• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Philippe MPAYIMANA, Utavuga Rumwe na Leta y’U Rwanda,Aramagana Abiyita Abanyapolitiki Bafite Virusi y’Ubugome bwo Gushora Abanyarwanda mu Ntambara.

Philippe MPAYIMANA, Utavuga Rumwe na Leta y’U Rwanda,Aramagana Abiyita Abanyapolitiki Bafite Virusi y’Ubugome bwo Gushora Abanyarwanda mu Ntambara.

Ubwanditsi 21 Sep 2020 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uyu mugabo Philippe Mpayimana, abenshi bamumenye mu mwaka w’2017,ubwo yiyamamarizaga kuba Perezida wa Repubulika, ndetse anivugira ko atavuga rumwe n’ubutegetsi burangajwe imbere na FPR-Inkotanyi.

Iyo usesenguye imyitwarire ya Bwana Mpayimana, n’ubwo Abanyarwanda bamwimye amajwi bakayihera Perezida Paul Kagame, usanga bitaramuteye ipfunwe, ngo ashake kubihimuraho, abashora mu macakubiri n’ibindi byabakururira umutekano muke, ahubwo ahitamo gushyigikira ikintu cyose cyatuma mu Rwanda haba ituze n’amahoro kuri buri wese.

Kwamagana virusi yateye abiyita abanyapolitiki yo kwigamba ko bazashora Abanyarwanda mu ntambara, Philippe Mpayimana yabigarutseho kuri iyi tariki ya 21 Nzeri, umunsi mpuzamahanga wo kubungabunga amahoro, no kurwanya ikibi cyose cyayahungabanya niyo mpamvu mu butumwa yageneye uyu munsi, yateruye yifuza amahoro mu mitima y’Abanyarwanda, tugasoza ikitwa intambara cyose.

Mpayimana Phillip yagize ati:”Muri iki gihe duhanganye na Koronavirusi ibangamiye bikomeye ubuzima bw’abantu, ntitwibagirwe indi virusi ibangamiye demokarasi duharanira, ari yo ubwigomeke, ukubahuka kw’abashora abandi mu ntambara, kimwe n’abinangira mu mitima, bakabaho mu butagondwa , cyane cyane mu buhungiro. Ndamagana rwose abashinga amashyaka, bagakangisha no kuzafata imbunda.

Yakomeje agira ati “Ndabasaba guca ukubiri burundu n’inzira y’intambara, no kudashukwa n’abanyamahanga ngo barashyigikiwe” Bwana Mpayimana kandi yasabye Abanyarwanda b’ingeri zose gushyigikira inzego z’umutekano, kugirango twubake uRwanda rubereye buri wese.

Yabigarutseho muri aya magambo”: Ibigwi by’ingabo z’uRwanda n’abashinzwe umutekano mu nzego zose, biri mu bidutsurira amahoro, Tubashyigikire, dusabe n’abahoze ari abasirikari n’abapolisi, bahunze igihugu gutegura inzira zo gushyira intwaro hasi, Inzira zo gutahuka no kurangiza intambara, aho kuyitoza abana babo.”

Kugeza ubu ntawe urumvana Philippe Mpayimana arangwa n’urwango n’ibitutsi, nk’ibyo twumvana abo mu mitwe nka FDLR,RNC, ARC-Urunana, MRCD/FLN, DALFA-Umurinzi, PS-Imberakuri ya Ntaganda, n’ abandi ngo batavuga rumwe n’ubutegetsi. Politiki y’ubwubahane ntiyigeze ibuza Bwana Mpayimana kunenga ibyo abona bitagenda neza kugirango bikosorwe

Nk’uko ari uburenganzira bwa buri wese ushaka gutanga umusanzu mu kubaka Igihugu. Nubwo adatuye mu Rwanda ku buryo buhoraho, ntibyamwibagije gakondo ye nka Twagiramungu, Kayumba Nyamwasa, Rusesabagina, Théogène Rudasingwa n’abandi babeshya ngo baraharanira inyungu z’Abanyarwanda, kandi baharanira ibyakuzuza ibifu byabo.

Bwana Mpayimana azi neza ko amahanga ahanda, kandi ko nta heza nk’iwanyu, Haba mbere y’amatora atagiriyemo amahirwe, haba na nyuma yayo, Philippe Mpayimana yakomeje kugenda mu Rwanda, agasabana n’abandi haba mu itangazamakuru, haba n’ahandi abantu bahurira, Akavuga ikimuri ku mutima, mu kinyabupfura n’icyubahiro afitiye urwamubyaye.

Iyi rero niyo politiki abantu bifuza mu Rwanda. Kutabona ibintu kimwe ntibyagombye guhindura abantu inyeshyamba no kubashora mu bikorwa by’iterabwoba, kenshi bitanabagwa neza, Ubwanditsi bwa Rushyashya buzakomeza kugeza ku Banyarwanda, abanyapolitiki bagambiriye ineza, tubashime, abashaka kutwangiriza isura y’igihugu tubamagane.

2020-09-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubushotoranyi bwa Museveni bwo gukomeza gushimuta Abanyarwanda  buhatse iki ?

Ubushotoranyi bwa Museveni bwo gukomeza gushimuta Abanyarwanda buhatse iki ?

Ubwanditsi 14 Jan 2019

Perezida Paul Kagame yakurikiye isozwa rya Tour du Rwanda 2023, ryegukanywe na Henok Mulubrhan

Ubwanditsi 26 Feb 2023
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yitabiriye ibirori byo gutangiza Igikombe cya Afurika cy’Abatarengeje imyaka 16 muri Basketball

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yitabiriye ibirori byo gutangiza Igikombe cya Afurika cy’Abatarengeje imyaka 16 muri Basketball

Ubwanditsi 03 Sep 2025
Agasuzuguro ka Ingabire Victoire kafashe indi ntera.Noneho ngo u Rwanda ruri inyuma ya Kongo mu bijyanye n’imiyoborere?

Agasuzuguro ka Ingabire Victoire kafashe indi ntera.Noneho ngo u Rwanda ruri inyuma ya Kongo mu bijyanye n’imiyoborere?

Ubwanditsi 28 Apr 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

IGP yashimye urubyiruko rw’abakorerabushake anarusaba kuzagira uruhare mu cyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi
Mu Mahanga

IGP yashimye urubyiruko rw’abakorerabushake anarusaba kuzagira uruhare mu cyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi

Ubwanditsi 01 Jun 2016
Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rwatanze ubusabe bwo kwakira Formula 1 ndetse ko ibiganiro biri kugenda neza
Amakuru

Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rwatanze ubusabe bwo kwakira Formula 1 ndetse ko ibiganiro biri kugenda neza

Ubwanditsi 13 Dec 2024
Abafana ba Rayon Sports bahawe umukoro imbere ya Costa do Sol
IMIKINO

Abafana ba Rayon Sports bahawe umukoro imbere ya Costa do Sol

Ubwanditsi 05 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru