• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Champions League: Real Madrid yageze ku mukino wa nyuma, Zidane yandika amateka (Amafoto)

Champions League: Real Madrid yageze ku mukino wa nyuma, Zidane yandika amateka (Amafoto)

Ubwanditsi 02 May 2018 IMIKINO

Real Madrid yasezereye Bayern Munich muri 1/2 cya UEFA Champions League ku giteranyo cy’ibitego bine kuri bitatu mu mikino yombi, Zinedine Zidane aba umutoza wa mbere ugejeje ikipe ku mukino wa nyuma inshuro eshatu zikurikiranya muri iri rushanwa kuva mu 1998.

Bayern Munich yari yatsindiwe iwayo ibitego 2-1 mu mukino ubanza wabereye mu Budage kuri Allianz Arena, kuri uyu wa Kabiri mu wo kwishyura yaje yariye karungu ifungura amazamu ku munota wa gatatu ku gitego cyatsinzwe na Joshua Kimmich.

Real Madrid yakiniraga inyuma ariko igacungira ku mipira yo ku mpande yihuta cyane yaje kubona igitego cyo kwishyura ku munota wa 11 gitsinzwe na Karim Benzema ku mupira yari ahawe na Marcelo Vieira da Silva Júnior.

Kwishyura kwa Real Madrid byongereye imbaraga Bayern Munich yotsa igitutu izamu rya Keylor Navas nawe akuramo imipira myinshi yari yabazwe, afasha ikipe ye gukomeza kugira icyizere.

Rutahizamu Benzema ubusanzwe utagirirwa icyizere na benshi mu bafana ba Real Madrid, yaje kongera gushimangira ko ijoro ari irye ku munota wa 46, amakipe yombi akiva mu karuhuko atsinda igitego cya kabiri cya Real Madrid ku makosa y’umunyezamu Sven Ulreich wananiwe kugarura umupira yari ahawe na mugenzi we ukisangira Benzema nawe agahita awuboneza iy’urushundura.

Benzema yabaye umucunguzi wa Madrid

Ibitego Benzema yatsinze byamufashije kuzuza 54, bimugira umukinnyi wa gatanu utsinze byinshi mu mateka ya Champions League nyuma ya Cristiano Ronaldo ufite120, Lionel Messi 100, Raúl González 71 na Ruud Van Nistelrooy 56.

Bayern Munich nayo yaje kugarura icyizere ku munota wa 63 nyuma yo kwishyura igitego cyatsinzwe na James Rodriguez, aho byayisabaga ikindi kimwe igahita ikomeza kubera ibitego byinshi byo hanze.

Yakomeje no gukina neza, igera imbere y’izamu rya Real Madrid kenshi kuko yateyemo amashoti umunani kuri atatu gusa ya mukeba, ndetse iniharira umupira ku kigereranyo cya 69% mu gihe ikipe yakiniraga imbere y’abafana yari ifite 31%.

Jupp Heynckes utoza Bayern Munich na Zidane wa Real Madrid bakoze impinduka ariko biranga iminota 90 irangira ari 2-2, muri rusange biba 4-3 mu mikino yombi.

Umufaransa Zinedine Zidane utoza Real Madrid yahise yandika amateka yo kuba uwa mbere ugeze ku mikino ya nyuma ya Champions League inshuro eshatu zikurikiranya kuva mu 1996 ubwo ako gahigo kari kashyizweho na Marcello Lippi.

Kugera ku mukino wa nyuma inshuro eshatu si ubwa mbere Real Madrid ibikoze. Iyi kipe y’Ibwami yageze ku mukino wa nyuma inatwara ibikombe byo ku Mugabane w’u Burayi inshuro eshanu zikurikiranya kuva mu 1956 kugeza mu 1960 mu gihe Benfica yabikoze inshuro eshatu itwara ibikombe bibiri hagati ya 1961 na 1963.

Ajax yatwaye ibikombe bitatu hagati ya 1971 na 1973, Bayern nayo yandika ayo mateka mu mwaka wa 1974 kugeza mu 1976. Abataliyani bayobowe na AC Milan yageze ku mukino wa nyuma inshuro eshatu, itakaza ebyiri kuva mu 1993 kugera mu 1995, bisubirwamo na Juventus hagati ya 1996 n’umwaka wa 1998, agahigo kari kamaze imyaka 20.

Real Madrid itegereje ikipe izarokoka hagati ya Liverpool ihagarariye u Bwongereza yatsinze AS Roma yo mu Butaliyani ibitego 5-2 mu mukino ubanza, bikaba biteganyijwe ko uwo kwishyura uzaba kuri uyu wa Gatatu.

Real Madrid nitsinda umukino wa nyuma wa Champions League uzabera kuri Kiev Olympic Stadium muri Ukraine, ku wa 26 Gicurasi 2018, izaba itwaye igikombe cya kane cyo ku mugabane w’u Burayi mu myaka itanu; ibi birimo bitatu bya Zidane na bine bya Cristiano Ronaldo.

Iyi kipe yitwa “Los Blancos” irashaka igikombe cya gatatu cy’iri rushanwa cyikurikiranya nyuma yo kucyegukana mu 2016 itsinze Atletico Madrid ikabisubiramo mu 2017 inyagiye Juventus ibitego 4-1.

Joshua Kimmich niwe watsindiye Bayern igitego gifungura mu minota ya mbere y’umukino

Kimmich na Thomas Muller bishimira igitego cyabonetse ku munota wa gatatu

Benzema yafunguye amazamu ku gitego cy’umutwe nyuma y’umupira mwiza yahawe na Marcelo ku munota wa 11

Benzema anyeganyeza inshundura za Bayern Munich

Sven Ulreich urinda izamu rya Bayern Munich ntiyumvaga ibimubayeho

Benzema yatsinze ibitego bibiri

Benzema ukomoka mu Bufaransa yatsinze igitego cya kabiri nyuma yo kunyerera k’umunyezamu wa Bayern Munich

Luka Modric ahagurutsa abafana ba Real Madrid nyuma y’igitego cya kabiri

Umusifuzi Cuneyt Cakir aganira na Ramos utumvaga ikosa rihawe Bayern Munich

James Rodriguez (wambaye 11) yagoye ikipe ya Real Madrid yahozemo

Rutahizamu wa Bayern Munich, Lewandowski atera ishoti riremereye ryagaruwe na Kapiteni wa Real Madrid, Sergio Ramos

Robert Lewandowski wa Bayern Munich agerageza kwambura umupira ba myugariro ba Real Madrid, Sergio Ramos (ibumoso) na Raphael Varane

Rodriguez watijwe na Real Madrid muri Bayern Munich yatsinze igitego cya kabiri, amakipe anganya 2-2

Rodriguez ntiyishimiye cyane igitego yatsinze ikipe yahozemo

Benzema (wambaye umweru) ni umwe mu bakinnyi bitwaye neza

Cristiano Ronaldo ntiyagaragaye cyane muri uyu mukino

Karim Benzema yishimira igitego cya mbere yatsinze Bayern Munich

Rutahizamua Lewandowski nyuma y’umukino

Franck Ribery wa Bayern Munich yari yihebye nyuma yo gusezererwa

Franck Ribery yihanganisha David Alaba nyuma yo gusezererwa mu mikino ya Champions League

Abakinnyi ba Real Madrid bishimana na Benzema

2018-05-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Paul Kagame na Minisitiri wa siporo Munyangaju Aurore Mimosa bakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzwemo na Guinée mu irushanwa rya Afrobasketball wataze itike ya 1/4

Perezida Paul Kagame na Minisitiri wa siporo Munyangaju Aurore Mimosa bakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzwemo na Guinée mu irushanwa rya Afrobasketball wataze itike ya 1/4

Ubwanditsi 31 Aug 2021
Umukino wa APR FC na Marines FC wimuriwe kuri Stade Amahoro kubera ikipe ya Kenya

Umukino wa APR FC na Marines FC wimuriwe kuri Stade Amahoro kubera ikipe ya Kenya

Ubwanditsi 18 Apr 2018
APR FC yatsinze Rutsiro FC ibitego 2-0 ishimangira umwanya wa mbere mu mikino ibanza ya shampiyona y’u Rwanda

APR FC yatsinze Rutsiro FC ibitego 2-0 ishimangira umwanya wa mbere mu mikino ibanza ya shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 04 Feb 2022
APR FC yafashe umwanzuro wo guhagarika iminsi 30 Mamadou Sy na Daudda Youssuf kubera imyitwarire mibi bagaragarije mu Misiri

APR FC yafashe umwanzuro wo guhagarika iminsi 30 Mamadou Sy na Daudda Youssuf kubera imyitwarire mibi bagaragarije mu Misiri

Ubwanditsi 10 Oct 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ihezwa rikorerwa abagore ku isi mu mboni ya Ange na Ivan Kagame
Mu Mahanga

Ihezwa rikorerwa abagore ku isi mu mboni ya Ange na Ivan Kagame

Ubwanditsi 26 Jul 2016
Kagame yasobanuriye Isi iby’ubudasa bw’u Rwanda mu kurwanya ruswa
Mu Mahanga

Kagame yasobanuriye Isi iby’ubudasa bw’u Rwanda mu kurwanya ruswa

Ubwanditsi 15 Oct 2017
Minisitiri Ndagijimana yatangaje icyadindije intego yari yihawe ko mu 2020 umunyarwanda azaba yinjiza $1240
UBUKUNGU

Minisitiri Ndagijimana yatangaje icyadindije intego yari yihawe ko mu 2020 umunyarwanda azaba yinjiza $1240

Ubwanditsi 27 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru