• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Entebbe : Indege y’u Burusiya yafatanywe intwaro zari zigiye kujyanwa ahantu hataramenyekana

Entebbe : Indege y’u Burusiya yafatanywe intwaro zari zigiye kujyanwa ahantu hataramenyekana

Ubwanditsi 01 Sep 2017 Mu Rwanda

Muri iki cyumweru, indege yo mu gihugu cy’u Burisiya yari ipakiye toni zisaga 40 z’intwaro bikekwa ko zari zijyanywe muri Sudani y’Epfo yaguye ku kibuga cy’indege cya Entebbe muri Uganda.

Amakuru yatanzwe n’ubuyobozi bw’ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Entebbe kuri uyu wa kane tariki ya 31 Kanama 2017, avuga ko indege yo mu bwoko bwa Ilyushin II – 76TD – 90VD on yo mu Burusiya yaguye kuri iki kibuga kuwa Kabiri w’iki cyumweru, ikaba yari ipakiye intwaro zitandukanye zirimo ibiturika n’ibyuma.

Aya makuru yavugaga ko muri izo ntwaro harimo Toni 31 z’imbunda zo mu bwoko bwa AK-47 rifles, ibyuma, magazine n’izindi ntwaro zitandukanye, n’izindi Toni 12 z’imizigo itandukanye.

Iyi mitwaro yafashwe itegereje imodoka iza kuyitwara muri Sudani y’Epfo ubuyobozi bw’ikibuga butegeka ko ijyanwa hanze y’ikibuga gutegerereza yo izo modoka.

Izi ntwaro zitari zoherejwe na kompanyi ya Bulgarian’s VIMM AD Company isanzwe ikorana na Uganda kuva na kera mu bijyanye n’ubuhahirane bw’intwaro bityo iyo ikaba ari imwe mu mpamvu zatumye izo ntwaro zoherezwa hanze y’ikibuga.

Muri 2010, nibwo Uganda yakiriye imbunda zo mu bwoko bwa machine guns na gerenade biturutse muri Bulgaria na Ukraine, ari na bwo muri uwo mwaka yakiraga indege z’intambara ziturutse mu gihugu cy’u Burusiya.

Ni mu gihe muri 2016, inzego zishinzwe umutekano no gukurikirana ibya gisirikare ku isi mu muryango w’Abibumbye wahagaritse Sudani y’Epfo kongera kugura intwaro ndetse no kuba iriya kombanyi yo mu gihugu cy’u Burusiya yari itwaye biriya birwanisho itari yemerewe kubikandagiza muri Uganda, bityo izi ntwaro zikaba zaragombaga guhita zijyanwa i Juba, umurwa mukuru wa Sudani y’Epfo.

Ku itariki ya 7 Kanama, hagaragaye inyandiko za Ambasade y’u Burusiya ikorera muri Uganda zari zandikiwe Ambasade y’Afurika y’Epfo ivuga ko indege y’u Burusiya izakoresha ikirere cy’ibihugu bihana imbibi na Sudani.

Umuvugizi w’igisirikare cya uganda, Brig. Richard Karemire yabwiye Chimpreports dukesha iyi nkuru ko Sudani y’Epfo nta burenganzira yari ifite bwo gukoresha indege z’amahanga mu kirere cy’ikindi gihugu byongeye mu gutwara intwaro.

Yagize ati ‘’UPDF nta kintu ifite kuvuga kuri ibi, ahubwo ikibazo kiri kuri Guverinoma ya Sudani y’Epfo. ‘’

Ushinzwe itumanaho mu gisirikare cya Sudani y’Epfo, Sasha Ampaire yahakanye aya makuru avuga ko izi ntwaro zitari iza Sudani y’Epfo.

Yagize ati” Ibyo dushinjwa byose ni ibinyoma kuko nta ntwaro twigeze dutumiza ngo zinjire I Juba zinyuze mur Uganda”

Ni mu gihe Uganda ifitanye amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare muri Sudani y’Epfo, ariko muri ayo masezerano akaba nta ho avuga ko igisirikare cya Uganda , UPDF kuba cyagura cyangwa ngo cyakire intwaro cyohereze muri Sudani.

-7831.jpg

Indege yo mu bwoko bwa Ilyushin II – 76TD – 90VD on yo mu Burusiya yaguye kuri iki kibuga kuwa Kabiri w’iki cyumweru.

2017-09-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

RUSHYASHYA 27 Jun 2026
Polisi y’u Rwanda yahuye n’abanyamadini baganira ku ruhare rwabo mu kurwanya ibiyobyabwenge

Polisi y’u Rwanda yahuye n’abanyamadini baganira ku ruhare rwabo mu kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Abayobozi babiri b’uburezi mu karere bafunzwe bakurikiranyweho amakosa mu itangwa ry’akazi k’ubwarimu

Abayobozi babiri b’uburezi mu karere bafunzwe bakurikiranyweho amakosa mu itangwa ry’akazi k’ubwarimu

Ubwanditsi 01 Mar 2017
Iya 18 Gicurasi 1994: Radio Muhabura yabwiye abihishe muri Kigali kujya aho FPR igenzura

Iya 18 Gicurasi 1994: Radio Muhabura yabwiye abihishe muri Kigali kujya aho FPR igenzura

Ubwanditsi 17 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ivan Minnaert yirukanwe, babiri bari bamwungirije barahagarikwa
IMIKINO

Ivan Minnaert yirukanwe, babiri bari bamwungirije barahagarikwa

Ubwanditsi 12 Jun 2018
Uburyo ibaruwa Museveni yandikiye Kagame yuzuyemo” ukwivuguruza”
ITOHOZA

Uburyo ibaruwa Museveni yandikiye Kagame yuzuyemo” ukwivuguruza”

Ubwanditsi 21 Mar 2019
Uganda: Urubanza rwa Gen Kayihura rwashyizwe mu Ukwakira
POLITIKI

Uganda: Urubanza rwa Gen Kayihura rwashyizwe mu Ukwakira

Ubwanditsi 05 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru