu ntara ya Cabo Delgado igiye gutabara Abanyaburayi

Umusaruro w’ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda muri Mozambike watangiye kugera no ku babirwanyije: Gaz ivuye mu ntara ya Cabo Delgado igiye gutabara Abanyaburayi

Ubwanditsi 16 Nov 2022
Abaturage ba Kinyinya batangiye igikorwa cyo kwiyubakira sitasiyo ya Polisi

Abaturage ba Kinyinya batangiye igikorwa cyo kwiyubakira sitasiyo ya Polisi

Ubwanditsi 28 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inzira Bad Rama yanyuzemo akaba umukire akaba asoje ari umusazi
Amakuru

Inzira Bad Rama yanyuzemo akaba umukire akaba asoje ari umusazi

RUSHYASHYA 24 Feb 2026
Ibintu 5 bitangaje byavuzwe na Dr Leopold Munyakazi wakuriweho igihano cya burundu y’umwihariko
Mu Rwanda

Ibintu 5 bitangaje byavuzwe na Dr Leopold Munyakazi wakuriweho igihano cya burundu y’umwihariko

Ubwanditsi 24 Jul 2018
Rtd. CSP Gashagaza Hubert yitabye Imana
Mu Rwanda

Rtd. CSP Gashagaza Hubert yitabye Imana

Ubwanditsi 18 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru