• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame, Tunisia yegukanye igikombe cya Afrobasket cyaberaga mu Rwanda, ni nyuma yo gutsinda ikipe ya Côte d’Ivoire amanota 78 kuri 75

Mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame, Tunisia yegukanye igikombe cya Afrobasket cyaberaga mu Rwanda, ni nyuma yo gutsinda ikipe ya Côte d’Ivoire amanota 78 kuri 75

Ubwanditsi 06 Sep 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ubwo hasozaga imikino Nyafurika mu mukino w’intoki wa Basket ku makipe y’abagabo yo kuri uyu mugabane, iyi mikino yaberaga mu Rwanda muri Kigali Arena yasojwe ikipe y’igihugu ya Tunisia yegukanye iki gikombe nyuma yo gutsinda ikipe ya Côte d’Ivoire amanota 78 kuri 75.

Ni umukino wa nyuma wabaye kuri iki cyumweru ku isaha ya saa kumi n’imwe, iyi kipe yatangiye uyu mukino ifite icyizere cyo kuba yatwara iki gikombe kuko Afrobasket iheruka iyi kipe niyo n’ubundi yari ifite iki gikombe.

Muri uyu mukino ikipe ya Tunisia niyo yatangiye neza kuko mu gace ka mbere iyi kipe yakoze amanota 25 kuri 18 ya Côte d’Ivoire, agace ka kabiri nako ikipe y’abarabu nayo ikaba yakoze amanota 22 kuri 16.

Mu gace ka gatatu nibwo ikipe ya Côte d’Ivoire yo yakitwayemo neza kuko yatsinze amanota 25 kuri 18 ya Tunisia ndetse n’aka nyuma karangiye iyi kipe ikoze amanota 16 kuri 13 gusa uyu mukino warangiye Côte d’Ivoire itsinzwe ku manota 75 kuri 78 ya Tunisia.

Iyi kipe yegukanye iki gikombe cy’uyu mwaka ku ncuro ya kabiri yikurikiranya gusa iki gikombe kikaba cyabaye igikombe cya gatatu itwaye kuri uyu mugabane wa Afurika.

Usibye uyu mukino wa nyuma wabaye, ikipe y’igihugu ya Senegal yegukanye umwanya wa gatatu, ni nyuma yaho yatsinze ikipe ya Cape Verde amanota 86 kuri 73.

Nk’uko ishyirahamwe ry’umukino w’intoki hano mu Rwanda ryabitangaje, binyuze kuri Twitter uyu mukino wa nyuma wakurikiwe kandi n’umukuru w’igihugu Perezida Paul Kagame wagiye agaragara cyane muri iyi mikino ya Afrobasket yaberaga muri Kigali Arena.

Ubwo hasozwaga iyi mikino, umunya Tunisia Slimane Radhouane yashimiwe nk’umukinnyi umaze gukina Afrobsket nyinshi kuko kuri ubu amaze gukina iri rushanwa incuro icyenda, ndetse n’umunya Cote d’Ivoire Stephane Konate yakinnye umunani.

Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Kenya, umutegarugori Liz Mills yahembwe nk’umugore wa mbere wagaragaye atoza ikipe y’igihugu y’abagabo.

2021-09-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abahanga mu mategeko, mu bukungu n’abaganga: Imboni mu bagize guverinoma nshya

Abahanga mu mategeko, mu bukungu n’abaganga: Imboni mu bagize guverinoma nshya

Ubwanditsi 17 Oct 2017
Uzayobora FIFA  aramenyekana uyu munsi

Uzayobora FIFA aramenyekana uyu munsi

Ubwanditsi 26 Feb 2016
Uruhare rwa Perezida Habyarimana mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Uruhare rwa Perezida Habyarimana mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 01 Mar 2024
Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, AU, wahaye igihembo Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, AU, wahaye igihembo Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Ubwanditsi 19 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yasuye Tanzania
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yasuye Tanzania

Ubwanditsi 07 Mar 2019
Umurage mubi w’Ububiligi ku Rwanda wagarutsweho na Perezida Kagame
Amakuru

Umurage mubi w’Ububiligi ku Rwanda wagarutsweho na Perezida Kagame

Ubwanditsi 17 Mar 2025
Burera: Afunzwe nyuma yo gufatanwa amafaranga yibye aho yakoraga I Kigali
ITOHOZA

Burera: Afunzwe nyuma yo gufatanwa amafaranga yibye aho yakoraga I Kigali

Ubwanditsi 10 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru