• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Champions League: Real Madrid yageze ku mukino wa nyuma, Zidane yandika amateka (Amafoto)

Champions League: Real Madrid yageze ku mukino wa nyuma, Zidane yandika amateka (Amafoto)

Ubwanditsi 02 May 2018 IMIKINO

Real Madrid yasezereye Bayern Munich muri 1/2 cya UEFA Champions League ku giteranyo cy’ibitego bine kuri bitatu mu mikino yombi, Zinedine Zidane aba umutoza wa mbere ugejeje ikipe ku mukino wa nyuma inshuro eshatu zikurikiranya muri iri rushanwa kuva mu 1998.

Bayern Munich yari yatsindiwe iwayo ibitego 2-1 mu mukino ubanza wabereye mu Budage kuri Allianz Arena, kuri uyu wa Kabiri mu wo kwishyura yaje yariye karungu ifungura amazamu ku munota wa gatatu ku gitego cyatsinzwe na Joshua Kimmich.

Real Madrid yakiniraga inyuma ariko igacungira ku mipira yo ku mpande yihuta cyane yaje kubona igitego cyo kwishyura ku munota wa 11 gitsinzwe na Karim Benzema ku mupira yari ahawe na Marcelo Vieira da Silva Júnior.

Kwishyura kwa Real Madrid byongereye imbaraga Bayern Munich yotsa igitutu izamu rya Keylor Navas nawe akuramo imipira myinshi yari yabazwe, afasha ikipe ye gukomeza kugira icyizere.

Rutahizamu Benzema ubusanzwe utagirirwa icyizere na benshi mu bafana ba Real Madrid, yaje kongera gushimangira ko ijoro ari irye ku munota wa 46, amakipe yombi akiva mu karuhuko atsinda igitego cya kabiri cya Real Madrid ku makosa y’umunyezamu Sven Ulreich wananiwe kugarura umupira yari ahawe na mugenzi we ukisangira Benzema nawe agahita awuboneza iy’urushundura.

Benzema yabaye umucunguzi wa Madrid

Ibitego Benzema yatsinze byamufashije kuzuza 54, bimugira umukinnyi wa gatanu utsinze byinshi mu mateka ya Champions League nyuma ya Cristiano Ronaldo ufite120, Lionel Messi 100, Raúl González 71 na Ruud Van Nistelrooy 56.

Bayern Munich nayo yaje kugarura icyizere ku munota wa 63 nyuma yo kwishyura igitego cyatsinzwe na James Rodriguez, aho byayisabaga ikindi kimwe igahita ikomeza kubera ibitego byinshi byo hanze.

Yakomeje no gukina neza, igera imbere y’izamu rya Real Madrid kenshi kuko yateyemo amashoti umunani kuri atatu gusa ya mukeba, ndetse iniharira umupira ku kigereranyo cya 69% mu gihe ikipe yakiniraga imbere y’abafana yari ifite 31%.

Jupp Heynckes utoza Bayern Munich na Zidane wa Real Madrid bakoze impinduka ariko biranga iminota 90 irangira ari 2-2, muri rusange biba 4-3 mu mikino yombi.

Umufaransa Zinedine Zidane utoza Real Madrid yahise yandika amateka yo kuba uwa mbere ugeze ku mikino ya nyuma ya Champions League inshuro eshatu zikurikiranya kuva mu 1996 ubwo ako gahigo kari kashyizweho na Marcello Lippi.

Kugera ku mukino wa nyuma inshuro eshatu si ubwa mbere Real Madrid ibikoze. Iyi kipe y’Ibwami yageze ku mukino wa nyuma inatwara ibikombe byo ku Mugabane w’u Burayi inshuro eshanu zikurikiranya kuva mu 1956 kugeza mu 1960 mu gihe Benfica yabikoze inshuro eshatu itwara ibikombe bibiri hagati ya 1961 na 1963.

Ajax yatwaye ibikombe bitatu hagati ya 1971 na 1973, Bayern nayo yandika ayo mateka mu mwaka wa 1974 kugeza mu 1976. Abataliyani bayobowe na AC Milan yageze ku mukino wa nyuma inshuro eshatu, itakaza ebyiri kuva mu 1993 kugera mu 1995, bisubirwamo na Juventus hagati ya 1996 n’umwaka wa 1998, agahigo kari kamaze imyaka 20.

Real Madrid itegereje ikipe izarokoka hagati ya Liverpool ihagarariye u Bwongereza yatsinze AS Roma yo mu Butaliyani ibitego 5-2 mu mukino ubanza, bikaba biteganyijwe ko uwo kwishyura uzaba kuri uyu wa Gatatu.

Real Madrid nitsinda umukino wa nyuma wa Champions League uzabera kuri Kiev Olympic Stadium muri Ukraine, ku wa 26 Gicurasi 2018, izaba itwaye igikombe cya kane cyo ku mugabane w’u Burayi mu myaka itanu; ibi birimo bitatu bya Zidane na bine bya Cristiano Ronaldo.

Iyi kipe yitwa “Los Blancos” irashaka igikombe cya gatatu cy’iri rushanwa cyikurikiranya nyuma yo kucyegukana mu 2016 itsinze Atletico Madrid ikabisubiramo mu 2017 inyagiye Juventus ibitego 4-1.

Joshua Kimmich niwe watsindiye Bayern igitego gifungura mu minota ya mbere y’umukino

Kimmich na Thomas Muller bishimira igitego cyabonetse ku munota wa gatatu

Benzema yafunguye amazamu ku gitego cy’umutwe nyuma y’umupira mwiza yahawe na Marcelo ku munota wa 11

Benzema anyeganyeza inshundura za Bayern Munich

Sven Ulreich urinda izamu rya Bayern Munich ntiyumvaga ibimubayeho

Benzema yatsinze ibitego bibiri

Benzema ukomoka mu Bufaransa yatsinze igitego cya kabiri nyuma yo kunyerera k’umunyezamu wa Bayern Munich

Luka Modric ahagurutsa abafana ba Real Madrid nyuma y’igitego cya kabiri

Umusifuzi Cuneyt Cakir aganira na Ramos utumvaga ikosa rihawe Bayern Munich

James Rodriguez (wambaye 11) yagoye ikipe ya Real Madrid yahozemo

Rutahizamu wa Bayern Munich, Lewandowski atera ishoti riremereye ryagaruwe na Kapiteni wa Real Madrid, Sergio Ramos

Robert Lewandowski wa Bayern Munich agerageza kwambura umupira ba myugariro ba Real Madrid, Sergio Ramos (ibumoso) na Raphael Varane

Rodriguez watijwe na Real Madrid muri Bayern Munich yatsinze igitego cya kabiri, amakipe anganya 2-2

Rodriguez ntiyishimiye cyane igitego yatsinze ikipe yahozemo

Benzema (wambaye umweru) ni umwe mu bakinnyi bitwaye neza

Cristiano Ronaldo ntiyagaragaye cyane muri uyu mukino

Karim Benzema yishimira igitego cya mbere yatsinze Bayern Munich

Rutahizamua Lewandowski nyuma y’umukino

Franck Ribery wa Bayern Munich yari yihebye nyuma yo gusezererwa

Franck Ribery yihanganisha David Alaba nyuma yo gusezererwa mu mikino ya Champions League

Abakinnyi ba Real Madrid bishimana na Benzema

2018-05-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

FIFA yahaye ikipe ya Rayon Sports iminsi 45 yo kuba yishyuye miliyoni zisaga 12 z’amanyarwanda umunyakameruni Philipe Artur Banen

FIFA yahaye ikipe ya Rayon Sports iminsi 45 yo kuba yishyuye miliyoni zisaga 12 z’amanyarwanda umunyakameruni Philipe Artur Banen

Ubwanditsi 30 Mar 2021
Komite Nyobozi ya FERWAFA yanzuye ko abanyamahanga bongerwa bakaba 5 , shampiyona y’u Rwanda ya 2021-2022 izatangira hagati mu kwezi k’ Ukwakira 2021

Komite Nyobozi ya FERWAFA yanzuye ko abanyamahanga bongerwa bakaba 5 , shampiyona y’u Rwanda ya 2021-2022 izatangira hagati mu kwezi k’ Ukwakira 2021

Ubwanditsi 03 Aug 2021
AMAFOTO – APR FC idafite abakinnyi bari mu ikipe y’igihugu yasubukuye imyitozo yitegura umukino wa Musanze FC

AMAFOTO – APR FC idafite abakinnyi bari mu ikipe y’igihugu yasubukuye imyitozo yitegura umukino wa Musanze FC

Ubwanditsi 17 Nov 2025
Inama y’intekorusange ya Gicumbi FC yasize uwari Visi Perezida wayo, Niyitanga Desiré atorewe kuyiyobora

Inama y’intekorusange ya Gicumbi FC yasize uwari Visi Perezida wayo, Niyitanga Desiré atorewe kuyiyobora

Ubwanditsi 25 Oct 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame arasura Cote d’Ivoire muri iki cyumweru dutangiye
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame arasura Cote d’Ivoire muri iki cyumweru dutangiye

Ubwanditsi 16 Dec 2018
Miliyoni zisaga 21 z’Amarundi zaburiwe irengero  hakoreshejwe imbaraga z’imyuka mibi
Mu Mahanga

Miliyoni zisaga 21 z’Amarundi zaburiwe irengero hakoreshejwe imbaraga z’imyuka mibi

Ubwanditsi 21 Feb 2018
Philippe MPAYIMANA, Utavuga Rumwe na Leta y’U Rwanda,Aramagana Abiyita Abanyapolitiki Bafite Virusi y’Ubugome bwo Gushora Abanyarwanda mu Ntambara.
Amakuru

Philippe MPAYIMANA, Utavuga Rumwe na Leta y’U Rwanda,Aramagana Abiyita Abanyapolitiki Bafite Virusi y’Ubugome bwo Gushora Abanyarwanda mu Ntambara.

Ubwanditsi 21 Sep 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru