• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Guha Ijambo mu bitangazamakuru Barafinda Sekikubo ni ugushinyagura,RIB yasabye abanyamakuru kugira ubumuntu

Guha Ijambo mu bitangazamakuru Barafinda Sekikubo ni ugushinyagura,RIB yasabye abanyamakuru kugira ubumuntu

Ubwanditsi 29 Jul 2020 Mu Rwanda

Umunyamabanga mukuru w’urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB), Col Rtd Jeannot Ruhunga yaburiye abanyamakuru bakomeje guha ijambo uwitwa Barafinda Sekikubo Fred wigeze gushaka kwiyamamariza kuba umukuru w’igihugu mu matora yo mu 2017, ko bashobora gukurikiranwa n’amategeko kuko uwo baha ijambo byagaragaye ko ari umurwayi wo mu mutwe dore ko aherutse gusezererwa mu bitaro byita ku bafite ibibazo byo mu mutwe CARAES NDERA.

Mu kiganiro Col (Rtd) Ruhunga Jeannot yagiranye n’itangazamakuru ku wa 2 taliki 28 Nyakanga yavuze ko abitwaza umwuga w’itangazamakuru bagaha ijambo umurwayi wo mu mutwe ari abashinyaguzi bifuza indonke ku muntu ufite ubumuga bwo mu mutwe, yashimangiye ko Barafinda yari gufatwa nk’umunyabyaha biturutse ku byo yagiye atangaza biganisha mu gukwiza impuha ariko mu gihe cy’ibazwa nibwo RIB yaje gusanga uwo mugabo ashobora kuba afite ibibazo byo mu mutwe, maze hitabazwa ibitaro bisanzwe byita ku bantu bafite ibibazo byo mu mutwe CARAES bikorera I Ndera maze mu bipimo byafashwe n’abaganga babizobereyemo basanga Barafinda afite ibibazo by’uburwayi bwo mu mutwe bwa karande.

Mu gihe byari bimaze kumenyekana ko Barafinda yajyanywe mu bitaro byita ku bafite ibibazo byo mu mutwe nibwo hatangiye ikwirakwizwa ry’ibihuha ku biyita ko ari opozisiyo yo yafataga uwo murwayi nk’umunyapolitiki wayimize bunguri nkuko asanzwe yiyita bavuga ko agiye kuzicwa ndetse n’andi maturufu bakunda gukoresha ngo barangaze Abanyarwanda.

Mu gihe Barafinda yasezererwaga mu bitaro benshi mu banyamakuru bakorera kuri youtube birukiye iwe aho atuye mu murenge wa Kanombe maze bamuha umwanya ngo agire icyo atangaza ikintu mu kuri cyafatwa nk’ubushinyaguzi kuko yari avuye mu bitaro byita ku bantu bafite ubumuga bwo mu mutwe bigaragaza ubunyamwuga buke mu kazi kabo kuko umunyamabanga mukuru wa RIB yatangarije abanyamakuru ko bose bari bahawe amakuru ku birebana na Barafinda ahubwo bo bakabirengaho bakajya kumuvugisha kugirango bacuruze ariko bagacururiza ku muntu wifitiye ibibazo karande byo mu mutwe.

Muri iki kiganiro kandi Col (Rtd) Ruhunga Jeannot yaburiye abanyamakuru bihutira gushakira indonke ku bantu bafite ibibazo ko bashobora kuzakurikiranwa dore ko ibikorwa bakora ari ubushinyaguzi, aho bishimira kubaza ibibazo biza kuganisha ku magambo asanzwe agaragarwaho n’abafite uburwayi bwo mu mutwe kuko aribyo bibacururiza.
Yasoje asaba abanyamakuru kugira ubumuntu ndetse bagaha agaciro ubuzima bw’umuntu aho kumushakamo inyungu mu gihe ahanganye n’ubumuga bwo mu mutwe butazanakira nkuko byagaragajwe na raporo z’abaganga, ashimangira ko uzabirengaho azahanwa hisunzwe amategeko.

Barafinda Sekikubo Fred wamenyekanye mu mwaka wa 2017 ubwo yajyanaga igikapu cyuzuye impapuro ku biro bya komisiyo y’igihugu y’amatora ashaka gutanga candidature ku mwanya wo kuba Perezida wa Repubulika ariko Komisiyo y’igihugu ishinzwe amatora ikaza gusanga atujuje ibisabwa bityo ubusabe bwe ntibwakirwe, yakunze kugenda avuga amagambo amwe namwe ubundi umuntu muzima ufite ubwonko bukora neza atavuga.

Ibi biganiro ibinyamakuru bigirana na Barafinda n’umuryango we dore ko n’abana babavugisha bigatuma abanzi b’igihugu bamugira iturufu mu kugaragaza ko nta bwisanzure buri mu Rwanda kandi haragaragajwe ibimenyetso byinshi byerekana ko uyu mugabo afite uburwayi bwo mu mutwe, aha umuntu akaba yakwibaza imitekerereze y’abo banyepolitiki biyita ko barwanya ubuyobozi buriho mu Rwanda mu gihe bagira urwitwazo umuntu wifitiye ibibazo byo mu mutwe nka Barafinda.

2020-07-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

PS muri Minisiteri ya Siporo, Shema Maboko Didier yashyikirije ibendera abakinnyi bagiye guhagararira u Rwanda muri shampiyona Nyafurika yo gusiganwa ku magare

PS muri Minisiteri ya Siporo, Shema Maboko Didier yashyikirije ibendera abakinnyi bagiye guhagararira u Rwanda muri shampiyona Nyafurika yo gusiganwa ku magare

Ubwanditsi 20 Mar 2022
Nairobi : Perezida Kagame  ari mu ba Perezida  bitabiriye inama ihuza u Buyapani na Afurika TICAD  ( Video )

Nairobi : Perezida Kagame ari mu ba Perezida bitabiriye inama ihuza u Buyapani na Afurika TICAD ( Video )

Ubwanditsi 27 Aug 2016
Abanyarwanda benshi ntabwo bazi ko hari Ibihugu bemerewe kujyamo badasabwe Viza Dore urutonde rwabyo

Abanyarwanda benshi ntabwo bazi ko hari Ibihugu bemerewe kujyamo badasabwe Viza Dore urutonde rwabyo

Ubwanditsi 25 Aug 2017
UGANDA: KIZZA BESIGYE BLOCKED FROM APPEARING AT TREASON TRIAL

UGANDA: KIZZA BESIGYE BLOCKED FROM APPEARING AT TREASON TRIAL

Ubwanditsi 02 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ngoma: Urubyiruko rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano rwasabwe kuzirikana inshingano zarwo
Mu Mahanga

Ngoma: Urubyiruko rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano rwasabwe kuzirikana inshingano zarwo

Ubwanditsi 17 May 2016
Ibyinshi utari uzi kuri FDLR ifata urugero kuri Hitler
INKURU NYAMUKURU

Ibyinshi utari uzi kuri FDLR ifata urugero kuri Hitler

Ubwanditsi 21 Sep 2019
Perezida Kagame ayoboye Inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet
IKORANABUHANGA

Perezida Kagame ayoboye Inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet

Ubwanditsi 07 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru