• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy’Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza   |   13 Sep 2026

  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umuyobozi wa The New Vision yasabye perezida Kagame imbabazi

Umuyobozi wa The New Vision yasabye perezida Kagame imbabazi

Ubwanditsi 25 Dec 2016 Mu Rwanda

Ikinyamakuru The New Vision cyo muri Uganda gicungwa na leta nyuma y’aho kuri uyu wa Kabiri ushize gikoze inkuru ishushanyije igaragaza Perezida Kagame yabaye umupadiri Papa Fransisiko amupfukamye imbere amusaba imbabazi kubwa Jenoside yo mu 1994, ibintu byafashwe nk’ipfobya rya Jenoside bitewe n’uburyo byakozwemo, cyasabiye imbabazi aya makosa cyakoze.

Kuri icyo gishushanyo (Cartoon) papa anasabira imbabazi kuba Gen kayumba Nyamwasa yari agiye kwicwa, mu gihe uyu kayumba yakunze gushinja leta y’u Rwanda kuba yarashatse kumuhitana mu 2010 imusanze muri Afurika y’Epfo aho yahungiye. Mugihe Leta y’u Rwanda yakomeje guhakana aya makuru ivuga ko ari ibinyoma by’abarwanya ubutegetsi buriho mu Rwanda.

Ibi rero byafashwe n’abatari bacye nko gushaka gusebya perezida w’u Rwanda wari uherutse gutangaza kuwa gatatu w’icyumweru cyashize ko papa yasabira imbabazi ibikorwa bya Kiliziya Gatorika bituma ifatwa nk’iyagize uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

-5150.jpg

Yolande Makolo

Nyuma y’iyi nkuru ishushanyije isebanya yafashwe nko gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, umuyobozi muri perezidansi y’u Rwanda, Yolande Makolo abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter akaba yaragize ati: “cartoon y’uyu munsi muri New Vision irenze no kuba ibishye. Gukinira kuri jenoside ntibisekeje. Ni uguhakana. Ntabwo byemewe”.

-5148.jpg

Robert Kabushenga, chief executive Newvision

Ubwo hahise hakurikiraho izindi tweets nyinshi ziva mu Rwanda zamagana ibyo iki kinyamakuru cyari kimaze gukora bias nk’iby’ikinyamakuru cyo mu Bufaransa kitwa Charlie Hebdo cyanagabweho ibitero kizizwa inkuru nk’izi. Amakuru ava muri The New Vision ariko avuga ko umuyobozi w’iki kinyamakuru ubwe yihamagariye perezida kagame akamusaba imbabazi kubw’iyi cartoon, mu gihe Umwanditsi mukuru avuga ko iyo cartoon yahise ivanwa muri iki kinyamakuru nk’uko tubikesha The Insider.

Kuva jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 yarangira, Kiliziya Gatorika yakunze gushinjwa kuyigiramo uruhare, ndetse bamwe mu bapadiri bayo bijandika mu bwicanyi ku mugaragaro. Za kiliziya zitari nke zagiye zicirwamo abantu babaga bazihungiyemo bizeye ko nta wabasanga mu nzu y’Imana ngo abakoreho, ariko bakajya bisanga batangwa n’abapadiri ngo bicwe.

Kiliziya Gatorika mu Rwanda iherutse kubisabira imbabazi mu izina ry’abakirisitu bayo bakoze jenoside, ariko guverinoma y’u Rwanda isanga bidahagije, ari nayo mpamvu yasabye ko umuyobozi wa Kiliziya gatorika ku isi, Papa, nawe yasabira imbabazi ibyakozwe na kiliziya abereye umushumba nk’uko yabigenje muri Ireland isaba imbabazi mu izina ry’abapadiri bayo bashinjwaga guhohotera abana babasambanya.

-5149.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

2016-12-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyo mutamenye ku buzima bwa Ingabire Victoire Umuhoza n’umuryango we

Ibyo mutamenye ku buzima bwa Ingabire Victoire Umuhoza n’umuryango we

Ubwanditsi 07 Jun 2021
Ibitekerezo bya Ange Kagame ku ruhare rw’urubyiruko mu guhashya icyorezo cya Sida

Ibitekerezo bya Ange Kagame ku ruhare rw’urubyiruko mu guhashya icyorezo cya Sida

Ubwanditsi 13 Mar 2017
FERWAFA yashyize hanze ingengabihe y’uko amakipe azahura mu gice cy’imikino yo kwishyura muri Shampiyona y’u Rwanda 2021-2022

FERWAFA yashyize hanze ingengabihe y’uko amakipe azahura mu gice cy’imikino yo kwishyura muri Shampiyona y’u Rwanda 2021-2022

Ubwanditsi 08 Feb 2022
Gusebanya byakuwe mu mushinga w’itegeko rigena ibyaha n’ibihano

Gusebanya byakuwe mu mushinga w’itegeko rigena ibyaha n’ibihano

Ubwanditsi 28 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yatangaje uko byari byifashe kuri Noheli
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yatangaje uko byari byifashe kuri Noheli

Ubwanditsi 26 Dec 2016
Apple yaciwe miliyari $1.2 ishinjwa kubangamira ihiganwa mu bucuruzi mu Bufaransa
IKORANABUHANGA

Apple yaciwe miliyari $1.2 ishinjwa kubangamira ihiganwa mu bucuruzi mu Bufaransa

Ubwanditsi 17 Mar 2020
Gen Mudacumura Sylvestre Yafatanywe Flash Disk Yari Aboheye Mu Ijosi Irimo Amabanga Ya FDLR.
INKURU NYAMUKURU

Gen Mudacumura Sylvestre Yafatanywe Flash Disk Yari Aboheye Mu Ijosi Irimo Amabanga Ya FDLR.

Ubwanditsi 18 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru