• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umuyobozi wa The New Vision yasabye perezida Kagame imbabazi

Umuyobozi wa The New Vision yasabye perezida Kagame imbabazi

Ubwanditsi 25 Dec 2016 Mu Rwanda

Ikinyamakuru The New Vision cyo muri Uganda gicungwa na leta nyuma y’aho kuri uyu wa Kabiri ushize gikoze inkuru ishushanyije igaragaza Perezida Kagame yabaye umupadiri Papa Fransisiko amupfukamye imbere amusaba imbabazi kubwa Jenoside yo mu 1994, ibintu byafashwe nk’ipfobya rya Jenoside bitewe n’uburyo byakozwemo, cyasabiye imbabazi aya makosa cyakoze.

Kuri icyo gishushanyo (Cartoon) papa anasabira imbabazi kuba Gen kayumba Nyamwasa yari agiye kwicwa, mu gihe uyu kayumba yakunze gushinja leta y’u Rwanda kuba yarashatse kumuhitana mu 2010 imusanze muri Afurika y’Epfo aho yahungiye. Mugihe Leta y’u Rwanda yakomeje guhakana aya makuru ivuga ko ari ibinyoma by’abarwanya ubutegetsi buriho mu Rwanda.

Ibi rero byafashwe n’abatari bacye nko gushaka gusebya perezida w’u Rwanda wari uherutse gutangaza kuwa gatatu w’icyumweru cyashize ko papa yasabira imbabazi ibikorwa bya Kiliziya Gatorika bituma ifatwa nk’iyagize uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

-5150.jpg

Yolande Makolo

Nyuma y’iyi nkuru ishushanyije isebanya yafashwe nko gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, umuyobozi muri perezidansi y’u Rwanda, Yolande Makolo abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter akaba yaragize ati: “cartoon y’uyu munsi muri New Vision irenze no kuba ibishye. Gukinira kuri jenoside ntibisekeje. Ni uguhakana. Ntabwo byemewe”.

-5148.jpg

Robert Kabushenga, chief executive Newvision

Ubwo hahise hakurikiraho izindi tweets nyinshi ziva mu Rwanda zamagana ibyo iki kinyamakuru cyari kimaze gukora bias nk’iby’ikinyamakuru cyo mu Bufaransa kitwa Charlie Hebdo cyanagabweho ibitero kizizwa inkuru nk’izi. Amakuru ava muri The New Vision ariko avuga ko umuyobozi w’iki kinyamakuru ubwe yihamagariye perezida kagame akamusaba imbabazi kubw’iyi cartoon, mu gihe Umwanditsi mukuru avuga ko iyo cartoon yahise ivanwa muri iki kinyamakuru nk’uko tubikesha The Insider.

Kuva jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 yarangira, Kiliziya Gatorika yakunze gushinjwa kuyigiramo uruhare, ndetse bamwe mu bapadiri bayo bijandika mu bwicanyi ku mugaragaro. Za kiliziya zitari nke zagiye zicirwamo abantu babaga bazihungiyemo bizeye ko nta wabasanga mu nzu y’Imana ngo abakoreho, ariko bakajya bisanga batangwa n’abapadiri ngo bicwe.

Kiliziya Gatorika mu Rwanda iherutse kubisabira imbabazi mu izina ry’abakirisitu bayo bakoze jenoside, ariko guverinoma y’u Rwanda isanga bidahagije, ari nayo mpamvu yasabye ko umuyobozi wa Kiliziya gatorika ku isi, Papa, nawe yasabira imbabazi ibyakozwe na kiliziya abereye umushumba nk’uko yabigenje muri Ireland isaba imbabazi mu izina ry’abapadiri bayo bashinjwaga guhohotera abana babasambanya.

-5149.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

2016-12-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’ iminsi ine afunzwe Umuhanzikazi Vanessa Mdee yarekuwe byagateganyo

Nyuma y’ iminsi ine afunzwe Umuhanzikazi Vanessa Mdee yarekuwe byagateganyo

Ubwanditsi 14 Mar 2017
Ibihugu by’Afurika biriga ku buryo bwo gusigasira ibimera n’imbuto zabyo

Ibihugu by’Afurika biriga ku buryo bwo gusigasira ibimera n’imbuto zabyo

Ubwanditsi 20 Sep 2017
Urubyiruko ruratungwa agatoki  kutitabira ibiganiro mu bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Urubyiruko ruratungwa agatoki kutitabira ibiganiro mu bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 07 Apr 2017
Turebere hamwe imyanzuro yafatiwe mu Nama y’Umushyikirano yateranye ku nshuro ya 20

Turebere hamwe imyanzuro yafatiwe mu Nama y’Umushyikirano yateranye ku nshuro ya 20

RUSHYASHYA 18 Feb 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bujumbura: Abafaransa bane n’Umurundi ukora mu nzego z’ubutasi batawe muri yombi bashinjwa ubutekamutwe
HIRYA NO HINO

Bujumbura: Abafaransa bane n’Umurundi ukora mu nzego z’ubutasi batawe muri yombi bashinjwa ubutekamutwe

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Madamu Jeannette Kagame yitabiriye siporo rusange ya Car Free Day (Amafoto)
IMIKINO

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye siporo rusange ya Car Free Day (Amafoto)

Ubwanditsi 16 Dec 2018
U Rwanda rwatangiye neza rutsinda Uganda mu irushanwa ryo ku rwego rw’Isi rizwi nka Davis Cup
Amakuru

U Rwanda rwatangiye neza rutsinda Uganda mu irushanwa ryo ku rwego rw’Isi rizwi nka Davis Cup

Ubwanditsi 05 Jul 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru