• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Police FC yasinyishije abakinnyi batanu bashya icyarimwe, inatangaza Rutsindura Antoine nk’umuyobozi mushya wa Tekiniki   |   03 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano y’imyaka itatu na Skol afite agaciro ka miliyari 1 Frw ku mwaka   |   01 Jul 2026

  • Mupende wihishe urugamba yitwaza ko yarashwe ubugabo niwe wigize umuvuzi w’amacumu ku mbuga nkoranyambaga   |   30 Jun 2026

  • Ibimenyetso by’uko umubano w’umuhanzi Bruce Melodie na Coach Gael umufasha udahagaze neza   |   29 Jun 2026

  • PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi   |   29 Jun 2026

  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Philippe MPAYIMANA, Utavuga Rumwe na Leta y’U Rwanda,Aramagana Abiyita Abanyapolitiki Bafite Virusi y’Ubugome bwo Gushora Abanyarwanda mu Ntambara.

Philippe MPAYIMANA, Utavuga Rumwe na Leta y’U Rwanda,Aramagana Abiyita Abanyapolitiki Bafite Virusi y’Ubugome bwo Gushora Abanyarwanda mu Ntambara.

Ubwanditsi 21 Sep 2020 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uyu mugabo Philippe Mpayimana, abenshi bamumenye mu mwaka w’2017,ubwo yiyamamarizaga kuba Perezida wa Repubulika, ndetse anivugira ko atavuga rumwe n’ubutegetsi burangajwe imbere na FPR-Inkotanyi.

Iyo usesenguye imyitwarire ya Bwana Mpayimana, n’ubwo Abanyarwanda bamwimye amajwi bakayihera Perezida Paul Kagame, usanga bitaramuteye ipfunwe, ngo ashake kubihimuraho, abashora mu macakubiri n’ibindi byabakururira umutekano muke, ahubwo ahitamo gushyigikira ikintu cyose cyatuma mu Rwanda haba ituze n’amahoro kuri buri wese.

Kwamagana virusi yateye abiyita abanyapolitiki yo kwigamba ko bazashora Abanyarwanda mu ntambara, Philippe Mpayimana yabigarutseho kuri iyi tariki ya 21 Nzeri, umunsi mpuzamahanga wo kubungabunga amahoro, no kurwanya ikibi cyose cyayahungabanya niyo mpamvu mu butumwa yageneye uyu munsi, yateruye yifuza amahoro mu mitima y’Abanyarwanda, tugasoza ikitwa intambara cyose.

Mpayimana Phillip yagize ati:”Muri iki gihe duhanganye na Koronavirusi ibangamiye bikomeye ubuzima bw’abantu, ntitwibagirwe indi virusi ibangamiye demokarasi duharanira, ari yo ubwigomeke, ukubahuka kw’abashora abandi mu ntambara, kimwe n’abinangira mu mitima, bakabaho mu butagondwa , cyane cyane mu buhungiro. Ndamagana rwose abashinga amashyaka, bagakangisha no kuzafata imbunda.

Yakomeje agira ati “Ndabasaba guca ukubiri burundu n’inzira y’intambara, no kudashukwa n’abanyamahanga ngo barashyigikiwe” Bwana Mpayimana kandi yasabye Abanyarwanda b’ingeri zose gushyigikira inzego z’umutekano, kugirango twubake uRwanda rubereye buri wese.

Yabigarutseho muri aya magambo”: Ibigwi by’ingabo z’uRwanda n’abashinzwe umutekano mu nzego zose, biri mu bidutsurira amahoro, Tubashyigikire, dusabe n’abahoze ari abasirikari n’abapolisi, bahunze igihugu gutegura inzira zo gushyira intwaro hasi, Inzira zo gutahuka no kurangiza intambara, aho kuyitoza abana babo.”

Kugeza ubu ntawe urumvana Philippe Mpayimana arangwa n’urwango n’ibitutsi, nk’ibyo twumvana abo mu mitwe nka FDLR,RNC, ARC-Urunana, MRCD/FLN, DALFA-Umurinzi, PS-Imberakuri ya Ntaganda, n’ abandi ngo batavuga rumwe n’ubutegetsi. Politiki y’ubwubahane ntiyigeze ibuza Bwana Mpayimana kunenga ibyo abona bitagenda neza kugirango bikosorwe

Nk’uko ari uburenganzira bwa buri wese ushaka gutanga umusanzu mu kubaka Igihugu. Nubwo adatuye mu Rwanda ku buryo buhoraho, ntibyamwibagije gakondo ye nka Twagiramungu, Kayumba Nyamwasa, Rusesabagina, Théogène Rudasingwa n’abandi babeshya ngo baraharanira inyungu z’Abanyarwanda, kandi baharanira ibyakuzuza ibifu byabo.

Bwana Mpayimana azi neza ko amahanga ahanda, kandi ko nta heza nk’iwanyu, Haba mbere y’amatora atagiriyemo amahirwe, haba na nyuma yayo, Philippe Mpayimana yakomeje kugenda mu Rwanda, agasabana n’abandi haba mu itangazamakuru, haba n’ahandi abantu bahurira, Akavuga ikimuri ku mutima, mu kinyabupfura n’icyubahiro afitiye urwamubyaye.

Iyi rero niyo politiki abantu bifuza mu Rwanda. Kutabona ibintu kimwe ntibyagombye guhindura abantu inyeshyamba no kubashora mu bikorwa by’iterabwoba, kenshi bitanabagwa neza, Ubwanditsi bwa Rushyashya buzakomeza kugeza ku Banyarwanda, abanyapolitiki bagambiriye ineza, tubashime, abashaka kutwangiriza isura y’igihugu tubamagane.

2020-09-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi bugambiriye gufatira imitungo ya Moïse Katumbi ngo atazashobora kwiyamamaza no gutsinda amatora ya Perezida wa Kongo

Ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi bugambiriye gufatira imitungo ya Moïse Katumbi ngo atazashobora kwiyamamaza no gutsinda amatora ya Perezida wa Kongo

Ubwanditsi 12 Dec 2022
APR FC yanganyije na Etoile du Sahel yo muri Tunisia 1-1, mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri wa CAF Champions League

APR FC yanganyije na Etoile du Sahel yo muri Tunisia 1-1, mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri wa CAF Champions League

Ubwanditsi 16 Oct 2021
Icyiciro cya kabiri cy’abanyamakuru cyatangiye Itorero i Nkumba

Icyiciro cya kabiri cy’abanyamakuru cyatangiye Itorero i Nkumba

Ubwanditsi 20 Apr 2017
Umunsi wa mbere w’imikino yo kwishyura yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi muri Basketball ntiwahiriye ikipe y’u Rwanda

Umunsi wa mbere w’imikino yo kwishyura yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi muri Basketball ntiwahiriye ikipe y’u Rwanda

Ubwanditsi 02 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kajugujugu ebyiri z’igisirikare cya Congo zahanuwe n’Ingabo za  M23
ITOHOZA

Kajugujugu ebyiri z’igisirikare cya Congo zahanuwe n’Ingabo za M23

Ubwanditsi 28 Jan 2017
Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina
Amakuru

Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina

Ubwanditsi 30 Mar 2023
Nyuma yo gutangaza amakuru nta burenganzira  mu ijoro ryakeye Serge Ndayizeye bari bamwivuganye habura gato
ITOHOZA

Nyuma yo gutangaza amakuru nta burenganzira mu ijoro ryakeye Serge Ndayizeye bari bamwivuganye habura gato

Ubwanditsi 14 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru