• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Ivan Minnaert yirukanwe, babiri bari bamwungirije barahagarikwa

Ivan Minnaert yirukanwe, babiri bari bamwungirije barahagarikwa

Ubwanditsi 12 Jun 2018 IMIKINO

Umutoza Mukuru wa Rayon Sports, Ivan Minnaert, yirukanwe burundu muri iyi kipe nyuma y’umusaruro utari mwiza umaze iminsi uyiranga ndetse n’umwuka mubi watutumbaga mu bakinnyi.

Amakuru y’iyirukanwa rya Minnaert yatangajwe ku rubuga rwa Internet rw’iyi kipe rwanditse ko ’Umutoza Mukuru w’Ikipe ya Rayon Sports Ivan Jackie Minnaert ntakiri Umutoza wa Rayon Sports nyuma yo gusezererwa kubera umusaruro utari mwiza n’ibibazo bimaze iminsi biri mu rwambariro rwa Rayon Sports’.

Inkuru yo ku rubuga rw’iyi kipe ikomeza ivuga ko ‘abatoza bungirije Romami Marcel na Jeannot Watakenge babaye bahagaritswe by’agateganyo’ ndetse ko ’kuri uyu wa mbere tariki ya 11 uyu mutoza n’abamwungirije ntibakoresheje imyitozo kuko yakoreshejwe n’umutoza w’abazamu Nkunzingoma Ramadhani’.

Mu Cyumweru gishize nyuma yo gutsindwa n’Amagaju FC kuri Stade Amahoro, abakinnyi ba Rayon Sports banditse ibaruwa igenewe Perezida Muvunyi Paul baranayisinya bamusaba ko yasezerera Umutoza Ivan Minnaert kuko ariwe ntandaro y’umusaruro mubi ndetse akaba yaranashyize amakimbirane mu ikipe.

Iyo baruwa yanditswe Muvunyi atari mu Rwanda aho aziye akoresha inama abakinnyi n’abatoza ababwira ko ikibazo atari Ivan ahubwo ari bo batagishaka kwitangira ikipe uko bikwiye kuko atumva uburyo batsinzwe n’Amagaju FC i Kigali.

Ku wa Gatandatu nyuma yo kunanirwa gukura amanota atatu kuri Musanze FC zinganyije 0-0, uwo musaruro mubi ntiwigeze uvugwaho cyane kuko amajwi ya kapiteni Bakame aganira n’umufana utaramenyekanye yemeza ko abakinnyi batagishaka gukorana na Ivan ndetse bazongera gukora ibyo yise ‘gutegura’ ari uko yagiye niyo yihariye imitwe myinshi mu bitangazamakuru.

Kubera ibyo Bakame yatangaje, ubuyobozi bwafashe nko kugambanira ikipe, bwahise bumuhagarika ibyumweru bibiri gusa kuri uyu wa Mbere tariki 11 Kamena, bwanahagaritse Umutoza Ivan, Lomami na Witakenge.

Twagerageje kuvugana n’abayobozi ba Rayon Sports ntibyadukundira, gusa umwe muri aba batoza bafatiwe ibihano yavuze  ko ayo makuru ariyo ndetse bamaze kumenyeshwa ko bazasubira mu kazi ari uko iperereza rigaragaje ko nta ruhare bafite mu guteza umwuka mubi mu ikipe.

Biteganyijwe ko ikipe igomba gusigarana na Hategekimana Corneille wari usanzwe ashinzwe kongerera imbaraga abakinnyi, akazafatanya n’umutoza w’abazamu, Nkunzingoma Ramadhan.

Mu mikino iri imbere aba batoza bashobora kutazaba bari kumwe na Rayon Sports harimo uwa APR FC uzaba kuwa Gatanu tariki 15 Kamena 2018, uwo izakiramo Gicumbi FC tariki 18 Kamena ndetse n’uwo izasuramo Espoir FC i Rusizi tariki 21 Kamena n’uwa Sunrise FC tariki 26 Kamena.

Umutoza Ivan Minnaert yirukanwe muri Rayon Sports

2018-06-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AMAFOTO: APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025, kiba igikombe cya 6 itwaye yikurikiranya

AMAFOTO: APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025, kiba igikombe cya 6 itwaye yikurikiranya

Ubwanditsi 29 May 2025
Abahagarariye amakipe 26, bahuguwe na FERWAFA kuri ‘CAF Club Licencing’ ikoresha ikoranabuhanga

Abahagarariye amakipe 26, bahuguwe na FERWAFA kuri ‘CAF Club Licencing’ ikoresha ikoranabuhanga

Ubwanditsi 13 Mar 2024
Champions League: Real Madrid yageze ku mukino wa nyuma, Zidane yandika amateka (Amafoto)

Champions League: Real Madrid yageze ku mukino wa nyuma, Zidane yandika amateka (Amafoto)

Ubwanditsi 02 May 2018
AMAFOTO- Amavubi anganyije na Libya 1-1, mu mukino uwa mbere wo gushaka itike ya AFCON 2025

AMAFOTO- Amavubi anganyije na Libya 1-1, mu mukino uwa mbere wo gushaka itike ya AFCON 2025

Ubwanditsi 04 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amaburakindi: Abambari ba FDU bashimuse mugenzi wabo babeshya ko Police yamufashe
POLITIKI

Amaburakindi: Abambari ba FDU bashimuse mugenzi wabo babeshya ko Police yamufashe

Ubwanditsi 25 Sep 2016
Ibiganiro ku mutekano wo mu muhanda nibyo byaranze umunsi wa gatanu w’icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi
Mu Mahanga

Ibiganiro ku mutekano wo mu muhanda nibyo byaranze umunsi wa gatanu w’icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi

Ubwanditsi 16 Jun 2016
U Burundi bwikomye Leta y’u Rwanda kubera urupfu rwa Perezida Ntaryamira Cyprien
INKURU NYAMUKURU

U Burundi bwikomye Leta y’u Rwanda kubera urupfu rwa Perezida Ntaryamira Cyprien

Ubwanditsi 06 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru