• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Ivan Minnaert yirukanwe, babiri bari bamwungirije barahagarikwa

Ivan Minnaert yirukanwe, babiri bari bamwungirije barahagarikwa

Ubwanditsi 12 Jun 2018 IMIKINO

Umutoza Mukuru wa Rayon Sports, Ivan Minnaert, yirukanwe burundu muri iyi kipe nyuma y’umusaruro utari mwiza umaze iminsi uyiranga ndetse n’umwuka mubi watutumbaga mu bakinnyi.

Amakuru y’iyirukanwa rya Minnaert yatangajwe ku rubuga rwa Internet rw’iyi kipe rwanditse ko ’Umutoza Mukuru w’Ikipe ya Rayon Sports Ivan Jackie Minnaert ntakiri Umutoza wa Rayon Sports nyuma yo gusezererwa kubera umusaruro utari mwiza n’ibibazo bimaze iminsi biri mu rwambariro rwa Rayon Sports’.

Inkuru yo ku rubuga rw’iyi kipe ikomeza ivuga ko ‘abatoza bungirije Romami Marcel na Jeannot Watakenge babaye bahagaritswe by’agateganyo’ ndetse ko ’kuri uyu wa mbere tariki ya 11 uyu mutoza n’abamwungirije ntibakoresheje imyitozo kuko yakoreshejwe n’umutoza w’abazamu Nkunzingoma Ramadhani’.

Mu Cyumweru gishize nyuma yo gutsindwa n’Amagaju FC kuri Stade Amahoro, abakinnyi ba Rayon Sports banditse ibaruwa igenewe Perezida Muvunyi Paul baranayisinya bamusaba ko yasezerera Umutoza Ivan Minnaert kuko ariwe ntandaro y’umusaruro mubi ndetse akaba yaranashyize amakimbirane mu ikipe.

Iyo baruwa yanditswe Muvunyi atari mu Rwanda aho aziye akoresha inama abakinnyi n’abatoza ababwira ko ikibazo atari Ivan ahubwo ari bo batagishaka kwitangira ikipe uko bikwiye kuko atumva uburyo batsinzwe n’Amagaju FC i Kigali.

Ku wa Gatandatu nyuma yo kunanirwa gukura amanota atatu kuri Musanze FC zinganyije 0-0, uwo musaruro mubi ntiwigeze uvugwaho cyane kuko amajwi ya kapiteni Bakame aganira n’umufana utaramenyekanye yemeza ko abakinnyi batagishaka gukorana na Ivan ndetse bazongera gukora ibyo yise ‘gutegura’ ari uko yagiye niyo yihariye imitwe myinshi mu bitangazamakuru.

Kubera ibyo Bakame yatangaje, ubuyobozi bwafashe nko kugambanira ikipe, bwahise bumuhagarika ibyumweru bibiri gusa kuri uyu wa Mbere tariki 11 Kamena, bwanahagaritse Umutoza Ivan, Lomami na Witakenge.

Twagerageje kuvugana n’abayobozi ba Rayon Sports ntibyadukundira, gusa umwe muri aba batoza bafatiwe ibihano yavuze  ko ayo makuru ariyo ndetse bamaze kumenyeshwa ko bazasubira mu kazi ari uko iperereza rigaragaje ko nta ruhare bafite mu guteza umwuka mubi mu ikipe.

Biteganyijwe ko ikipe igomba gusigarana na Hategekimana Corneille wari usanzwe ashinzwe kongerera imbaraga abakinnyi, akazafatanya n’umutoza w’abazamu, Nkunzingoma Ramadhan.

Mu mikino iri imbere aba batoza bashobora kutazaba bari kumwe na Rayon Sports harimo uwa APR FC uzaba kuwa Gatanu tariki 15 Kamena 2018, uwo izakiramo Gicumbi FC tariki 18 Kamena ndetse n’uwo izasuramo Espoir FC i Rusizi tariki 21 Kamena n’uwa Sunrise FC tariki 26 Kamena.

Umutoza Ivan Minnaert yirukanwe muri Rayon Sports

2018-06-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon itsinzwe na APR FC 2-1 ariko itwara igikombe cy’Intwari

Rayon itsinzwe na APR FC 2-1 ariko itwara igikombe cy’Intwari

Ubwanditsi 02 Feb 2018
Olivier Mulindahabi na Eng Muhirwa bashyikirijwe ubushinjacyaha

Olivier Mulindahabi na Eng Muhirwa bashyikirijwe ubushinjacyaha

Ubwanditsi 17 Feb 2016
Liverpool itsinze Arsenal 4-3.Manchester united inyagira Bournemouth 3-1

Liverpool itsinze Arsenal 4-3.Manchester united inyagira Bournemouth 3-1

Ubwanditsi 14 Aug 2016
Munyakazi Sadate na Bagenzi Be Bari Abayobozi Ba Rayon Sport FC Bambuwe Ububasha bwo Gukomeza Kuyiyobora

Munyakazi Sadate na Bagenzi Be Bari Abayobozi Ba Rayon Sport FC Bambuwe Ububasha bwo Gukomeza Kuyiyobora

Ubwanditsi 22 Sep 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Menya Amazina y’Abanyapolitike icyenda barwanyije Jenoside yongewe mu rwibutso rwa Rebero
Amakuru

Menya Amazina y’Abanyapolitike icyenda barwanyije Jenoside yongewe mu rwibutso rwa Rebero

Ubwanditsi 14 Apr 2024
Mu mikino y’igikombe cy’Amahoro 2023, Espoir FC na Gicumbi zabuze ku kibuga ziterwa mpaga
Amakuru

Mu mikino y’igikombe cy’Amahoro 2023, Espoir FC na Gicumbi zabuze ku kibuga ziterwa mpaga

Ubwanditsi 15 Feb 2023
Hehe no guhatanira Miss Rwanda – Igisabo
MULTIMEDIA

Hehe no guhatanira Miss Rwanda – Igisabo

Ubwanditsi 28 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru